Kirehe na Ngoma: Gukorana na BK byabafashije kwiteza imbere

Abaturage bo mu Turere twa Kirehe na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba by’umwihariko abakiriya ba Banki ya Kigali (BK), barishimira ko imikoranire myiza yabo n’iyo banki yabafashije kwiteza imbere.

Abakiriya bo mu Turere twa Kirehe na Ngoma bavuga ko BK yabafashije kugera ku bikorwa by'iterambere
Abakiriya bo mu Turere twa Kirehe na Ngoma bavuga ko BK yabafashije kugera ku bikorwa by’iterambere

Kimwe mu byo bashima ni udushya na serivisi bavuga ko ari intangarugero bagezwaho n’iyo banki, ku buryo uyigannye ayibonamo mu cyiciro icyo ari cyo cyose, ari na ho bahera bavuga ko aho bagerageje kuyiyambaza yahabaye, bikabafasha kugera ku bikorwa by’iterambere bari baraburiye mu bindi bigo by’imari.

Ibi ni bimwe mu byagarutsweho ku wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024, ubwo ubuyobozi bwa BK bwasuraga bimwe mu bikorwa by’abakiriya babo mu Turere twa Kirehe na Ngoma, hamwe no kubasobanurira impinduka zabaye kuri zimwe muri serivisi zitagisaba kujya kuzishakira ku cyicaro, kuko buri wese ashobora kuzisabira akoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga, kandi bitamusabye kuva aho ari.

Iki gikorwa cyakozwe mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cyahariwe abakiriya, kuko nyuma y’ibiganiro habayeho gusabana hagati y’abayobozi, abakozi ndetse n’abakiriya ba BK.

Abakiriya ba BK bashima serivisi ibagezaho
Abakiriya ba BK bashima serivisi ibagezaho

Nyuma yo kwerekwa no gusobanurirwa serivisi zitandukanye abakiriya bashobora kubona bitabasabye kujya ku cyicaro muri gahunda ya Nanjye Ni BK, yatangijwe muri Werurwe 2024, abakiriya baranyuzwe banashimira ubuyobozi budahwema kubatekerezaho ngo burusheho kuborohereza.

Silas Niyitegeka ni umwe mu bahinzi bibumbiye muri Koperative ikora ubuhinzi bw’umuceri mu Karere ka Kirehe. Avuga ko bamaze imyaka irenga itanu bakorana na BK, kandi ko yabafashije mu bikorwa bitandukanye birimo kubaha inguzanyo y’abahinzi yatumye barushaho kumera neza.

Ati “Mbere twasabaga inguzanyo y’ubuhinzi ahandi bakadutinza, n’uburyo bakoramo bukadutinza, ariko ubu ngubu dusigaye dufata inguzanyo y’ubuhinzi muri BK, kandi iyo tubasabye inguzanyo ntabwo bishobora kurenga ibyumweru bibiri tutayibonye, kuko bagira gahunda nziza kandi zihuta. Ubu dufite inguzanyo twasabye ya miliyoni zigera kuri 200, tuzazishyura igihembwe cy’ihinga (season) nigisoza.”

Yvette Niwemutoni ni umwe muri ba rwiyemezamirimo bakorera mu Karere ka Ngoma. Avuga ko nk’abikorera baterwa ishema cyane na BK, kubera ko ibafasha cyane.

Ati “BK twarayigannye idufasha ku mafaranga menshi cyane kandi n’ubundi iracyadufasha nk’uko yabyiyemeje. Twebwe nk’abikorera twumva agaciro ka BK kuri twebwe, kuko nta wikorera n’umwe udatinyuka gufata inguzanyo muri Banki yacu ya Kigali, kandi nk’iriya nguzanyo bavuze y’abagore ya ‘Kataza na BK’ ndahamya ntashidikanya ko nzaba uwa mbere cyangwa uwa kabiri mu kuyifata.”

Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi, wari uyoboye itsinda ry’abakozi ba BK ryasuye ibikorwa by’abakiriya mu Turere twa Kirehe na Ngoma, yavuze ko icyumweru cyahariwe abakiriya kibasigira umukoro, kubera ko bahuza ibyo bakuye mu bakiriya nk’ibyifuzo cyangwa ibitekerezo bigashakirwa ibisubizo.

Ati “Ni ibintu natwe biduha imbaraga, kuko iyo uhuye n’umukiriya wahaye inguzanyo y’amafaranga menshi ugasanga ibikorwa byaragutse birunguka, natwe bidutera akanyamuneza kumva ko turi abafatanyabikorwa biteza imbere, bagateza imbere n’Igihugu, bikanaduha imbaraga zo kujya gufatanya n’abandi bakiriya kugira ngo twese dutere imbere.”

Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi, yishimanye n'umukiriya wabo
Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi, yishimanye n’umukiriya wabo

Zimwe muri gahunda abatuye Uturere twa Kirehe na Ngoma basobanuriwe, zirimo iya ‘Kataza na BK’, aho abari n’abategarugori bafite ibikorwa by’ubucuruzi bamaze igihe cy’umwaka bakora, bashobora gusaba bagahabwa inguzanyo itagira ingwate y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 15, ashobora kwishyurwa mu gihe kitarenze imyaka ibiri.

Ibindi ni ukwibutswa ko hari serivisi nyinshi zishobora gutangwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, aho umuntu ashobora kuzisaba akazibona akoresheje telefone cyangwa mudasobwa, bitamusabye kuva iwe mu rugo.

Kugeza ubu BK ifite amashami 66 ari mu bice bitandukanye by’Igihugu, yiyongeraho aba-agents barenga ibihumbi bitatu bashobora gufasha abakiriya kubona serivisi zitandukanye zitangirwa kuri ayo mashami no ku cyicaro gikuru.

Abakozi ba BK barimo Daniella Nyamwasa (uwa mbere iburyo) na Anne Marie ushinzwe ibijyanye na gahunda ya Kataza na BK (hagati) bari mu itsinda ryasuye abakiriya ba BK bo Turere twa Kirehe na Ngoma
Abakozi ba BK barimo Daniella Nyamwasa (uwa mbere iburyo) na Anne Marie ushinzwe ibijyanye na gahunda ya Kataza na BK (hagati) bari mu itsinda ryasuye abakiriya ba BK bo Turere twa Kirehe na Ngoma
Abakiriya bashimiwe kuba barahisemo BK
Abakiriya bashimiwe kuba barahisemo BK
Bavuga ko BK ari Banki ihiga izindi mu Rwanda kubera ko ihorana udushya
Bavuga ko BK ari Banki ihiga izindi mu Rwanda kubera ko ihorana udushya
Musenyeri w'Itorero Angilikani muri Diyosezi ya Kibungo ari mu bashimiwe
Musenyeri w’Itorero Angilikani muri Diyosezi ya Kibungo ari mu bashimiwe
Kimwe mu bikorwa by'abakiriya ba BK cyasuwe mu Karere ka Ngoma
Kimwe mu bikorwa by’abakiriya ba BK cyasuwe mu Karere ka Ngoma
Dr. Diane Karusisi avuga ko icyumweru cyahariwe abakiriya kibasigiye umukoro wo gusubiza ibibazo bagejejweho
Dr. Diane Karusisi avuga ko icyumweru cyahariwe abakiriya kibasigiye umukoro wo gusubiza ibibazo bagejejweho
Bavuga ko BK ari banki buri wese yisangamo mu cyiciro arimo
Bavuga ko BK ari banki buri wese yisangamo mu cyiciro arimo
Nyuma yo gusura Ishami rya BK rya Ngoma, Dr. Diane Karusisi n'itsinda ry'abakozi yari ayoboye baganiriye ku bikwiye kunozwa
Nyuma yo gusura Ishami rya BK rya Ngoma, Dr. Diane Karusisi n’itsinda ry’abakozi yari ayoboye baganiriye ku bikwiye kunozwa
Ubuyobozi bwa BK bwasuye umushinga bafitanye n'urugaga rw'abikorera mu Karere ka Ngoma w'isoko rya kijyambere muri ako Karere
Ubuyobozi bwa BK bwasuye umushinga bafitanye n’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Ngoma w’isoko rya kijyambere muri ako Karere
Umuyobozi w'ishami rya BK Kirehe asobanurira Dr.Diane Karusisi imikorere y'i Kirehe
Umuyobozi w’ishami rya BK Kirehe asobanurira Dr.Diane Karusisi imikorere y’i Kirehe
Umuyobozi w'ishami rya Ngoma asobanurira Dr. Diane Karusisi imikorere yabo
Umuyobozi w’ishami rya Ngoma asobanurira Dr. Diane Karusisi imikorere yabo
Umuyobozi w'urugaga rw'abikorera mu Karere ka Ngoma aganira n'Umuyobozi Mukuru wa BK ku mishinga bafitanye
Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Ngoma aganira n’Umuyobozi Mukuru wa BK ku mishinga bafitanye
Abakozi ba BK ishami rya Kirehe bafashe ifoto y'urwibutso n'itsinda ryabasuye riturutse ku cyicaro gikuru i Kigali
Abakozi ba BK ishami rya Kirehe bafashe ifoto y’urwibutso n’itsinda ryabasuye riturutse ku cyicaro gikuru i Kigali
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Inyungu ni angahe ku I Jana?

Daph yanditse ku itariki ya: 11-11-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka