Aba barobyi bavuga ko bagiye bagira ubuyobozi butumva ibibazo byabo, bukarangwa no gusesagura umutungo wabo, rimwe na rimwe ugasanga badakorera inyungu zabo kandi aricyo babaga baratorewe.
Simbarikure, umwe mu barobyi witeze byinshi ku buyobozi bushya yemeza ko imibereho ye yo kuroba umunsi ku munsi izahinduka, niba koko ubuvugizi bukozwe neza nk’uko babisezeranyijwe n’ubuyobozi bushya bitoreye.
Agira ati “uyu mwuga twawukoze kuva kera tukiri abana niwo udutunze, ariko mu minsi yashize twagiye tugira ibibazo by’ubuyobozi byatumaga tudatera imbere ugasanga duhora mu makimbirane, hagati yacu cyangwa se n’umutekano muke ugakomeza kugaragara hamwe n’abaturanyi bacu bo muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Kongo”.
Ndahayo Eliezer, umuyobozi mushya w’impuzamakoperative y’abarobyi avuga ko yarahiriye kuzateza imbere aya mashyirahamwe, akongera kugarura umwuka mwiza mu barobyi kandi akabakorera ubuvugizi buzatuma bakomeza gutera imbere.
Agira ati “hagiye habaho ibibazo byinshi birimo gusesagura umutungo, hakabaho umutekano muke haba mu banyamuryango ndetse n’abaturanyi bo muri kongo (RDC), ndetse n’aba rushimusi barobeshaga imitego itemewe, hamwe n’ibindi byinshi ariko tugomba kubihindura nidufatanyiriza hamwe”.
Ibi abarobyi barabitangaza mu gihe abayobozi babo barahiriye kuzabayobora mu bunyangamugayo n’umurava kuwa gatanu tariki 30/01/2015.
Umugwaneza Jean Claude
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|