Imyaka yangiritse ni iyari ihinze mu bice by’ibishanga irimo ibigori, ibishyimbo, amasaka na soya. Abaturage bavuga ko ari ikibazo kitaboroheye kuko bashobora kuzahura n’ikibazo cy’inzara kubera ko iyo mvura yabasize iheruheru.
Uretse imyaka yangijwe n’iyo mvura, hari n’amazu menshi yahangirikiye, dore ko ari na bwo ikibazo cy’amazi yatobokeye mu mazu no mu misarane by’abaturage cyatangiye kugaragara.
Abaturage bavuga ko bakwiye guhabwa ubufasha kuko batazi uburyo bagiye kuzabaho mu minshi iri imbere. Uduce twibasiwe cyane ni utwo mu tugari twa Ryamanyoni na Cyamburara two muri uwo murenge.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi avuga ko ikibazo cy’abo baturage cyagejejwe mu nzego zigomba kugikurikirana, akavuga ko bategereje igisubizo bazahabwa n’inzego zo hejuru.
Benshi muri abo baturage bavuga ko bishobotse bakwimurwa muri ibyo bice batuyemo kuko ari mu bice by’igishanga. Bavuga ko bakwimurwa hanyuma icyo gice kikazaba icyo guhingwaho gusa.
Cyprien M. Ngendahimana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|