Uretse u Rwanda, nta kindi Gihugu gifite Perezida ukunda abaturage nk’abana be - Umuturage
Niyotwagira Jean Damascene, umworozi uhagarariye ihuriro ry’aborozi b’inka zitanga umukamo mu Karere ka Ngoma, yabwiye Perezida Paul Kagame, ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi nta nka n’imwe yari afite kandi ko nta n’ikintu na kimwe yari afite, ariko ubu akaba atunze ku buryo agemura Litiro 100 z’amata ku munsi.
Mu mwanya w’ibitekerezo mu Nama ya 20 y’Igihugu y’Umushyikirano kuri uyu wa 5 Gashyantare 2026, uyu muturage yashimishije abitabiriye Umushikirano 20, agira ati “Ubwo ubona mpagaze ahangaha nkunda inka ku buryo ubu zangeze mu magufa no mu musokoro.”
Yakomeje agira ati “Ariko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, nahereye ku nka imwe noroye inteza imbere, uyu munsi ngemura litiro z’amata zisaga ijana ku munsi, kandi maze koroza aborozi bagenzi banjye inka makumyabiri n’enye.”
Uyu muturage yavuze ko Perezida Kageme akunda abaturage be nk’uko akunda abana be.
Ati “Nta gihugu njyewe nzi aho Perezida yigeze akunda abaturage nk’uko akunda abana be, nk’uko udukunda Abanyarwanda nyakubahwa. Nta gihugu na kimwe nigeze numva umuturage yahawe inka na Perezida binyuze muri gahunda ya Girinka nk’uko ubigenza. ”
Uyu muturage ariko, ntiyariye iminwa ku bitagenda mu bworozi, kuko yasoreje ku kibazo cyabereye ihurizo Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, aho yavuze ko muri iyi minsi gahunda yo gutera intanga inka itagenda neza.
Yagize ati “Batubwira ko Azote ishinzwe kurinda intanga idahiri ku buryo iyo tubajije batubwira ko uruganda ruzubakwa hariya mu Karere ka Kayonza, ruzafasha abaturage bo mu Karere ka Ngoma na Kirehe no mu Ntara y’Iburasirazuba. Urwo ruganda rero turacyarutegereje.”
Ni ikibazo cyatumye Perezida Kagame ahita abaza Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Telesphore Ndabamenye, icyateye icyo kibazo, dore ko yabaye Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yari amaze igihe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ariko Minisitiri, avuga ko hari imashini bamaze imwaka n’igice bategereje kugura.
Igisubizo cya Minisitiri Ndabamenye nticyanyuze Perezida Kagame, ariko asabwa ko byihutishwa.
Kuva gahunda ya Girinka yatangira mu Rwanda mu 2006, hamaze gutangwa inka zirenga ibihumbi 520.
Ni gahunda yakuye Abanyarwanda benshi mu bukene.
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|