CHOGM izasanga imijyi y’u Rwanda itatse Kinyarwanda
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko Umujyi wa Kigali uzaba utatse mu buryo budasanzwe mbere y’uko Inama y’Abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM) izateranira mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena 2020.
Amb. Gatete avuga ko imihanda n’ahagaragarira amaso hose muri Kigali no mu yindi mijyi nka Muhanga, Huye, Rusizi, Rubavu, Musanze na Nyagatare, ngo hagomba kuba hubatswe mu buryo buteye kimwe.
Yasobanuye ko imirongo yo hagati mu muhanda wa kaburimbo igomba kuba isigishijwe ibara ry’umuhondo, imirongo yo ku mpande ikaba igomba gusa n’umweru, inkengero z’umuhanda na zo zigasigwa amabara y’umukara n’umweru.
Mu bice by’umuhanda abantu bambukiramo (Zebra crossing) hagomba kuba hashyizwe kaburimbo y’umukara mwinshi, hanyuma bagashyiramo imirongo ifite ibara ry’umweru.
Minisitiri Gatete akomeza agira ati “Mu mujyi turashaka umuhanda mwiza ariko tukanawutaka ubusitani, kuva ku kibuga cy’indege (Kanombe) twatangiye gushyiramo indabo zitandukanye, zikazashyirwa no mu masangano y’imihanda (round about).
Ibiti na byo tugomba kureba ukuntu bigomba kuba bimeze ku buryo uzahareba agomba kubona umujyi mwiza, ibi kandi bigomba kuba byakozwe mbere y’uko inama ya CHOGM iterana muri Kamena 2020”.
Avuga ko amasangano y’imihanda yo ku Kisimenti (i Remera), Sonatube, ahahoze Minisiteri y’Ubutabera, kuri ‘Convention Center’, hafi ya Ambasade y’Abanyamerika ndetse na ‘Rond Point’ nini y’Umujyi wa Kigali, hagomba guterwa indabo no kubumbirwamo amashusho agaragaza umuco w’u Rwanda.
Biteganyijwe kandi ko inama ya CHOGM izaza isanga abaturiye imihanda bose barubatse inzitiro mu buryo buteye kimwe, kandi bakaba bagomba kuhashyira imitako bashingiye ku bigize umuco w’u Rwanda.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo akomeza agira ati “Hari abantu batangiye gutaka umujyi bashingiye ku muco w’u Rwanda, na biriya bibumbano (ibishushanyo) bigomba kuba bitandukanye ku buryo umuntu yaza akahifotoreza.
Abubaka ibipangu bagomba kuba barubatse mu buryo bufitanye isano kuva mu mujyi kugera ku kibuga cy’indege, ariko ibyo dukora hano ni na byo twatangiye mu mijyi yunganira Kigali, kugira ngo bikurure abaza kuba mu Rwanda hamwe n’abarusura”.
Mu bindi bikorwa Minisitiri Gatete avuga ko bizatuma umujyi usa neza, ngo harimo ibishanga bizatunganywa nyuma y’uko byimurwamo abantu.
Inkuru zijyanye na: CHOGM RWANDA 2021
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles baganiriye ku myiteguro ya CHOGM
- Amatariki Inama ya CHOGM izaberaho mu Rwanda yatangajwe
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yongeye gusubikwa
- Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Commonwealth
- Abakora muri Hoteli zizakira abazitabira #CHOGM2021 bakingiwe #COVID19
- Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth yaje kureba aho imyiteguro ya #CHOGM2021 igeze
- Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n’imyiteguro ya CHOGM 2021 mu Rwanda
- U Rwanda na Commonwealth bemeje itariki y’inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali
- U Rwanda rwiteguye guteza imbere imijyi nk’uko biteganywa na Commonwealth - Prof Shyaka
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe
- I Kigali hazamuwe ibendera rya Commonwealth (Amafoto)
- Kigali: Muri Remera hatangijwe Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bugamije kwitegura CHOGM
- Amafoto: Kigali irimo kurimbishwa mu kwitegura inama ikomeye ya CHOGM
- Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
- Ibintu ICUMI utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
- U Rwanda ruzakira inama ya ’Commonwealth’ ya 2020
Ohereza igitekerezo
|
Ibi se ko byaba ari ugukorera ijisho. Kubaka ibipangu bimwe ni iki bizana nka added value ku gihugu. Ahubwo njye nakabuze nti bubake ibipangu byiza, indabo zihore ziterwa n’ibiti bihindurwa Atari ukubera ko Hari iyo nama. Naho iyo bibaye kubikora kuko habaye inama n’ubundi birangira buri wese abibonye ko bikozwe vuba. Erega bahafite benewabo baranababaza. Turyoshye u Rwanda kuko rugomba kuryoha apana kuko abantu baje.