- Ubuhinzi bw’ibihumyo ntibusaba ahantu hanini
Aya mafaranga ngo ashobora no kwikuba gatatu mu gihe haba hakoreshejwe imbuto nshya y’ibihumyo abo bahinzi bahuguriwe gukoresha.
Bavuga ko ikilo(kg) kimwe cy’ibihumyo byari bisanzwe bya ’oyster’ ari amafaranga 2,000Frw, mu gihe icy’ibihumyo bishya bya ’button’ kigurishwa arenze 5,000Frw.
Umukozi w’Ikigo ’Development Network’ gihinga kikanatunganya ibihumyo, witwa Antoinette Nyirazaninka avuga ko Abanyarwanda babura ubutaka bungana na m² imwe yo guhingaho ibihumyo ari bake cyane mu Gihugu.
Nyirazaninka agira ati "Wahinga imigina 62 kuri m² imwe, buri mugina weramo amagarama(g) 500, wakuba na 62 ukareba, mu minsi iri hagati y’irindwi n’icumi (7-10) uba watangiye gusarura ugana isoko hagashira amezi atatu. Ibihumbi 50Frw washoye waba wayabonye ndetse wasigaranye na cya gishoro cyangwa waranguye indi migina."
Undi muhinzi w’ibihumyo witwa Bizimana Vincent avuga ko iki kiribwa gifite isoko rinini cyane haba mu Rwanda no mu mahanga.
Bizimana avuga ko umuhinzi wabishyizemo umwete ashobora kubona umusaruro w’ibiro 50-100 ku munsi kandi mu gihe cyose cy’umwaka, kuko bihingwa ahantu hatwikiriye bikavomererwa.
Uwakora imibare agafata ibiro 50(kg) agakuba n’amafaranga 2000Frw agurishwa buri kilo kimwe cy’ibihumyo, yabona nibura ku munsi amafaranga atari munsi y’ibihumbi 100,000Frw.
Bizimana avuga ko ubuhinzi bw’ibihumyo abukorera mu rugo iwe mu gisharagati cyubatse ku buso butarenga intambwe 15 z’uburebure ku 10 z’ubugari.
Bizimana akomeza avuga ko abacuruzi biganjemo abanyamahoteli baba bifuza ibihumyo byo gukoramo ’pottage’, isupu, sambusa, ’boullette’ na ’brochette’. Ni ikiribwa abahanga mu mirire bavuga ko cyuje intungamubiri.
Bizimana agira ati "Abacuruzi bamenye ko ufite ibihumyo, bakamenya nimero za telefone zawe, amatwi yaturika kubera guhora baguhamagara, buri munsi bagenda baduhamagara".
- Abahagarariye RAB na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda bahuye n’abahagarariye abahinzi b’ibihumyo mu Rwanda
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Dr Patrick Karangwa, yahaye ikaze umushinga u Bushinwa bufatanyijemo n’u Rwanda, wo guhinga ibihumyo nk’igihingwa kidasaba ubutaka bunini cyangwa ifumbire.
RAB ku bufatanye na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, byahuguye abahinzi b’ibihumyo ku buryo bwo gukoresha imbuto nshya yitwa ’button’ idapfa kwangirika kandi ikabasha gutwarika byoroshye.
Dr Karangwa agira ati "Turabahugura kugira ngo bakoreshe ikoranabuhanga riruseho, ntabwo ari Leta iza ngo ihinge ibihumyo ahubwo irabahuza n’aho babikora neza, twibanze cyane ku kureba uko amasoko yakwaguka."
Dr Karangwa avuga ko yumvikanye na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun kugira ngo abahinzi b’ibihumyo babe bakoherezwa muri icyo gihugu kugirana ubufatanye n’abahinzi, abanyenganda n’abacuruzi b’ibihumyo baho.
- Dr Patrick Karangwa na Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun
Ambasaderi Xuekun avuga ko ubuhinzi bw’ibihumyo bumaze kuba umwuga utunze benshi mu Bushinwa, kandi ko ari igicuruzwa gifite isoko rinini, cyakuye za miliyoni z’abaturage munsi y’umurongo w’ubukene.
Nk’umuntu uturuka mu cyaro cy’u Bushinwa, akaba umukunzi w’ibihumyo agira ati "Nzahora mbashyigikira (abahinzi b’ibihumyo mu Rwanda) ku buryo bukomeye".
Kuva mu mwaka wa 2006 kugeza ubu u Bushinwa bumaze gutoza abahinzi b’Abanyarwanda barenga 35,000 mu bijyanye no guteza imbere ibihumyo, ababishoyemo imari bakaba batanga toni 250 z’ibihumyo buri mwaka.
- Ibi ni ibyatsi byo gukora imigina y’ibihumyo
Ibitekerezo ( 12 )
Ohereza igitekerezo
|
0782112419nigute wabona umurama amahugurwa ahagije
Kuko abanditse mbere babisabye nanjye nsabye ko mwaduhuza nabatangiye uyu mushinga kugirango batuyobore. Ubuhinzi be ibihumyo ndabyishimiye pe ndashaka guhita mbitangira. Tel yanjye: 0722780090
Uyu mwuga w’ubuhinzi bw’ibihumyo ndawushimye; bishobotse mwampuza n’uwamfasha kubona imirama yabyo ndi mu majyepfo/ Huye
reta nishake uko yakwegereza abaturage ubuhinzi bwibihumyo kugera kurwego rwu mudugudu
Mudufashije mwaturangira isoko ry’aho twakura imigina, natwe tugahinga ibihumyo.
Yun mushinga w’ibihumyo ni inyamibwa. Reste n’amafaranga bifite n’intungamubiri nyinshj. Mwaduhuza n’ababihuguriwe bakadufasha gutangiza ubwo buhinzi bw’ingirakamaro. Phone yang ni 0788435053
Nukuri nimudusubize tubone ama contacts yabakora ubu buhinze tubashake bafufashe kuwutangira no kubona amasoko. Nayo mahuhutwa natwe turayakeneye
Muturangire aho umuntu yakura umurama
Number 0780011608
Nshingiye kuri ayamakuru yikigihingwa cy’ibihumyo,biragaragarako cyateza imbere benshi cyane cyane abadafite ubutaka buhagije.Gusa tukabadusaba Numero zabamwe mubahinzi bamaze kubigira umwuga bakadufasha.
Nshingiye kuri ayamakuru yikigihingwa cy’ibihumyo,biragaragarako cyateza imbere benshi cyane cyane abadafite ubutaka buhagije.Gusa tukabadusaba Numero zabamwe mubahinzi bamaze kubigira umwuga bakadufasha.
Nonese mwaturangiye aho umntu yakura uwo murama number zanjye ni 0786438043 murakoze
Nonese mwaturangiye aho umntu yakura uwo murama number zanjye ni 0786438043 murakoze