Barasabwa gufata neza umuhanda mushya bamurikiwe
Minisiteri y’Ibikorwa remezo yashyikirije abatuye i Masaka umuhanda wa kaburimbo yabubakiye, ibasaba kuwufata neza kuko ari bo uzagirira akamaro.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi, Dr Nzahabwanimana Alexis, yabibasabye ubwo yatahaga ku mugaragaro uyu muhanda w’ibirometero bitandatu watwaye miliyari 12Rwf, kuri uyu wa kabiri tariki 22 Nzeri 2015.

Yagize ati “Uwu muhanda urahenze cyane, murasabwa rero kuwukoresha icyo wagenewe ndetse mugatungira agatoki ubuyobozi uwashaka kuwangiza.”
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Ndayisaba Fidele, yavuze ko uwu muhanda wari ukenewe cyane ko werekeza ku bitaro bya Masaka, biri mu nzira yo kwagurwa bigashyirwa ku rwego rw’igihugu ndetse ukaba unahuza uturere tubiri ari two Kicukiro na Gasabo.

Ati “Uyu umuhanda ufite ahagenewe imodoka n’ah’abanyamaguru. Umushoferi uzuriza imodoka ye "bordure", akajya kubuza umutekano abanyamaguru, azjya acibwa amande y’ibihumbi 150.”
Mukamurenzi umugore wakunze kunyura muri uyu muhanda, avuga ko yasubijwe. Ati “Umuhanda utarakorwa, moto yaducaga 600 kuva i Masaka ujya i Kabuga, haba hari ubunyerere bakaduca 1000 none ubu ntiturenza 500, murumva y’uko twabyungukiyemo.”

Nizeyimana Venuste utwara abagenzi kuri moto, avuga ko mbere iyo imvura yagwaga biganyiraga gutwara abagenzi kubera icyondo, kandi izuba ryava nabwo ivumbi rikatwica. Avuga ko babonye umuhanda bawukeneye bityo ngo uwawangiza bahita bamushyikiriza ubuyobozi.
Uyu muhanda Masaka-Kabuga watangiye kubakwa muri Kamena 2014. Wuzuye mu gihe hari indi mihanda ifite uburerbure bwa kilometer 100 irimo gukorwa hirya no hino mu mujyi.
Munyantore Jean Claude
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
nibyo koko ibukorwaremezo ningenzi ariko umuhanda huye nyaruguru muzawukora ryari muyobewe ko kibeho harubukera rugendo bishingiye kwiyobokamana mujyerageze mutuvugabire
Ni badukorere nuwa Mbandazi Gasabo
Kicukiro yaradusize
Ni badukorere nuwa Mbandazi Gasabo
nibyo rwose uyu muhanda bahawe bawufate neza maze uzarambe ubageze kuri byinshi