Umuryango "Global Civic Sharing" watanze inkunga y’ibikoresho by’ubuhinzi

Global Civic Sharing ni umuryango w’iterambere wo muri Koreya y’Amajyepfo, wateye inkunga y’ibikoresho by’ubuhinzi abatishoboye bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Karere ka Kamonyi.

Abaturage bibumbiye mu matsinda y'ubuhinzi bahawe ibigega bazajya babikamo amazi yo kuhira imyaka
Abaturage bibumbiye mu matsinda y’ubuhinzi bahawe ibigega bazajya babikamo amazi yo kuhira imyaka

Ibyo bikoresho bifite agaciro ka miliyoni 6Frw bigizwe n’ibigega 10 ndetse n’imashini 10 zikurura amazi, byahawe amatsinda 20 agizwe n’abahinzi bagera kuri 600.

Ibyo bikoresho babihawe mu rwego rwo kugira ngo bijye bibafasha mu kwita ku myaka yabo mu gihe cy’izuba, bityo ubuhinzi bwabo butange umusaruro.

Seunghoon Woo uhagarariye uwo mushinga, yabwiye Kigali Today ko ubwo yaganiraga n’abo bahinzi bamugejejeho ibibazo bafite byo kumisha imyaka, bituma uwo mushinga wiyemeza kubaha ibikoresho bazifashisha buhira imyaka yabo mu gihe cy’impeshyi.

Banahawe imashini 10 zikurura amazi
Banahawe imashini 10 zikurura amazi

Abahinzi basabwe gufata neza ibyo bikoresho,uwo muryango nawo ukazajya ugenzura uko bikoreshwa. Uteganya kandi guha abandi baturage bagera ku 1200 ibindi bikoresho bakurikije aho bikenewe, cyane cyane nk’amatsinda y’abahinzi bahinga mu bishanga n’ahandi hatandukanye hatanga umusaruro.

Kiniga Marcel uhagarariye itsinda “Twitezimbere” yavuze ko ibikoresho bahawe bigiye kubafasha kongera umusaruro bakuragamo ndetse bikanongera n’uwi gishanga cya Mpombori begeranye.

Abo baturage bavuga ko igihembwe cy’ihinga cyatangiye muri Nzeri kikazarangira muri Gashyantare 2019, cyabateje igihombo gikabije, ariko ubu bakaba bizeye kuzabona nibura umusaruro, ku buryo toni umunani za Soya bahinga kuri hegitari 22 zizabyara toni cumi n’esheshatu.

Bizeye ko batazongera kurumbya imyaka
Bizeye ko batazongera kurumbya imyaka
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka