Banki ya Kigali na BK Foundation bifatanyije n’abaturage ba Gasabo mu Muganda

Kubungabunga ibidukikije mu Rwanda ni inshingano ya buri wese, kandi buri giti giterwa kigira uruhare mu kubaka ejo hazaza harangwa n’icyatsi n’iterambere rirambye.

Mu rwego rwo gushyigikira iri hame, Banki ya Kigali na BK Foundation bafatanyije n’Akarere ka Gasabo bitabiriye Umuganda rusange wabaye ku wa 28 Gashyantare, mu Murenge wa Kimihurura, Akagari ka Kamukina.

Iki gikorwa cyari kigamije gushimangira ingamba zo kubungabunga ibidukikije no guteza imbere ubufatanye bw’abaturage mu iterambere ry’igihugu. Abakozi ba BK, itsinda rya BK Foundation ndetse n’abaturage baho bateye ibiti 3,000.

Mu ijambo rye, Umuyobozi Mukuru wa BK, Dr. Diane Karusisi, yashimangiye akamaro k’igihe kirekire k’ibi bikorwa ndetse n’uruhare rwa BK mu guteza imbere igihugu.

Yagize ati: “Turacyatangira, ariko dufite gahunda ihamye yo gutera ibiti byinshi hirya no hino mu gihugu dufatanyije n’inzego zitandukanye. Uyu mwaka, mu gihe twizihiza imyaka 60 tumaze, twiteguye gukomeza urugendo rwacu hamwe n’Abanyarwanda bose rwo kubaka igihugu kirambye. Ibiti ni ubuzima, kandi binyuze muri ibi bikorwa, turimo guhamya ko abana n’abuzukuru bacu bazaragwa u Rwanda rwiza kandi rutoshye.”

Dr. Diane yanagaragaje ko ibikorwa bishingiye ku baturage nk’Umuganda ari ingenzi mu guteza imbere umuco w’ubwitange no gushimangira ubufatanye hagati y’inzego n’abaturage.

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo, Fulgence Dusabimana, yashimiye abafatanyabikorwa n’abitabiriye iki gikorwa ku bwitange bagaragaje.

Yibukije ko gutera ibiti ari intangiriro gusa; ko inshingano zo kubyitaho no kubirera ari iya buri Munyarwanda.

Yagize ati: “Kubungabunga ibidukikije ni inshingano dusangiye. Iyo twita kuri ibi biti, tuba turinda ejo hazaza h’igihugu cyacu.”

Iki gikorwa cyo gutera ibiti kiri mu ngamba rusange za Banki ya Kigali na BK Foundation zo gushora imari mu bikorwa bifitiye akamaro abantu n’isi muri rusange.

Binyuze muri izi gahunda, BK igamije gushishikariza abantu gufatanya, gukomeza kubaka imiryango ikomeye no gutanga umusanzu mu iterambere rirambye ry’igihugu, bigaragaza ubwitange bukomeje mu guteza imbere abaturage, kurengera ibidukikije no guteza imbere u Rwanda.

Ibitekerezo   ( 1 )

Birashimishije cyane bakomereze aho

Innocent yanditse ku itariki ya: 3-03-2026  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka