Biteze impinduka kubera amahugurwa bahawe mu ikoranabuhanga mu buhinzi

Abagoronome ba Leta n’ab’amakoperative bahawe amahugurwa y’ibyumweru bitatu n’Ikigo cy’u Bushinwa cy’ikoranabuhanga mu buhinzi (CATAS), bemeza ko azazana impinduka.

Ikoranabuhanga bigishijwe baritezeho byinshi mu buhinzi
Ikoranabuhanga bigishijwe baritezeho byinshi mu buhinzi

Babivuze ubwo bari mu muhango wo gusoza ayo mahugurwa yahawe abantu 50, banahabwa impamyabumenyi, kuri uyu wa 8 Nzeri 2017.

Ni igikorwa cyitabiriwe n’umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB), abakuriye CATAS n’abandi bafatanyabikorwa.

Nyirahanganyamosi Géraldine ukorera RAB, avuga ko yahungukiye ikoranabuhanga rijyanye no gutunganya umusaruro.

Yagize ati “Nko mu gutunganya imyumbati batweretse uko havamo amafu atandukanye, ariko hakoreshejwe ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru tutakoreshaga.

Hari n’ibindi byinshi bivamo tutari tuzi, tumenye rero kubika neza umusaruro no kuwutunganya ntihagire ibyangirika”.

Mugenzi we Ningenera Antoine wo muri Kayonza, avuga ko yungutse ubumenyi atari asanganywe mu kongera umusaruro w’ibihingwa.

Ati “Nishimiye kumenya ikoranabuhanga Abashinwa bakoresha mu gutera ibihingwa no kubifumbira bigatuma umusaruro uba mwishi, twe si ko twabikoraga.

Imbuto dutera n’iyo batera iba ari imwe ariko uburyo bayikurikirana mu murima bitandukanye n’iwacu bityo bakaturusha umusaruro”.

Yongeraho ko ibyo yize agiye kubishyira mu bikorwa kandi ngo yizeye ko bizatanga umusaruro ugaragara mu gihe kitarambiranye.

Bahawe impamyabumenyi nyuma y'amahugurwa
Bahawe impamyabumenyi nyuma y’amahugurwa

Umuyobozi wa RAB, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga byagaragaye ko hari icyuho kinini hagati y’ubuhinzi bw’u Rwanda n’ubw’u Bushinwa ariko ko gishobora kugabanuka.

Ati “Icyuho kigaragara cyane mu buryo bwo guhinga no gutunganya umusaruro. Abashinwa bafite ibihingwa birenga 80 bongerera agaciro bikavamo ibintu byinshi bitandukanye biri ku isoko.

Ariko ubwo dutangiye kubavomaho ubumenyi, natwe hari icyo dushobora gukora tukagabanya icyo cyuho binyuze muri iryo shuri”.

Dr Mark Cyubahiro Bagabe uyobora RAB
Dr Mark Cyubahiro Bagabe uyobora RAB

Uwari uhagarariye u Bushinwa muri uyu muhango, Zhang Liyong, yavuze ko ubufatanye hagati y’ibihugu byombi busanzwe kandi ko buzakomeza.

Yongeyeho ko aya mahugurwa mu by’ubuhinzi hari ibyo azahindura mu buhinzi bwo mu Rwanda, kandi ko CATAS izajya yohereza abahanga bayo kuyatanga buri mwaka kugira ngo agere kuri benshi bashoboka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka