Ibiro 4 690 nibyo bimaze gusarurwa mu murenge wa Rubavu ahatangiye igerageza ry’iki gihingwa ahatewe ibiti 470 kandi biboneka ko ibi biti bishobora gusarurwaho inshuro 2 cyangwa eshatu mu mwaka.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rubavu bavuga ko maze kugikunda kubera uburyohe bwacyo kandi gikunze kugira isoko, naho ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Rubavu Kavamahanga Jean Claude avuga ko ibyo babara ari amafaranga yakivamo abaturage baramutse bakigejeje ku isoko kuko icyo baharanira ari icyo umuturage yinjiza mu kwiteza imbere.
Imbuto za Pomme zatangiye kugeragezwa mu murenge wa Rubavu kuva mu mwaka wa 2010 kubera ubutaka buhehereye, abaturage bo mu mirenge ikikije bakaba bavuga ko uretse RAB yatangiye kukigerageza nabo bifuza kubona imbuto zo guhinga.
Nyinshi muri pomme zigurishwa mu Rwanda zikurwa hanze y’igihugu, Abanyarubavu bakavuga ko mu gihe basanga yera ku butaka bwabo bagombye kuyihinga aho kuyikura hanze.
Hamwe mu hari hatekerejwe guhingwa pomme ni mu gace ka Gishwati aho abaturage bimuwe gusa uyu mushinga ntiwigeze utezwa imbere, hakaba harabanje kurebwa ko muri aka gace zahashobora none zatangiye gutanga umusaruro mwiza.
Sylidio Sebuharara
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Murakoze cyane kubwibyagezweho arikose niho hantu honyine mugihugu mwamaze kubonako yakera cyangwa zakera ndavuga pomme
Habaye Hari Andi makuru cyangwa Hari uburyo umuntu yahugurirwa ubuhinzi bwazo byafasha nkanjye byamfasha murakoze
Ko nifuza kubona ingemwe zayo nazibona he?
Turashima cyane RAB idahwema kwita ku byateza imbere abaturage bacu,mukomeze mutugezeho imbuto za pomme umusaruro uzarushaho kuboneka kuko abaturage twishimiye icyo gihingwa iwacu mu RWANDA kandi turagikunda cyane. murakoze
zerera imyaka ingahe aho I rubavu? niba ziriya tubona ku mafoto ari izasaruwe koko nizikwirakwizwe ah bishoboka.
it is good! RAB ni ikore itubura ry’ingemwe tugerageze twese tuzihinge natwe tujye tuhgemurira amahanga, kuko natwe izo turya zikurwa hanze.