U Rwanda rugiye kwakira izindi Nkura ziturutse i Burayi
Ibyanya bitatu by’i Burayi byamaze gufata umwanzuro wo kohereza Inkura eshanu muri Pariki y’Akagera iherereye mu Burasirazuba bw’u Rwanda .

Izo Nkura zizaturuka muri pariki eshatu ari zo Ebeltoft Zoo yo Danimark, Flamingo Land yo mu Bwongereza, Dvur Kralove zoo yo muri Repulika ya Czech.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko mu Nkura eshanu zizaza, harimo ingore ebyiri, ngo nta gihindutse zizagera mu Rwanda muri Kamena 2019.
Sarah Hall, umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri Pariki y’Akagera, yavuze ko Inkura zizazanwa mu Rwanda, zatoranijwe hakurikijwe ubwoko bw’izashobora kuba muri iyo pariki bitewe n’imiterere yazo.
Inkura eshanu zizaturuka i Burayi zizaza ziyongera ku zindi 18, zazanywe muri iyo pariki muri Gicurasi 2017 ziturutse muri Afurika y’Epfo .
Gusa izo Nkura zizabanza gushyirwa mu gace kihariye zitandukanywe n’izihasanzwe, nyuma nizimara kumenyera ngo nibwo zizemererwa, guhura nk’uko bitangazwa na Premysl Rabas, umuyobozi wa Dvur Kralove zoo.
Inkuru zijyanye na: Inkura
- Urugendo rutoroshye inkura zakoze zitahuka mu Rwanda (Amafoto)
- Inkura eshanu zaturutse i Burayi zageze mu Rwanda amahoro (Amafoto)
- U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu
- Imwe mu Nkura yabyaye nyuma y’amezi ane zigaruwe mu Rwanda
- Izindi nkura 8 zagejejwe mu Rwanda
- Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo
- Inkura 10 zageze mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse
- Hagiye koherezwa inkura muri Pariki y’Akagera
- U Rwanda rugiye kuzana intare n’inkura zivuye muri Afurika y’Epfo
Ohereza igitekerezo
|