<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Kigali Today</title>
	<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
	<description>Kigali Today ibagezaho amakuru nyayo ku Rwanda</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="https://www.kigalitoday.com/spip.php?page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />

	<image>
		<title>Kigali Today</title>
		<url>https://www.kigalitoday.com/local/cache-vignettes/L144xH34/siteon0-628cb.gif?1780071413</url>
		<link>https://www.kigalitoday.com/</link>
		<height>34</height>
		<width>144</width>
	</image>



<item xml:lang="en">

		<title>Umwana w'umwaka umwe, yaciye agahigo ko kuba umunyabugeni muto ku isi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umwana-w-umwaka-umwe-yaciye-agahigo-ko-kuba-umunyabugeni-muto-ku-isi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umwana-w-umwaka-umwe-yaciye-agahigo-ko-kuba-umunyabugeni-muto-ku-isi</guid>

		<dc:date>2024-06-07T08:37:07Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku mwaka umwe w’amavuko Ace Liam Nana Sam Ankarah uvuka muri Ghana yaciye agahigo ko ari we muhanzi w’igitsinagabo muto ushushanya ku isi, ajya mu gitabo cya guiness world record.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umwana w&#8217;umwaka umwe, yaciye agahigo ko kuba umunyabugeni muto ku isi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_245093 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ace-liam-youngest-artist-thumbnail_tcm25-769597.jpg' width="700" height="394" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubuhanga bwa Ace Liam mu gushushanya ni impano ababyeyi be bamubonyemo akiri muto cyane bigatuma aca agahigo nk’aka izina rye rikajya mu bitabo by’amateka.</p>
<p>Ku mwaka umwe gusa Ace yagaragaje ubuhanga mu gukora ibishushanyo bibereye ijisho bimutandukanya n’abo banganya imyaka.</p>
<div class='spip_document_245094 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ace_liam-2.jpg' width="700" height="367" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kugira ngo Liam yemezwe bisaba ko ibishushanyo bye byerekanwa mu imurika rya kinyamwuga yewe ibihangano bye bibe byagurwa, kandi bikagaragara ko ari we ubwe wabyikoreye mu buryo bwa kinyamwuga.</p>
<p>Ibihangano bye rero byaje kumurikwa mu nzu ndangamurage ya Museum of Science and Technology muri Accra umurwa wa Ghana kuva mu Ukuboza 2023 kugeza muri Mutarama 2024.</p>
<div class='spip_document_245095 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ace-liam-with-mother-looking-at-paintings_tcm25-769596.jpg' width="700" height="460" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu bihangano 10 yamuritse abifashijwemo na nyina, birindwi byaguzwe n’umugore wa perezida wa Ghana Rebecca Akufo Adddo witabiriye iryo murika.</p>
<p>Uyu mwana uzuzuza imyaka 2 muri Nyakanga amaze kugurisha ibihangano 15.</p>
<div class='spip_document_245096 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/younger-ace-liam-painting_tcm25-769598.jpg' width="700" height="460" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nyina wa Liam witwa Chantelle Kuukua Eghan usanzwe ashushanya kinyamwuga aganira na BBC yasobanuye ko umwana we kuba ashushanya byabaye nk’impanuka.</p>
<p>Ati: “nari mfite akazi ko gukora igihangano kizakoreshwa mu irushanwa rya miss universe 2023, kuko ntawe nari mfite nsigira umwana, nakoraga turi kumwe maze atangira kugenda akinira mu marangi birangira abikunze ubu azi amabara uko ajyana n’uko akurikirana.”</p>
<div class='spip_document_245097 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ace-liam-in-front-of-his-paintings_tcm25-769591.jpg' width="700" height="460" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri ubu Ace Liam afite aho akorera nyina yamuteguriye, kugirango iyo mpano ye ikomeze ikure ibintu ashishikariza n’abandi babyeyi.</p>
<div class='spip_document_245098 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/webp/ace-liam-painting-on-canva_tcm25-769594.webp' width="450" height="684" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ace-liam-in-front-of-his-paintings_tcm25-769591.jpg"
				length="155069"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Uwahoze akundana na Diamond yasobanuye uko yatumye amenyekana</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/uwahoze-akundana-na-diamond-yasobanuye-uko-yatumye-amenyekana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/uwahoze-akundana-na-diamond-yasobanuye-uko-yatumye-amenyekana</guid>

		<dc:date>2024-04-29T17:59:39Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Sarah wahoze akundana na Diamond Platnumz, yasobanuye uko inkuru y’urukundo rwabo yafashije Diamond kwandika indirimbo yatumye amenyekana, ndetse n’umuzingo we wa mbere.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Uwahoze akundana na Diamond yasobanuye uko yatumye amenyekana</h1>

			

			

			<div class='spip_document_242121 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="31" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/diamond_2.png' width="1171" height="886" alt="Diamond na Sarah ku rubyiniro" title="Diamond na Sarah ku rubyiniro" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Diamond na Sarah ku rubyiniro</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu myaka 15 ishize nibwo izina Diamond Platnumz ryamenyekanye mu muziki, ku ndirimbo ye yise ‘Nenda kamwambiye’. Iyi ndirimbo yavugaga ku mukobwa bakundanaga icyo gihe witwaga Sarah. Nyuma yaho baje gutandukana buri wese akomeza inzira itandukanye n’iy’undi mu buzima.</p>
<p>Mu gitaramo Diamond yakoze mu cyumweru gishize, aba bombi bongeye guhura, Sarah yaje gushyigikira uwahoze ari umukunzi we. Ibi byatumye bibuka ibihe by’urukundo bagiranye.</p>
<p>Ari ku rubyiniro, Diamond yasobanuye ukuntu uyu Sarah yamukundaga cyane, yewe akaba ari no mu bantu batumye aba Diamond uyu munsi abantu bakunda. Yavuze ko nubwo we yamukundaga, Sarah we yari yarakomeje ubuzima bwe agatangira umuryango n’undi muntu.</p>
<p>Sarah na we yasobanuye iby’uru rukundo rwabo bombi. Yavuze uko bakundanye by’ukuri, agaruka ku myaka itatu 2006-2009 bamaranye, avuga ko indirimbo ‘Nenda kamwambie Sarah’, yavugaga inkuru y’urundo rwabo nubwo Diamond yaje guhitamo gukuraho izina Sarah.</p>
<p>Yemera ko album ya Diamond ya mbere yavugaga ahanini ku rukundo rwabo.</p>
<p>Ati “Ntarigera avuga ko akunda undi muntu nk’uko yankunze, twabanye imyaka irenga itatu guhera 2006 kugera 2009. Yaba ari Nenda Kamwambie yewe na album ye ya mbere, hafi ya yose yavugaga njye.”</p>
<p>Nyuma yo gutandukana, Sarah yavuze ko bakomeje kuba inshuti mu buryo busanzwe, kandi ko yishimira ibyo uyu muhanzi amaze kugeraho mu muziki.</p>
<p>Yagize ati “Gutandukana si intambara, twebwe turi inshuti. Hari igihe hacamo igihe kirekire tutavugana ariko nkajya kubona nkabona aranyandikiye cyangwa arampamagaye, ati nari ngukumbuye nagira ngo tuganire. Ni kenshi ampamagara ngo nze ku rubyiniro, ariko nkagira isoni”</p>
<p>Kuri ubu Sarah yashatse undi mugabo, mu gihe Diamond akiri ingaragu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/diamond_2.png"
				length="1512960"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Yafunzwe azira koherereza Harry Styles amabaruwa 8,000 mu kwezi kumwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/yafunzwe-azira-koherereza-harry-styles-amabaruwa-8-000-mu-kwezi-kumwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/yafunzwe-azira-koherereza-harry-styles-amabaruwa-8-000-mu-kwezi-kumwe</guid>

		<dc:date>2024-04-28T10:00:43Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imanza
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umukobwa ukunda umuhanzi Hary Styles, yakatiwe gufungwa amezi 3.5 nyuma yo kwemerera Urukiko ko yoherereje Harry amabaruwa 8,000 mu kwezi kumwe, kuko yumvaga ahangayitse muri we (distress).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Yafunzwe azira koherereza Harry Styles amabaruwa 8,000 mu kwezi kumwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_242063 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="14" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/harry-2.png' width="1276" height="799" alt="Harry Styles " title="Harry Styles " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Harry Styles </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi byabereye i London mu Bwongereza, ubwo Umunya-Brezilekazi, uwitwa Myra Carvalho, yakatirwaga igifungo cy’ibyumweru 14 azira kohereza amabaruwa 8,000 mu kwezi. Mu Rukiko rwa Harrow Crown Court ni ho Carvalho yemereye icyo cyaha, cyo kubuza umutekano umuntu, bizwi nka ‘stalking’.</p>
<p>Ibirenze ku gifungo cy’ibyumweru 14, Carvalho yahawe kandi amabwiriza amubuza kujya mu gitaramo cya Harry Styles mu myaka 10 iri imbere, cyangwa se ahandi hantu hose yaba ari ntiyemerewe no kumuvugisha.</p>
<p>Mu isomwa ry’urubanza, byavuzwe ko Carvalho yari ari muri London guhera mu kwezi k’Ukuboza 2023, ngo yabanje kujya yita ku kintu cyose kireba uyu muhanzi, ibi ni byo byatumye amwandikira amabaruwa harimo n’ay’urukundo, yewe anamutumira mu bukwe.</p>
<p>Amenshi yayoherezaga aho Harry atuye akoresheje serivisi z’abajyana ubutumwa, andi akayajyana we ubwe.</p>
<p>Ikirego nk’iki cyabaye muri 2019, aho umugabo witwa Pablo Tarazaga Orega uba mu muhanda, yongeye gukurikira uyu muhanzi akamubuza umutekano kugera mu butabera. Harry yavuze ko bimugiraho ingaruka, aho yumva adatekanye iwe mu rugo, bigasaba ko yifashisha abamurinda aho agiye hose.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/harry-2.png"
				length="1790202"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Eddy Kenzo yahakanye iby'urukundo rwe na Minisitiri Nyamutoro</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/eddy-kenzo-yahakanye-iby-urukundo-rwe-na-minisitiri-nyamutoro</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/eddy-kenzo-yahakanye-iby-urukundo-rwe-na-minisitiri-nyamutoro</guid>

		<dc:date>2024-03-27T21:14:27Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi wo muri Uganda, Edrisah Kenzo Musuuza, wamamaye nka Eddy Kenzo, yavuze ko adakundana na Minisitiri ushinzwe ibyerekeranye n’Ingufu muri icyo gihugu, Phiona Nyamutoro, bitandukanye n’ibyo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Eddy Kenzo yahakanye iby’urukundo rwe na Minisitiri Nyamutoro</h1>

			

			

			<div class='spip_document_239722 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="110" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eddy_kenzo-2.jpg' width="700" height="648" alt="Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro baravugwaho ubucuti bwihariye, ariko bo ntiberura ngo babyemeze ku mugaragaro" title="Eddy Kenzo na Phiona Nyamutoro baravugwaho ubucuti bwihariye, ariko bo ntiberura ngo babyemeze ku mugaragaro" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Eddy Kenzo na  Phiona Nyamutoro baravugwaho ubucuti bwihariye, ariko bo ntiberura ngo babyemeze ku mugaragaro</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Eddy Kenzo yavuzweho gukundana na  Phiona Nyamutoro wahoze ari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko  ya Uganda, nyuma y’uko ahawe umwanya muri Minisiteri, Eddy Kenzo akandika ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bumushimira.</p>
<p>Benshi mu babonye ubwo butumwa bagarutse ku makuru yigeze gusakara mu mwaka ushize avuga ko aba bombi bakundana. Bamwe ku mbuga nkoranyambaga bise uyu mudepite “Mrs Eddy Kenzo” abandi bavuga ko ari we bazashakana.</p>
<p>Nyuma y’iminsi mike hari andi mafoto y’aba bombi yasakaye bambaye umupira usa mu bihe bitandukanye. Eddy Kenzo aganira na Sanyuka TV yo muri Uganda, umunyamakuru yamubajije niba yishimira kuvuga kuri Nyamutoro, na we ati “Ni inshuti yanjye”. Amubajije urwego rw’ubucuti bwabo, ati “ni inshuti yanjye ya hafi”.</p>
<div class='spip_document_239745 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nyamutoro.jpg' width="452" height="678" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Amakuru y&#8217;uko aba bombi bakundana yatangiye kuvugwa umwaka ushize, ko Eddy Kenzo yaba yaramuhaye impano y’imodoka. Icyo gihe Nyamutoro ntiyigeze abihakana cyangwa abyemeze, ariko nyuma yaho yavuze ko nta muntu bakundana mu buryo bwihariye usibye ko aziranye na Eddy Kenzo kuva kera atari yajya no mu Nteko Ishinga Amategeko.</p>
<p>Nubwo Eddy Kenzo aterura ngo ahamye iby&#8217;urukundo rwe n&#8217;uyu muyobozi, tariki 27 Werurwe 2024 bagaragaye bombi mu mafoto, Eddy Kenzo ari mu bantu bake b&#8217;ingenzi baherekeje Minisitiri Phiona Nyamutoro mu muhango wo kurahirira inshingano nshya, uwo muhango ukaba wayobowe na Perezida Yoweli Kaguta Museveni.</p>
<div class='spip_document_239749 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/phiona.jpg' width="1000" height="667" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239746 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eddy_kenzo_3.jpg' width="1000" height="800" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239747 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eddy_kenzo_1.jpg' width="1000" height="800" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239748 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eddy_kenzo_2.jpg' width="1000" height="667" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eddy_kenzo_2.jpg"
				length="88337"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Indirimbo &#8216;Sukari' ya Zuchu yaciye agahigo kuri YouTube</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/indirimbo-sukari-ya-zuchu-yaciye-agahigo-kuri-youtube</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/indirimbo-sukari-ya-zuchu-yaciye-agahigo-kuri-youtube</guid>

		<dc:date>2024-03-26T05:39:17Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzikazi wo muri Tanzania Zuchu ni we muhanzi wo muri Afurika y’Iburasirazuba ufite indirimbo yakoze wenyine yarebwe inshuro zirenga miliyoni 100 ku rubuga rwa YouTube, iyo ikaba ari indirimbo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Indirimbo ‘Sukari’ ya  Zuchu yaciye agahigo kuri YouTube</h1>

			

			

			<div class='spip_document_239618 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zuchu_sukari.jpg' width="1280" height="720" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu kugaragaza ibyishimo, Zuchu yagiye ku mbuga nkoranyambaga ze ashimira itsinda ryamufashije guca aka gahigo. Yavuze ukuntu iyi ndirimbo yamuhinduriye ubuzima ariko ikaba indi ntambwe ikomeye mu muziki wa Afurika y’Iburasirazuba.</p>
<p>Ati “Kurebwa inshuro miliyoni 100 kuri Sukari bingize umuhanzi wa mbere wo muri Afurika y’Iburasirazuba ugeze kuri aka gahigo, kuba ari indirimbo nakoze njyenyine.”</p>
<p>Uyu muhanzi kandi yashimiye abafana be cyane cyane uwitwa Milly wamamaje iyi ndirimbo cyane.</p>
<p>Diamond Platnumz ukorana na Zuchu akaba nyiri Wasafi Records, inzu Zuchu akoreramo, na we yishimiye aka gahigo, ashimangira ko ari indirimbo y&#8217;igiswahili ibigezeho aho nta n&#8217;undi muhanzi wabigezeho. Yagize ati “Ubirebesheje amaso wagira ngo ni ibintu bisanzwe, ariko ugerageje kubikora ni we wamenya uko bigoye.”</p>
<p>‘Sukari’ ni imwe mu ndirimbo za mbere Zuchu yashyize hanze akimara kwinjira muri Wasafi Records Label, imwe mu nzu zikomeye zikoreramo amazina akomeye nka Diamond Platnumz, Mbosso, Lava Lava, Queen Darlen na D Voice uherutse gusinyana na yo amasezerano.</p>
<p><strong>Reba Video y&#8217;indirimbo ‘Sukari’ ya  Zuchu</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/CCmItvVgn6Q" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zuchu_sukari.jpg"
				length="60710"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Gen-Z Comedy yizihije imyaka ibiri imaze itangiye, bamwe babura aho bicara</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/gen-z-comedy-yizihije-imyaka-ibiri-imaze-itangiye-bamwe-babura-aho-bicara</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/gen-z-comedy-yizihije-imyaka-ibiri-imaze-itangiye-bamwe-babura-aho-bicara</guid>

		<dc:date>2024-03-22T12:05:28Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urwenya
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ubwo i Kigali habaga igitaramo cy’urwenya cyo kwizihiza imyaka ibiri ishize hatangijwe icyiswe Gen-Z Comedy Show, cyatangijwe muri 2022 n’umunyarwenya Fally Merci, abantu babuze aho bakwirwa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Gen-Z Comedy yizihije imyaka ibiri imaze itangiye, bamwe babura aho bicara</h1>

			

			

			<div class='spip_document_239321 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gen_z_comedy.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu gutangira iki gitaramo cyitabiriwe na benshi barimo Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, umunyarwenya Merci yabanje kwisegura ko igitaramo gitangiye gitinze, yisegura no ku bantu bishyuye ariko bakabura aho bicara.</p>
<p>Muri Kigali Conference Exhibition Village (KCEV ) hazwi nka Camp Kigali ni ho icyo gitaramo cy’urwenya cya Gen-Z Comedy cyabereye tariki 21 Werurwe 2024. Cyagombaga gutangira saa moya ariko imiryango igafungura saa kumi n’ebyiri. Byageze saa mbili z&#8217;ijoro abantu bagitonze umurongo bashaka uko binjira.</p>
<p>Abanyarwenya bataramiye abacyitabiriye biganjemo Abanyarwanda kuko ari igitaramo cyaje guha urubuga aba bahanzi nk&#8217;uko Fally Merci yabisobanuye. Ati “Natangiye iyi Gen-Z Comedy muri 2022 nyuma ya Covid-19 nshaka gukorana n’abanyarwenya bo mu Rwanda ngo natwe tubone aho dukorera bivemo akazi gahoraho n’abakunda urwenya babone abanyarwenya”</p>
<div class='spip_document_239323 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="135" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/utumatwishima-2.jpg' width="1000" height="666" alt="Minisitiri Utumatwishima na Fally Merci bakase umutsima mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri ibi bitaramo by'urwenya bimaze bitangijwe" title="Minisitiri Utumatwishima na Fally Merci bakase umutsima mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri ibi bitaramo by'urwenya bimaze bitangijwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Minisitiri Utumatwishima  na Fally Merci bakase umutsima mu rwego rwo kwizihiza imyaka ibiri ibi bitaramo by&#8217;urwenya bimaze bitangijwe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yavuze uko yatangiye ari abanyarwenya barindwi ariko ubu bakaba barenze 100. Ati “Natangiye nshaka aho gukorera mu mahoteli n’ahandi ariko bakambwira kuzana n’itorero ariko njye mbabwira ko nzanye urwenya, nkabona ntibikunda. Nibwo nigiriye inama yo kubanza gukorera aho ubuhanzi art Rwanda iba hari ahakwirwa abantu 40.”</p>
<p>Ndaruhutse Merci uzwi nka Fally Merci ni we wayoboye iki gitaramo, azana abanyarwenya ku rubyiniro harimo Clement ukora Inkirigito, Rusine batangiranye kuva Gen-Z Comedy Show itangira, Arthur Nkusi uri mu binjije Fally Merci mu mwuga w’urwenya, umunyarwenya uzwi nk&#8217;Umushumba, Killaman na Dogiteri Nsabi. Abanyamahanga bari babiri baturutse muri Uganda harimo Dr Hillary Okello na Salvado.</p>
<p>Mu gace kitwa “Meet me tonight” aho Merci yakira umutumirwa, yakiriye Arthur Nkusi wamushimiye ku ntambwe yagezeho. Arthur yaguze ati “Merci akoze ibyo abandi bategura ibitaramo by’urwenya byananiye ari byo gukundisha Abanyarwanda urwenya rukozwe n’abandi Banyarwanda, kuko abandi bazana abanyarwenya bo hanze ariko Merci akorana n’Abanyarwanda kandi mu buryo buhoraho.”</p>
<p>Arthur yashimangiye ko Fally Merci atari umunyarwenya usanzwe ahubwo ari mu beza u Rwanda rufite kandi akaba ari umushoramari n’utegura ibirori mwiza.</p>
<div class='spip_document_239322 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="85" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/arthur.jpg' width="1000" height="666" alt="Arthur Nkusi winjije Fally Merci mu mwuga w'urwenya yishimiye urwego amaze kugeraho" title="Arthur Nkusi winjije Fally Merci mu mwuga w'urwenya yishimiye urwego amaze kugeraho" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Arthur Nkusi winjije Fally Merci mu mwuga w&#8217;urwenya yishimiye urwego amaze kugeraho</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Igitaramo cyarangiye umunyarwenya Michael Sengazi ataje ku rubyiniro kubera ko amasaha yo gusoza yari yageze.</p>
<p>Gen-Z Comedy Show yatangiriye mu Rugando ahakorera ArtRwanda Ubuhanzi, abantu barayimenya barayitabira, aho bakoreraga haba hato, bimukira ahitwa Mundi Center ku Kicukiro, na ho haza kuba hato, bimukira muri KCEV mu ihema ryakira abarenga ibihumbi bitatu.</p>
<div class='spip_document_239324 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya-2.jpg' width="1000" height="1500" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239325 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="91" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dr_hillary_okello.jpg' width="1000" height="666" alt="Umunyarwenya Dr Hillary Okello wo muri Uganda na we yasusurukije abitabiriye iki gitaramo" title="Umunyarwenya Dr Hillary Okello wo muri Uganda na we yasusurukije abitabiriye iki gitaramo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umunyarwenya Dr Hillary Okello wo muri Uganda na we yasusurukije abitabiriye iki gitaramo</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_239326 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya_1.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239327 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="83" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rusine.jpg' width="1000" height="666" alt="Umunyarwenya Rusine ari mu batangiranye na Fally Merci ibitaramo bya Gen-Z Comedy" title="Umunyarwenya Rusine ari mu batangiranye na Fally Merci ibitaramo bya Gen-Z Comedy" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umunyarwenya Rusine ari mu batangiranye na Fally Merci ibitaramo bya Gen-Z Comedy</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_239331 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya_4_.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239329 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya_3_.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239332 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="72" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umushumba-2.jpg' width="1000" height="666" alt="Umushumba ni undi munyarwenya na we washimishije abitabiriye igitaramo" title="Umushumba ni undi munyarwenya na we washimishije abitabiriye igitaramo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umushumba ni undi munyarwenya na we washimishije abitabiriye igitaramo</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_239330 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya_2_.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_239328 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwenya_1_.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dr_hillary_okello.jpg"
				length="172036"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibyo wamenya ku bitaramo Christopher, Platini P, n'Inyamibwa barimo bategura</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ibyo-wamenya-ku-bitaramo-christopher-platini-p-n-inyamibwa-barimo-bategura</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ibyo-wamenya-ku-bitaramo-christopher-platini-p-n-inyamibwa-barimo-bategura</guid>

		<dc:date>2024-03-19T03:06:03Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibitaramo umuhanzi Christopher agiye gukorera muri Canada ahereye i Montreal, igitaramo cy’itorero Inyamibwa, n’igitaramo cya Platini P ni bimwe mu byo abakunzi b’imyidagaduro bahishiwe mu minsi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibyo wamenya ku bitaramo Christopher, Platini P, n&#8217;Inyamibwa barimo bategura</h1>

			

			

			<p><strong>Ibitaramo bya Christopher Muneza muri Canada</strong></p>
<p>Nyuma y’ibitaramo bitandukanye yakoreye  i Burayi agasoreza umwaka wa 2023 i Burundi, Christopher agiye gukorera ibindi bitaramo muri Canada ahereye mu mujyi wa Montreal.</p>
<div class='spip_document_239090 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="20" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muneza-3.jpg' width="1430" height="953" alt="Christopher Muneza" title="Christopher Muneza" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Christopher Muneza</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ni ibitaramo yise ‘Christopher Muneza Canada Tour’ azakora mu kwezi kwa Gicurasi, akaba yatangaje ko azahera mu mujyi wa Montreal akazakurikizaho indi mijyi ya Canada.</p>
<p><strong>Platini P yateguye igitaramo yise ‘Baba xperience’</strong></p>
<p>Platini P urimo gutegura igitaramo cye cya mbere akoze ari wenyine kizaba tariki 30 Gicurasi, yavuze ko azatumira abana ba Jay Polly mu kwizihiza ubuzima bwe. Jay Polly wapfuye muri 2021 yari umwe mu bahanzi bari bakunzwe cyane cyane mu njyana ya HipHop.</p>
<div class='spip_document_239091 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/baba_xperince.jpg' width="1000" height="947" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Platini yavuze ko yatumiye abana ba Jay Polly mu rwego rwo kuzirikana akazi yakoze mu muziki. Iki gitaramo kizabera muri KCEV ahazwi nka Camp Kigali, kizitabirwa n’ibindi byamamare nka Knowless, Eddy Kenzo, Kenny Sol, Big Fizzo, Nel Ngabo n&#8217;abandi.</p>
<p><strong>Inkuru ya 30:  Igitaramo cy’Itorero Inyamibwa </strong></p>
<p>Itorero Inyamibwa rimenyerewe mu guteza imbere imbyino z’umuco nyarwanda ririmo kwitegura igitaramo bize ‘Inkuru ya 30’ ku itariki 23 Werurwe 2024.</p>
<div class='spip_document_239092 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="71" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inyamibwa_ok.jpg' width="700" height="466" alt="Itorero Inyamibwa ryitezweho kuzashimisha abazitabira igitaramo cyabo" title="Itorero Inyamibwa ryitezweho kuzashimisha abazitabira igitaramo cyabo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Itorero Inyamibwa ryitezweho kuzashimisha abazitabira igitaramo cyabo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iki gitaramo kizagaragaza urugendo rw’imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, Abanyarwanda bakongera kugira ijambo. Umuyobozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa by&#8217;Itorero Inyamibwa, Rusagara Rodrigue, avuga ko bahisemo gukorera iki gitaramo muri BK Arena bashingiye ku mubare mwinshi bagize mu gitaramo ‘Urwejeje Imana’ bakoreye muri Camp Kigali, ku wa 19 Werurwe 2023 kuri ubu bakaba biteze kwakira abaruta abo bakiriye icyo gihe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muneza-3.jpg"
				length="330360"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#Oscars2024 : John Cena yambaye ubusa imbere y'imbaga</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/oscars2024-john-cena-yambaye-ubusa-imbere-y-imbaga</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/oscars2024-john-cena-yambaye-ubusa-imbere-y-imbaga</guid>

		<dc:date>2024-03-11T10:14:09Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Sinema
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Icyamamare mu mikino ya ‘Catch’ no muri Sinema, John Cena, yatunguye benshi ubwo yageraga ku rubyiniro agahita yambara ubusa imbere y’imbaga y’abari bahateraniye.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#Oscars2024 : John Cena yambaye ubusa imbere y&#8217;imbaga</h1>

			

			

			<div class='spip_document_238557 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cena.jpg' width="1080" height="720" alt="Yari yaje yambaye muri ubu buryo" title="Yari yaje yambaye muri ubu buryo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Yari yaje yambaye muri ubu buryo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>John Cena yageze ku rubyiniro yambaye umwenda udoze mu buryo budasanzwe ufite ibara ry&#8217;ikigina hamwe n&#8217;inkweto za sandali. Yahise yikoza inyuma ku rukuta rw&#8217;umweru rwari ku rubyiniro maze akuramo uyu mwenda agaruka yambaye ubusa.</p>
<div class='spip_document_238556 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/john_cena_2.jpg' width="1080" height="719" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Yagarutse afite urupapuro rw&#8217;umweru rwanditseho uwatsinze mu cyiciro cya ‘Best Costume Design’ maze ahita atangaza ko filime yatsinze mu myambarire myiza ari ‘Poor Things.’ Asa n&#8217;utera urwenya yahise agira ati: &#8217;&#8217;Sinzi impamvu mwivuna mushaka imyambaro yo kwambara kandi ntayihari irenze uko twavutse”.</p>
<div class='spip_document_238555 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="61" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/john_1.jpg' width="1600" height="900" alt="John Cena yatunguye abantu ubwo yagaragaraga muri ubu buryo" title="John Cena yatunguye abantu ubwo yagaragaraga muri ubu buryo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>John Cena yatunguye abantu ubwo yagaragaraga muri ubu buryo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Usibye aka gashya ka John Cena wambaye ubusa ku rubyiniro, filime ya “Oppenheimer” na yo yatwaye ibihembo 7 muri 13 yahataniraga, harimo icya filime ifite amashusho meza ndetse n’uwayiyoboye (Best Director) Christopher Nolan.</p>
<p>Ibihembo bya Oscars 2024 byatanzwe ku nshuro ya 96, byibanda ku byagezweho muri Sinema. Kuri iyi nshuro byayobowe n’umunyarwenya Jimmy Kimmel umenyerewe kuri televiziyo mu kigaro cyitwa “Jimmy Kimmel Live!”</p>
<div class='spip_document_238574 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="83" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/oscar_1_.jpg' width="992" height="558" alt="Emma Stone yatwaye igihembo cy'umukinnyi mwiza wa filimi w'umugore (Best Actress)" title="Emma Stone yatwaye igihembo cy'umukinnyi mwiza wa filimi w'umugore (Best Actress)" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Emma Stone yatwaye igihembo cy’umukinnyi mwiza wa filimi w&#8217;umugore (Best Actress)</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Emma Stone wakinnye muri “Poor Things” ni we watwaye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umugore (Best Actress) mu gihe Cillian Murphy wakinnye muri “Oppenheimer” ari we watwaye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umugabo (Best Actor).</p>
<p>Mu kwakira igihembo cy’umukinnyi mwiza, Cillian Murphy wakinnye muri Oppenheimer ari J. Robert Oppenheimer wakoze intwaro kirimbuzi (atomic bomb) yagize ati “Twakoze filime ivuga ubuzima bw’uwakoze atomic bomb, tubyemere cyangwa tubyange turi kuba mu Isi ye. Ni yo mpamvu iki gihembo ngituye abantu bashaka amahoro (peacemakers) ku isi hose.”</p>
<p>Cillian Murphy muri ibi bihe hatangwa ibihembo, yatwaye ibya Golden Globe, Screen Actors Guild Award na BAFTA.</p>
<div class='spip_document_238575 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="80" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/oscar_2_-2.jpg' width="992" height="558" alt="Cillian Murphy yabaye umukinnyi wa filimi wahize abandi mu bagabo (Best Actor)" title="Cillian Murphy yabaye umukinnyi wa filimi wahize abandi mu bagabo (Best Actor)" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Cillian Murphy yabaye umukinnyi wa filimi wahize abandi mu bagabo (Best Actor)</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki 11 Werurwe 2024 ryaranzwe n’ibyishimo ku batwaye ibihembo bitandukanye ariko hanze ya Dolly Theatre muri Los Angeles, i California ahatangiwe ibihembo ngarukamwaka bya Oscars, hari hateraniye imbaga y’abigaragambya basaba  ko havugwa ku ntambara ziri kubera muri Gaza na Ukraine.</p>
<div class='spip_document_238576 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/oscar_3_.jpg' width="992" height="558" alt="Christopher Nolan, Best Director" title="Christopher Nolan, Best Director" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Christopher Nolan, Best Director</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/oscar_2_-2.jpg"
				length="48181"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore zimwe mu nyamaswa zirama kurusha umuntu</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/dore-zimwe-mu-nyamaswa-zirama-kurusha-umuntu</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/dore-zimwe-mu-nyamaswa-zirama-kurusha-umuntu</guid>

		<dc:date>2024-03-08T20:17:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuntu iyo agejeje ku myaka 80 kuri ubu bavuga ko akuze, yageza ku myaka 100 bakavuga ko yaramye, ariko mu nyamaswa hari izigeza ku myaka magana ane.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore zimwe mu nyamaswa zirama kurusha umuntu</h1>

			

			

			<p>Inyamaswa zibaho igihe kirekire ziba zifite ibizifasha kugira ngo zirame harimo no kuba zihagarara gukura mu gihe runaka bitewe n’ibizikikije. Inyinshi muri zo ziba hasi mu bujyakuzimu bw’inyanja. Ubushakashatsi hari aho usanga butagaragaza igihe gihamye kizwi izi nyamanswa ziba zaravukiye. Icyo gihe hagenderwa ku makuru yavuye mu bundi bwabanje. Uru ni urutonde rwa zimwe mu nyamaswa zibaho igihe kirekire kurusha izindi.</p>
<p><strong>Akanyamasyo ka Seychelles</strong></p>
<div class='spip_document_238435 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/seychelles_giant_tortoise.jpg' width="1200" height="675" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Utunyamasyo dusanzwe tuzwiho kubaho igihe kirekire ariko akabaho igihe kinini ni ako mu bwoko bwa Aldabrachelys gigantea hololissa. Akamaze igihe kirekire kaba ku kirwa cya St Helena mu Nyanja ya Atlantic kahazanywe n’abantu bo muri Seychelles hagati ya 1882 na 1886. Aka kiswe Jonathan muri 2022 kanditswe mu gitabo cy’uduhigo (Guiness World Record) nk’akanyamasyo kamarambye ku Isi. Imyaka ya Jonathan igenderwa ku ifoto yafashwe hagati ya 1882 na 1886. Kandi kuri iyo foto kari karakuze nibura gafite imyaka 50 nk&#8217;uko livescience, urubuga rushyirwaho ubushakashatsi ku binyabuzima rubivuga.</p>
<p><strong>Urchins</strong></p>
<div class='spip_document_238437 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urchins.jpg' width="1200" height="675" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi ni ibinyabuzima bitagira ingingo (invertabrates) bitwikiriwe  n’amahwa byitwa ‘urchins’ bikunze kuboneka mu nyanja itukura. Kaminuza ya Oregon State muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ivuga ko Urchins zikunze kuba mu mazi y’inyanja yegereye ubutaka zikarya ibimera byo mu nyanja. Ubushakashatsi bw&#8217;iyi kaminuza buvuga ko Urchins zikura buhoro cyane hamwe na hamwe zigashobora kubaho ibinyejana mu gihe zidahuye n’izindi nyamaswa zizirya, indwara cyangwa abarobyi.</p>
<p>Urchins zo mu nyanja itukura zo muri Washington na Alaska zibaho imyaka hagati ya 100 na 200. Ubushakashatsi bwakozwe na Fishery Bulletin muri 2003 buvuga ko iriho ifite imyaka myinshi ari 200.</p>
<p><strong>Ifi yo mu bwoko bwa Baleine</strong></p>
<p>Iyi fi izwiho kuba ari cyo kinyamabere kibaho igihe kirekire. Ikigo cyo muri USA kirengera ibinyabuzima byo mu mazi kivuga ko iyi fi ibaho imyaka hagati ya 100 na 200.</p>
<div class='spip_document_238433 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whale-2.jpg' width="1200" height="675" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Baleine igira akanyangingo (gene) kitwa ERCC1 gafasha gukiza akaremangingo fatizo (DNA) iyo kangiritse. Ibi biyirinda indwara nyinshi nka kanseri. Igira n’akandi kanyangingo kitwa PCNA kayifasha kugabanya umuvuduko isazamo.</p>
<p><strong>Ifi yo mu bwoko bwa Rougheye </strong></p>
<div class='spip_document_238434 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rougheye_.jpg' width="1200" height="675" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi fi yitwa Rougheye Rockfish mu Cyongereza ni yo fi ibaho igihe kirekire kigera ku myaka 205 nk&#8217;uko ishami rishinzwe amafi n’inyamaswa zo mu ishyamba rya Washington (Washington Department of Fish and Wildlife). Aya mafi asa n&#8217;iroza cyangwa igitaka aba mu nyanja ya Pacific, afite uburebure bya santimetero 97 akaba arya andi mafi mato mato. Muri 2021 ubushakashatsi bwashyizwe ku rubuga rwitwa science buvuga ko iyi fi ifite ubushobozi bwo gukosora akaremangingo fatizo kayo bigatuma ibaho igihe kirekire.</p>
<p><strong>Ifi yo mu bwoko bwa Greenland Shark </strong></p>
<div class='spip_document_238439 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/shark.jpg' width="1000" height="562" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi fi iri mu bwoko bw&#8217;izo mu Gifaransa bita Requin mu cyongereza ikitwa Shark. Iboneka mu nyanja ya Arctic no mu nyanja ya Atlantic ya ruguru. Ifite uburebure bwa metero zirenga 7, irya andi mafi mato n’ibimera biba mu nyanja nk&#8217;uko ikigo cy’ubushakashatsi cya St. Lawrence shark observatory cyo muri Canada kibivuga. Muri 2016 ubushakashatsi bwashyizwe ku rubuga rw’ubushakashatsi rwa science buvuga  ko ubu bwoko bw&#8217;amafi bubaho kugera ku myaka 272. Iyagaragaye ifite imyaka myinshi yari ifite imyaka 392.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urchins.jpg"
				length="204347"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya akamaro k'umufa mu ifunguro</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/menya-inyungu-y-umufa-mu-ifunguro</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/urusobe-rw-ubuzima/article/menya-inyungu-y-umufa-mu-ifunguro</guid>

		<dc:date>2024-02-26T13:28:15Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urusobe rw'ubuzima
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umufa cyangwa se isosi iva mu magufa ikunze kuba iri ku ifunguro ni imwe mu masupu agira intungamubiri nka protein, cyane cyane collagen inafasha abafite imirire mibi kuyivamo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya akamaro k’umufa mu ifunguro</h1>

			

			

			<div class='spip_document_237615 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umufa_ok.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umufa w’amagufa utegurwa mu gihe ufashe amagufwa y’inka, ihene cyangwa inkoko ugashyiramo amazi n’ibirungo ukabibiza.</p>
<p>Ubushakashatsi bugaragaza ko mu gihe biri kubira bituma intungamubiri zose nka collagen, gelatin, amino acid, imisokoro n’imyunyungugu bijya muri ya mazi bigakora isosi cyangwa se umufa.</p>
<p>Dr Caroline Young umuhanga mu mbonezamirire ufite urubuga rwitwa wholeself nutritionist avugana n’urubuga eatingwell rwandika ku ndyo n’imirire, yavuze ko uyu mufa ugira intungamubiri nka magnesium, calcium, phosphor, sodium na potassium zikenerwa n’umubiri kugira ngo umuntu agire ubuzima bwiza.</p>
<p>Zimwe mu nyungu zo gufungura umufa w’amagufa harimo ko ufasha mu guhangana no kwivumbura kwa zimwe mu ngingo z’umubiri (inflammation).</p>
<p>Umufa w’amagufa urimo imyunyungugu myinshi nka calcium, magnesium na phosphor. Ubushakashatsi buvuga ko izo ntungamuburu zifata mu gukomera kw’amagufa y’umuntu.</p>
<p>Mu mufa kandi harimo glucosamine ikomeza ibikucangwa (cartilage) agace kari hagati y’amagufa gatuma adakoranaho.</p>
<p>Mu zindi ntungamuburi kandi harimo gelatin iri kumwe na collagen ifasha mo imbere h’amara gukomera ntihagire ibyinjira mu mara cyangwa bisohoke kuko akomeye.</p>
<p>Uyu mufa ushobora kuwusimbuza indi mifa ku ifunguro, mu gihe urimo guteka aho kongera amazi mu ifunguro ukongeramo uyu mufa cyangwa se ukawunywera aho.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umufa_ok.jpg"
				length="95553"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Diyabete ni indwara ihangayikishije: Menya uko wayirinda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/diyabete-ni-indwara-ihangayikishije-menya-uko-wayirinda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/diyabete-ni-indwara-ihangayikishije-menya-uko-wayirinda</guid>

		<dc:date>2024-02-19T18:14:17Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indwara
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Diyabete ni indwara idakira ikomeje kwiyongera kuko mu myaka 10 ishize mu Rwanda abayirwaye bikubye kabiri. Ni mu gihe nyamara abaganga bagaragaza ko ari indwara ishobora kwirindwa.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Diyabete ni indwara ihangayikishije: Menya uko wayirinda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_236979 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diabetes.jpg' width="450" height="300" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Diyabete ibarirwa mu ndwara zidakira, ikaba ifata umuntu igihe umubiri utabasha guhindura ibyo kurya mo imbaraga. Icyo gihe urwagashya ntirubasha gukora umusemburo wa insulin cyangwa se umubiri ntubashe gukoreha insulin. Uyu musemburo wa insulin ukorwa n’urwagashya ukura isukari yo mu biryo mu maraso ikajya mu turemangimgo ari byo biha umuntu imbaraga.</p>
<p>Habaho ubwoko butatu bwa diyabete. Ubwa mbere ni igihe urwagashya rudakora insulin cyangwa rugakora nke. Iyi yitwa hyperglycemia. Ubwoko bwa kabiri ni igihe umubiri utabasha gukoresha insulin, indi yitwa gestational diabetes ifata ababyeyi.</p>
<p>Ku isi habarwa abagera kuri miliyoni 537 barwaye diyabete. Batatu muri bane barwaye iyi ndwara batuye mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere. Icya kabiri cy&#8217;abayirwaye ntibazi ko bayirwaye nk&#8217;uko imibare ya international diabetes federation ibigaragaza. Ubushakashatsi bwa Banki y’isi buvuga ko abarwayi ba diyabete mu Rwanda bikubye kabiri. Mu mwaka wa 2011 Abanyarwanda bari hagati y’imyaka 20 na 79, bangana na 3.1% bari barwaye diyabete, naho muri 2021 bari 6.5%.</p>
<div class='spip_document_236980 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diabete_1.jpg' width="1000" height="666" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Dr Kami Japhet avuga ko iyi ndwara yakwirindwa bitewe n’uburyo umuntu abayeho. Ati “uko dutera imbere ni ko imibare ya diyabete igenda izamuka bitewe na stress no kutabona umwanya wo kwita ku byo turya” avuga iyo umuntu atateguye indyo nziza ari bwo yisanga ari kurya ibidafite intungamubiri ahubwo byuzuyemo amavuta n’umunyu.</p>
<p>Muganga avuga ko kwirinda diyabete bisaba kugabanya stress no kwiyitaho. Ati “uburyo umuntu abayeho ni byo byamurinda ni ukuvuga kurya indyo yuzuye, kwirinda itabi n’inzoga, kugabanya stress no gukora siporo.”</p>
<p>Ibi umuntu abikurikije, indwara nyinshi zitandura harimo na diyabete zaba amateka nk&#8217;uko Dr Kami abivuga.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diabetes.jpg"
				length="22876"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya uburyo bwiza bwo kuruhuka uko bikwiye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uburyo-bwiza-bwo-kuruhuka-uko-bikwiye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uburyo-bwiza-bwo-kuruhuka-uko-bikwiye</guid>

		<dc:date>2024-02-13T18:25:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kuryama amasaha hagati y’arindwi n’umunani bigufasha kuruhuka ariko si bwo buryo bwonyine bwo kuruhura ubwonko n’umubiri, kuko hariho uburyo bwinshi bwo kuruhuka kandi neza.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya uburyo bwiza bwo kuruhuka uko bikwiye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_236520 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rest.jpg' width="1164" height="654" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyo abantu batekereje kuruhuka, abenshi batekereza kujya mu buriri ukaryama ku manywa amasaha make  cyangwa nijoro cyangwa se kutagira ikintu ukora. Ibi bishobora gufasha kuruhuka ariko hari uburyo bwinshi bwo kuruhutsa ubwonko n’umubiri. Ibi birimo uko ugena umunsi wawe, igihe cyawe uko ugikoresha ndetse n’ibyo witaho. Ubu ni bumwe mu buryo bwagufasha kurushaho kuruhuka no mu gihe uri mu kazi.</p>
<p><strong>Kwita ku kiruhuko:</strong></p>
<p>Ibi bisobanuye kureka ikintu cyose kigusaba kugitumbira cyane cyane akazi. Ushobora kuva aho wakoreraga ugafata akaruhuko gato cyangwa se gutaha ugenda n’amaguru.</p>
<p>Umwanditsi Alex Soojung Kim Pang wanditse igitabo cyitwa “Rest: Why you get more done when you work less” avuga ko urugendo ukoresheje amaguru, umubiri urufata nko kunanirwa ariko ubwonko bukabifata ko uba urimo kuruhuka. Kugenda ahantu runaka mu minota 30 biruhura kurusha kwicara imbere ya televizo iyo minota.</p>
<p><strong>Shaka ikintu ukunda kigushimisha</strong></p>
<p>Bishobora kuba ari ugushushanya, gusoma igitabo, kwandika….<br class='autobr' />
Birafasha kandi kugira ibintu ukora bigushimisha bigutwara umwanya n’ibitekerezo nk&#8217;uko Pang abivuga. Mu munsi hagati ujye ufata umwanya w’akaruhuko gato. Bifasha ubwenge gusubira ku gihe. Nyuma y’akaruhuko gato ugira ibitekerezo bishya kurusha uko wicara igihe kinini ukora utaruhuka. Mu bushakashatsi bwakorewe muri kaminuza ya Endhoven University of Technology bafashe amatsinda abiri y’abanyeshuri babazwa urutonde rw’ibintu wakoresha urupapuro. Itsinda rimwe ryaricaye risubiza ibibazo irindi rifata akaruhuko k’iminota itanu baragaruka barasubiza. Abaruhutse batanze ibisubizo byinshi.</p>
<p><strong>Kora urutonde rw’ibintu ugomba gukora ku munsi</strong></p>
<p>Robert Poynton wanditse igitabo “Do Pause: You Are Not a To Do List,” yavuze ko kwandika urutonde rw&#8217;ibyo ugomba gukora bishobora kugutera ubunebwe cyangwa se ukabona ari byinshi cyane bikaguca intege. Avuga ko ahubwo ibyiza wajya wandika urutonde rw’ibintu by’ingenzi gusa ugomba gukora uwo munsi, iyo ubirangije umusaruro w’umunsi uba wawurangije bikagufasha kuruhuka nyuma yo gutanga umusaruro.</p>
<p><strong>Tekereza uko utegura umunsi ufite amasaha menshi y’akazi</strong></p>
<p>Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu atanga umusaruro muke mu gihe yakoze amasaha menshi. Ubwakozwe muri Iceland bwerekana ko abakozi bakora amasaha hagati 35 na 36 mu cyumweru batanga umusaruro ungana cyangwa uruta abakora amasaha 40 ku cyumweru. Gufata twa turuhuko duto duto bigira itandukaniro rinini cyane yaba ari akaruhuko k’iminota ibiri, gushyira hasi telefone mu gihe cy’iminota 5 cyangwa se kurambura amaguru ukagendagenda gake gake ukagaruka ugakomeza akazi. Poyton avuga ko ubwonko bwakira icyo ubuhaye uko wabuteguye.</p>
<p><strong>Menya uko umwanya wawe utambuka</strong></p>
<p>Umwanditsi Thomas Sluyter avuga ko abantu benshi batazi aho umwanya wabo ujya. Agira inama umuntu ushaka kumenya ikimutwara umwanya kwandika uko umwanya we yawukoresheje mu munsi, ibi akabikora mu gihe cy’ibyumweru nibura bibiri. Ibi uwabikoze bimuha ishusho y&#8217;uko umunsi we ugenda, hanyuma ibigenda bigaruka ni byo bimutwara umwanya atari yateguye, bikamufasha kumenya igihe cyo gukora no gufata umwanya utari uwo kuruhuka.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rest.jpg"
				length="136517"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Michelle Obama yatsindiye Grammy Award ya kabiri</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/michelle-obama-yatsindiye-grammy-award-ya-kabiri</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/michelle-obama-yatsindiye-grammy-award-ya-kabiri</guid>

		<dc:date>2024-02-06T10:55:22Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Sinema
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umugore wa Barack Obama wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Michelle Obama, yatsindiye igihembo cya Grammy Award ku nshuro ya kabiri, ahita anganya n’umugabo we ibi bihembo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Michelle Obama yatsindiye Grammy Award ya kabiri</h1>

			

			

			<div class='spip_document_236045 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="16" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/michelle_obama.jpg' width="1296" height="730" alt="Michelle Obama" title="Michelle Obama" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Michelle Obama</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iki gihembo yagitsindiye kubera igitabo cye cyitwa “The Light We Carry: Overcoming in Uncertain Times” cyashyizwe mu majwi aho ukiguze acyumva aho kugisoma, ibizwi nka Audiobook.</p>
<p>Michelle Obama watsindiye Grammy Award bwa kabiri yahise anganya ibi bihembo n’umugabo we Barack Obama.</p>
<p>Muri iki cyiciro cy’igitabo cyashyizwe mu majwi gihiga ibindi (Best Audiobook) cyarimo umukinnyi wa filime Merly Streep, Senateri Bernie Sanders, William Shatner na Rick Rubi.</p>
<p>Iki gihembo cyatanzwe mu birori bibanziriza ibirori nyirizina ari na ho ibihembo byinshi bitangirwa, Michelle Obama we ubwe ntiyari muri ibi birori.</p>
<p>Michelle Obama yatsindiye igihembo cya mbere cya Grammy muri iki cyiciro ku gitabo cye cya mbere yise Becoming. Umugabo we Barack Obama yatsindiye ibihembo bya Grammy ku bitabo bye yanditse byitwa Dreams From My Father mu kinyarwanda ni Inzozi za Data n’ikindi cya The Audacity of Hope: Thoughts on reclaiming the American Dream.</p>
<p>Umwaka ushize Michelle na Barack Obama bombi bahataniye ibihembo bya Emmy. Michelle Obama yahatanaga mu cyiciro kimwe n’umunyamakuru w’umuherwe Oprah Winfrey cy’uhiga undi mu gutegura ibiganiro (Best Host) mu gihe Barack Obama yahatanaga muri ibi bihembo ku nshuro ya kabiri, yari mu cyiciro cy’amajwi yakoreshejwe mu nkuru mbarankuru (docuseries) ya Working: What we do all day.</p>
<p>Umunyarwenya Trevor Noah ni we wayoboye ibirori byo gutanga ibi bihembo bya Grammy Awards bitanzwe ku nshuro ya 66 ahataramye abahanzi batandukanye barimo SZA, Billie Eilish, Dua Lipa, Travis Scott, Burna Boy….</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/michelle_obama.jpg"
				length="148003"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abahanzi bavuga iki ku kuba batumirwa mu nama za Politiki bagasusurutsa abazitabiriye?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/abahanzi-bavuga-iki-ku-kuba-batumirwa-mu-nama-za-politiki-bagasusurutsa-abazitabiriye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/abahanzi-bavuga-iki-ku-kuba-batumirwa-mu-nama-za-politiki-bagasusurutsa-abazitabiriye</guid>

		<dc:date>2024-02-02T05:40:06Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Umushyikirano 2024
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu Nama y’Umushyikirano yo muri 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yasabiye abahanzi ko bajya bagaragara mu nama zitandukanye zibera mu gihugu,&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abahanzi bavuga iki ku kuba batumirwa mu nama za Politiki bagasusurutsa abazitabiriye?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_235759 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inama_uk_rwanda-4.jpg' width="1000" height="667" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kigali Today yaganiriye na bamwe mu bahanzi ngo yumve icyo babivugaho, bamwe bavuga ko amahirwe yo gutarama atabuze ahubwo ko ikibazo ari imiterere y&#8217;indirimbo zo kuririmbira imbere y&#8217;abanyacyubahiro.</p>
<p>Uwitwa Rumaga yagize ati “Erega amahirwe yo kujya muri izo nama no kuzitaramamo si cyo kibazo, ahubwo twe nk’abahanzi ni ibihe bihangano dufite bitugeza kuri ayo mahirwe? Kuko niba uririmba izo mu kabari ntabwo wajya kuzishyira mu rusengero. Abahanzi nitwe tugomba kureba ibihangano dukora n’aho bitugeza.”</p>
<p>Ku rundi ruhande, Ama G The Black we abona ari iterambere kubona Leta itekereza ku bahanzi, ati “Kuba badutekerezaho mu nama ni iterambere ku mpande zombi kuko ni bo bahitamo abo batumira.”</p>
<p>Itsinda rya Symphony Band ni rimwe mu bahanzi bakunze gutumirwa mu nama zikomeye mu gihugu. Umwe mu bagize iryo tsinda witwa Etienne Niyontezeho avuga ko ari amahirwe n’inzozi za benshi kuba bataramira ahantu nk&#8217;aho, na we agashima Minisitiri Utumatwishima wabisabiye abahanzi.</p>
<p>Ati “Ku muhanzi wese ni amahirwe n’inzozi za benshi kuba watarama imbere y’abayobozi batandukanye bo mu gihugu ndetse n’abashyitsi. Gusa hari abahanzi batabona ayo mahirwe bitewe n’ibihangano byabo bitajyanye n’izo nama kuko harimo ibishegu byinshi (amagambo y&#8217;urukozasoni). Twe tubona ayo mahirwe kuko dusubiramo ibihangano bitandukanye ntabwo ari ngombwa ko dukora ibyo twahimbye.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inama_uk_rwanda-4.jpg"
				length="314344"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Burna Boy: Umuhanzi wa mbere wa Afrobeat ugiye kuririmba muri Grammy Awards</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/burna-boy-umuhanzi-wa-mbere-wa-afrobeat-ugiye-kuririmba-muri-grammy-awards</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/burna-boy-umuhanzi-wa-mbere-wa-afrobeat-ugiye-kuririmba-muri-grammy-awards</guid>

		<dc:date>2024-01-25T02:50:24Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Damini Ogulu wamamaye nka Burna Boy, ari ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy awards, akaba ari we muhanzi wa mbere w’injyana ya&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Burna Boy: Umuhanzi wa mbere wa Afrobeat ugiye kuririmba muri Grammy Awards</h1>

			

			

			<div class='spip_document_235100 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/burna_boy-4.jpg' width="1080" height="714" alt="Burna Boy" title="Burna Boy" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Burna Boy</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibihembo bya Grammys bizatangwa ku nshuro ya 66, bikaba ari ubwa mbere umuhanzi uririmba injyana ya Afrobeat yagiye ku rutonde rw’abazatarama nk’uko abategura ibi bihembo babitangaje.</p>
<p>Kuri uru rutonde hariho andi mazina nka Luke Combs, Travis Scott, Billie Eilish, Dua Lipa na Olivia Rodrigo.</p>
<p>Burna Boy kandi ari guhatana mu byiciro bine muri ibi bihembo bya Grammy harimo Album nziza (Best Global Music Album “I told them”), umuhanzi wahize abandi mu njyana nyafurika (Best African Music Performance “City Boys”), umuhanzi wahize abandi ku rwego rw’Isi (Best Global Music Performance “Alone”), n’ umuhanzi wahize abandi mu kuririmba mu njyana ya Melodic Rap (Best Melodic Rap Performance “Sittin’ on Top of the World”).</p>
<div class='spip_document_235101 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/burna_boy-5.jpg' width="1600" height="900" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibihembo bya Grammy Awards biteganyijwe ko bizatangwa ku Cyumweru tariki 04 Gashyantare 2024, ahazwi nka Crypto.com Arena i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/burna_boy-4.jpg"
				length="130474"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umunyarwenya Prince yambitse impeta umukunzi we Iliza Gisa Christelle</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/umunyarwenya-prince-yambitse-impeta-umukunzi-we-iliza-gisa-christelle</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/umunyarwenya-prince-yambitse-impeta-umukunzi-we-iliza-gisa-christelle</guid>

		<dc:date>2024-01-24T13:05:21Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urwenya
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nshizirungu Prince ukoresha izina ’Uzagendere kuri Moto’ ku mbuga nkoranyambaga ze, yambitse impeta umukunzi we Iliza Gisa Christelle, bamaranye imyaka 9 bakundana.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umunyarwenya Prince yambitse impeta umukunzi we Iliza Gisa Christelle</h1>

			

			

			<div class='spip_document_235059 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="42" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impeta_2-4.jpg' width="710" height="731" alt="Prince yambitse impeta umukunzi we Iliza " title="Prince yambitse impeta umukunzi we Iliza " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Prince yambitse impeta umukunzi we Iliza </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Buri wa kabiri haba umugoroba w’urwenya utegurwa n’itsinda rya Comedy Knights, ari naryo Prince abarizwamo. Umugoroba wo ku wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024, nibwo Prince yateye ivi agasaba Iliza ko yamubera umugore, undi na we aramwemerera.</p>
<p>Iyi nkuru y’ibyishimo yakiranywe akanyamuneza ku rubuga rwa X, aho uyu munyarwenya afite abamukurikira bagera ku 61,700. Abarimo Dj Pius bashyizeho ubutumwa babifuriza ishya n’ihirwe.</p>
<p>Nshizirungu Prince asanzwe ari umunyamakuru kuri radio Power FM, akaba umunyarwenya umaze imyaka 7 abikora kinyamwuga, mu itsinda rya Nomedy Knights.</p>
<div class='spip_document_235060 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impeta-7.jpg' width="704" height="705" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_235061 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impeta_3-3.jpg' width="704" height="1004" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impeta_2-4.jpg"
				length="185818"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore ibiciro byo gusura ingagi ku Banyarwanda n'Abanyamahanga muri uyu mwaka</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/pariki/article/dore-ibiciro-byo-gusura-ingagi-ku-banyarwanda-n-abanyamahanga-muri-uyu-mwaka</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/pariki/article/dore-ibiciro-byo-gusura-ingagi-ku-banyarwanda-n-abanyamahanga-muri-uyu-mwaka</guid>

		<dc:date>2024-01-12T08:42:31Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Pariki
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwagaragaje ibiciro byo gusura ingagi ku Banyarwanda n’Abanyamahanga muri uyu mwaka wa 2024.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore ibiciro byo gusura ingagi ku Banyarwanda n’Abanyamahanga muri uyu mwaka</h1>

			

			

			<div class='spip_document_234365 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gorilla-7.jpg' width="717" height="333" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Itangazo rya RDB rigaragaza ibiciro bitandukanye, rikavuga ko mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubukerarugendo, ibiciro byo gusura ingangi  ku Banyarwanda no ku baturage ba Afurika y’Iburasirazuba (EAC) byavuguruwe, aho bazajya bishyura amadolari 200 ya Amerika angana na 252,809 frw. Uwo azajya yerekana indangamuntu ye, cyangwa Pasiporo ndetse n&#8217;ikigaragaza igihe yavukiye.</p>
<p>Abanyamahanga batuye mu Rwanda, Abanyafurika n’abanyamahanga  batuye mu bindi bihugu bya Afurika bazajya bishyura amadolari 500 ya Amerika angana na 632,024 frw. Bazajya basabwa kwerekana ibibaranga birimo Pasiporo, indangamuntu y&#8217;aho baturuka na visa y’amezi ane akurikirana.</p>
<div class='spip_document_234367 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ibirunga_1.jpg' width="700" height="525" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi byatangiye gukurikizwa guhera tariki ya 1 Mutarama 2024 bikazageza tariki 31 Ukuboza 2024. Urwego rw’ubukerarugendo mu mwaka wa 2019 rwinjirije igihugu miliyoni 498 z’Amadolari ya Amerika. Nyuma y&#8217;icyorezo cya Covid-19 uru rwego rwongeye kuzamuka, aho kuri ubu imibare igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2023 u Rwanda rwinjije angana na miliyoni 247 z’Amadolari ya Amerika akaba yariyongereyeho 56% ugereranyije n&#8217;ayo rwari rwinjije muri 2022 mu mezi atandatu ya mbere angana na miliyoni 158 z’Amadolari ya Amerika.</p>
<p><strong>Itangazo rya RDB rivuga iby&#8217;ibiciro byo gusura ingagi:</strong></p>
<div class='spip_document_234368 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rdb_2_-2.jpg' width="720" height="1018" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gorilla-7.jpg"
				length="84420"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore imwe mu mizingo (Albums) umwaka wa 2023 usize abahanzi nyarwanda bamuritse</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dore-imwe-mu-mizingo-albums-umwaka-wa-2023-usize-abahanzi-nyarwanda-bamuritse</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dore-imwe-mu-mizingo-albums-umwaka-wa-2023-usize-abahanzi-nyarwanda-bamuritse</guid>

		<dc:date>2024-01-01T15:31:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu gihe mu myaka ishize abahanzi nyarwanda bakora umwuga wo kuririmba batagaragaye cyane basohora imizingo cyangwa se ‘Albums’ z’ibihangano byabo ahanini bitewe n’icyorezo cya COVID-19&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore imwe mu mizingo (Albums) umwaka wa 2023 usize abahanzi nyarwanda bamuritse</h1>

			

			

			<p>Ubusanzwe mu muziki habaho ubwoko bubiri bw’imizingo ishobora gukorwa n’umuhanzi. Hari Album ndetse na EP (Extended Playlist) mu magambo arambuye. Aho Album itandukanira na EP ni uko Album ihera ku ndirimbo nibura munani kuzamura naho EP ikaba indirimbo hagati y’eshatu na zirindwi.</p>
<p><strong>Uru ni urutonde rw’imizingo yakozwe n’abahanzi nyarwanda yasohotse muri uyu mwaka:</strong></p>
<p><strong>Musomandera - Ruti Joel</strong></p>
<p>“Musomandera” ni imwe muri Albums zakunzwe cyane, ikoze mu njyana ya gakondo. Iyi Album Ruti Joel yitiriye nyirakuru, yasohotse tariki 10 Mutarama 2023. Iyi Album iriho indirimbo 10, zose yakoze wenyine. Nyuma y’iminsi itanu ayishyize ahagaragara, yakoze igitaramo cye cya mbere muri Kigali Convention Centre.</p>
<div class='spip_document_233885 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="68" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/musomandera.jpg' width="1200" height="700" alt="Ruti Joel hamwe na nyirakuru Musomandera, ari na we yitiriye Album" title="Ruti Joel hamwe na nyirakuru Musomandera, ari na we yitiriye Album" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ruti Joel hamwe na nyirakuru  Musomandera, ari na we yitiriye Album</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233886 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nyirakuru.jpg' width="1708" height="2560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ruti Joel yatangiye umuziki mu 2012 mu itorero “Gakondo Group” aririmbana na Jules Sentore ndetse na Massamba Intore.</p>
<p><strong>Life, Love &amp; Light - Nel Ngabo</strong></p>
<p>Rwangabo Byusa Nelson uzwi nka Nel Ngabo muri uyu mwaka yasohoye Album ye ya gatatu yise “Life, Love &amp; Light”.</p>
<div class='spip_document_233888 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nel_ngabo-2.jpg' width="520" height="365" alt="Nel Ngabo" title="Nel Ngabo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nel Ngabo</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233887 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nel_ngabo.jpg' width="900" height="899" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni Album igizwe n’indirimbo 13, zimwe muri zo akaba yarazihuriyeho n’abandi bahanzi barimo Ruti Joel, P-Fla na Sintex. Iyi Album ya Nel Ngabo yaje ikurikira izindi ebyiri zirimo "Ingabo" yashyize hanze muri 2020 ndetse na "RNB360" yasohoye mu Ukuboza kwa 2021.</p>
<p>Uyu musore w’imyaka 25 yatangiye umuziki mu 2017 ari nabwo yatangiye gufashwa na Kina Music.</p>
<p><strong>Rumuri - Alyn Sano</strong></p>
<p>Tariki 23 Kamena 2023 nibwo Umuhanzikazi Sano Shengero Aline umaze kwamamara nka Alyn Sano yashyize hanze Album yise “Rumuri”.</p>
<div class='spip_document_233889 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rumuli.jpg' width="1000" height="1000" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni album  igizwe n’indirimbo 13 zirimo iyitwa Sakwe Sakwe, Positive, Rumuri n’izindi zitandukanye. Iyi album yakozweho na bamwe mu batunganya umuziki (producers) bakomeye mu Rwanda barimo DevyDenko, Bob Pro, Santana Sauce, Prince Kiiizi.</p>
<p><strong>Suwejo - Yago</strong></p>
<p>Yago yinjiye muri muzika mu mpera z’umwaka wa 2022, ubwo yasohoraga indirimbo ye ya mbere yise “Suwejo.” Nyuma y’umwaka umwe nibwo yashyize ahagaragara album ye ya mbere yise “Suwejo”.</p>
<div class='spip_document_233890 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/suwejo.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni album iriho indirimbo 13, muri zo 12 yazikoze wenyine, imwe yitwa “Naremeye” ayikorana na Bushali. Suwejo yakozweho n’abatunganya umuziki batandukanye, barimo Element, Major, Iyzo Pro, Knox On The Beat na Bob pro.</p>
<div class='spip_document_233891 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/suwejo-album-launch.jpg' width="1080" height="1297" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibirori byo kumurika iyi album byabaye tariki 22 Ukuboza 2023, bibera muri Camp Kigali aho byitabiriwe n’abandi bahanzi barimo Double Jay, Levixone, Bushali, Aline Gahongayire, Kirikou Akili, Niyo Bosco na Chriss Eazy.</p>
<p><strong>Iminsi Myinshi - Danny Nanone</strong></p>
<p>Umwaka wa 2023 wabaye umwaka udasanzwe kuri Danny Nanone. Muri uyu mwaka nibwo Danny yongeye kugaruka muri muzika ndetse biranamuhira cyane; dore ko zimwe mu ndirimbo zakunzwe cyane muri uyu mwaka harimo izakozwe na we. Izo ni nka Nasara, Confirm, na My Type.</p>
<div class='spip_document_233892 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/danny_nanone_1.jpg' width="1056" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Izi ndirimbo kandi zigaragara kuri album nshya ya Danny Nanone yise “Iminsi Myinshi”. Ni album yashyize ahagaragara tariki 15 Ukuboza 2023, mu gitaramo cyitabiriwe n’abandi bahanzi barimo Juno Kizigenza, Christopher, P-Fla, Ariel Wayz, Afrique, Drama T, Chriss Eazy na Butera Knowless.</p>
<p><strong>Imbanzamumyambi - Muyango</strong></p>
<p>Uyu ni umuzingo w’indirimbo wa kane umuhanzi Muyango ashyize ahagaragara nyuma y’indi itatu yakoranye n’itorero Imitari.</p>
<div class='spip_document_233893 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muyango_imbanzamumyambi.jpg' width="1080" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Imbanzamumyambi ni umuzingo ugizwe n’indirimbo 12, zirimo Karame Uwangabiye yaririmbiye Perezida Kagame, Umwiza w’u Rwanda yaririmbiye Madamu Jeannette Kagame, Ibirumbo, Nyirabashana, Mwiza wanjye, Iyizire Ibuhoro, Indahiro, Sibira, Izihirwe, Batamuriza, Cyo ni mumurebe hamwe na Teka Ikobe.</p>
<p><strong>BST - Ish Kevin</strong></p>
<p>Tariki 23 Nzeri 2023, Ishimwe Semana Kevin, uzwi nka Ish Kevin mu njyana ya KinyaTrap, yashyize hanze album ye ya mbere yise BTS (Blood, Sweat &amp; Tears). Ni album yahurije hamwe abahanzi batandukanye barimo abo muri Nigeria nka AV na Singah, Young Lunya wo muri Tanzania na Kagurano Rwimo Uzwi nka Pastor P.</p>
<div class='spip_document_233894 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish_kevin-4.jpg' width="1000" height="873" alt="Ish Kevin" title="Ish Kevin" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ish Kevin</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233895 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish_kevin_album.jpg' width="1000" height="1000" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni album yatunganyijwe n&#8217;aba producers 12. Ish Kevin avuga ko iyi album isobanuye byinshi ku buzima bwe, cyane ko inyinshi mu ndirimbo ziyigize zigaruka ku byo yanyuzemo. Ni album kandi yose yatunganyirijwe muri Trappish Records, studio ye nshya.</p>
<p><strong>Yaraje - Juno Kizigenza</strong></p>
<p>Iyi album ya Juno Kizigenza, ikubiyeho indirimbo 17 yayishyize hanze tariki 18 Kamena 2023. Uyu musore umaze umyaka itatu muri muzika yifashishije abahanzi batandukanye barimo Bruce Melodie, Kenny Sol, Butera Knowless, Bull Dogg, Riderman, King James n’abandi.</p>
<div class='spip_document_233896 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/yaraje.jpg' width="1280" height="720" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi album nyuma y’iminsi itatu imaze kujya hanze, yaje ku rutonde rw’iziyoboye izindi zumviswe cyane ku rubuga rwa Audiomack.</p>
<p><strong>My Dream - Bwiza</strong></p>
<p>My Dream mu kinyarwanda bisobanuye “Inzozi zanjye”. Iyi album yasohotse muri Nzeri uyu mwaka wa 2023 ari na ho Bwiza yakoze igitaramo cyo kuyimurika.</p>
<div class='spip_document_233883 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bwiza_album_cover.jpg' width="720" height="900" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bwiza yayikoranyeho n’abahanzi batandukanye barimo Juno Kizigenza, Chriss Eazy, Niyo Bosco, Double Jay w’i Burundi, Ray Signature na Allan Toniks bo muri Uganda.</p>
<p><strong>Stronger Than Before - Kenny Sol</strong></p>
<p>“Stronger Than Before” ni EP yasohotse tariki 30 Kamena 2023;  igizwe n’indirimbo 7 harimo izitwa Stronger Than Before, Enough, Falling In Love, One More Time, Addicted, Joli yasubiyemo (remix) na Cali.</p>
<div class='spip_document_233897 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kenny_sol-3.jpg' width="847" height="491" alt="Kenny Sol" title="Kenny Sol" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kenny Sol</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233898 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kenny_sol_1.jpg' width="1280" height="720" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri iyi EP, Kenny Sol yifashishije abandi bahanzi barimo Ariel Wayz, Harmonize wo muri Tanzania, Peruzzi wo muri Nigeria na Fik Fameica wo muri Uganda.</p>
<p>Abatunganyije izi ndirimbo (producers) barimo Niz Beatz, Ayoo Rash na Element</p>
<p><strong>Baba - Platini P</strong></p>
<p>Nemeye Platini uri mu bamaze igihe kirekire bakora umuziki, uyu mwaka wa 2023 wasize ashyize hanze umuzingo yise “Baba”. Iyi EP ifite indirimbo 5, kuzumva zose ni iminota 24 n’amasegonda 56 udahagarara.</p>
<div class='spip_document_233899 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/baba_platini.jpg' width="1000" height="1000" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Platini P cyangwa se Baba nk&#8217;uko akunze kwivuga, wasinyanye amasezerano y’imikorere na One Percent inzu ikurikirana inyungu z’abahanzi ikorera muri Nigeria, yifashishije abandi bahanzi barimo Eddy Kenzo wo muri Uganda, Remy Adan wo muri Côte d’Ivoire na Linda Montez wo mu Rwanda.</p>
<p><strong>For Life - B-Threy</strong></p>
<p>Umwe mu bamenyekanishije injyana ya Kinyatrap,  Bertrand Muheto uzwi nka B-Threy, yakoze EP ifite indirimbo 5 zifite iminota 14 n’amasegonda 47. Abandi bahanzi bumvikanaho ni Yannick MYK, Angel Mutoni na Icenova.</p>
<div class='spip_document_233900 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/for_life.jpg' width="1000" height="1223" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_233901 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="130" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/b_threy-2.jpg' width="857" height="1189" alt="B-Threy mu mwaka wa 2023 yakozemo n'ubukwe aho yashyingiranywe n'umukobwa witwa Keza Nailla bari bamaze igihe kirekire bakundana" title="B-Threy mu mwaka wa 2023 yakozemo n'ubukwe aho yashyingiranywe n'umukobwa witwa Keza Nailla bari bamaze igihe kirekire bakundana" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>B-Threy mu mwaka wa 2023 yakozemo n&#8217;ubukwe aho yashyingiranywe n&#8217;umukobwa witwa Keza Nailla bari bamaze igihe kirekire bakundana</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233903 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/b_threy_1.jpg' width="1000" height="1250" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Melodic Diary - Logan Joe</strong></p>
<p>Iyi ni EP iriho indirimbo eshanu zo mu njyana ya KinyaTrap yasohotse muri Nzeri 2023. Indirimbo ziri kuri iyo EP ni Paris, Impuhwe, R or D,  Cry na Tornado.</p>
<div class='spip_document_233905 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/logan_joe.jpg' width="1200" height="700" alt="Logan Joe" title="Logan Joe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Logan Joe</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_233906 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/logan_joe_1.jpg' width="500" height="500" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/yaraje.jpg"
				length="98401"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya imisemburo itera ibyishimo n'aho iva</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-imisemburo-itera-ibyishimo-n-aho-iva</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-imisemburo-itera-ibyishimo-n-aho-iva</guid>

		<dc:date>2023-12-26T17:00:12Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kwikuda, kwishima, guseka, kugira impuhwe, ibi byose biterwa n’imisemburo. Iyo bita imisemburo y’ibyishimo, ese iyi ni iyihe?
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya imisemburo itera ibyishimo n’aho iva</h1>

			

			

			<div class='spip_document_233597 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rires.jpg' width="960" height="640" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Imisemburo ni ibinyabutabire bikorwa n’imvubura zitandukanye ziri mu mubiri, izenguruka mu mubiri igendeye mu maraso itanga amakuru atandukanye ngo umubiri ukore bikwiye. Imisembura iri mu mubiri wa muntu ni myinshi, kuri ubu ibarirwa muri 50.</p>
<p>Bimwe mu byo iyo misemburo ikora harimo n’ituma umuntu yishima, imwe muri yo ni iyi ikurikira:</p>
<p><strong>Dopamine</strong></p>
<p>Ikunzwe kwitwa umusemburo w’ibyishimo, kuko ubwonko buwuvubura iyo umuntu ashaka kwihemba cyangwa kwishima. Iyi dopamine ituma umuntu ashaka kugera ku ntego yihaye uko yaba imeze kose. Icyo ikora ni ukongera ubushobozi bwo kwita ku kintu kimwe kugeza gikozwe, igufasha kwibuka mu gihe uri kwiga ikintu gishya, no kugira ubwira bwo kugera ku ntego zawe.</p>
<p>Iyo ibaye nyinshi mu mubiri bigira ingaruka ku buzima kuko ni ho usanga hari  ababatwa n’ibiyobyabwenge no gusheta, kuko bituma wishimira kugera ku ntego wihaye.</p>
<p>Iyo dopamine ibaye nkeya mu mubiri ishobora gutera indwara zitandukanye harimo iya Parkinson na ADHD. Birakugora gutekereza neza cyangwa kwibuka, wumva ntacyo ushaka gukora, ndetse no kwita ku bintu bikaba byakunanira. Dopamine igira uruhare ku buzima bwawe, uhereye ku buryo utekereza ukagera ku buryo wiyumva umunsi ku wundi.</p>
<p><strong>Serotonin</strong></p>
<p>Akamaro kayo ka mbere ni ukuringaniza ibyiyumviro by’umuntu, ariko si ibyo gusa kuko iyo serotonin iri mu mubiri ifasha igogora, kwihagarika no gusinzira neza. Amara akora 95% bya serotonin ikoreshwa n’umubiri ndetse n’ibindi binyabutabire bifasha ubwonko kwiga, kwibuka n’ibyiyumviro, bivuze ko indyo yuzuye ifasha kuzamura uyu musemburo mu mubiri ugufasha kuringaniza ibyiyumviro.</p>
<p>Uyu musemburo ushobora kugabanuka mu mubiri mu gihe umuntu ahangayitse, cyangwa vitamin D na tryptophan ari bike mu mubiri. Ibi bituma uhangayika, ukagira imbaraga nke mu mubiri, kumva unaniwe no kurakara bya hato na hato.</p>
<p><strong>Endorphin</strong></p>
<p>Uyu ni umusemburo urinda umuntu ububabare ukaba ukorwa n’ubwonko mu gihe ugize ububabare. Uzenguruka mu mubiri biciye mu myakura, uwubwira ko utari mu kaga nyuma yo guhura n’ububabare.</p>
<p>Umutwe ushobora kukurya cyangwa umugongo bitewe na stress, ukaribwa amaguru mu gihe uri kwiruka ahantu harehare, endorphin ijya muri ibyo bice uri kuribwamo ikagabanya uburibwe. Endorphin igabanya umuvuduko umutima uri gutereraho ugasubira ku muvuduko usanzwe, ikongera icyizere, igafasha kugabanya kubyimbirwa. Iyi ibaye nkeya mu mubiri utangira kumva uhangayitse igihe kirekire (stress), ukabura ibitotsi, ukarakazwa n’ibintu bito.</p>
<p><strong>Melatonin</strong></p>
<p>Uyu musemburo ufasha ubwonko gutandukanya igihe cyo kuryama/kuruhuka n’igihe cyo gukanguka/gukora, iyo haje umucyo mu gihe cy’amasaha 24 bita circadian rhythm. Melatonin na serotonin byose bifasha umuntu gusinzira neza. Melatonin yo ikora by’umwihariko ku gusinzira ariko serotonin yo ikita no ku gihe gituma umuntu yumva amerewe neza.</p>
<p><strong>Oxytocin </strong></p>
<p>Umusemburo w’urukundo nk’uko ukunzwe kwitwa, uyu ukunze kugaragara mu gihe umugore ari ku bise no mu gihe ari konsa. Oxytocin kandi yiyongera mu gihe umuntu ashaka gukora imibonano mpuzabitsina, iyo ubonye umuntu wizera, uri mu rukundo cyangwa mu gukomeza umubano w’umwana n’umubyeyi.</p>
<p>Uyu musemburo iyo ubaye muke cyangwa mwinshi mu mubiri, ibintu bidakunze kubaho, bishobora gutuma nyababyeyi itikora ngo umwana avuke, na nyuma yo kubyara umubyeyi akabura amashereka.</p>
<p>Iyi misemburo itera ibyishimo ushobora kuyongera mu mubiri mu buryo butandukanye, kandi butagoye bugufasha kwishima no kwirinda ingaruka zo kuyigira ari mike. Harimo gukora imyitozo ngororamubiri, kwishimana n’inshuti n’abavandimwe, kurya indyo yuzuye, kumva umuziki ku bawukunda, kumarana igihe n’uwo ukunda muganira cyangwa mukora ibibahuza mukunda, kuryama amasaha ahagije hagati ya 7-9, kwirinda guhangayika (sress).</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rires.jpg"
				length="54703"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>No kunywa inzoga nke bishobora guteza ibibazo ku buzima - RBC</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/no-kunywa-inzoga-nke-bishobora-guteza-ibibazo-ku-buzima-rbc</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/no-kunywa-inzoga-nke-bishobora-guteza-ibibazo-ku-buzima-rbc</guid>

		<dc:date>2023-12-25T16:48:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Imibare ya RBC igaragaza ko mu myaka icyenda ishize abanywa inzoga biyongereyeho 6.8%, ariko nubwo kunywa mu rugero ari byo bigirwaho inama, na nkeya ubwazo zigira ingaruka ku buzima.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>No kunywa inzoga nke bishobora guteza ibibazo ku buzima - RBC</h1>

			

			

			<div class='spip_document_233554 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inzoga-15.jpg' width="800" height="450" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubushakashatsi bwakozwe na RBC muri 2022 ku bantu 5,676 batuye mu Ntara zose z’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali bari hagati y’imyaka 18 kugeza kuri 69, harebwaga impamvu itera abantu kurwara indwara zitandura, ku mwanya wa mbere haza kunywa itabi, ku mwanya wa kabiri hakaza kunywa inzoga.</p>
<p>Abanywa itabi bagabanutseho 5.8% aho bari 12.9% muri 2013 naho muri 2022 bari 7.1%.</p>
<p>Abanywa inzoga nyinshi bagabanutseho 8% aho muri 2013 bari 23.5% naho muri 2022 bakaba 15.2%. Abagabo banywaga inzoga nyinshi muri 2013 bari 30.6% naho abagore bari 17.2% nyuma y’imyaka umunani baragabanutse aho abagabo banywaga nyinshi bari 20.7% naho abagore bari 9.8%.</p>
<p>Abanywa inzoga muri rusange bariyongereye aho muri 2013 bari 41.3% muri 2022 bakaba 48.1%. Mu gihe cy’ibazwa 48.1% bari banyoye inzoga mu minsi 30 ishize. Abagabo banywa inzoga zidakabije bangana na 61.9% naho abagore ni 34.3%.</p>
<p>Hashingiye kuri iyi mibare ni ho hatangiye ubukangurambaga butandukanye bwo kumenyekanyisha uko imibare ihagaze n’ingaruka z’inzoga ku buzima.</p>
<p>Mu kiganiro na Julien Mahoro Niyingabira ukuriye ishami ry’imenyekanishamakuru mu kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), yasobanuye ko ubukangurambaga bwa Leta bwitwa #Tunyweless ari ukugira ngo abantu bamenye ingaruka inzoga zagira ku buzima bwazo</p>
<p>Yagize ati “Yego abanywa inzoga nyinshi baragabanutse ni byiza ariko abanywa inzoga muri rusange bo bariyongereye, nubwo banywa inzoga mu rugero ariko na zo zigira ingaruka. Ku buzima. Harimo ibyago byo kurwara indwara zitandukanye harimo kanseri zitandukanye haza iy’umuhogo, igifu, diyabete, umuvuduko w’amaraso….”</p>
<p>Yakomeje asobanura ko #Tunyweless itaje gukumira abantu kunywa inzoga ariko yaje kugira ngo abazinywa baziganireho bamenye n’ingaruko zazo ku buzima. Ati “usibye no kunywa nyinshi n&#8217;izo mu rugero zishobora gutuma umuntu abura ubushobozi bwo gufata imyanzuro myiza ku buzima bwe bikanangiza ubuzima bwe bwo mu mutwe.”</p>
<p>Yavuze ko ikigenderewe atari ukubuza abantu kunywa inzoga ahubwo ari ukubwira abantu ingaruka zazo hanyuma bakifatira umwanzuro bamaze kumenya amakuru ahagije.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inzoga-15.jpg"
				length="38647"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Celine Dion ntiyorohewe n'ubuzima</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/celine-dion-ntiyorohewe-n-ubuzima</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/celine-dion-ntiyorohewe-n-ubuzima</guid>

		<dc:date>2023-12-20T21:37:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’umwaka, umuririmbyi w’umunya-Canada Celine Dion amenye indwara arwaye, kuri ubu ntabasha gukoresha bimwe mu bice by’umubiri we (muscles).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Celine Dion ntiyorohewe n&#8217;ubuzima</h1>

			

			

			<div class='spip_document_233260 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="13" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/celine_dion-3.jpg' width="1000" height="877" alt="Celine Dion" title="Celine Dion" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Celine Dion</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mukuru wa Celine Dion witwa Claudette Dion ni we watangaje ko murumuna we Celine Dion akomeje kuremba nyuma yo kumenya indwara yari amaranye imyaka myinshi batazi iyo ari yo. Umwaka ushize nibwo umuryango we wamenye ko arwaye Stiff-Person Syndrome (SPS) indwara ifata ubwonko, imitsi n’igice gikoresha imitsi n&#8217;imyakura, ikabasha kuzenguruka mu mubiri(spinal cord). Iyi ndwara ifata abantu bake cyane ku isi.</p>
<p>Mu kwezi k&#8217;Ukuboza 2022, nibwo Celine Dion yavuze ko arwaye iyi ndwara ya Stiff-Person Syndrome ituma atabasha kugenda no kuririmba, bituma ahagarika ibitaramo yari afite.</p>
<p>Mukuru we Claudette Dion yagize ati “Arakora cyane ariko ntabasha gukoresha ibice by’umubiri we. Ikimbabaza ni ukuntu ari mu bantu bigengesera, ntako atagira.”</p>
<p>Akomeza avuga ko icyizere cya Celine Dion ari uko umunsi umwe yabasha kumererwa neza agasubira ku rubyiniro akaririmba nk&#8217;uko abirota, ariko nta bushakashatsi cyangwa ubuvuzi buhari buhagije kuri iyi ndwara bwabasha kumufasha. Inzira y’ijwi n’umutima ni bimwe mu bice by’umubiri we atabasha gukoresha neza, ibi bikaba bitamwemerera gukora iby&#8217;ibanze mu buzima bwa buri munsi.</p>
<p>Uyu muririmbyi w’umunya-Canada, amazina ye yose ni Céline Marie Claudette Dion, akaba afite imyaka 55 y&#8217;amavuko. Yari afite ibitaramo bizenguruka imigabane itandukanye byitwa Courage Tour, byo kumurika Album ye ya 14. Yagombaga kubitangira muri 2019 akabisoza muri 2020, ariko ntiyabashije kubikora kubera uburwayi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/celine_dion-3.jpg"
				length="131008"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Indirimbo ya Kivumbi King yagaragaye ku byapa bya New York Times Square</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/indirimbo-ya-kivumbi-king-yagaragaye-ku-byapa-bya-new-york-times-square</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/indirimbo-ya-kivumbi-king-yagaragaye-ku-byapa-bya-new-york-times-square</guid>

		<dc:date>2023-12-14T12:39:51Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Indirimbo ya Kivumbi King yitwa ‘Wine’ yagaragaye ku byapa byo mu Mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahazwi nko kuri New York Times Square hamamarizwa ibikorwa bikomeye ku Isi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Indirimbo ya Kivumbi King yagaragaye ku byapa bya New York Times Square</h1>

			

			

			<div class='spip_document_232818 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="14" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kivumbi.jpg' width="1366" height="2048" alt="Kivumbi King" title="Kivumbi King" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kivumbi King</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kivumbi King yasangije abamukurikira ibyishimo byo kuba indirimbo ye ‘Wine’ yagaragaye kuri ibi byapa bifatwa nk&#8217;ahantu hakomeye hamamarizwa ibikorwa bikomeye ku isi.</p>
<p>Ati “Urabibona. Imana iba ikora ibyayo. Mufasa ntabwo yakoze iyi ndirimbo ngo arekere ahubwo yayigeje kuri New york Times Square ngo na bo bamenye amazina yacu.”  Ni ko Kivumbi yanditse kuri X yahoze ari Twitter.</p>
<p>Mufasa uzwi nka ManMade ni we wakoze iyi ndirimbo ‘Wine’.</p>
<p>Ntabwo ari ubwa mbere Umunyarwanda agaragara kuri ibi byapa kuko umwaka ushize Kevine Kagirimpundu uri mu bashinze uruganda rukora inkweto mu Rwanda rwa Uzuri K&amp;Y yabigaragayeho.</p>
<div class='spip_document_232817 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/times.jpg' width="2048" height="1536" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>New York Times Square ni agace gaherereye mu Mujyi wa New York rwagati gakorerwamo ubucuruzi n’ubukerarugendo. Inyubako zaho ziriho ibyapa cyangwa ibyo bita bose babireba binyuzwaho amashusho yamamaza ibikorwa bitandukanye.</p>
<p>Aha hantu basanzwe bita “Crossroads of the World” bivuga isanganiro ry’imihanda y’isi yose, kuko hahurira abantu babarirwa muri za miliyoni bavuye mihanda yose, kuhamamariza ntabwo ari ibintu byoroshye kuko ku isaha imwe bisaba kwishyura 250$.</p>
<p><strong>Reba indirimbo ‘Wine’ ya Kivumbi King:</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/cxIOWM0xLc4" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/times.jpg"
				length="678243"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ku isabukuru y'imyaka 70 yashyize hanze amafoto y'abakobwa amaze kuryamana na bo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/ku-isabukuru-y-imyaka-70-yashyize-hanze-amafoto-y-abakobwa-amaze-kuryamana-na-bo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/ku-isabukuru-y-imyaka-70-yashyize-hanze-amafoto-y-abakobwa-amaze-kuryamana-na-bo</guid>

		<dc:date>2023-12-14T05:24:11Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Francis Van Lare wo muri Nigeria wujuje imyaka 70, yizihije isabukuru ye ashyira ku mbuga nkoranyambaga  amazina n’amafoto y’abakobwa bamaze kuryamana guhera mu mwaka w’ 1970.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ku isabukuru y’imyaka 70 yashyize hanze amafoto y’abakobwa amaze kuryamana na bo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_232788 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="67" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vanlare.jpg' width="700" height="367" alt="Francis Van Lare wizihije isabukuru y'amavuko mu buryo budasanzwe" title="Francis Van Lare wizihije isabukuru y'amavuko mu buryo budasanzwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Francis Van Lare wizihije isabukuru y&#8217;amavuko mu buryo budasanzwe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ni inkuru yazengurutse ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mucuruzi w’umunya Nigeria ukorera muri leta zunze ubumwe za America nk’uko yari yabisezeranyije abamukurikira,  maze itungura benshi ari nako ibavugisha bidasanzwe.</p>
<p>Bamwe mu bo yatangaje yerekanye amafoto yabo ndetse hari n’abo yasobanuye uko baryamanye. Byatunguye benshi kuko muri ayo mazina hari n’abagiye bamwifuriza kugira ubuzima bwiza no kuramba.</p>
<p>Abandi ku rundi ruhande bibajije niba abo bakobwa baramuhaye uruhushya rwo gushyira hanze amakuru yabo.</p>
<p>Uyu mugabo wari warashakanye na Amara Nwosu umujyanama mu mibanire (Relationship counselor) baza gutandukana, umubare wuzuye w’amazina yashyize hanze ni 219, akaba avuga ko agiye kwandika igitabo kizibanda ku buzima bwe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vanlare.jpg"
				length="104625"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Icyamamare Kendrick Lamar yasigiye amateka abanyakigali</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mu-ijoro-ryacyeye-umuraperi-kendrick-lamar-yanejeje-bidasanzwe-abanyakigali-mu-mu-gitaramo-cya-move-africa</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mu-ijoro-ryacyeye-umuraperi-kendrick-lamar-yanejeje-bidasanzwe-abanyakigali-mu-mu-gitaramo-cya-move-africa</guid>

		<dc:date>2023-12-07T04:02:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu ijoro ryacyeye umuraperi Kendrick Lamar yanejeje bidasanzwe abanyakigali mu gitaramo cya Move Africa.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Icyamamare Kendrick Lamar yasigiye amateka abanyakigali</h1>

			

			

			<div class='spip_document_232293 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="26" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.55_05.jpg' width="700" height="876" alt="Umuraperi Kendrick Lamar" title="Umuraperi Kendrick Lamar" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuraperi Kendrick Lamar</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma y’iminota 10 abantu bategereje ko Kendrick aza ku rubyiniro, habanje ababyinnyi be mu myambaro y’umweru n’umukara. Buri kimwe cyari umweru n’umukara uhereye ku myenda y’umukara we ubwe yari yambaye, igitambaro cy’umukara gishushanyijeho ikarita ya Afrika mu ibara ry’umweru handitsemo Campton agace Kendrick avukamo.</p>
<p>Kendrick wari utegerejwe na benshi, yaje kuza ku rubyiniro aririmba zimwe mu ndirimbo ze za kera zivanzemo n’inshya zirimo nka Swimming pools, DNA, We gon be alright, Damn, Loyalty, bitch don’t kill my vibe, love n’izindi.</p>
<div class='spip_document_232294 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.55_04.jpg' width="696" height="890" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abitabiriye igitaramo baririmbaga indirimbo ku yindi uko uyu muraperi yazikurikiranyaga. Abatangaga umuziki nta n’umwe wagaragaraga ku rubyiniro ari nako batanga ingoma ziremereye Lamar yaririmbiragamo. Amashusho yagaragaraga muri BK Arena yerekana umuhanzi ku rubyiniro yari ameze nk’ayo bashyira kuri murandasi yabanje gukorwa (video clip).</p>
<p>Kendrick Lamar yatangiye kuririmba saa ine zirenga arangiza saa sita n’iminota 20.</p>
<div class='spip_document_232292 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gg-4.jpg' width="979" height="1083" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uko umuhanzi yavaga ku rubyiniro ni ko hajyagaho abantu batandukanye batambutsa ubutumwa bugufi bugaruka ku buzima bwiza, kurengera ibidukikije, uburinganire n’amahirwe y’akazi.</p>
<p>Mu batanze ubutumwa harimo  Perezida Paul Kagame wari uri muri iki gitaramo maze  mu gihe cy’iminota 3 yifururiza abari aho ibihe byiza mu mpera z’umwaka avuga ko Africa ishyize hamwe ishobora gukemura byinshi mu bibazo biyugarije.</p>
<div class='spip_document_232295 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="64" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.55_02.jpg' width="700" height="1050" alt="Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cya Move Africa" title="Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cya Move Africa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu gitaramo cya Move Africa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ati “nkuko insanganyamatsiko ivuga ku buzima yabigarutseho afrika ishobora gukemura ibibazo byayo dushyize hamwe. Ndashaka gutura uyu mwanya abajyanama b’ubuzima baturindira umutekano w’ubuzima bwacu. Africa yashyizeho intego y’uko 15% by’amafaranga y’ingengo y’imari ya za leta azajya aharirwa ibikorwa birebana n’ubuzima, nishimiye kuba ari njyewe ubahiga mu bihugu by’Afrika yunze ubumwe.”</p>
<p>Perezida Kagame kandi yavuze ko Move Africa izakomeza kubera mu Rwanda biciye muri Global citizen iyitegura.</p>
<div class='spip_document_232296 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03_55.03.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Undi watanze ubutumwa ni Tedros Adhanom Ghebreyesus umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima.</p>
<p>Igitaramo cyatangiye I saa 8:20 abantu bagitonze umurongo hanze bashaka uko binjira muri BK Arena, abitabiriye iki gitaramo bari benshi kuko na nyuma y’isaha irenga igitaramo cyatangiye abantu bari bakinjira yewe kubona icyo kunywa byari bigoye kuko abantu bari benshi cyane.</p>
<div class='spip_document_232297 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_30.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bruce Melodie wabimburiye abandi bahanzi ku rubyiniro yaririmbanye n’ababyinnyi be, aririmba izirimo “Bado, Kungola, Fou de toi when she is around yasubiranyemo n’umunya Jamaica Shaggy zishimisha abitabiriye iki gitaramo.</p>
<p>Umunyarwenya akaba umusangiza w’ijambo Arthur Nkusi, umunyamakuru Jackie Lumbasi, umunyamakuru Davy Carmel Ingabire, DJ Makeda Mahadeo n’umunya Kenya ukunzwe cyane ku mbugankoranyaba bakunze kwita umwamikazi wa Tik Tok  Azziad Nasenya ni bo bari abasangiza b’ijambo muri iki gitaramo.</p>
<div class='spip_document_232298 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_32.jpg' width="684" height="1001" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umunyatanzaniya ukunzwe cyane mu njyana ya bongo Zuchu mu mwenda w’iroza yaserukanye ababyinnyi basusurutsa abari aho. N’ubwo yakomeje kwinubira amajwi atumvikanaga neza asaba ko bayakosora, yabyinishije abitabiriye iki gitaramo mu mbyino z’iwabo.</p>
<p>Sherrie silver yaje ku rubyiniro mu mbyino nziza hamwe n’abana baba mu muryango we yise “Sherrie Silver foundation” mu myenda ishashagirana, basoza bambaye amadarapo y’ibihugu bitandukanye bya Afrika.</p>
<div class='spip_document_232299 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_39_1_.jpg' width="700" height="987" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abandi bahanzi baserutse ni Ariel Wayz na DJ Toxxyk basubiyemo indirimbo bakoranye yitwa “Tatoo” Ariel akora iye wenyine yitwa “You should know” arangije ahamagara Kivumbi King na Bruce the 1st ku rubyiniro bakora indirimbo yitwa “Demo2</p>
<div class='spip_document_232300 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_35_1_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Igitaramo cya Move Africa gitegurwa na Global citizen gifite  intego yo kurandura ubukene bukabije biciye mu buvugizi, guhanga imirimo, kugeza kuri buri muntu ubuvuzi bwiza n’ibindi.</p>
<div class='spip_document_232301 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_24.jpg' width="700" height="1049" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iki gitaramo kizajya kibera mu Rwanda mu mwaka 5 iri imbere.</p>
<div class='spip_document_232302 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_31.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_232303 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="155" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.55_08.jpg' width="700" height="466" alt="Benshi bamukundira Kendrick uburyo ategura stage ye yifashishije ubuzima shusho bw'abirabura bahoze ari abacakara akagerageza kubwisanisha mu ndirimbo ze" title="Benshi bamukundira Kendrick uburyo ategura stage ye yifashishije ubuzima shusho bw'abirabura bahoze ari abacakara akagerageza kubwisanisha mu ndirimbo ze" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Benshi bamukundira Kendrick uburyo ategura stage ye yifashishije ubuzima shusho bw’abirabura bahoze ari abacakara akagerageza kubwisanisha mu ndirimbo ze</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_232304 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.55_08_1_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_232305 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="57" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_39.jpg' width="700" height="467" alt="Davy Carmel &amp; Makeda bamwe mu bayoboye iki gitaramo" title="Davy Carmel &amp; Makeda bamwe mu bayoboye iki gitaramo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Davy Carmel &amp; Makeda bamwe mu bayoboye iki gitaramo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Amafoto: Eric RUZINDANA/ Kigali Today</strong></p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-12-07_at_03.47_39.jpg"
				length="83214"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya abahanzi bo mu Rwanda bakunzwe kurusha abandi kuri Spotify </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/menya-abahanzi-bo-mu-rwanda-bakunzwe-kurusha-abandi-kuri-spotify</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/menya-abahanzi-bo-mu-rwanda-bakunzwe-kurusha-abandi-kuri-spotify</guid>

		<dc:date>2023-12-04T05:17:33Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uko umwaka urangiye urubuga rwa Spotify rushyira hanze uko abahanzi batandukanye bumviswe mu mwaka n’indirimbo zakunzwe kurusha izindi herekanwa inshuro zumviswe muri uwo mwaka.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya abahanzi bo mu Rwanda bakunzwe kurusha abandi kuri Spotify </h1>

			

			

			<div class='spip_document_232104 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bruce_melodie-7.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Muri 2023 mu Rwanda abumwiswe cyane ni abahanzi 5</strong></p>
<p><i>1.Bruce Melodie </i></p>
<p>Itahiwacu Bruce niwe uza ku mwanya wa mbere kuri uru rutonde, aho yumwiswe inshuro miliyoni 4.3 akaba afite abamukurikira barenga ibihumbi 21.4 kuri spotify.</p>
<p><i>2.Meddy</i></p>
<div class='spip_document_232105 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ngabo-meddy-800x445.jpg' width="700" height="389" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ngabo Médard Jobert uzwi nka Meddy akorera umuziki we muri Leta zunze ubumwe za America yumviswe inshuri miliyoni 3 akaba afite abantu bamukurikira kuri uru rubuga ibihumbi 34.9.</p>
<p><i>3. Element</i></p>
<div class='spip_document_232106 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/element-3.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Producer Mugisha Fred Robinson ukorera mu nzu ya 1:55 AM ari nayo ikurikirana inyungu za Bruce Melodie. Yumviswe inshuro miliyoni 1.4 Element akaba akurikirwa n’ibihumbi 4.9 kuri ubu akaba amaze kuririmba indirimbo 2, iya mbere yitwa “kasha” iya kabiri yitwa “Fou de toi” yakoranye na Bruce Melodie na Ross Kana.</p>
<p><i>4. The Ben</i></p>
<div class='spip_document_232107 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/theben.jpeg.png' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uyu mwaka usize The Ben ku mwanya wa kane mu  bahanzi b’abanyarwanda bumviswe kuri uru rubuga kurusha abanda n’inshuro miliyoni 1.3 akaba akurikirwa n’abantu ibihumbi 5.8</p>
<p><i>5. Andy Bumuntu</i></p>
<div class='spip_document_232108 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/webp/amdy_bumuntu.webp' width="847" height="491" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Urutonde turusoreze kuri Kayigi Fred uzwi mu muziki nka Andy Bumuntu, kuri spotify indirimbo ze zumviswe inshuro ibihumbi 942.5 akaba akurikirwa n’abantu ibihumbi 5. <br class='autobr' />
Uyu aherutse gushyira hanze indirimbo ye nshya yise “Life is good”</p>
<p><strong>Naho indirimbo z’abahanzi nyarwanda zumviswe cyane kuri spotify uyu mwaka kurusha izindi ni</strong></p>
<p><i>•	Fou de toi ya Element Eleeh ft Bruce Melodie, Ross Kana ifite Miliyoni 1.2<br class='autobr' />
•	Igitangaza ya Juno Kizigenza ft Bruce Melody, Kenny Sol ifite ibihumbi 125.8<br class='autobr' />
•	Nasara ya Dany Nanone ft Ariel Wayz ifite ibihumbi 79.9<br class='autobr' />
•	My type ya Dany Nanone ifite ibihumbi 60.1<br class='autobr' />
•	Arampagije ya Nel Ngabo ifite ibihumbi 20.9</i></p>
<p>Spotify ni urubuga rukorera kuri murandasi rushyirwaho indirimbo n’ibiganiro mu buryo bw’amajwi, rwashinzwe muri 2006 na Daniel Ek afatanyije na Martin Lorentzon.</p>
<p>Ni rumwe mu mbuga zikomeye ku isi, ku kwezi abarukoresha babarirwa muri miliyoni 590.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bruce_melodie-7.jpg"
				length="56979"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Guhuriza Kendrick Lamar na Zuchu ku rubyiniro ni uguhuza ibidahura?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/Guhuriza-Kendrick-Lamar-na-Zuchu-ku-rubyiniro-ni-uguhuza-ibidahura</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/Guhuriza-Kendrick-Lamar-na-Zuchu-ku-rubyiniro-ni-uguhuza-ibidahura</guid>

		<dc:date>2023-12-02T20:55:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Inkuru y’uko umuraperi Kendrick Lamar azaza mu Rwanda yashimishije benshi mu bakunda iyi njyana, ikibazo cyakurikiye ni ukwibaza undi muhanzi bazajyana kuri urwo rubyiniro.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Guhuriza Kendrick Lamar na Zuchu ku rubyiniro ni uguhuza ibidahura?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_232032 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="16" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kendrick_lamar-2.jpg' width="700" height="393" alt="Kendrick Lamar" title="Kendrick Lamar" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kendrick Lamar</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma y’uko hasohotse urutonde rw’abandi bahanzi bazaririmba uwo munsi barimo Bruce Melodie, Zuchu wo muri Tanzaniya uririmba bongo, Ariel Wayz, Dj Toxxyk n’umubyinnyi Sherrie Silver. Iyo witegere uru ruutonde ubona ko nta wundi mu raperi uri kuri uru rutonde yaba uwo mu Rwanda cyangwa mu mahanga.</p>
<p>Ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi bahise bibaza impamvu nta wundi muraperi uri kuri uru rutonde. Ariko se byari ihame ntakuka ko ahaboneka? Ese ubundi guhuriza abahanzi mu gitaramo kimwe bigendera ku ki?</p>
<div class='spip_document_232033 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="7" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kk-21.jpg' width="700" height="450" alt="Zuchu" title="Zuchu" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Zuchu</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Twaganiriye na Mushyoma Joseph umuyobozi wa EAP itegura ibitaramo mu Rwanda bihuza abahanzi batandukanye, maze tumubaza ikigenderwaho ngo bahitemo abazaririmba mu gitaramo runaka.</p>
<p>Yagize ati “Iyo tugiye gutegura abahanzi bazaririmba ku rubyiniro tureba abazitabira icyo gitaramo umuziki bakunda. Ni ukuvuga ngo nimba ari nk’umuhanzi uririmba afrobeat kandi akaba ari we muhanzi mukuru ni we twubakiraho, hakajyaho abandi bahanzi ba afro beat cyangwe se indi njyana bijyana.”</p>
<div class='spip_document_232034 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="35" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/download-28.jpg' width="700" height="412" alt="Mushyoma Joseph, Umuyobozi wa EAP" title="Mushyoma Joseph, Umuyobozi wa EAP" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mushyoma Joseph, Umuyobozi wa EAP</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kugira ngo umuntu asubize ikibazo benshi bibaza ukuntu umuraperi azahurira hamwe n’abaririmba afro beat, abandi baririmba bongo n’inzindi njyana, twaganiriye na Liz Agbor Tabi visi peresida wa Global citizen ushinwe ibya politike n’imibanire mpuzamahanga ari na bo bateguye iyi konseri izazamo Kendrick Lamar.</p>
<p>Yagize ati “Global citizen ni urubuga mpuzamahanga rugamije kurandura ubukene bukabije, dukorana n’abantu batandukanye harimo abahanzi baturutse imihanda yose. <br class='autobr' />
Mu bitaramo dukora tuba dushaka guha urubuga abantu batandukanye ngo bageze amajwi yabo kure hashoboka.</p>
<p>Ni yo mpamvu uyu mwaka tuzakorana n’abahanzi baririmba injyana zitandukanye yaba rap, afrobeat, bongo… Ikindi abazitabira iki gitaramo bazaba baturutse ku isi yose rero ntago ari igitaramo cya rap n’ubwo umuhanzi mukuru aririmba rap”.</p>
<div class='spip_document_232035 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hh-3.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Global Citizen ni urubuga rukora ibikorwa bigamije kurandura ubukene bukabije ifite umushinga witwa Move Africa w’imyaka itanu ugamije guteza imbere ubuzima, uburinganire, kurwanya imihandagurikire y’ikirere, guhanga imirimo n’amahirwe yubukungu.</p>
<p>Iyi Move Africa ifitanye ubufatanye na RDB aho bazakorera mu Rwanda iyi myaka 5. Ibi bakabikora binyuze mu cyo bise pop and policy model aho bifashisha umuziki nk’ururimi ruhuza bantu bose kandi ukifashishwa mu gutangira ibiganiro bishaka ibisubizo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kendrick_lamar-2.jpg"
				length="41322"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Gusangira urubyiniro na Shaggy ni ibintu birenze - Bruce Melodie</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gusangira-urubyiniro-na-shaggy-ni-ibintu-birenze-bruce-melodie</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gusangira-urubyiniro-na-shaggy-ni-ibintu-birenze-bruce-melodie</guid>

		<dc:date>2023-11-29T19:33:24Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma yo kubura amafaranga yo kujya mu gitaramo cya Shaggy igihe yazaga mu Rwanda mu mwaka wa 2008, Bruce Melodie yahuriye ku rubyiniro na we muri Amerika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Gusangira urubyiniro na Shaggy ni ibintu birenze - Bruce Melodie</h1>

			

			

			<div class='spip_document_231870 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="53" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hq720-2.jpg' width="700" height="519" alt="Bruce Melodie yaserutse yambaye idarapo ry'u Rwanda" title="Bruce Melodie yaserutse yambaye idarapo ry'u Rwanda" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Bruce Melodie yaserutse yambaye idarapo ry&#8217;u Rwanda</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Bwa mbere Bruce Melodie ageze muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagiye mu gitaramo cya iHeartRadio Jingle Ball aho yahuriye n’umunya Jamaica Shaggy ku rubyiniro rumwe baririmba indirimbo “When she is around” ikaba ari remix y’indirimbo ya Bruce Melodie yitwa ‘Funga macho’.</p>
<p>Aganira n’itangazamkuru Bruce Melodie yagize ati “kuba uyu munsi nsangira urubyiniro n’umuhanzi nka Shaggy ni ibintu birenze sinzi uko nabivuga kandi namwe sinzi ko mwabyumva. Gusa birandenze kuko inzozi zanjye zibaye impamo”.</p>
<p>Melodie yunzemo ati“Shaggy yaje mu Rwanda muri 2008 njya mu gitaramo cye nta mafaranga yo kwishyura itike ngo ninjire mfite. Ariko uyu duhuriye ku rubyiniro, turaririmbana. Iki ni ikigaragaza ko nta kidashoboka.”</p>
<p>Iki gitaramo cyabereye muri Dickies Arena muri Dallas kitabiriwe n’abantu ibihumbi 14, ndetse cyari kinarimo abandi bahanzi nka AleXa, Paul Russell, Big Time Rush, P1Harmony.</p>
<div class='spip_document_231871 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="47" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hqdefault-7.jpg' width="700" height="395" alt="Kuririmbana na Shaggy ni inzozi zabaye impamo" title="Kuririmbana na Shaggy ni inzozi zabaye impamo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kuririmbana na Shaggy ni inzozi zabaye impamo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma yo gutarama muri Dallas, Bruce Melodie azaririmba mu gitaramo cya Global citizen kizabera I Kigali kuwa 6 Ukuboza muri BK Arena ahazaba hari umuraperi ukomeye ku isi Kendrick Lamar. Nyuma yaho azasubira muri America I Miami mu kindi gitaramo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hq720-2.jpg"
				length="133492"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ijoro ry'umuco muri Kigali Kulture Konnect </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ijoro-ry-umuco-muri-kigali-kulture-konnect</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ijoro-ry-umuco-muri-kigali-kulture-konnect</guid>

		<dc:date>2023-11-25T04:53:23Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Imbyino za gakondo, imivugo, ibisigo, indyo za kinyarwanda bimwe mu byaranze igitaramo cya Kigali Kulture Konnect cyaraye kibereye muri KCEV hamenyerewe Camp Kigali kikaba kigiye kujya kiba buri&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ijoro ry’umuco muri Kigali Kulture Konnect </h1>

			

			

			<div class='spip_document_231523 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_28.jpg' width="700" height="446" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iki gitaramo cyateguwe na MA Afrika cyabaye ku nshuro ya mbere ariko kizajya kiba buri kwezi nk’uko abagiteguye babitangaje.</p>
<p>Bati “Twateguye iki gitaramo dushaka guhuza ibihuriye mu gitaramo nyarwanda byose yaba ari imbyino, imivugo, ibisigo, inanga n’indyo. Mu yandi mezi iki gitaramo kizongera kuba tuzagenda twongeramo n’ibindi yewe duhuze n’imico y’ahandi atari mu rwanda gusa.”</p>
<div class='spip_document_231524 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_23.jpg' width="700" height="311" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Igitaramo cyatangiye i saa moya n’iminota 20 aho abanyamakuru Cyiza Aisa na McTino ari bo bari abahuza b’amagambo.</p>
<p>Umukirigitananga Jabo ni we wabimburiye abandi mu murya w’inanga. Yaririmbye indirimbo ye yitwa “Urwandiko” akurikizaho Hinga, Iyo utaza kubaho asoreza kuri Ijyanire. Izi ndirimbo yaririmbye ziri kuri album ye yise “Hinga”.</p>
<div class='spip_document_231525 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_17.jpg' width="1708" height="2560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Hakurikiyeho itorero Inyamibwa mu mbyino n’intore zihamiriza.</p>
<p>Umusizi Rumaga yataramye mu bisigo bye aherekejwe n’umuziki wa Shauku band, maze aha abakunzi  be umugore si umuntu n’Intambara y’ibinyobwa yakoranye na Rusine.<br class='autobr' />
Yaririmbye kandi “Intango” indirimbo yahuriyeho n’abandi bahanzi harimo n’ijwi rya nyakwigendera Yvan Buravan.</p>
<div class='spip_document_231526 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_11.jpg' width="700" height="1049" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Inyamibwa zongeye gukora umukino wiganjemo intore.</p>
<div class='spip_document_231529 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_15.jpg' width="700" height="953" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Hakurikiyeho itsinda rya Shauku band ryaririmbye indirimbo z’abandi za Gakondo banaririmba indirimbo zabo ziri kuri album yabo “Sebisage” harimo iyitwa ideni, umurashi bafatanyije na Riderman basoreza ku yitwa Jolie.</p>
<div class='spip_document_231528 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_29.jpg' width="2560" height="1708" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uwasoje igitaramo ni Ruti Joel waririmbye indirimbo ze zitandukanye harimo n’iya Nyakwigendera Yvan Buravan yitwa Oya, asubiramo ko adateze kumwibagirwa. Aterura agira ati ‘Oya sinteze kukwibagirwa’</p>
<div class='spip_document_231527 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_27_1_.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Reba ibindi muri iyi Video:</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/AYBqITrQ0JQ" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>Amafoto+Video: Eric Ruzindana/Kigali Today</strong></p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/whatsapp_image_2023-11-25_at_02.22_27_1_.jpg"
				length="202835"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibiragano bibiri bya gakondo bigiye guhurira mu gitaramo </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ibiragano-bibiri-bya-gakondo-bigiye-guhurira-mu-gitaramo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ibiragano-bibiri-bya-gakondo-bigiye-guhurira-mu-gitaramo</guid>

		<dc:date>2023-11-24T05:22:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ni igitaramo gisoza ibitarmo bya MTN iwacu muzika festival 2023 kizahuriramo abahanzi ba gakondo barimo Muyango na Cecile Kayirebwa bamaze imyaka itari micye bakora umuziki gakondo, hamwe&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibiragano bibiri bya gakondo bigiye guhurira mu gitaramo </h1>

			

			

			<div class='spip_document_231484 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/img_0017-2.jpg' width="700" height="717" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro n’itangazamakuru Ruti Joel yavuze ko ari ishema n’icyubahiro kuba agiye guhurira mu gitaramo bwa mbere n’abo afata nk’ababyeyi mu njyana ya gakondo. “Mama Cecile na Muyongo kuri njye ni ababyeyi kuko nakuze mbumva, mbareberaho uyu munsi nkaba nkora injyana ya gakondo kuko nyikunda. Guhurira nabo ku rubyiniro kuri njye ni ishema.”</p>
<div class='spip_document_231486 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/img_0018-2.jpg' width="700" height="578" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Muyango umaze imyaka irenga 50 aririmba gakondo umwe mu bageze mu zabukuru ariko ugikora ibihangano bishya yavuze ko nta mpungege afite kuri gakondo kuko iri mu maboko meza ati “Ntago twakoze twenyine ngo tuvunikire ubusa kuko uyu munsi hari ba Cyusa na Ruti n’abandi benshi bariho babyiruka kandi bafite impano nziza kandi bakora ibihangano byiza.”</p>
<div class='spip_document_231483 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/img_0019.jpg' width="700" height="771" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Guhurira ku rubyiniro rumwe ku bahanzi ba gakondo ni kimwe mu bigaragaza ko n’ubwo abakuze baba babyina bavamo, abakiri inyuma bafite impano, ububasha n’ubushobozi bwo gukomeza uyu muziki nta nkomyi maze iyi njyana ikaurushaho kuba uruhererekane.</p>
<div class='spip_document_231485 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/img_0020.jpg' width="895" height="1037" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aba bahanzi bose bategerejwe mu gitaramo cyo gusoza ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye gusorezwa mu Mujyi wa Kigali ku cyumweru tariki 26 Ugushyingo 2023. Ni igitaramo kizabera muri BK Arena kikazitabirwa na Cécile Kayirebwa, Muyango, Cyusa, Ruti Joel, Sophia Nzayisenga n’Ibihame by’Imana.</p>
<div class='spip_document_231487 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/021067d6c2464f67897a496a67b2f553.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aba bahanzi bose bari bitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru bavuze ko biteguye bikomeye gutaramira Abanyarwanda bizeza buri wese uzitabira iki gitaramo kuzataha anyuzwe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/021067d6c2464f67897a496a67b2f553.jpg"
				length="113777"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibihembo bya MTV Europe Music byasubitswe kubera intambara ya Israel na Palestine</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ibihembo-bya-mtv-europe-music-byasubitswe-kubera-intambara-ya-israel-na-palestine</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ibihembo-bya-mtv-europe-music-byasubitswe-kubera-intambara-ya-israel-na-palestine</guid>

		<dc:date>2023-10-27T07:44:31Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibihembo byari bitegerejwe na benshi bakunda umuziki wo ku mugabane w’u Burayi, bizwi nka MTV Europe Music, byasubitswe kubera intambara iri mu gace ka Gaza hagati ya ya Israel na Palestine.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibihembo bya MTV Europe Music byasubitswe kubera intambara ya Israel na Palestine</h1>

			

			

			<div class='spip_document_200328 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="52" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/watu.png' width="799" height="456" alt="Bamwe mu bahanzi bagombaga kwitabira MTV EMAs 2023 " title="Bamwe mu bahanzi bagombaga kwitabira MTV EMAs 2023 " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Bamwe mu bahanzi bagombaga kwitabira MTV EMAs 2023 </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Itangazo rya MTV ribivuga rigira riti: “Bitewe n’uburemere bw’ibirimo kuba ku Isi, twahisemo guhagarika ibihembo bya MTV EMAs 2023 ku bw’umutekano w’ibihumbi by’abakozi bategura ibi bihembo, abahanzi, abafana n’abafatanyabikorwa bafata ingendo bava mu nguni zose z’Isi ngo iki gitaramo kibe”.</p>
<p>Iri tangazo ryakomeje rivuka riti “MTV EMAs ni ibirori ngarukamwana byizihiza umuziki ku Isi yose. Uko tureba ibibabaje biri kubera muri Israel na Gaza, ntabwo ari cyo gihe cyiza cyo gukora ibirori bihuza Isi yose. Hamwe n’ibihumbi bimaze gutakaza ubuzima, iki ni igihe cy’icyunamo. Tuzongera kwakira MTV EMAs mu Gushyingo 2024”.</p>
<p>MTV EMAs bya 2023 yagombaga kuba tariki 5 Ugushyingo 2023 mu mujyi wa Paris, ni ubwa mbere byari bifite icyiciro cy’injyana ya Afrobeat. Muri iki cyiciro harimo abahanzi Rema watwaye ibihembo 2 bya Trace Awards byabereye mu Rwanda, Davido na we uherutse i Kigali mu bihembo bya Trace atwaramo bibiri, Burna Boy watwaye igihembo cya album nziza y’umwaka ya Trace Awards, Asake, Arya Starr na Aya Nakamura.</p>
<p>Ibi bihembo bizongera kuba muri 2024 bibere ahitwa Paris Nord Villepinte mu Bufaransa.</p>
<p>MTV EMAs cyangwa MTV Europe Music Awards mu magambo arambuye, ni ibihembo ngarukamwaka bitangwa na MTV, yishimira cyane cyane  ibyagezweho mu muziki ku Isi hose.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/watu.png"
				length="809670"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Weekend y'imyidagaduro: Imyambarire idasanzwe muri Trace Awards (Amafoto)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/weekend-y-imyidagaduro-imyambarire-idasanzwe-muri-trace-awards-amafoto</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/weekend-y-imyidagaduro-imyambarire-idasanzwe-muri-trace-awards-amafoto</guid>

		<dc:date>2023-10-23T22:34:43Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu mpera z’icyumweru gishize habaye byinshi mu myidagaduro, uhereye ku bihembo bya Trace awards byahurije hamwe ibyamamare bikomeye ku Isi byiganjemo abahanzi, hakaba haragaragaye imyambarire&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Weekend y’imyidagaduro: Imyambarire idasanzwe muri Trace Awards (Amafoto)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_200181 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_1-3.jpg' width="1366" height="2048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uhereye kuri tapis itukura, ibyamamare ahanini by’abahanzi, byatambutse mu myambaro itandukanye, bigaragara ko yakoranywe ubuhanga.</p>
<p>Abanya-Nigeria babiri, Rema na Davido ni bo batwaye ibihembo byinshi (4), aho buri wese yatwaye bibiri. Rema yatwaye igihembo cy’indirimbo y’umwaka, ‘Calm Down’ yasubiranyemo na Selena Gomez ndetse n’icy’umuhanzi Nyafrika (best Global African Artist).</p>
<p>Davido yahawe ibihembo bibiri, icy’umuhanzi w’umugabo n’icy’indirimbo yakoranye n’abandi (Best collaboration) ku ndirimbo ye ‘Unavailable’. Kigali Boss Babes akaba ari bo bamushyikirije igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umugabo.</p>
<div class='spip_document_200195 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/femme_1-3.jpg' width="1013" height="1169" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bamwe mu batsindiye ibihembo bya Trace Awards bakiriwe na Perezida Paul Kagame, wizihije isabukuru y’imyaka 66 kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukwakira, bakaba baramwishimiye ndetse baranamuririmbira. Perezida Kagame yababwira ko u Rwanda ari mu rugo ku babyifuza bose.</p>
<p>Ku nshuro ya mbere Umunyarwanda yahawe igihembo cya Trace awards, uwo akaba ari umuhanzi Bruce Melody.</p>
<p>Imikono ya ruhago irenga itanu, umwe muri yo witabiriwe n’umunya-Nigeria w’umuhanzi Mr&nbsp;Eazi, akaba rwiyemezamirimo uri gushora imari mu ikipe ya Rayon Sports. Mr&nbsp;Eazi yanarebye umukino wa Rayon Sports na Sunrise FC, aho Rayon yatsinze 3-0.</p>
<div class='spip_document_200183 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_10.jpg' width="612" height="625" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu ijambo rye nyuma yo kwakira igihembo cy’umuntu wagaragaje impinduka, Mr&nbsp;Eazi yavuze ko nta kipe nziza ku Isi nka Rayon Sports.</p>
<p>Mu gusoza umuhango wo gutanga ibi bihembo, habaye kandi igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, hataramo Tonzy, Kivumbi King na Mike Kayihura.</p>
<div class='spip_document_200182 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_2-3.jpg' width="1170" height="1490" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200180 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/45-8.jpg' width="700" height="612" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200184 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_7-3.jpg' width="1067" height="1600" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200196 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kwambara-2.jpg' width="800" height="765" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200193 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_14.jpg' width="800" height="625" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200186 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_8-2.jpg' width="1600" height="1066" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200185 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_3-2.jpg' width="1170" height="1464" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200190 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_9.jpg' width="1197" height="1600" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200194 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_11.jpg' width="674" height="526" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200187 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_4-2.jpg' width="1170" height="1474" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200188 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_6-3.jpg' width="1170" height="1350" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200189 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_5-4.jpg' width="1170" height="1463" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200191 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_13.jpg' width="800" height="533" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200192 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_12.jpg' width="900" height="600" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_14.jpg"
				length="163845"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abanya-Nigeria batwaye ibihembo byinshi muri Trace Awards 2023 </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Abanya-Nigeria-batwaye-ibihembo-byinshi-muri-Trace-Awards-2023</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Abanya-Nigeria-batwaye-ibihembo-byinshi-muri-Trace-Awards-2023</guid>

		<dc:date>2023-10-22T10:33:23Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibirori bitangirwamo ibihembo bya Trace Awands 2023 byaraye bisojwe mu ijoro ryo ku wa 21 rishyira uwa 22 Ukwakira 2023, bikaba byari ibirori bobereye ijisho, byateguranywe ubuhanga aho byaberaga&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abanya-Nigeria batwaye ibihembo byinshi muri Trace Awards 2023 </h1>

			

			

			<div class='spip_document_200082 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="62" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/davido-5.jpg' width="900" height="593" alt="Davido na Musa Keys bahabwa ibihembo ku ndirimbo bafatanyije " title="Davido na Musa Keys bahabwa ibihembo ku ndirimbo bafatanyije " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Davido na Musa Keys bahabwa ibihembo ku ndirimbo bafatanyije </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Davido na Rema bo muri Nigeria batwaye ibihembo byinshi, mu gihe Bruce Mélodie wo mu Rwanda we yerekanye indirimbo ye nshya.</p>
<p>Igihembo cya mbere cyatanzwe ni icya video nziza, cyahawe Yemi Alade wo muri Nigeria ku ndirimbo ye Baddie.</p>
<p>Rema yatwaye igihembo cy’indirimbo y’umwaka Calm Down, yasubiranyemo na Selena Gomez ndetse n’icy’umuhanzi nyafrika (best global african artist).</p>
<p>Davido yahawe ibihembo bibiri: icy’umuhanzi w’umugabo n’icy’indirimbo yakoranye n’abandi (Best collaboration) ku ndirimbo ye “Unavailable”.</p>
<p>Burna Boy yatwaye igihembo cya Album y’umwaka ‘Love Damini.</p>
<p>Hatanzwe kandi ibihembo bitahataniwe, icya ‘Lifetime achievement’ cyahawe umuhanzi w’umunya-Nigeria 2Face Idibia, n’icya Change Maker cyahawe umuhanzi rwiyemezamirimo, Mr&nbsp;Eazi, uyu uri gushora imari mu ikipe ya Rayon Sports.</p>
<div class='spip_document_200083 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="25" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eazi.jpg' width="1161" height="772" alt="Mr Eazi yakira igihembo" title="Mr Eazi yakira igihembo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mr&nbsp;Eazi yakira igihembo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Dore urutonde rw’abatwaye ibihembo:</strong></p>
<p>Album y’umwaka: Love Damini- Burna Boy (Nigeria)</p>
<p>Indirimbo y’umwaka: Calm down - Rema (Nigeria)</p>
<p>Video nziza: Baddie -Yemi Alade (Nigeria)</p>
<p>Best Male: Davido (Nigeria)</p>
<p>Best Female: Viviane Chidid (Senegal)</p>
<p>Indirimbo yahuriweho: Unavailable - Davido (Nigeria) ft Musa Keys (Afrika y’Epfo)</p>
<p>Umuhanzi mushya : Roseline Layo (Côte d’Ivoire)</p>
<div class='spip_document_200086 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="33" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ben-6.jpg' width="799" height="540" alt="The Ben na Diamond ku rubyiniro" title="The Ben na Diamond ku rubyiniro" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>The Ben na Diamond ku rubyiniro</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>DJ: Michael Brun (Haiti)</p>
<p>Producer mwiza : Tam Sir (Côte d’Ivoire)</p>
<p>Umuhanzi w’indirimbo z’imana : KS Bloom (Côte d’Ivoire)</p>
<p>Best live: Fally Ipupa (DRC)</p>
<p>Umubyinnyi: Robot Boli (Afrika y’Epfo)</p>
<p>Umuhanzi wa Afurika ivuga Icyongereza (Best artist Africa anglophone): Asake (Nigeria)</p>
<p>Umuhanzi wa Afurika ivuga Igifaransa (Best artist Africa francophone): Didi B (Côte d’Ivoire)</p>
<p>Umuhanzi wa Afurika ivuga Igiportugal (Best artist Africa lusophone): Gerilson Insrael (Angola)</p>
<div class='spip_document_200087 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="13" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/eaziii.jpg' width="799" height="523" alt="Chriss Eazy" title="Chriss Eazy" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Chriss Eazy</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuhanzi wo mu Rwanda: Bruce Melody</p>
<p>Umuhanzi wa Afrika y’Iburasirazuba: Diamond Platnumz (Tanzania)</p>
<p>Umuhanzi wa France n’u Bubiligi: TayC (France)</p>
<p>Umuhanzi wo mu Bwongereza: Central Cee</p>
<p>Umuhanzi wo mu birwa bya Carraibe: Rutshelle Guillaume (Haiti)</p>
<p>Umuhanzi wo mu birwa by’inyanja y’u Buhinde: Goulam (Comoros)</p>
<p>Umuhanzi wo muri Bresil: Ludmilla</p>
<p>Umuhanzi wa Afurika y’amajyaruguru: Dystinct (Morocco)</p>
<div class='spip_document_200088 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="14" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/2face-4.jpg' width="799" height="876" alt="2Face Idibia " title="2Face Idibia " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>2Face Idibia </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Reba ibindi muri iyi video:</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/hoVngbxlEoo" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/2face-4.jpg"
				length="196540"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Trace Awards: Abahanzi mu myiteguro ya nyuma mbere yo gutarama (Amafoto)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/trace-awards-abahanzi-mu-myiteguro-ya-nyuma-mbere-yo-gutarama-amafoto</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/trace-awards-abahanzi-mu-myiteguro-ya-nyuma-mbere-yo-gutarama-amafoto</guid>

		<dc:date>2023-10-21T16:46:54Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abahanzi 50 baturutse hirya no hino bateraniye i Kigali, bakaba bagomba guca ku rubyiniro rumwe mu masaha 4 atarenga, ubu bari mu myiteguro ya nyuma, aho bamaze gukora inyito kugira ngo bataramire&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Trace Awards: Abahanzi mu myiteguro ya nyuma mbere yo gutarama (Amafoto)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_200066 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="58" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_4.jpg' width="799" height="528" alt="Zuchu wo muri Tanzania ubwo yari ku rubyiniro mu myitozo" title="Zuchu wo muri Tanzania ubwo yari ku rubyiniro mu myitozo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Zuchu wo muri Tanzania ubwo yari ku rubyiniro mu myitozo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Biteganyijwe ko ku isaa mbiri z’ijoro zo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023, ari bwo ibirori nyirizina byo gutanga ibihembo bya Trace awards muri BK arena.</p>
<div class='spip_document_200067 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="32" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_2-2.jpg' width="799" height="534" alt="Diamond Platnumz n'itsinda rye" title="Diamond Platnumz n'itsinda rye" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Diamond Platnumz n&#8217;itsinda rye</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_200068 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_6-2.jpg' width="799" height="528" alt="Igihembo cya Trace kiri butangwe" title="Igihembo cya Trace kiri butangwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Igihembo cya Trace kiri butangwe</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_200075 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="50" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/2face-3.jpg' width="799" height="876" alt="2Face Idibia wa muri Nigeria ageze muri BK Arena" title="2Face Idibia wa muri Nigeria ageze muri BK Arena" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>2Face Idibia wa muri Nigeria ageze muri BK Arena</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_200069 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="9" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_3.jpg' width="844" height="869" alt="Mr Eazi" title="Mr Eazi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mr&nbsp;Eazi</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_200070 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="32" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_5-3.jpg' width="799" height="550" alt="Ibirori birabera muri BK Arena" title="Ibirori birabera muri BK Arena" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ibirori birabera muri BK Arena</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_200071 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_7-2.jpg' width="1152" height="763" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200072 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_8.jpg' width="1170" height="775" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200073 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_1-2.jpg' width="799" height="622" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_200074 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="23" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk-31.jpg' width="1170" height="792" alt="Uko BK Arena yateguwe" title="Uko BK Arena yateguwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Uko BK Arena yateguwe</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trace_5-3.jpg"
				length="156640"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abiga mu Burusiya biyemeje kwamamaza umuco nyarwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/diaspora/article/abiga-mu-burusiya-biyemeje-kwamamaza-umuco-nyarwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/diaspora/article/abiga-mu-burusiya-biyemeje-kwamamaza-umuco-nyarwanda</guid>

		<dc:date>2023-02-20T13:19:01Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Diaspora
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Iyo uvuye mu Rwanda ukajya ku mugabane w’Uburayi, bamwe mu bo muganira usanga icyo bazi cyane ku Rwanda ari genocide cyangwa perezida Paul Kagame gusa.  Ibi ni bimwe mu byateye abanyeshuri&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abiga mu Burusiya biyemeje kwamamaza umuco nyarwanda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_185228 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="33" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/front_kubyina.jpg' width="700" height="466" alt="Abagize itorero Imena mu nganzo" title="Abagize itorero Imena mu nganzo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abagize itorero Imena mu nganzo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo uvuye mu Rwanda ukajya ku mugabane w’Uburayi, bamwe mu bo muganira usanga icyo bazi cyane ku Rwanda ari genocide cyangwa perezida Paul Kagame gusa.  Ibi ni bimwe mu byateye abanyeshuri b’abanyarwanda biga mu Burusiya gutangiza itorero Imena mu Nganzo ribyina imbyino za gakondo kugira ngo bamenyekanishe amakuru anyuranye ku Rwanda cyane cyane umuco.</p>
<p>Izabayo Aime Aurore ni umunyarwandakazi wiga I Moscow mu Burusiya muri RUDN University akaba ari umwe mu bashinze itorero Imena mu Nganzo, aratubwira aho igitekerezo cyavuye.  “Nza kwiga mu Burusiya bambazaga aho nturuka nti mu Rwanda nkumva icyo bazi ku Rwanda ni genocide na perezida Paul Kagame, bigasa nk’aho ari byo bituranga gusa.</p>
<p>Hamwe na bagenzi banjye twakomeje kwibaza icyo twakora ngo abantu bamenye amakuru anyuranye ku Rwanda, maze uwitwa Kalisa Louis wari uziko nzi kubyina bya Kinyarwanda, nuko ansaba ko nakwigisha abandi bose babishaka bityo tukanabona uko tubaha andi makuru ku Rwanda”.</p>
<div class='spip_document_185230 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kubyina_1.jpg' width="1200" height="800" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Igitekerezo cyo gutangiza itorero Imena mu nganzo ngo ni uko cyaje.  Icyo gihe bari abanyeshuli batanu barimo Kalisa Louis, Carine Cyuzuzo, Emmanuel Karehe, Mireille Rwemalika na Izabayo Aimée Aurore ubatoza kuri ubu bakaba ari 17.</p>
<p>Izabayo avuga ko mu gutangira byagiye bigorana bamwe bakaza bakagenda, abandi ntibabyumve ariko aho bigeze abantu basigaye babikunda. “Gutoza umuntu utarigeze na rimwe abyina imbyino nyarwanda biragora hari ababivuyemo ariko ubu basigaye babikunda kuko babimenye.”</p>
<p>Ambassade y’u Rwanda yafashije iri torero kubona ibikoresho byifashishwa mu mbyina nk’amayugi, imikenyero n’ibindi.</p>
<p>Abanyarwanda baba mu Burusiya hamwe n’abanyeshuri kuri ubu barabarirwa muri 300 barenga, bakaba bashyigikira iri torero mu gihe habaye ibitaramo bakitabira. Iki ni kimwe mu byateye imbaraga aba banyeshuri b’abanyarwanda bikanabongerera ishyaka ryo gukomeza kwimakaza umuco nyarwanda no guhesha isura nziza igihugu.</p>
<p>Intego y’itorero Imena mu Nganzo nk’uko Izabayo abivuga ni ukwimaka no kumenyakanisha umuco nyarwanda mu mahanga ndetse ntibibe iby’abanyeshuri gusa ahubwo bikaba iby’abanyarwanda.</p>
<div class='spip_document_185229 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kubyina_2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ati: “Turashaka kwigisha abantu umuco wacu kuko ni mwiza bikunze abanyarwanda bakisanga no mu mahanga aho wajya hose ukabona umuco nyarwanda. Erega igihugu cyacu si amateka ashaririye ya Genocide gusa ahubwo ni umuco mwiza uduhuza, kandi ntugaragarire mu kubyina gusa, ahubwo tukagira n’abavuga imivugo, ibisigo… mbese tukajya dutarama Kinyarwanda byuzuye.”</p>
<p>Aba banyeshuri batangiye iri torero muri 2020 kuri ubu batumirwa mu birori byabereye kuri ambassade ndetse banatangiye no gutumirwa kubyina mu bukwe bakaba Barakoze igitaramo cya mbere tariki 11 Gashyantare 2023.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/front_kubyina.jpg"
				length="122794"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi G&#233;n&#233;ral Defao yitabye Imana </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzi-general-defao-yitabye-imana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzi-general-defao-yitabye-imana</guid>

		<dc:date>2021-12-28T08:19:57Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi ukomoka muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Lulendo Matumona wamenyekanye mu njyana ya Rumba nka Général Defao, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 27 Ukuboza 2021, aguye i&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Général Defao yitabye Imana </h1>

			

			

			<div class='spip_document_162656 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/defao.jpg' width="700" height="504" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Inkuru y’urupfu rwe yamenyekanye ku mbugankorambaga z’abandi bahanzi bavuga agahinda basigiwe n’itabaruka rye, harimo Werrason, Fally Ipupa, Ferre Gola, Barbara Kanam n’abandi.</p>
<p>Amakuru atandukanye aturuka mu bitangazamakuru bya Cameroun, avuga ko yari yagiye i Douala mu gitaramo akaza kujyanwa kwa muganga, bagakeka ko yishwe na Covid19.</p>
<p>Defao yatangiye umuziki mu 1976, yakunzwe na benshi arenga imbibi z’igihugu avukamo cya RD Congo, yari azwi cyane mu ndirimbo nka Famille Kikuta, Amour Scolaire, Sala Noki n’izindi. Apfuye ku myaka 63.</p>
<div class='spip_document_162657 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umuhanzi.jpg' width="700" height="695" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/defao.jpg"
				length="146404"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ingengabihe y'irushanwa rya Miss Rwanda 2022 yamenyekanye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ingengabihe-y-irushanwa-rya-miss-rwanda-2022-yamenyekanye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ingengabihe-y-irushanwa-rya-miss-rwanda-2022-yamenyekanye</guid>

		<dc:date>2021-12-24T17:31:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Igikorwa cyo gutoranya Nyampinga uhiga abandi mu muco no mu buranga, Miss Rwanda 2022 kiregereje, aho abagitegura bashyize ahagaragara ingengabihe yacyo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ingengabihe y’irushanwa rya Miss Rwanda 2022 yamenyekanye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_162548 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="85" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/megan_2.jpg' width="664" height="680" alt="Nimwiza Meghan, umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up, mu kiganiro n'abanyamakuru" title="Nimwiza Meghan, umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up, mu kiganiro n'abanyamakuru" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nimwiza Meghan, umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up, mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa 24 Ukuboza 2021, nibwo Rwanda Inspirational Back Up yashyize ahagaragara ingengabihe y’uko igikorwa cyo gutoranya nyampinga uhiga abandi mu bwiza no mu muco kizagenda.</p>
<p>Nimwiza Meghan, umuvugizi wa Rwanda Inspiration Back Up, yashyize ahagaragara ingengabihe izagenderwaho kugeza Abanyarwanda bamenye nyampinga w’u Rwanda 2022.</p>
<p>Iri rushanwa amajonjora yaryo y’ibanze ya mbere akaba azatangirira mu Ntara y’Amajyaruguru, akazaba ku wa 29 Mutarama 2022, hakazarara hamenyekanye abakobwa bazahagararira iyo Ntara.</p>
<p>Tariki ya 30 Mutarama 2022, mu Ntara y’Iburengerazuba nibwo hazakorwa amajonjora, mu gihe mu ntara y’Amajyepfo ku wa 5 Gashyantare 2022 aribwo icyo gikorwa kizaba.</p>
<p>Abakobwa bazahagararira Intara y’Iburasirazuba bo bakaba bazatoranywa ku wa 6 Gashyantare 2022.</p>
<p>Mu Mujyi wa Kigali ni ho hazamenyekana bwa nyuma abakobwa bazajyana n’abandi muri ‘bootcamp’, bikazakorwa ku wa 12 Gashyantare 2022, maze ‘pre selection’ ikazaba ku wa 26 Gashyantare 2022, aribwo bazatoranya abakobwa bahize abandi bakabona amahirwe yo gukomeza.</p>
<div class='spip_document_162549 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="48" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/media_1.jpg' width="700" height="466" alt="Abanyamakuru n'abandi bitabiriye icyo kiganiro" title="Abanyamakuru n'abandi bitabiriye icyo kiganiro" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abanyamakuru n&#8217;abandi bitabiriye icyo kiganiro</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuhango nyamukuru utegerejwe n’imbaga y’Abanyarwanda wo kumenya Nyampinga uhiga abandi uzahabwa ikamba rya Miss Rwanda 2022, usimbura Ingabire Grace wari urifite muri 2021 ukazaba ku wa 19 Werurwe 2022.</p>
<p>Nyampinga 2022, azagenerwa umushahara w’ibihumbi 800Frw mu gihe cy’umwaka wose ndetse agahabwa n’ibindi bihembo bitandukanye birimo imodoka ya Hyundai igezweho, yifitemo ikoranabuhanga ritamenyerewe hano mu Rwanda.</p>
<p><strong>Kurikira uko iki gikorwa cyagenze muri iyi video:</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/WTxeW_-1KA8" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/megan_2.jpg"
				length="78819"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nel Ngabo agiye gusohora album nshya</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nel-ngabo-agiye-gusohora-album-nshya</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nel-ngabo-agiye-gusohora-album-nshya</guid>

		<dc:date>2021-11-03T17:38:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Byangabo Cyusa Nelson, umwe mu bahanzi bazamutse vuba uzwi nka Nel Ngabo, agiye gusohora album nshya yise RNB 360, ku wa 21 Ukuboza 2021.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nel Ngabo agiye gusohora album nshya</h1>

			

			

			<div class='spip_document_159823 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ngabo-4.jpg' width="694" height="694" alt="Nel Ngabo" title="Nel Ngabo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nel Ngabo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo album izaba iriho indirimbo ze yaririmbyemo wenyine ndetse n’izo yakoranye na bagenzi be bo muri Kina Music.</p>
<p>Album ye ya mbere yayise ‘Ingabo’, yayisohoye ku wa 4 Nyakanga 2021, ayitirira ubutwari bw’ingabo z’u Rwanda zamennye amaraso n’izikiriho, kugira ngo u Rwanda rubone amahoro.</p>
<p>Nel Ngabo yavuze ko azasohora album ye abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze za Instagram na Twitter.</p>
<p>Mu kiganiro na Ishimwe Clement uyobora Kina Music akanatunganya amajwi, yavuze ko ibi bizashyira umuziki wa Nel Ngabo ku rundi rwego.</p>
<p>Yagize ati “Nel arimo gukora cyane kugira ngo arangize iyi album, icyo nakubwira ni uko izaba ari nziza kuko twazikozeho bihagije”.</p>
<p>Clement ni we wakoze amajwi y’indirimbo ziganje kuri iyo album, hari n’izo Nel Ngabo yakoranye n’abahanzi bo muri Kina Music nka Knowless, Tom Close, Igor Mabano, Dream boyz na King James.</p>
<p>Ngabo ni umwe mu bahanzi bamaze igihe gito mu ruhando rwa muzika nyarwanda, kuko amaze imyaka ine atangiye, kuri ubu akaba afite abakunzi benshi bakunda ibihangabo bye.</p>
<p>Aho igitaramo kizabera ntabwo haramenyekana.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ngabo-4.jpg"
				length="39770"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>KT Radio ku mwanya wa kabiri mu maradiyo yumvwa na benshi mu Rwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/kt-radio-ku-mwanya-wa-kabiri-mu-maradiyo-yumvwa-na-benshi-mu-rwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/kt-radio-ku-mwanya-wa-kabiri-mu-maradiyo-yumvwa-na-benshi-mu-rwanda</guid>

		<dc:date>2021-10-16T15:09:48Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Inyigo yakozwe n’Urwego FOJO Media Institute rwo muri Suède ruteza imbere itangazamakuru, ku bufatanye  n’Umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro, PaxPress, yerekana uko Abanyarwanda babona&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>KT Radio ku mwanya wa kabiri mu maradiyo yumvwa na benshi mu Rwanda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_158957 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="95" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kt_r.jpg' width="700" height="711" alt="Abashinzwe tekiniki ya KT Radio bayikurikiranira hafi kugira ngo igere ku bayumva nta makemwa" title="Abashinzwe tekiniki ya KT Radio bayikurikiranira hafi kugira ngo igere ku bayumva nta makemwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abashinzwe tekiniki ya KT Radio bayikurikiranira hafi kugira ngo igere ku bayumva nta makemwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo nyigo igaragaza ko Abanyarwanda 99% bari hagati y’imayaka 12-80 bumva radio, kandi radio ikaba igera mu gihugu hose, 63% ni bo bayumva nibura hagati y’iminsi 5-7 mu cyumweru.</p>
<p>Hagendewe ku hantu radio zishobra kumvikana, Radio Rwanda iza ku mwanya wa mbere na 64% igakurikirwa na KT Radio ku kigeranyo cya 33%, ku mwanya wa gatatu haza KISS FM kuri 29%.</p>
<p>Iyo nyigo ikomeza ivuga ko radio ikoreshwa na buri wese mu Rwanda, televiziyo ikoreshwa mu bice byo mu mijyi na ho ibinyamakuru byo kuri murandazi n’ibinyamakuru byo mu mpapuro byo bikoreshwa ahanini n’abize.</p>
<div class='spip_document_158958 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kt_1.jpg' width="700" height="157" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu byo Abanyarwanda bakunda kumva, amakuru y’imbere mu gihugu aza ku mwanya wa mbere, ku mwanya wa kabiri haza amakinamico n’inkuru zitandukanye na ho ku mwanya wa gatatu haza amakuru y’imikino.</p>
<p>KT radio ni imwe mu bitangazamakuru bya Kigalitoday Ltd birimo ibikorera kuri murandasi nka kigalitoday.com na ktpress.rw ndetse na youtube channel ya kigalitoday n&#8217;iya ktradio.</p>
<p>KT Radio ikaba yaratangiye kumvikana mu 2012 ikorera kuri murandasi, nyuma iza kujya kuri FM muri 2014. Ibyuma bya KT Radio biri ku minara itanu mu gihigu hose, ni ukuvuga muri buri ntara n&#8217;Umugi wa Kigali.</p>
<div class='spip_document_158959 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="71" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kt_3.jpg' width="700" height="933" alt="KT Radio ifite iminara mu Ntara zose z'u Rwanda no mu Mujyi wa Kigali " title="KT Radio ifite iminara mu Ntara zose z'u Rwanda no mu Mujyi wa Kigali " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>KT Radio ifite iminara mu Ntara zose z&#8217;u Rwanda no mu Mujyi wa Kigali </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi ni byo biyiha ubushobozi bwo kumvikana mu bice byose by&#8217;igihugu ndetse no mu bihugu bituranye n&#8217;u Rwanda.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kt_r.jpg"
				length="173065"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>&#8216;Messengers Singers' bagiye gukorera igitaramo kuri YouTube </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/messengers-singers-bagiye-gukorera-igitaramo-kuri-youtube</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/messengers-singers-bagiye-gukorera-igitaramo-kuri-youtube</guid>

		<dc:date>2021-09-30T12:06:21Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Itsinda ry’abasore baririmba indirimbo zo kuranya no guhimbaza Imana, Messengers Singers, rikorera ivugabutumwa ry’indirimbo muri Eglise Adventiste Francophone de Kigali, nyuma y’uko basohoye&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>‘Messengers Singers’ bagiye gukorera igitaramo kuri YouTube </h1>

			

			

			<div class='spip_document_158210 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="20" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abaririmbyi.jpg' width="700" height="466" alt="Messengers Singers" title="Messengers Singers" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Messengers Singers</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuyobozi wa Messengers Singers, Ishimwe  Emile, aganira n’Itangazamakuru yavuze ko indirimbo Urahambaye yakiriwe neza n’abakunzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bibatera imbaraga zo kwifuza gutaramira abakunzi babo bifashije ikoranabuhanga (YouTube).</p>
<p>Ati “Indirimbo kugeza ubu yakiriwe neza cyane. Byatumye dutekeza ku yindi mishinga tugiye gukurikizaho, harimo igitaramo tuzakorera kuri YouTube ndetse n’Indirimbo twatangiye gukora muri studio”.</p>
<p>Ishimwe ati “Messengers Singers izakora igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana mu mpera z’umwaka hifashishizwe ikoranabuganga rya YouTube”.</p>
<p>Indirimbo ‘Urahambaye’ irimo amagambo y’Isanamutima hari aho baririmba bati ‘Mana nyir’irema urahambaye, nta kiriho nakimwe kitagenwe nawe duciye mu mitima inyuzwe tukwerereza shimwa”.</p>
<p>Iyo ndirimbo yakozwe na Bruce &amp; Boris mu buryo bw’amajwi mu gihe amashusho yayo yafashwe, anatunganywa na Mucyo Serge.</p>
<p>Messengers Singers igizwe n’abaririmbyi umunani, bafite umwihariko wo kugira amajwi anyura amatwi.</p>
<p>Messengers Singers yamenyekanye mu ndirimbo nyinshi zitandukanye harimo Umusumari, Iyo avuze, Nyuma ya byose na Izi impamvu, yakunzwe cyane mu Rwanda no mu mahanga.</p>
<p>Ibihangano by’iri tsinda bikundwa na benshi ariko bikaba umwihariko ku bayoboke b’Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi.</p>
<p>Messengers Singers yashinzwe ku wa 30 Kamena 2009, igizwe n’abaririmbyi umunani, yatangiriye ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo muri Collège Adventiste de Gitwe mu Karere ka Ruhango mu Majyepfo y’u Rwanda, kugeza ubu ifite album ebyiri z’amajwi na album imwe y’amashusho.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abaririmbyi.jpg"
				length="80895"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mico The Best yambitse impeta uwo bitegura kubana</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mico-the-best-yambitse-impeta-uwo-bitegura-kubana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mico-the-best-yambitse-impeta-uwo-bitegura-kubana</guid>

		<dc:date>2021-07-05T09:22:08Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 4 Nyakanga 2021, Mico The Best yatangaje ko yambitse impeta uwo bitegura kurushinga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mico The Best yambitse impeta uwo bitegura kubana</h1>

			

			

			<div class='spip_document_153711 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico_2.jpg' width="700" height="477" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu magambo y’urukundo yagize ati “Reka tubane mu gihe gisigaye cy’ubuzima bwacu guhera uyu munsi. Kuva bwa mbere tugihura nahise menya ko nzashaka kubana nawe ibihe byose, urakoze kunyemerera”.</p>
<div class='spip_document_153712 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico_1.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi yabyanditse ku mafoto ubwo yari ateye ivi asaba umukunzi we ko yakwemera kumubera umugore.</p>
<p>Mico yiyongereye mu bandi bahanzi basabye abakunzi babo ko bababera abagore n’abamaze igihe gito babanye, harimo Meddy, Emmy, Platini P, Kitoko n’abandi.</p>
<div class='spip_document_153713 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico_4.jpg' width="700" height="538" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_153714 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico_5.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico_2.jpg"
				length="88189"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nsengiyumva Fran&#231;ois uzwi nka &#8216;Igisupusupu' yafunzwe na RIB</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nsengiyumva-francois-uzwi-nka-igisupusupu-yafunzwe-na-rib</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nsengiyumva-francois-uzwi-nka-igisupusupu-yafunzwe-na-rib</guid>

		<dc:date>2021-06-30T15:49:20Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umuhanzi Nsengiyumva François wamenyekanye kw’izina rya Gisupusupu, kubera indirimbo yamumenyekanishije.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nsengiyumva François uzwi nka ‘Igisupusupu’ yafunzwe na RIB</h1>

			

			

			<div class='spip_document_153480 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gisupusupu.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uwo muhanzi akurikiranyweho ibyaha 2, ari byo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 ndetse n’icyaha cyo gukoresha umwana imirimo ivunanye, aho yamukoreshaga nk’umukozi wo murugo, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry.</p>
<p>Icyo cyaha cyo gusambanya umwana biravugwa ko yagikoze ku ya 18 Kamena 2021 mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiziguro, Akagari ka Rubona, Umudugudu wa Rubaya. Ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kiramuruzi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gisupusupu.jpg"
				length="57902"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ish Kevin ari mu maboko ya RIB</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ish-kevin-ari-mu-maboko-ya-rib</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ish-kevin-ari-mu-maboko-ya-rib</guid>

		<dc:date>2021-06-26T18:33:44Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Sekamana Kevin uzwi kw’izina rya Ish Kevin na bagenzi be bari mu Maboko ya RIB kuva ku itariki ya 25 Kamena 2021, bakaba bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ish Kevin ari mu maboko ya RIB</h1>

			

			

			<div class='spip_document_153286 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish-5.jpg' width="700" height="405" alt="Ish Kevin " title="Ish Kevin " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ish Kevin </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Muri abo bagenzi ba Ish harimo abakobwa bane n’umusore umwe aribo Munyanshoza Celine, Umulisa Benitha, Mugisha Patrick, Byukusenge Esther na Nziza Orga.</p>
<p>Baracyekwaho icyaha cyo kunywa ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bw’urumogi, aho bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, cyane ko ngo bari barimo no kunywa inzoga.</p>
<div class='spip_document_153287 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="38" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj.jpg' width="1000" height="1003" alt="DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish" title="DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>DJ Brianne ari mu bafunganywe na Ish</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi birori bari barimo byabereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagari ka Musezero muri Gasave. Abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Gisozi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish-5.jpg"
				length="97906"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mico The Best yakuye urujijo ku bibaza ku magambo yo mu ndirimbo ze</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Mico-The-Best-yakuye-urujijo-ku-bibaza-ku-magambo-yo-mu-ndirimbo-ze</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Mico-The-Best-yakuye-urujijo-ku-bibaza-ku-magambo-yo-mu-ndirimbo-ze</guid>

		<dc:date>2021-06-22T19:57:37Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Benshi bakunze kwibaza ku myandikire y’umuhanzi Mico the Best, akaba yasobanuye ko ibihangano bye biba bigomba kugira umwihariko, nk’uko yabigarutseho mu kiganiro kuri Kt Radio kuri uyu wa Kabiri&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mico The Best yakuye urujijo ku bibaza ku magambo yo mu ndirimbo ze</h1>

			

			

			<div class='spip_document_153081 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="15" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico-5.jpg' width="689" height="540" alt="Mico The Best " title="Mico The Best " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mico The Best </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ni nyuma y’indirimbo nka Igare, Umunaba n&#8217;iyo aherutse gusohora mu cyumweru gishize yise Amabiya. Mu gusobanura inyito yazo yagize ati “Iyi myandikire ni mishya si ko nahoze nandika mbere, ubu ndeba icyo isoko rikeneye akaba aricyo mbaha”.</p>
<p>Yakomeje agira ati “Nk’abantu batinya kuvuga ijambo amabiya bikanga ibindi icya mbere nashatse kuvuga inzoga z’urufuro mu cyongera bita beer, kurivuga rero nta nka mba naciye amabere. Usibye ko n’igice cy’umubiri umuntu aba atinya kuvuga na cyo kibaho n’ubwo atari byo navugaga”.</p>
<p>Ku ndirimbo za mbere yavuze ko imyandikire ifite umwihariko ati “Iyo nsohoye indirimbo mba nshaka ko abantu babimenya, kandi iyo zifite umwihariko mu myandikire nk’izanjye barazimenya. Kandi zose ziba zifite ubutumwa”.</p>
<p>Mico yavuze ko amabiya harimo ubutumwa buvuga ko kunywa inzoga nyinshi ugasamara atari byiza, kugeza aho utangira kwicuza mu gitondo utazi aho waraye.</p>
<p>Indirimbo amaze iminsi asohora imwe imwe, yavuze ko ari gutegura album ku buryo hazaba hariho indirimbo zimenyerewe n’izindi zizasohokera rimwe na album, kugeza ubu iracyarimo gutunganywa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico-5.jpg"
				length="90719"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kansiime yambitswe impeta n'umusore baherutse kubyarana</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/kansiime-yambitswe-impeta-n-umusore-baherutse-kubyarana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/kansiime-yambitswe-impeta-n-umusore-baherutse-kubyarana</guid>

		<dc:date>2021-06-18T05:16:19Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urwenya
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umunyarwenya Kansiime Anne w’umunya Uganda, yambitswe impeta na Abraham Tukahiirwa uzwi nka Skylanta bamaze amezi make bibarutse imfura yabo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kansiime yambitswe impeta n’umusore baherutse kubyarana</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152828 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kansiime_2_2_.jpg' width="700" height="502" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abo bombi bamaze igihe kinini bakundana, muri Gicurasi uyu mwaka bibarutse imfura yabo y’umuhungu, ibyo bisa n’aho byongereye imbaraga urukundo rwabo kuko biyemeje kubana akaramata nk’umugabo n’umugore.</p>
<div class='spip_document_152829 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kansiime_2_1_.jpg' width="700" height="470" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyo mpeta Kansiime ayambitswe nyuma yo gushyingura nyina wapfuye mu byumweru bibiri bishize, mu muhango wo kumuherekeza byari ibirori birimo imbyino nk’uko umuryango we wavuze ko bariho bamuherekeza bishimira ubuzima wabayeho.</p>
<div class='spip_document_152830 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kansiime_3.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abinyujije ku mbugankoranyambaga ze, Kansiima yagize ati “Isezerano ryiza? Nshobora kuba niboneye uwo tuzafatanya ubuzima mu mikino. Muze mumfashe kwishimira ibi bihe byiza. Skylanta urakoze kunkunda no kumbera ubwihisho, urakoze kwiyemeza kubana n’ubusazi bwanjye. Nanjye ngiye kugukunda”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kansiime_2_2_.jpg"
				length="103313"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Uruganda rusanzwe rukora imodoka zihenze rwatangiye gukora imyenda </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/uruganda-rusanzwe-rukora-imodoka-zihenze-rwatangiye-gukora-imyenda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/uruganda-rusanzwe-rukora-imodoka-zihenze-rwatangiye-gukora-imyenda</guid>

		<dc:date>2021-06-16T21:29:29Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubucuruzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uruganda rwa Ferrari rwo mu Butaliyani rusanzwe rukora imodoka zihenze, rwerekanye imyenda yarwo ya mbere rwakoze.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Uruganda rusanzwe rukora imodoka zihenze rwatangiye gukora imyenda </h1>

			

			

			<div class='spip_document_152785 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ferrari_2_.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu ruganda rwagati rusanzwe rukoreramo Ferrari, i Maranello mu Majyaruguru y’u Butaliyani ni ho aberekana imideli batambutse bambaye imyenda yitiriwe Ferrari bwa mbere mu mateka yarwo.</p>
<p>Mu mabara menshi atandukanye yiganjemo umutuku n’umuhondo nk’uko asanzwe ari aya Ferrari, bamuritse iyi myenda yambarwa n’abagabo ndetse n’abagore.</p>
<div class='spip_document_152786 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ferrari_1_.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umuyobozi wa Ferrari John Elkann yagize ati “Iri murika ryabereye mu ruganda mu rwego rwo gushyigikira indashyikirwa mu guhanga udushya n’ubugeni bw’Abataliyani”.</p>
<p>Ku wa Kabiri tariki 15 Kamena 2021 nibwo iyi myenda yagiye ku isoko kugira ngo abayishimye nyuma yo kuyimurika bashobore kuyigura. Umwe mu bayikoze yahoze akorera andi masosiyete akomeye asanzwe akora imyenda nka Giorgio Armani, Dolce &amp; Gabbana na Rocco Iannone.</p>
<div class='spip_document_152787 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ferrari_3_.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ferrari.jpg"
				length="65673"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Knowless arahakana ubwambuzi bumuvugwaho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Knowless-arahakana-ubwambuzi-bumuvugwaho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Knowless-arahakana-ubwambuzi-bumuvugwaho</guid>

		<dc:date>2021-06-15T16:14:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzikazi Butera Knowless aravuga ko uwamushinje ubwambuzi amubeshyera kuko atamuzi, akaba nta n’amafaranga yigeze ahabwa n’uwo muntu.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Knowless arahakana ubwambuzi bumuvugwaho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152714 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/knowless-12.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi yabivugiye mu kiganiro yahaye KT Radio kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Kamena 2021, aho yasobanuraga n&#8217;ibindi bimwerekeyeho birimo n&#8217;umuzingo w&#8217;indirimbo (Album) aherutse gushyira hanze.</p>
<p>Knowless yasobanuye ko iby&#8217;uwo muntu yabibonye ku mbuga nkoranyambaga, ariko ko ntaho amuzi  ndetse ko nta n&#8217;amafaranga yamuhaye.</p>
<p>Yongeyeho ko nta rwego ruramuhamagara ngo rumubaze kuri ibyo bintu, icyakora akavuga ko biri mahire kuko yabonye ku mbuga nkoranyambaga ko ikirego cyaba kiri mu maboko y&#8217;Urwego rw&#8217;Ubugenzacyaha (RIB), akavuga ko ubwo ukuri kwabyo kuzamenyekana.</p>
<div class='spip_document_152717 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/knowless_2-2.jpg' width="700" height="595" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri nibwo amakuru yasakaye avuga ko Butera Knowless yarezwe mu rwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’uwitwa Munezero Rosette uvuga ko yahaye  Knowless amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni imwe n’ibihumbi Magana atatu na mirongo itanu (FRW 1,350,000) mu bucuruzi bw’uruhererekane (pyramid Scheme) mu kimina cyitwa ‘Happy Family’.</p>
<p>Bene ubu bucuruzi bwo guhererekanya amafaranga uyatanze akizezwa inyungu  ariko abanje na we kuzanamo abandi bantu Leta imaze iminsi ibuhagarika kuko butemewe.</p>
<p>Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwakiriye icyo kirego, hakaba ngo hakurikiraho kugisuzuma.</p>
<p>Knowless avuga ku by’iki kirego, yagize ati “Ubwo babishyikirije RIB buriya bizakemuka kuko ni urwego rw’Abanyarwanda bose, nibabikurukirana bikaba ngombwa ko nitaba nzajyayo.”</p>
<div class='spip_document_152718 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/knowless_3-2.jpg' width="720" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Butera Knowless amaze gushyira album ye ya gatanu hanze yise “Inzora”. Yasobanuye ko izina yahaye iyi Album ari izina ry’umwana we kandi akaba yarafashe umwanya uhagije kugira ngo akore ibihangano buri wese azisangamo. Kuri iyi Album hariho indirimbo yakoranye n’abandi bahanzi batandukanye barimo Aline Gahongayire, Tom Close, Igor Mabano, Platini P, Nel Ngabo ndetse na Ykee Benda na Navio bo muri Uganda.</p>
<p><strong>Umva agace k&#8217;ikiganiro Knowless yagiranye na KT Radio aho yasobanuye iby&#8217;ubwo bwambuzi</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/RakrN6IZO-A" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/knowless-12.jpg"
				length="120843"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abitabiriye &#8216;Kigali Night Run' bifuza ko yajya iba kenshi (Video)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imikino/indi-mikino/Abitabiriye-Kigali-Night-Run-bifuza-ko-yajya-iba-kenshi-Video</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imikino/indi-mikino/Abitabiriye-Kigali-Night-Run-bifuza-ko-yajya-iba-kenshi-Video</guid>

		<dc:date>2021-06-12T14:20:21Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indi mikino
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu masaha ya nimugoroba ku wa 11 Kamena 2021, abatuye i Kigali bitabiriye umugoroba wo gukora sport mu mihanda y’uwo mujyi biganjemo ahanini abirukanka, benshi muri bo bakifuza ko icyo gikorwa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abitabiriye ‘Kigali Night Run’ bifuza ko yajya iba kenshi (Video)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152591 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="59" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kigali-25.jpg' width="700" height="418" alt="Abitabiriye &#8216;Kigali Night Run' bifuza ko yajya iba kenshi" title="Abitabiriye &#8216;Kigali Night Run' bifuza ko yajya iba kenshi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abitabiriye ‘Kigali Night Run’ bifuza ko yajya iba kenshi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uwo mugoroba witabiriwe n’ingeri zose z’abantu yaba abakuru n’abato, ukaba wabereye mu mihanga ya Kimihurura, abawitabiriye bakemeza ko bikozwe kenshi byafasha benshi muri bo.</p>
<p>Umwe mu bitabiriye iyo siporo, Yassipi Casmir, yavuze ko byongera imbaraga abagira ubunebwe bwo kwikorana ati “Ubusanzwe nkora siporo ndi njyenyine nkiruka ariko nimba nkora kilometero 2-3, bitandukanye n’iyo turi benshi kuko nakubye kabiri aho nari nsanzwe niruka”.</p>
<p>Siporo zikorerwa muri rusange zari zimaze igihe zarakumiriwe kubera amabwiriza yo kwirinda Covid19, ari yo mpamvu uyu mugoroba washimishije abatari bake.</p>
<p>Cyubahiro Jean Claude wawitabiriye inshuro zose kuva watangira yavuze ko yari awukumbuye cyane.</p>
<p>Ati “Burya siporo ni nziza twese turabizi, noneho iyo harimo guterana imbaraga n’abandi, icyo gihe umuntu yibagirwa imvune kuko hari abandi benshi. Byadufasha nk’uyu mugoroba ugiye uba na buri cyumweru aho gutinda, byaba byiza kurushaho”.</p>
<p>Kigali night run abayitabiriye birutse ibirometero 5.4, muri bo hari na Minisitiri wa siporo, Munyagaju Aurore Mimosa.</p>
<p><strong>Reba muri iyi Video uko byari byifashe:</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/VNDYt57-51w" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kigali-25.jpg"
				length="94723"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya ibyiza byo kunywa amazi ashyushye mu gitondo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-ibyiza-byo-kunywa-amazi-ashyushye-mu-gitondo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-ibyiza-byo-kunywa-amazi-ashyushye-mu-gitondo</guid>

		<dc:date>2021-06-10T11:27:51Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kunywa amazi muri rusange ni byiza ku mubiri w’umuntu, icyakora hari ubushakashatsi bwemeza ko amazi ashyushye ari meza kurushaho.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya ibyiza byo kunywa amazi ashyushye mu gitondo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152475 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/amazi-23.jpg' width="640" height="640" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Amazi ashyushye afasha mu igogora</strong></p>
<p>Ubushyakashatsi buvuga ko iyo unyoye amazi ashyushye mu gitondo bifasha urwungano ngogozi kubyuka rugakora neza mu kwakira ibyinjira mu mubiri. Bitandukanye no kunywa amazi akonje kuko iyo uyanyoye umaze kurya, atuma amavuta n’ibinure bikomera ku buryo igogora rigorana, ari yo mpamvu ari byiza kunywa amazi ashyushye na nyuma yo kurya.</p>
<p><strong>Birinda constipation (impatwe)</strong></p>
<p>Hari ubwo umuntu ashobora kujya kwituma bikamugora, ibyo akenshi biterwa n’uko nta mazi ahagije afite mu mubiri we. Kunywa amazi muri rusange birafasha ariko ashyushye ni akarusho kuko atuma umwanda wavuye mu biryo uri mu mara wihuta gusohoka kandi woroshye.</p>
<p><strong>Arinda uyanyoye guhinda umushyitsi mu mbeho</strong></p>
<p>Ubushakashatsi bwatangajwe muri 2017 na PubMed Central, urubuga rwandika ku buzima, bwagaragaje ko umubiri w’umuntu mu gihe cy’imbeho akenshi uhinda umushyitsi, kunywa ibishyushye biwurinda guhinda umushyitsi.</p>
<p>Abashakashatsi bemeje ko kunywa amazi ashyushye bifasha gufita ushyuha aho kurwana n’ubukonje. Ibyo bifasha cyane abantu batuye cyangwa bakorera ahantu hakonje.</p>
<p><strong>Amaraso atembera neza</strong></p>
<p>Uko amaraso atembera neza mu mubiri biterwa n’ibintu byinshi uhereye ku muvuduko w’amaraso kugera ku byago by’indwara z&#8217;umutima. Koga amazi ashyushye bifasha imitsi ijyana amaraso gufunguka ikaguka, ibyo byorohereza amaraso gutembera neza mu mubiri.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/amazi-23.jpg"
				length="47974"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Israel Mbonyi yamaganiye kure abamubika</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/israel-mbonyi-yamaganiye-kure-abamubika</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/israel-mbonyi-yamaganiye-kure-abamubika</guid>

		<dc:date>2021-06-07T13:29:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Inkuru ivuga urupfu rwa Israel Mbonyi yasakaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021 biturutse ku muntu wabishyize ku mbuga nkoranyambaga (YouTube), ariko uwavugwaga ko yapfuye yahise&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Israel Mbonyi yamaganiye kure abamubika</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152333 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="67" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/israel_mbonyi-2.jpg' width="717" height="406" alt="Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi bafite ibihangano binyura benshi" title="Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi bafite ibihangano binyura benshi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Israel Mbonyi ni umwe mu bahanzi bafite ibihangano binyura benshi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ababitangaje bavugaga ko umuririmbyi Israel Mbonyi yitabye Imana mu buryo butunguranye, benshi bikaba byabagoye kubyakira.</p>
<p>Uwo muhanzi Israel Mbonyi bigaragara ko na we byamugezeho arumirwa, ahita abinyomoza mu butumwa yanditse ati “Ibi byari ngombwa koko? Business y’ama views imaze gutuma abantu bata ubunyangamugayo! Ku nshuti zanjye ndetse n’umuryango mugari unkunda, ndi muzima cyane kurushaho.”</p>
<p>Ibindi byamamare birimo Dj Pius, Aline Gahongayire, Sherrie Silver n’abandi, bamwihanganishije bavuga ko bari bakutse umutima.</p>
<p>Mbonyi yanenze abamubitse bagamije kubona ababasura benshi ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe abazikoresha cyane cyane YouTube bamaze igihe banengwa kubera ibyo bashyiraho by’ibinyoma, batukana, cyangwa se bagashyiraho ibiteye isoni.</p>
<p>Inzego zitandukanye zirimo n’iz’itangazamakuru zikunze kugaragaza ko bene ibyo bitangazwa biteye ikibazo, izo nzego zikaba zikomeje gutekereza ku ngamba zihamye zo guhangana na byo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/israel_mbonyi-2.jpg"
				length="78340"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Marina aravuga iki ku ndirimbo ye nshya benshi bacyeka ko asabamo imbabazi?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/marina-aravuga-iki-ku-ndirimbo-ye-nshya-benshi-bacyeka-ko-asabamo-imbabazi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/marina-aravuga-iki-ku-ndirimbo-ye-nshya-benshi-bacyeka-ko-asabamo-imbabazi</guid>

		<dc:date>2021-06-06T19:01:51Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imbere mu gihugu
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’uko umuhanzikazi Marina ashyize hanze indirimbo nshya yise “I’m sorry”, bamwe mu bayumvise batekereje ko arimo gusaba imbabazi ku kuba yaravuye mu nzu ifasha abahanzi yitwa The Mane mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Marina aravuga iki ku ndirimbo ye nshya benshi bacyeka ko asabamo imbabazi?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152295 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="8" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/marina_1_.jpg' width="700" height="505" alt="Marina" title="Marina" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Marina</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>“I’m sorry” ushyize mu Kinyarwanda bivuga “mbabarira cyangwa se ndasaba imbabazi”. Uku ni ko indirimbo nshya ya Marina yitwa. <br class='autobr' />
Yayishyize hanze nyuma y’ukwezi kwari gushize yanditse ibaruwa asezera muri The Mane, inzu yari amaze igihe akoreramo umuziki.</p>
<p>Marina na bagenzi be Queen Cha na Aristide bashyize hanze amabaruwa asezera muri The Mane mu gihe Baad Rama nyirayo atari ari mu Rwanda. Agarutse, yasobanuye ibyabaye, avuga ko Marina yamusabye imbabazi avuga ko ashaka kugaruka muri The Mane, maze na we amwemerera kugaruka.</p>
<p>Ibi ni byo byatumye abenshi bumva indirimbo nshya ya Marina bagahita batekereza ko yayikoze agamije gusaba imbabazi, ariko nyiri ubwite we yabihakanye, avuga ko ntaho bihuriye.</p>
<p>Yagize ati “Iyi ndirimbo yari imaze amezi arindwi iri muri studio, icyo gihe hariho ibintu byinshi bamvugagaho nkumva ko wenda ari cyo gihe nanjye nagahindutse. Ubu nibwo nyishyize hanze ariko ni indirimbo yakoreshwa na buri wese usibye ko atari inkuru mpamo nk’uko abenshi babitekereje.”</p>
<p>Muri The Mane hamaze kuvamo abahanzi benshi batandukanye harimo abavuyemo mbere nka Jay Polly na Safi Madiba.  Nyuma yaho Queen Cha na we yavuyemo ndetse na Aristide wari ushinzwe gukurikirana inyungu z’abahanzi umunsi ku wundi we akaba yarasimbujwe murumuna wa Baad Rama. Abahanzi basigayemo ni Marina ari na we wasinyemo bwa mbere na Calvin Mbanda.</p>
<p><strong>Reba hano indirimbo nshya ‘I&#8217;m Sorry’ ya Marina</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/LtCBgcpr-ek" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/marina_1_.jpg"
				length="53420"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Babo uherutse gusinya muri &#8216;1k Entertainment' yakoze indirimbo ya kabiri</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/babo-uherutse-gusinya-muri-1k-entertainment-yakoze-indirimbo-ya-kabiri</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/babo-uherutse-gusinya-muri-1k-entertainment-yakoze-indirimbo-ya-kabiri</guid>

		<dc:date>2021-06-03T13:24:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma yo gukorana indirimbo ya mbere hamwe na The Ben, Babo yakoze indi ndirimbo yise “On you”.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Babo uherutse gusinya muri ‘1k Entertainment’ yakoze indirimbo ya kabiri</h1>

			

			

			<div class='spip_document_152145 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="42" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/babo-2.jpg' width="722" height="881" alt="Ubwo Babo yari mu kiganiro kuri KT Radio" title="Ubwo Babo yari mu kiganiro kuri KT Radio" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ubwo Babo yari mu kiganiro kuri KT Radio</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro na KT Radio, Babo yavuze ku buryo yamenye ko icyo yifuza kuzakora mu buzima ari ukuba umuhanzi ariko akaba yaragiraga isoni, yari umwana udakunda kuvuga ariko ababyeyi be bakaza kubimufashamo.</p>
<p>Yagize ati “Nkiri muto mfite imyaka 6 ni bwo namenye ko nshobora kuririmba, nararirimbye umuturanyi aranyumva ambwira ko ndirimbo neza, yanguriye guitar ndiririmbira mama wanjye ku munsi w’abamama. Ni aho byahereye”.</p>
<p>Yakomeje avuga ko ubu arimo gukorera muri 1k Entertainment iyobowe na Dj Oius, ariko bwa mbere akiza mu Rwanda yabanje gukorana na Nizzo wo muri urban boys.</p>
<p>Ati “Bwa mbere nza mu Rwanda nshaka gukora umuziki umuntu wa mbere twakoranye ni Nizzo n’ubu ni umwe mu bantu bamba hafi”.</p>
<p>Ku myaka 19, Babo yavuze ko afite indirimbo nyinshi n’imishinga ashaka gukorera muri 1k Entertainment, iyo yahise asohora agitangira yayikoranye na The Ben yitwa ‘go low’, ubu akaba yakoze iyo ari wenyine yise ‘on you’. Ikurikira ishobora kuba izitwa ‘I’m in love’ nk’uko bigaragara mu mashusho ya on you irangira.</p>
<p>Izi ndirimbo Babo arimo kuzisohora nta gihe kirekire giciyemo hagati ugereranyije n’ubwo mbere agikora nta nzu itunganya umuziki akorana nayo, aho wasanganga hacamo igihe kirenga umwaka ngo indi ndirimbo isohoke.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/babo-2.jpg"
				length="200483"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Miss Bahati yifurije umukunzi we isabukuru nziza mu magambo yuje urukundo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/miss-bahati-yifurije-umukunzi-we-isabukuru-nziza-mu-magambo-yuje-urukundo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/miss-bahati-yifurije-umukunzi-we-isabukuru-nziza-mu-magambo-yuje-urukundo</guid>

		<dc:date>2021-05-31T10:22:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Miss Bahati Grace wabaye Nyampinga w’u Rwanda muri 2009 yifurije isabukuru nziza umusore witwa Murekezi Pacifique bitegura kurushinga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Miss Bahati yifurije umukunzi we isabukuru nziza mu magambo yuje urukundo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_151972 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_bahati.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Miss Bahati yagize ati “Buri wese uzumva inkuru y’urukundo rwacu azakunda umugabo uri we, ibikorwa byawe byanteye guhinduka mu buryo bwiza kurushaho. Isabukuru nziza! Nishimiye kwitwa umugore wawe vuba cyane, ndagukunda bitagereranywa.”</p>
<div class='spip_document_151973 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bahati_grace.jpg' width="700" height="893" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Murekezi Pacifique yasabye Bahati Grace ko yamubera umugore umwaka ushize muri Gicurasi 2020, ariko gahunda yo gukora ubukwe igenda yegezwa inyuma kubera icyorezo cya Covid-19.</p>
<p>Ni kenshi Miss Bahati ashyira amafoto n’amashusho ya Murekezi ku mbuga nkoranyambaga bari kumwe bahuje urugwiro ndetse n’umuhungu we nk’umurwango. Bahati yashyize hanze amafoto ya Murekezi bwa mbere mu ntangiriro za 2019 avuga ko ari we watumye umwaka wa 2018 umubera mwiza. Ni na we musore wamenyekanye ko akundana na Bahati nyuma ya K8 Kavuyo batandukanye bakaba baranabyaranye umwana w’umuhungu.</p>
<div class='spip_document_151974 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bahati_pacy.jpg' width="565" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_151975 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bahati_pacy-2.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bahati_pacy-2.jpg"
				length="170416"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abahanzi n'ibyamamare Nyafurika bizihije umunsi wo kwibohora k'uwo mugabane</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abahanzi-n-ibyamamare-nyafurika-bizihije-umunsi-wo-kwibohora-k-uwo-mugabane</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abahanzi-n-ibyamamare-nyafurika-bizihije-umunsi-wo-kwibohora-k-uwo-mugabane</guid>

		<dc:date>2021-05-26T18:41:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku bufatanye bw’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) n’Umuryango mpuzamahanga wita ku biribwa (WFP), hakozwe umugoroba wo kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika wasusurukijwe&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abahanzi n’ibyamamare Nyafurika bizihije umunsi wo kwibohora k’uwo mugabane</h1>

			

			

			<div class='spip_document_151730 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="9" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/busiswe.jpg' width="700" height="334" alt="Busiswe" title="Busiswe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Busiswe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Icyo gitaramo cyiswe ‘Africa Day Benefit Concert At Home’ cyatambutse mu buryo bw’ikoranabuhanga, cyateguwe kugira ngo hakusanywe inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’icyorezo cya covid 19.</p>
<p>N’ubwo ku mugabane wa Africa ari ho hapfuye abantu bake ugereranyije n’indi migabane ku isi, icyo cyorezo kimaze guhitana abasaga miliyoni 3.49 ku isi, ku mugabane wa Afurika hamaze gupfa abangana 129, 317. Ariko ingaruka z’icyo cyorezo zigera ku bukungu, imibereho myiza ya Afrika nk’umugabane muri rusange.</p>
<div class='spip_document_151731 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="18" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diamond-3.jpg' width="700" height="322" alt="Diamond Platnumz " title="Diamond Platnumz " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Diamond Platnumz </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nk’uko Cyril Ramaphoza, Peresida wa Afrika y’epfo wafunguye icyo gitaramo yabivuze ati “Ingaruka z’icyorezo cya covid-19 zizakomeza kugaragara mu buzima bwa buri wese, ari yo mpamvu tugomba guhindura uburyo tubayeho kugira ngo dukomeze ubuzima dukurikiza amabwiriza yo kwirinda covid19”.</p>
<p>Bamwe mu byamamare byitabiriye icyo gikorwa harimo Davido (Nigeria), Tiwa Savage (Nigeria), Sho Madjozi (Afrika y’epfo), Sauti Sol (Kenya), Bebe Cool (Uganda), Nandy (Tanzania), Stoneboy (Ghana), Fally Ipupa   (DR Congo), Zozibini Tunzi miss universe 2019, Angelique Kidjo (Benin), Diamond Platnumz (Tanzania), Trevor Noah (Africa y’epfo) na Burna Boy (Nigeria).</p>
<div class='spip_document_151732 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="17" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kidjo.jpg' width="700" height="322" alt="Angelique Kidjo " title="Angelique Kidjo " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Angelique Kidjo </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Perezida Paul Kagame na we yashimiye buri wese wifatanyije n’abateguye uwo munsi, anabasaba gukomeza kwirinda ati “Umunsi wa Afurica ushimangira ubumwe n’umurage w’umugabane wa Afurika. Umuti w’iki cyorezo ni ukwita kuri mugenzi wawe, ushobora gufasha uko ushoboye witanga mu miryango itandukanye ikorera ku mugabane wacu”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/busiswe.jpg"
				length="95810"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>The Weeknd yatwaye ibihembo 10 muri &#8216;Billboard Music Awards'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/The-Weeknd-yatwaye-ibihembo-10-muri-Billboard-Music-Awards</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/The-Weeknd-yatwaye-ibihembo-10-muri-Billboard-Music-Awards</guid>

		<dc:date>2021-05-25T09:04:42Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2021 hatanzwe ibihembo bya Billboard Music Awards, The Weeknd, umuhanzi w’umunya-Canada uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), wahatanaga mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>The Weeknd yatwaye ibihembo 10 muri ‘Billboard Music Awards’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_151672 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_weekend.jpg' width="700" height="428" alt="The Weeknd wegukanye ibihembo 10" title="The Weeknd wegukanye ibihembo 10" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>The Weeknd wegukanye ibihembo 10</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibyo bihembo byatanzwe nyuma yo gusubikwa umwaka ushize kuko byagombaga gutangwa mu mezi arindwi ashize. Umuhanzi The Weeknd ni we wahatanaga mu byiciro byinshi kurusha abandi, aho yatahanye ibikombe 10 birimo umuhanzi w’umwaka, umuhanzi wakunzwe mu 100 bari ku rutonde, n’indirimbo yakunzwe mu zindi 100 yitwa “Blinding lights”.</p>
<p>Itsinda rya BTS ni ryo ryatwaye ibindi bihembo byinshi bya buri cyiciro bahatanaga harimo itsinda ry’umwaka, umuhanzi wagurishije ibihangano kurusha abandi, indirimbo yagurishijwe kurusha ibindi ku ndirimbo yabo yitwa “Dynamite”.</p>
<div class='spip_document_151673 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="5" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bts.jpg' width="700" height="393" alt="BTS" title="BTS" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>BTS</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Pop Smoke wishwe tariki 19 Gashyantare 2020 yahawe ibihembo bitanu birimo umuraperi w’umwaka, album ya mbere ku rutonde rwa Billboard 200 album, kuri album ye yitwa “Shoot for the stars”, album ya rap y’umwaka, umuhanzi mushya n’umuraperi w’umugabo. Nyina Audrey Jackson yakira ibyo bihembo, yagize ati “Murakoze kubaha umuhungu wanjye”.</p>
<div class='spip_document_151674 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pop_smoke.jpg' width="700" height="393" alt="Pop Smoke" title="Pop Smoke" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Pop Smoke</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Drake yahawe igihembo cy’umuhanzi w’imyaka icumi. Ibyo bihembo ni bimwe mu bikomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bitangwa hagendewe ku buryo abahanzi bakoze muri uwo mwaka, indirimbo zakunzwe n’izaguzwe kurusha izindi, n’ibindi byiciro byinshi bitandukanye mu rwego rwo gushyigikira umuziki.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_weekend.jpg"
				length="65923"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi Mr Eazi yasuye ikiyaga cya Kivu aho ashaka gushora imari</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/ahantu/article/umuhanzi-mr-eazi-yasuye-ikiyaga-cya-kivu-aho-ashaka-gushora-imari</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubukerarugendo/ahantu/article/umuhanzi-mr-eazi-yasuye-ikiyaga-cya-kivu-aho-ashaka-gushora-imari</guid>

		<dc:date>2021-05-19T12:37:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ahantu
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Oluwatosin Ajibade uzwi nka Mr Eazi ukomoka muri Nigeria, amaze iminsi mu Rwanda arusura, akaba yatangaje ko ashaka gushora imari mu Rwanda.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Mr&nbsp;Eazi yasuye ikiyaga cya Kivu aho ashaka gushora imari</h1>

			

			

			<div class='spip_document_151377 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mr-eazi.jpg' width="640" height="427" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abinyujije kuri Twitter, Mr&nbsp;Eazi yagize ati “ejo nasuye ikiyaga cya Kivu cyane cyane ikirwa nshaka kubakaho ahantu heza ho kuruhukira. Ndi kugirira ibihe byiza mu Rwanda.”</p>
<blockquote class="twitter-tweet"><p lang="en" dir="ltr">Yesterday I visited Lake Kivu , specifically an Island where We are looking to Invest in a Luxury Eco Resort and Wellness Centre. I am having an awesome time in Rwanda.</p>
<p>BTW Don’t forget to check out my new Music Video For the song “E be Mad “<a href="https://t.co/WYq8QS0hfl">https://t.co/WYq8QS0hfl</a> <a href="https://t.co/afcNNiZPeW">pic.twitter.com/afcNNiZPeW</a></p>
<p>&mdash; Ajibade &#128081; (@mreazi) <a href="https://twitter.com/mreazi/status/1394967829020037120?ref_src=twsrc%5Etfw">May 19, 2021</a></p>
</blockquote> <script async src="https://platform.twitter.com/widgets.js" charset="utf-8"></script><div class='spip_document_151378 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="59" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mr_eazi_kariza_visit_rwanda.jpg' width="700" height="492" alt="Mr Eazi na Belise Kariza ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB" title="Mr Eazi na Belise Kariza ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mr&nbsp;Eazi na Belise Kariza ushinzwe Ubukerarugendo muri RDB</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mr&nbsp;Eazi si ubwa mbere aje mu Rwanda kuko yaje mu bitaramo bitandukanye asusurutsa Abanyarwanda. Muri izo ngendo zitandukanye nibwo yavuze ko yakunze u Rwanda kandi akaba yifuza kuzahashora imari.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mr-eazi.jpg"
				length="66165"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abatunganya amashusho mu Rwanda bifuza imikoranire n'abashoramari </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/abatunganya-amashusho-mu-rwanda-bifuza-imikoranire-n-abashoramari</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/abatunganya-amashusho-mu-rwanda-bifuza-imikoranire-n-abashoramari</guid>

		<dc:date>2021-05-12T18:07:37Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Bamwe mu batunganya amashusho mu Rwanda barasaba abashoramari kubegera bagakorana, bakabashoramo amafaranga kuko byerekana ubwiza nyaburanga bw’igihugu cyane cyane iyo binyuze mu ndirimbo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abatunganya amashusho mu Rwanda bifuza imikoranire n’abashoramari </h1>

			

			

			<div class='spip_document_151063 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="94" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/amashusho-2.jpg' width="700" height="525" alt="Eazycuts uri ibumoso na Oscados, bahamya ko amashusho akorerwa ubu mu Rwanda yujuje ibisabwa" title="Eazycuts uri ibumoso na Oscados, bahamya ko amashusho akorerwa ubu mu Rwanda yujuje ibisabwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Eazycuts uri ibumoso na Oscados, bahamya ko amashusho akorerwa ubu mu Rwanda yujuje ibisabwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro Ihirwe Eloi uzwi nka Eazycuts na Iradukunda Cyiza Oscar uzwi nka Oscados babizobereyemo bagiranye na KT Radio, bavuze ku rugendo rw’abatunganya amashusho, aho mu myaka 10 ishize abashakaga gukora amashusho meza y’umuziki n’ibindi, bahamagaraga abahanga mu gutunganya amashusho (video director) bo hanze cyangwa Abanyarwanda bakajya hanze kubashaka.</p>
<p>Eazycuts yagize ati “Mbere nk’abahanzi bakoraga amashuho bayakoreye hano wasangaga atari meza, yewe hari urwego atageragaho kuko hari amatelevizo yo hanze atakinaga ibihangano byo mu Rwanda kuko bitagejeje ku rwego fatizo”.</p>
<p>Ibyo kuri ubu byarahindutse kuko ibihangano bikorwa byazamutse, nk’uko akomeza abisobanura “Ugereranyije amashusho ya kiriya gihe n’ay’ubu biratandukanye. Yaba mu bushobozi ndetse n’ubumenyi byarazamutse bituma ibyo dukora biba byiza kurushaho ariko ubushozi bwo kugura ibikoresho buracyari buke”.</p>
<p>Basobanuye ko ubu nta Munyarwanda ukeneye kujya mu bihugu duturanye gushaka abamukorera video kuko izo Abanyarwanda bakora ubu ziri ku rwego rumwe, ariko ikibura ari ubushobozi bwo kugura ibikoresho byiza kurushaho.</p>
<p>Abo banyamashusho bati “Icyo dusaba ba rwiyemezamirimo n’abashoramari ni uko bashyira amafaranga muri ibi bintu tukubaka ubushobozi kugira ngo tubashe kuvuga u Rwanda neza uko bikwiye. Amashusho si mu muziki gusa ahubwo n’ibindi yaba ubwiza nyaburanga n’imiterere by’igihugu n’ubuhanga bw’ibindi bihangano abanyarwa dukora, ibi byose bigaragara mu mashuhso meza dukora”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/amashusho-2.jpg"
				length="134557"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Babo ni we wasimbuye Amalon muri 1K Entertainment </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/babo-ni-we-wasimbuye-amalon-muri-1k-entertainment</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/babo-ni-we-wasimbuye-amalon-muri-1k-entertainment</guid>

		<dc:date>2021-05-10T15:59:44Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’uko Amalon avuye mu nzu ifasha abahanzi ya DJ Pius, izwi nka 1K Entertainment, yasimbuwe na Babo ku masezerano yo gukorana n’iyo nzu mu gihe cy’imyaka 3.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Babo ni we wasimbuye Amalon muri 1K Entertainment </h1>

			

			

			<div class='spip_document_150975 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="6" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/babo.jpg' width="700" height="894" alt="Babo" title="Babo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Babo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Babo ni umuhanzikazi usanzwe ukora umuziki ariko aba mu Budage ari na ho abana n’ababyeyi.</p>
<p>Kuri ubu ni we wasinyanye amazeserano na DJ Pius muri 1K Entertainment asimbura Amalon wari umaze igihe akoreramo.</p>
<p>Mu masezerano yasinywe, DJ Pius yavuze ko Babo azajya aza mu Rwanda kenshi kugira ngo abashe gukora nk’uko bigomba. Dj Pius yagize ati “Harimo ko azajya aza mu Rwanda kenshi gashoboka mu rwego rwo kubasha gukora umuziki ndetse no kuwumenyekanisha.”</p>
<p>Babo yamenyekanye mu ndirimbo yakoranye na Urban Boyz harimo Ich Liebe Dich na Turn up, kuri ubu yashyize hanze indirimbo nshya ari kumwe na The Ben yitwa Go low ikaba ari na yo ya mbere akoreye muri 1K Entertainment.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/babo.jpg"
				length="160602"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Serbia irimo kwishyura abaturage kugira ngo bemere gufata urukingo rwa Covid-19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/serbia-irimo-kwishyura-abaturage-kugira-ngo-bemere-gufata-urukingo-rwa-covid-19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/serbia-irimo-kwishyura-abaturage-kugira-ngo-bemere-gufata-urukingo-rwa-covid-19</guid>

		<dc:date>2021-05-06T17:47:12Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ntibisanzwe
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Leta ya Serbia izishyura amayero 25 angana n’ibihumbi makumyabiri n’umunani n’amafaranga 500 y’u Rwanda (Frw 28,500) kuri buri muturage wikingije, no ku bazikingiza kugeza mu mpera za Gicurasi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Serbia irimo kwishyura abaturage kugira ngo bemere gufata urukingo rwa Covid-19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_150742 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/serbia_vaccine.jpg' width="700" height="394" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi byavuzwe na Perezida Aleksandar Vucic, bikaba ari ubwa mbere bikozwe ku isi ahatanzwe inkingo za covid-19. Serbia iri mu bihugu by’i Burayi byakingiye abaturage benshi, ahamaze gukingirwa miliyoni 1.3 mu baturage miliyoni 7. Ubuyobozi bw’icyo gihugu burimo gukora ibishoboka ngo abikingiza biyongere kuko nta bandi bari gushaka kwikingiza.</p>
<p>Perezida Vucic yavugiye kuri televiziyo y’igihugu, ati “Abamaze gufata urukingo rwa mbere n’urwa kabiri ndetse n’abazikingiza mbere ya tariki 31 Gicurasi bazahabwa amadinari 3000 (Frw 28,500)”.</p>
<p>Yavuze ko yizeye ko Gicurasi izarangira nibura abagera kuri miliyoni eshatu bamaze gufata urukingo nibura rwa mbere.</p>
<p>Mu mpera za Werurwe, Leta yasabaga abaturanyi ba Serbia kuza kwikingiza mu gihugu. Perezida yavuze ko ibi ari guhemba abantu bagaragaje kwitabira gahunda za Leta, yanavuze ko abakozi ba Leta batikingije batazavuzwa n’ubwishingizi mu kwivuza nibaramuka banduye icyorezo cya covid-19.</p>
<p>Umuhanga mu ndwara z’ibyorezo w’umunyaserbia Zoran Radovanic yabwiye AFP dukesha iyi nkuru ko ari ubwa mbere mu Burayi no ku isi Leta yishyuye abantu ngo bikingize. Yanasobanuye ko bishobora gutuma abenshi banga kwikingiza. Ati “Ku baba mu bukene bukabije bishobora gutuma bikingiza, ariko abandi bishobora gutuma bagira impungenge bakanga kwikingiza kuko nta handi Leta yishyura abaturage ngo bikingize.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/serbia_vaccine.jpg"
				length="52749"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Oscados yasobanuye uko byagenze kugira ngo abarimo Social Mula na Phil Peter bafungwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Oscados-yasobanuye-uko-byagenze-kugira-ngo-abarimo-Social-Mula-na-Phil-Peter-bafungwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Oscados-yasobanuye-uko-byagenze-kugira-ngo-abarimo-Social-Mula-na-Phil-Peter-bafungwe</guid>

		<dc:date>2021-05-04T20:47:46Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Iradukunda Cyiza Oscar uzwi nka Oscados wakoze amashusho y’indirimbo “Amata” ya Phil Peter  na Social Mula yasobanuye uko byabagendekeye igihe bafataga amashusho y’indirimbo ariko bikaza&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Oscados yasobanuye uko byagenze kugira ngo abarimo Social Mula na Phil Peter bafungwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_150617 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abafunzwe-2.jpg' width="700" height="400" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu mpera za Werurwe 2021 nibwo Polisi yerekanye abantu 39 yafashe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 barimo Phil Peter na Social Mula aho bariho bafata amashusho y’indirimbo. Barafunzwe kuko batari bubahirije amabwiriza.</p>
<p>Kigali Today yaganiriye na Iradukunda Cyiza Oscar wari uyoboye abafata amashusho  asobanura uko byagenze.</p>
<div class='spip_document_150618 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/social_mula-3.jpg' width="800" height="533" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Yagize ati “Ubusanzwe gufata amashusho biremewe ariko bisaba ko ubanza ukabisabira uburenganzira, hanyuma abaza kuba bari aho amashusho afatirwa bakipimisha Covid-19 ubundi mukabona gukora amashusho y’indirimbo (clip).”</p>
<p>Oscados yakomeje agira ati “Baradufashe baradusobanurira nyuma yaho tujya gusaba uruhushya, noneho dufata amashusho none nyuma y’ukwezi nibwo twarangije amashusho ajya hanze.”</p>
<div class='spip_document_150620 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/social_mula_phil_peter.jpg' width="700" height="937" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi ndirimbo yitwa “Amata” ya Phil Peter na Social Mula yakorewe amajwi na Producer Element, amajwi anozwa na Bob Pro.</p>
<p><strong>Reba indirimbo <i>Amata</i> hano</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/tWIvjL7Y63g" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abafunzwe-2.jpg"
				length="167567"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#COVID19: U Buhinde bwagize ubwandu bushya ibihumbi 315 ku munsi umwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-u-buhinde-bwagize-ubwandu-bushya-ibihumbi-315-ku-munsi-umwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid19-u-buhinde-bwagize-ubwandu-bushya-ibihumbi-315-ku-munsi-umwe</guid>

		<dc:date>2021-04-22T20:05:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indwara
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mata 2021 u Buhinde bwatangaje ko habonetse ubwandu bushya bwa Covid-19 ibihumbi 315 mu masaha 24. Uyu mubare ni ubwa mbere ubonetse ku isi mu munsi umwe. Byatumye mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#COVID19: U Buhinde bwagize ubwandu bushya ibihumbi 315 ku munsi umwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149906 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inde_coronavirus.jpg' width="622" height="311" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubu bwoko bushya bw’ubwandu bwa Covid-19 bwandura vuba kurusha ubwa mbere ni bwo bwazamuye imibare cyane mu Buhinde.</p>
<p>Nta kindi gihugu ku isi kiragira abarwayi bangana batya mu munsi umwe ku isi. Iyi mibare yujuje miliyoni 15,9 z&#8217;abagaragayeho Covid-19 mu Buhinde kuva icyorezo cyakwaduka, kikaba ari igihugu cya kabari cyagize abarwayi benshi.</p>
<p>Abishwe na covid-19 ni 2,074 mu masaha 24 yashize, ku giteranyo abapfuye ni 185,000. Umubare w&#8217;abantu bapfa n&#8217;abanduye mu Buhinde ariko uri hasi cyane ku muturage ugereranyije n&#8217;ibindi bihugu byinshi.</p>
<p>Mu kiganiro cyaciye kuri televiziyo y’igihugu cy&#8217;u Buhinde ku wa Kabiri tariki 20 Mata 2021, Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yashimye abaturage barenga miliyari 1,3 batuye mu Buhinde kubera uko barwanya icyorezo cya covid19, abasaba gukomeza kwirinda mu bihe nkibi icyorezo kirushijeho gukara.</p>
<p>Ibitaro n’amavuriro akorera mu mujyi mukuru birimo biratabaza Leta ngo itange imfashanyo y’umwuka ku barwayi barembye kuko byarengewe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inde_coronavirus.jpg"
				length="40229"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abanyeshuri n'abayobozi ba Green Hills Academy bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/kwibuka/Abanyeshuri-n-abayobozi-ba-Green-Hills-Academy-bibutse-Jenoside-yakorewe-Abatutsi-mu-1994</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/kwibuka/Abanyeshuri-n-abayobozi-ba-Green-Hills-Academy-bibutse-Jenoside-yakorewe-Abatutsi-mu-1994</guid>

		<dc:date>2021-04-22T08:41:44Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Kwibuka
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kwibuka27
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abanyeshuri biga mu ishuri rya Green Hills n’abayobozi babo, ku wa Gatatu tariki 21 Mata 2021 bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abanyeshuri n&#8217;abayobozi ba Green Hills Academy bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149874 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="37" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/daniel_hollinger.jpg' width="700" height="453" alt="Umuyobozi w'ishuri Daniel Hollinger" title="Umuyobozi w'ishuri Daniel Hollinger" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuyobozi w’ishuri Daniel Hollinger</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuyobozi mukuru w’iryo shuri, Daniel Hollinger, yibukije abanyeshuri ko ibyatumye Jenoside ishoboka bigihari kandi ko ari umukoro w’abakiri bato kuyirwanya n’ingengabitekerezo yayo.</p>
<p>Yagize ati “Inyigisho mbi zuzuye urwango, ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri ni bimwe mu byatumye habaho Jenoside kandi igashoboka. Ni yo mpamvu aho mubibonye mugomba kubirwanya mwivuye inyuma.”</p>
<p>Hollinger yabwiye aba banyeshuri ko bafite amahirwe ndetse n’ubushobozi bwo kubaka isi nziza kurusha uko iri ubu bakoresheje ubumenyi butandukanye bahabwa. Yaba ubwo mu ishuri ndetse no mu buzima bwa buri munsi bacamo.</p>
<p>Irma Ihumure wavutse mu 1991 yatanze ubuhamya bwe avuga uko muri Jenoside bishe se, nyina na musaza we, agakura atabazi, yita uwamureraga nyina ndetse anasobanura inzira yo gukira ibikomere yatewe na Jenoside kubera kubura umuryango.</p>
<div class='spip_document_149875 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="31" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/irma_ihumure.jpg' width="700" height="487" alt="Irma Ihumure yatanze ubuhamya" title="Irma Ihumure yatanze ubuhamya" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Irma Ihumure yatanze ubuhamya</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yasabye abanyeshuri kumenya amateka y’u Rwanda uko ari, ati “Mugomba gukoresha uburyo bwose buhari mukamenya ukuri kw’amateka yaranze u Rwanda, hanyuma mukayakoresha mu kubaka u Rwanda rwiza kurushaho.”</p>
<p>Ku ruhare rw’abarezi muri Jenoside, Freddy Mutanguha, umuyobozi wa AEGIS ikigo kirwanya Jenoside ku isi, yasobanuye uburyo Abanyarwanda bigishijwe amacakubiri bihereye hasi no mu ishuri aho bavugaga ko abatwa baturutse muri Congo mu gace ka Ituri, Abahutu muri Tchad naho Abatutsi muri Ethiopia, bakaba barabishe bamwe babajugunya muri Nyabarongo ngo basubire aho bavuye.</p>
<p>Yabwiye abanyeshuri ko uyu munsi u Rwanda rwahindutse kandi ruteze byinshi ku bakiri bato mu kurwubaka.</p>
<p>Umwe mu banyeshuri biga kuri Green Hills Academy witwa Serena Saro Birasa w’imyaka 16 y’amavuko, yavuze ko kwibuka ari ingenzi kuko bifasha kumva amateka no kwirinda gusubira mu byakozwe.</p>
<div class='spip_document_149876 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/green_hills_academy_2_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ati “Mu ishuri twiga amateka y’igihugu, uburyo abantu bishwe nabi urupfu rw’agashinyaguro. Iyo twibuka ni uburyo bwo kubaha agaciro no kuvuga ko bitazongera ukundi.”</p>
<p>Ku bahakana Jenoside, Saro yavuze ko bigendana no kutamenya, ati “Burya umuntu yibagirwa vuba kuko ari ko aremye, rero iyo utazi uwo uri we n’amateka akuranga arimo n’ay’Igihugu uturukamo wisanga wasubiye mu byaranze amateka mabi. Dukeneye guhora twibuka ngo ibyabaye ntibizongera ukundi.”</p>
<div class='spip_document_149877 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/green_hills_academy_3_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_149873 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/green_hills_academy_1_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_149878 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/green_hills_academy_4_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/green_hills_academy_3_.jpg"
				length="196585"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Hakenewe inkunga yihutirwa yo kugoboka abarenga miliyoni 34 bugarijwe n'inzara</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/hakenewe-inkunga-yihutirwa-yo-kugoboka-abarenga-miliyoni-34-bugarijwe-n-inzara</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/hakenewe-inkunga-yihutirwa-yo-kugoboka-abarenga-miliyoni-34-bugarijwe-n-inzara</guid>

		<dc:date>2021-04-22T04:23:53Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Imiryango itari iya Leta irenga 260 iherutse kwandika ibaruwe isaba za Leta gutanga miliyari 5.5 z’Amadolari ya Amerika yo gukoresha mu kurwanya inzara ku bantu barenga miliyoni 34 ku isi muri uyu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Hakenewe inkunga yihutirwa yo kugoboka abarenga miliyoni 34 bugarijwe n’inzara</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149869 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impuruza.jpg' width="700" height="350" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyo ngengo y’imari yatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa ku isi (WFP) ku bufatanye n’Ishami ryita ku biribwa n’ubuhinzi (FAO), muri Werurwe ubwo ayo mashami yaburiraga ibihugu ko hashobora gutera inzara muri uyu mwaka.</p>
<p>Iyo miryango ivuga ko inkunga yakiriye uyu mwaka ari nkeya ugerenyije n’iyari ikenewe kugira ngo inzara itiyongera aho yateye ku isi hose.</p>
<p>Igira ati “Turasaba ko hatangwa izindi miliyari $5.5 zikenewe byihutirwa kugira ngo zigoboke abagera kuri miliyoni 34 barimo abana b’abakobwa, abahungu, abagore n’abagabo ku isi bagiye kugerwaho n’inzara. Ubu bufasha bugomba gutangwa bidatinze bukagera ku babukeneye byihuse bukabafasha ubu no mu gihe kiri imbere”.</p>
<p>Iyo baruwa yagaragajwe n’ikinyamakuru France24, yanditswe n’imiryango itegamiye kuri Leta ikorana n’abagera kuri miliyoni 270 mu guhangana n&#8217;inzara ku isi. Iyo miryango irimo Oxfam, Christian Aid, World Vision, Tearfund, Save the Children, Care International n’indi.</p>
<p>Muri iyo baruwa iyo miryango ivuga ko ikorana n’abantu bari muri Yemen, Afganistan, Ethiopia, Sudani y’amajyepfo, Burkina Faso, Repuburika Iharanira demokarasi ya Congo, Honduras, Venezuela, Nigeria, Haiti, Repubulika ya Santrafurika, Uganda, Zimbabwe na Sudan barimo gukora uko bashoboye ngo baticwa n’inzara, mu gihe hatagize igikorwa amapfa akaba yabageraho.</p>
<p>Iyo barwa ivuga ko inzara iterwa n’ibikorwa bya muntu kandi ibindi bikorwa bya muntu ari na byo byahagarika inzara, ndetse ko nihatagira igikorwa amateka azabacira urubanza.</p>
<p>Muri 2019 imibare y’abantu bashonje yarazamutse igera kuri miliyoni 135 mu bihugu 58 bitewe n’amakimbirane yiyongereye, ihindagurika ry’ikirere n’ihungabana ry’ubukungu. Kuri ubu iyo mibare yarazamutse kubera ingaruka z’icyorezo cya covid-19 cyatangiye mu mpera za 2019, nk’uko UN ibivuga.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/impuruza.jpg"
				length="55037"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>TMC avuga ko kuririmba urukundo bitavuze ko yasubiye mu byaha</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tmc-avuga-ko-kuririmba-urukundo-bitavuze-ko-yasubiye-mu-byaha</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tmc-avuga-ko-kuririmba-urukundo-bitavuze-ko-yasubiye-mu-byaha</guid>

		<dc:date>2021-04-19T19:05:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mujyanama Claude uzwi nka TMC wahoze muri Dream Boys, yasohoye indirimbo yise ‘Uwantwaye’ ivuga ku rukundo, ariko akemeza ko bitazamubuza gukora indirimbo zo guhimbaza Imana ndetse ko atasubiye mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>TMC avuga ko kuririmba urukundo bitavuze ko yasubiye mu byaha</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149745 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tmc-3.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibyo yabitangarije mu kiganiro yagiranye na RBA, avuga ku muntu wabonye iyo ndirimbo akamubaza nimba yasubiye mu byaha.</p>
<p>Ati “Hari umuntu wanyandikiye kuri Instagram ambaza nimba nasubiye mu byaha kuko nakoze indirimbo ivuga ku rukundo rw’umukobwa, ariko kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ntabwo byambuza kuririmba n’izindi.”</p>
<p>Yakomeje agira ati “hari abatekereza ko kuba narakoze indirimbo y’Imana no kuba nsangiza abankurikira ubuntu Imana yagize ku buzima bwanjye, bivuze ko ntazaririmba indirimbo z’urukundo. Iriya ni indirimbo yakoreshwa mu bukwe cyangwa se n’ibindi birori bitandukanye”.</p>
<p>Iyo ndirimbo ni iyo yakoranye na producer LickLick ukorera muri Leta Zunze Ubumwe za America, akaba ari iya mbere ashyize hanze nyuma yo gutandukana na Nemeye Platini mu itsinda rya Dream boyz.</p>
<p>Yayishyize ku rubuga rwe rushya rwa Youtube yise TMC Indatwa, akaba yavuze ko ari ho azajya atambutsa ibindi bihangano bye ndetse n’ubundi butumwa butandukanye ku bamukurikira.</p>
<p>TMC kandi yagiriye inama abahanzi bakiri kuzamuka mu muziki bari mu matsinda nk’umuntu wamaze imyaka 11 mu muziki awukorera mu itsinda.</p>
<p>Yagize ati “Burya kuba mu itsinda ni nko kuba mu rushako nubwo ntarashaka, hari bimwe wigomwa kugira ngo ugire aho uhuriza na mugenzi wawe. Ikindi ni uko hagomba kubaho ubushuti bushingiye ku kazi kugira ngo kagende neza, bibaye na byiza n’imiryango iramenyana bikabafasha mu buzima bw’akazi.”</p>
<p>TMC yavuze ko kuba yaratandukanye na Platini bitavuze ko bashwanye nk’uko bikekwa, ahubwo ari uko batahuje icyo bashaka mu buzima bw’ahazaza.</p>
<p>Platini aherutse gushaka umugore mu gihe TMC agiye kurangiza amashuri mu mezi abiri ari imbere, bombi bakomeje umuziki n’ubwo batandukanye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tmc-3.jpg"
				length="125540"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Alyn Sano arasaba Abanyarwanda kumushyigikira mu marushanwa ya &#8216;The Voice'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/alyn-sano-arasaba-abanyarwanda-kumushyigikira-mu-marushanwa-ya-the-voice</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/alyn-sano-arasaba-abanyarwanda-kumushyigikira-mu-marushanwa-ya-the-voice</guid>

		<dc:date>2021-04-18T12:17:22Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Alyn Sano ni we Munyarwandakazi ugeze mu cyciro cya semi finale (muri kimwe cya kabiri) mu marushanwa yo kuririmba ya The Voice, akaba asaba Abanyarwanda kumutora kugira ngo abe yakwegukana iryo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Alyn Sano arasaba Abanyarwanda kumushyigikira mu marushanwa ya ‘The Voice’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149678 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/alyn_1.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri iki Cyumweru tariki 18 Mata 2021, Alyn arajya i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho iryo rushanwa rizabera mu cyiciro cya semi finale na finale ku itariki ya 24 Mata kugeza ku ya 1 Gicurasi 2021.</p>
<p>Iryo rushanwa rya The Voice ririmo kubera mu bihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, ubundi ryitwa The Voice Afrique Francophone.</p>
<p>Mu gutangira ryabereye muri Afrika y’Epfo mu mwaka ushize, kubera icyorezo cya Covid19 bituma rihagarara.</p>
<p>Mu cyiciro cya semi finale kigezweho Alyn ni we Munyarwandakazi uri mu bahatana 12 bahageze. Mu gutangira amarushanwa harimo abandi Banyarwanda batandatu (6) ubu akaba ariwe usigayemo wenyine.</p>
<p>Ayo marushanwa ya The Voice asanzwe aba, yahereya mu Buholandi agenda agera mu bihugu bitandukanye, ku mugabane wa Afurika akaba arimo kuba ku nshuro ya kabiri.</p>
<p>Abahatana ngo baririmba bwa mbere aba batoranya batabareba babateye umugongo (blind audition), aho uhindukiye ahesha amahirwe uhatana gukomeza, hahindukira abarenze umwe uhatana agahitamo uwo yifuza gukorana na we.</p>
<div class='spip_document_149677 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="84" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/alyn.jpg' width="700" height="706" alt="Alyn Sano asaba Abanyarwanda kumushyigikira bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze" title="Alyn Sano asaba Abanyarwanda kumushyigikira bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Alyn Sano asaba Abanyarwanda kumushyigikira bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuri ubu harimo abahanzi b’abahanga mu kuririmba bane batandukanye harimo Charlotte Dipanda, Lokua Kanza, Nayanka Bell na Hiro, Alyn akaba yarahisemo gukorana na Lokua Kanza.</p>
<p>Alyn urimo gusaba Abanyarwanda kumushyigikira agira ati “Aho ngeze mu irushanwa nkeneye ubufasha bwanyu ngo ntsinde aya marushanwa, kunshigikira ni ukunkurikira ku mbuga nkoranyamba zanjye Facebook, Instagram na Twitter nitwa Aly Sano”.</p>
<p>Ibyiciro bisigaye bizaca kuri television ya Vox Africa ku itariki ya 24 Mata no ku itariki ya 1 Gicurasi 2021.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/alyn.jpg"
				length="166923"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Miss Ingabire Grace arasaba urubyiruko kutemerera abapfobya Jenoside</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/kwibuka/article/miss-ingabire-grace-arasaba-urubyiruko-kutemerera-abapfobya-jenoside</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/kwibuka/article/miss-ingabire-grace-arasaba-urubyiruko-kutemerera-abapfobya-jenoside</guid>

		<dc:date>2021-04-09T14:10:11Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Kwibuka
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, yasabye urubyiruko gushyira hamwe ngo rwubake igihugu, ari na ko rutemerera abapfobya Jenoside.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Miss Ingabire Grace arasaba urubyiruko kutemerera abapfobya Jenoside</h1>

			

			

			<div class='spip_document_149343 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="34" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/grace-5.jpg' width="703" height="588" alt="Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace" title="Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yavuze ko mu gihe Abanyarwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yibuka ubuzima bw’inzirakarengane bwatakaye, akihanganisha n’abacitse ku icumu. Avuga kandi ko urubyiruko rufite imbaraga zo kubaka ariko kandi rukaba rwanasenya, nk’uko byagenze mu Rwanda.</p>
<p>Ati “Nemera ko nk’urubyiruko amahitamo yanjye ndetse n’imyanzuro mfata bigira ingaruka ku gihugu cyanjye ndetse n’ahazaza hacyo. Ibi byagaragaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo urubyiruko rwafashe iya mbere mu kuyishyira mu bikorwa, ni amahano yagwiriye igihugu cyacu. Ikindi kandi urubyiruko ni rwo rwafashe iya mbere mu kubohora igihugu”.</p>
<p>Yanasabye kandi urubyiruko kutemera abapfobya amateka ya Jenoside, ati “Ibyabaye ku batubanjirije ntibigomba kutubaho, ni amateka kandi tutagomba kwibagirwa cyangwa ngo twemere ko hagira uyapfobya ngo ayahindure. Tugomba kubaka igihugu gikomeye, gifite ubumwe n’amahoro”.</p>
<p>Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace kandi yibukije urubyiruko rw’uyu munsi imbaraga, ubushobozi, cyane cyane akamaro ko gukorera hamwe mu kubaka igihugu, bishingiye ku bumwe, amahoro ndetse n’iterambere rirambye.</p>
<p>Yagize ati “Kugira ngo tubigereho biradusaba guhora twihugura ku mateka yacu tukamenya icyateye Jenoside, ibyabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ingaruka byagize ku muryango nyarwanda”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/grace-5.jpg"
				length="112726"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Reg&#233;-Jean Page ntazakina mu gice cya kabiri cya &#8216;Bridgerton' </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/rege-jean-page-ntazakina-mu-gice-cya-kabiri-cya-bridgerton</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/rege-jean-page-ntazakina-mu-gice-cya-kabiri-cya-bridgerton</guid>

		<dc:date>2021-04-03T08:25:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Regé-Jean Page wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya Bridgerton, ntabwo azakina mu gice cya kabiri cy’iyo filime nk’uko byari byitezwe na benshi. 

 Biciye ku rubuga rwa twitter rw’iyo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Regé-Jean Page ntazakina mu gice cya kabiri cya ‘Bridgerton’ </h1>

			

			

			<div class='spip_document_149068 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="16" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/page-8.jpg' width="700" height="683" alt="Reg&#233;-Jean Page " title="Reg&#233;-Jean Page " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Regé-Jean Page </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Regé-Jean Page wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya Bridgerton, ntabwo azakina mu gice cya kabiri cy’iyo filime nk’uko byari byitezwe na benshi.</p>
<p>Biciye ku rubuga rwa twitter rw’iyo filime bagize bati “Dufite inkuru y’akababaro y’uko Regé-Jean Page wakinnye nka Simon Basset mu gice cya mbere atazagaruka mu gice cya kabiri. Tuzamukumbura ariko azahora mu muryango”.</p>
<p>Mu itangazo Shonda Rhimes uyobora iyo filime yasohoye, nta mpamvu yavuze yatumye Regé-Jean Page agenda, yaba ari ubwumvikane bucye cyangwa se iyindi.</p>
<p>Gusa mu gice cya kabiri bavuze ko bazita ku buzima bwa Antony Bridgerton ugiye gushaka umugore.</p>
<p>Ku babonye iyo filime ivuga ku buzima bw’umukobwa uturuka mu muryango ukomeye (famille noble) uba ageze igihe cyo kurambagizwa ngo ashyingirwe, n’uko byagendaga mu gihe cya 1814 mu Bwongereza.</p>
<p>Uyu Regé-Jean Page niwe umubera umugabo, ni umwirabura uturuka mu muryango w’abayobozi ukomeye kandi ukize, yari mu bakinnyi b’imena muri iyo filime.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/page-8.jpg"
				length="158293"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Miss Rwanda 2021 avuga ko ibyo bamuvugaho bitazamuca intege</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/miss-rwanda-2021-avuga-ko-ibyo-bamuvugaho-bitazamuca-intege</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/miss-rwanda-2021-avuga-ko-ibyo-bamuvugaho-bitazamuca-intege</guid>

		<dc:date>2021-03-27T20:13:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Miss Ingabire Grace uherutse kwegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2021 yavuze ko intego ye ari ugukoresha amahirwe afite nka Nyampinga aho guta umwanya mu bidafite akamaro abantu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Miss Rwanda 2021 avuga ko ibyo bamuvugaho bitazamuca intege</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148756 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda_grace-ingabire.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi yabivuze ubwo yaganiraga na KT Radio ari kumwe n’ibisonga bye, ubwo bari bamubajije ku ikanzu yari yambaye yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga.</p>
<p>Yagize ati “Ubuzima bwanjye bushingiye ku byo nizera mu gihe bishobora gufasha abandi bitari ibyo abantu bamvugaho. Nagiye muri ririya rushanwa kugira ngo mbone amahirwe yo kuzana impinduka mu buzima bw’Abanyarwanda cyane cyane abagore, nta kizampagarika yewe n’abita ku bidafite agaciro.”</p>
<p>Akaliza Amanda wabaye igisonga cya mbere ndetse na Umutoni Witness bari kumwe muri icyo kiganiro na bo bari bamushyigikiye bavuga ko bagomba kwita ku gushyira mu bikorwa ibyo bemereye Abanyarwanda kurusha uko barangazwa n’ibidafite akamaro.</p>
<p>Akaliza yagize ati “Abantu bahora buri gihe bashaka kuguca intege mu byo ukora bakwereka ibitagenda, ariko iyo uzi icyo ushaka kandi ukagishyiraho umwete nta kabuza ukigeraho.”</p>
<p>Yakomeje avuga ukuntu abantu bitaye ku kantu gato katari kameze neza kurusha uko barebye ikanzu uko yari imeze yose kandi yari nziza, cyangwa ngo barebe akazi k’uwayikoze.</p>
<p>Miss Grace ni imfura mu muryango w’abana bane. Muri 2007 yarangije amashuri ye abanza kuri Kigali Parents School akomeza mu yisumbuye yize kuri NU-Vision na Gashora Girls. Kaminuza yayize muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Bates College aho yize ibijyanye n’imitekerereze ya muntu biciye mu mbyino (Philosophy, Psychology and a Concentration in Globalisation).</p>
<p>Ubusanzwe akunda ahantu babasha kuvuga ibibarimo biciye mu buhanzi yaba ari ukuririmba, imivugo, gushushanya cyangwa se kubyina. Mu bahanzi nyarwanda avuga ko ku isonga afana Bruce Melodie.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda_grace-ingabire.jpg"
				length="184038"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mu Rwanda abarwara igituntu bagabanutseho 7% muri 2020</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abarwara-igituntu-bagabanutseho-7-muri-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abarwara-igituntu-bagabanutseho-7-muri-2020</guid>

		<dc:date>2021-03-25T08:09:47Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indwara
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Tariki ya 24 Werurwe ya buri mwaka u Rwanda rwifatanya n’isi mu kwizihiza umunsi wahariwe kurwanya indwara y’igituntu, Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) kikavuga ko uwo munsi usanze mu Rwanda&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mu Rwanda abarwara igituntu bagabanutseho 7% muri 2020</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148671 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="43" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/igituntu-2.jpg' width="700" height="563" alt="Abarwara igituntu mu Rwanda baragabanutse" title="Abarwara igituntu mu Rwanda baragabanutse" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abarwara igituntu mu Rwanda baragabanutse</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya igituntu muri RBC, Dr Byiringiro Vianney, yasobanuye uko U Rwanda ruhagaze mu mibare ku ndwara y’igituntu, aho avuga ko abayirwara bagabanutse nubwo hataramenyekana impamvu.</p>
<p>Agira ati “Urebye guhera muri Werurwe kugeza muri Kamena 2019, ukanareba kuva muri Werurwe kugera muri Kamena 2020, abarwayi b’igituntu baganutseho 7%. Icyakozwe n’uko abari barwaye bakomeje kubona imiti nk’uko bikwiye na serivisi zose z’ubuzima zikomeza gutangwa nkuko bisanzwe”.</p>
<p>Igituntu ni indwara yibasira imyanya y’ibuhumekero kimwe n’icyorezo cya covid19, icyakora Dr Byiringiro yavuze ko kuva covid19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 kugeza ubu abarwayi bagabanutse, ariko akavuga ko icyateye iryo gabanuka kitarakorerwa ubushakashatsi.</p>
<p>Mu mwaka wabanje wa 2018-2019 abarwayi b’igituntu bari 59 mu baturage 100,000. Ni ukuvuga ko ugerenanyije iyi myaka yombi abarwayi bagabanutse.</p>
<p>Dr Byiringiro ati “Imibare muri raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) yerekana ko mu mwaka wa 2019-2020 abarwaye igituntu mu Rwanda bari 5,678”.</p>
<p>U Rwanda ruri mu bihuhu byiyemeje kurandura indwara y’igituntu mu ntego za SDGs. Kuri ubu hari gahunda yo gutanga imiti y’igintu ku bantu bafite ibyago byinshi byo kukirwara uhereye ku babana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA ndetse n’abakomoka mu ngo zirimo abanduye iyo ndwara.</p>
<p>Insanganyamatsiko yahawe umunsi wo kurwanya igituntu w’uyu mwaka igira iti “Dukomeze imihigo twipimisha hakiri kare”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/igituntu-2.jpg"
				length="95023"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Tujye tureka abakobwa bacu bambare ibibanogeye &#8211; Senateri Evode Uwizeyimana</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/tujye-tureka-abakobwa-bacu-bambare-ibibanogeye-senateri-evode-uwizeyimana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/tujye-tureka-abakobwa-bacu-bambare-ibibanogeye-senateri-evode-uwizeyimana</guid>

		<dc:date>2021-03-23T12:45:56Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 20 Werurwe 2021, ni bwo hatowe Miss Rwanda 2021, amakanzu atandukanye abarushanwaga bari bambaye yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’ibirori.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Tujye tureka abakobwa bacu bambare ibibanogeye – Senateri Evode Uwizeyimana</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148593 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="60" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021-3.jpg' width="700" height="672" alt="Ikanzu Miss Grace Ingabire yari yambaye yavugishije benshi" title="Ikanzu Miss Grace Ingabire yari yambaye yavugishije benshi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ikanzu Miss Grace Ingabire yari yambaye yavugishije benshi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ubwo Ingabire Grace yambikwaga ikamba rya Miss Rwanda 2021, yari yambaye ikanzu yakozwe na ‘Tanga Design,’ umunyamideli w’Umunyarwanda.</p>
<p>Iyo kanzu yari ifite pasula ndende imbere, ibintu byavugishije benshi bitangiza impaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, bamwe bati abakobwa bambaye ubusa bataye umuco, abandi bati uwakoze imyenda niwe wayidoze nabi.</p>
<p>Kuri Twitter umunyamakuru Cyiza Aissa yanditse abaza igituma abantu banenga imyenda abakobwa bambaye bavuga ko ari ubusa, nyamara iyo bambaye ibirebire ntawe ushima.</p>
<p>Uwitwa Havugimana Francine yanditse agira ati “Nk’umubyeyi ndumva iyo bongeraho uburebure buke hariya imbere Grace yari kuberwa kurushaho”.</p>
<p>Mu bamusubije Havugimana harimo Senateri Evode Uwizeyimana, uvuga ko abo bakobwa badashinzwe kwigisha umuco.</p>
<p>Yanditse agira ati “Birakwiye ko tureka abakobwa bacu bakisanzura kandi bakambara ibibanogeye mu gihe cyabo. Ushaka ingutiya nawe ni uburenganzira bwe. Dukwiye kureka kwigira abapolisi b&#8217;imyambarire ngo ni umuco kandi nawo abawuduhata bananiwe kutwereka uwo ari wo. Twikwitiranya umuco n&#8217;amadini!”</p>
<p>Mu gusobanura icyo yashatse kuvuga ku bahata abandi umuco nabo warabananiye yagize ati “Navuze kuri iyi ngingo y&#8217;imyambarire muri Miss Rwanda kandi ni nayo yaganirwagaho. Abo navugaga rero ni abo twaganiraga kuri iyi ngingo ntaho bahuriye n&#8217;inzego za Leta zifite umuco mu nshingano. Umuco dusangiye uraturanga”.</p>
<p>Mu marushnwa y’ubwiza hakunze kugarukwa ku myambarire y’abayitabira, impaka ku muco zigaruka kenshi, gusa benshi bumva umuco mu myambarire mu buryo butandukanye.</p>
<p>Muri uyu mwaka abakobwa bambaye amakunzu ya Ian Boutique na Tanga design, iyatangije impaka ni iyo Ingabire Grace, Miss Rwanda 2021, yari yambaye ubwo yambikwaga ikamba.</p>
<div class='spip_document_148594 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/message.jpg' width="888" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148595 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/message_1.jpg' width="498" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021-3.jpg"
				length="139487"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ingabire Grace ni we ubaye Miss Rwanda 2021</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/ingabire-grace-ni-we-ubaye-miss-rwanda-2021</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/ingabire-grace-ni-we-ubaye-miss-rwanda-2021</guid>

		<dc:date>2021-03-20T22:06:43Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ingabire Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2021, akaba asimbuye uwari kuri uwo mwanya, Miss Nishimwe Naomie wari umaranye iryo kamba umwaka kuko yaryambitswe yatsinze&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ingabire Grace ni we ubaye Miss Rwanda 2021</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148495 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ingabire-4.jpg' width="701" height="806" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ingabire Grace w’imyaka 25 y’amavuko wari wambaye numero 07, yinjiye mu irushanwa rya Miss Rwanda 2021 ahagarariye Umujyi wa Kigali, akaba yararangije Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yize ibijyanye n’imibyinire ihuzwa n’imitekerereze.</p>
<div class='spip_document_148494 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="54" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/grace-3.jpg' width="700" height="712" alt="Ingabire Grace wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021" title="Ingabire Grace wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ingabire Grace wegukanye ikamba rya Miss Rwanda 2021</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_148502 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/grace_9.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Miss Ingabire Grace yahembwe imodoka nshya ya Hyundai Creta 2021 yatanzwe na Hyundai Rwanda, azajya ahembwa umushahara w’ibihumbi 800Frw ku kwezi mu gihe cy’umwaka azamarana ikamba, naho lisansi azashyira mu modoka ye mu gihe cy’umwaka izatangwa na sitasiyo ya Merez Petrolium.<br class='autobr' />
Azahabwa kandi Internet mu gihe cy’umwaka wose ndetse anatunganyirizwe imisatsi uko abyifuza mu gihe cy’umwaka wose n’ibindi bihembo byinshi.</p>
<div class='spip_document_148496 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="36" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/akaliza.jpg' width="700" height="675" alt="Akaliza Amanda, igisonga cya mbere" title="Akaliza Amanda, igisonga cya mbere" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Akaliza Amanda, igisonga cya mbere</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_148497 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="38" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umutoni.jpg' width="684" height="855" alt="Umutoni Witness, igisonga cya kabiri" title="Umutoni Witness, igisonga cya kabiri" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umutoni Witness, igisonga cya kabiri</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Habanje gutangwa andi makamba arimo Miss Popularity ryahawe Kayirebwa Marie Paul, agahembwa na MTN 1,000,000 y&#8217;Amafaranga y&#8217;u Rwanda, yemerewe kwiga muri University of Kigali n’ibindi bihembo bitandukanye.</p>
<p>Umutoniwase Sandrine ni we wahawe ikamba rya Miss talent ku mpano ye idasanzwe yo gushushanya, ahembwa 1,800,000 y&#8217;Amafaranga y&#8217;u Rwanda no kwiga muri University of Kigali.</p>
<div class='spip_document_148498 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="35" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umutoniwase.jpg' width="700" height="486" alt="Umutoniwase Sandrine, Miss Talent" title="Umutoniwase Sandrine, Miss Talent" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umutoniwase Sandrine, Miss Talent</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uwase Phiona niwe ubaye Miss Photogenic ahabwa 1,800,000Frw na Diamond Smile dental Clinic no kwiga muri University of Kigali.</p>
<div class='spip_document_148499 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="14" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/uwase-2.jpg' width="700" height="681" alt="Uwase Phiona" title="Uwase Phiona" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Uwase Phiona</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Musana Teta Hense niwe wabaye Miss innovative agahembwa na Bank Of Kigali amafaranga angana na 6,000,000frw, umushinga we uzashyirwa mu bikorwa afatanije n’umuhanga mu mishinga wo muri BK, akemererwa Kwiga muri University of Kigai.</p>
<div class='spip_document_148500 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_9.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148504 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa_4-2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148505 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa_5.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148503 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa-9.jpg' width="700" height="364" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148501 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="33" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/car-2.jpg' width="700" height="628" alt="Imodoka Miss Rwanda 2021 yahawe" title="Imodoka Miss Rwanda 2021 yahawe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Imodoka Miss Rwanda 2021 yahawe</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umutoniwase.jpg"
				length="97628"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#MissRwanda2021: Kuri uyu mugoroba haramenyekana uwegukana ikamba</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-kuri-uyu-mugoroba-haramenyekana-uwegukana-ikamba</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-kuri-uyu-mugoroba-haramenyekana-uwegukana-ikamba</guid>

		<dc:date>2021-03-20T15:21:54Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kuri uyu mugoroba wo ku wa 20 werurwe 2021, haraza kumenyekana uwambikwa ikamba rya nyampinga w’u Rwanda 2021, mu bakobwa 20 bageze kuri ’finale’.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#MissRwanda2021: Kuri uyu mugoroba haramenyekana uwegukana ikamba</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148482 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="71" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021-2.jpg' width="700" height="466" alt="Hararara hamenyekanye uweguukana ikamba rya Nyampinga w'u Rwanda 2021" title="Hararara hamenyekanye uweguukana ikamba rya Nyampinga w'u Rwanda 2021" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Hararara hamenyekanye uweguukana ikamba rya Nyampinga w&#8217;u Rwanda 2021</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abiyandikishije muri iryo rushanwa bari 413 bitandukanye n’uko indi myaka byagiye bigenda, kubera ingamba zo kwirinda Covid19, abo bakobwa bifataga amashusho bavuga bagasubiza n’ibibazo babajijwe kuri murandasi.</p>
<p>Muri bo 37 ni bo batoranijwe bakomeza mu cyiciro cya mbere’ pre-selection’, harimo abahagarariye Intara zose zo mu Rwanda.</p>
<p>Tariki 3 Werurwe 2021 nibwo bahuriye mu mwiherero hakaza gutorwamo 20, ari nabo bakomeje umwiherero.</p>
<p>Uri bwegukane ikamba rya Miss Rwanda 2021 hamwe n’abaza gutsindira amakamba atandukanye barahabwa ibihembo n’izindi nyungu nyinshi mu rwego rwo gutuma ayo marushanwa aha icyizere abakobwa benshi bashoboka.</p>
<p>Mu mpinduka zabaye uyu mwaka, imyaka yemewe isabwa uwitabira yarongerewe iva kuri 24 igera kuri 28, mu gihe uburebure bwasabwaga bwavanyweho. Abitabira amarushanwa bagomba kuba bari mu kigero cyiza cy’umubiri (BMI).</p>
<p>Mu makamba ari butangwe usibye Miss n’ibisonga, hari Miss innovation ari we uwatanze umushinga uhiga indi uri buhembwe na Bank of Kigali, Miss Talent wagaragaje impano ihebuje, Miss popularity wakunzwe kurusha abandi, Miss Photogenic uzi kwifotoza kurusha abandi, Miss Heritage wahize abandi mu kugaragaza umuco nyarwanda na Miss congeniality wabanye neza n’abandi.</p>
<p>Ibyo birori birabera mu Ntare Arena Rusororo, bice kuri television ya KC2, abarebera kuri YouTube barishyura 3$ angana na 2,850Frw kuko nta bantu bari buze kuba bari aho bibera.</p>
<p>Uretse abasuye ba Nyampinga babigisha ibijyanye n’umuco, umutekano, ishoramari, uko imishinga itegurwa igashyirwa mu bikorwa kugera ku buzima bw’imyororokere. Abo bakobwa kandi biga uko bagomba kwiyerekana imbere y’abantu mu myambaro itandukanye n’uburyo basubiza.</p>
<p>Mu bamenyekanye cyane harimo Marie Paul Kayirebwa ufite numero ya 13 uri mu mashusho y’indirimbo zitandukanye nka Ikinyafu ya Bruce Melodie, abenshi bagiye bagaruka ku buryo agaragara mu ndirimbo.</p>
<p>Akaliza Amanda ufite numero 1 ufite tatouage ku kuboko, ibintu bitari bimenyerewe ku bakobwa bahatana muri Miss Rwanda.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021-2.jpg"
				length="175844"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali yahuye n'abakobwa bahatanira ikamba rya #MissRwanda2021</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/umuyobozi-mukuru-wa-banki-ya-kigali-yahuye-n-abakobwa-bahatanira-ikamba-rya-missrwanda2021</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/umuyobozi-mukuru-wa-banki-ya-kigali-yahuye-n-abakobwa-bahatanira-ikamba-rya-missrwanda2021</guid>

		<dc:date>2021-03-19T15:03:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi, avuga ko impamvu bateye inkunga amarushanwa ya Miss Rwanda ari uko bahuje icyerekezo cyo guteza imbere ubukungu biciye mu guhanga&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali yahuye n’abakobwa bahatanira ikamba rya #MissRwanda2021</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148418 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="116" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk_3-2.jpg' width="700" height="390" alt="Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi aganira n'abakobwa bahatanira ikamba rya Nyampinga wa 2021" title="Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi aganira n'abakobwa bahatanira ikamba rya Nyampinga wa 2021" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali, Dr. Diane Karusisi aganira n&#8217;abakobwa bahatanira ikamba rya Nyampinga wa 2021</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Werurwe 2021, ubwo abakobwa 20 barimo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 bahuye n’Umuyobozi Mukuru wa BK ku cyicaro gikuru cy’iyo Banki i Kigali, baganira ku mahirwe abo bakobwa bafite ndetse n’uburyo biciye mu mishinga ihanga udushya BK izafatanya na Nyampinga watsindiye ikamba rya Miss Innovation gushyira umushinga we mu bikorwa.</p>
<p>Dr. Karusisi yagize ati “Nabwiye aba Miss uko Banki ikora, ko ikura amafaranga mu bantu bayazigama ikayaha abari mu ishoramari bubaka inganda, bagatanga serivisi zibyara akazi kuko ari ko ubukungu butezwa imbere”.</p>
<div class='spip_document_148419 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk4.jpg' width="700" height="451" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ati “Benshi muri bo bafite ibitekerezo bifatika bakuramo ubucuruzi bagakorana na Banki, bagatanga akazi kabyara inyungu ndetse bagateza imbere igihugu, akaba ari nayo mpamvu tuzashyigikira umwari ufite umushinga wahindura ubuzima bwa benshi ukabateza imbere mu by’ubukungu, ibi bikaba bijyanye n’intego ya Banki ya Kigali”.</p>
<p>Yanashimye kandi imishinga abakobwa bafite irebana n’ibikenewe mu muryango ati “Mu mishinga yabo imyinshi ireba ibikenewe mu bantu, bagakoramo serivisi Banki yagura. Twizeye ko hari izavamo ubucuruzi natwe tukayibafashamo”.</p>
<div class='spip_document_148420 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk_1-2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu mpinduka zakozwe muri iryo rushanwa harimo yuko Nyampinga uzahiga abandi mu gutanga umushinga mwiza, Miss Innovation, BK izamufasha kuwushyira mu bikorwa mu gihe cy’umwaka ikanamuha umuhanga mu mishinga uzamufasha kuwushyira mu bikorwa.</p>
<div class='spip_document_148428 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk9.jpg' width="700" height="446" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Impanuro Dr. Karusisi yahaye abo bakobwa, ni irebana n’ubwiza aho yavuze ko kuba mwiza ari byiza ariko ubwiza bufite intego ari akarusho.</p>
<p>Ati “Hari abakobwa benshi bareba iri rushanwa n’aba bakobwa bakababonamo icyerekezo, natwe turashaka ko babona abakobwa bafite icyerekezo cyo kubaka igihugu biciye mu bucuruzi kuko bafite imishinga ifatika. Turashaka ko babona ko tugomba gushyira hamwe kugira ngo twubake ubukungu n’ubushobozi mu gihugu cyacu”.</p>
<div class='spip_document_148421 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk6.jpg' width="700" height="391" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148422 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk_7.jpg' width="700" height="439" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148423 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk_8.jpg' width="700" height="465" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk_7.jpg"
				length="122540"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Jasmine Kibatega ni we watsinze &#8216;The Next Popstar'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Jasmine-Kibatega-ni-we-watsinze-The-Next-Popstar</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Jasmine-Kibatega-ni-we-watsinze-The-Next-Popstar</guid>

		<dc:date>2021-03-18T05:11:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri batandatu bageze kuri finale y’irushanwa rya The next pop star, Jasmine Kibatega niwe utahanye intsinzi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Jasmine Kibatega ni we watsinze ‘The Next Popstar’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148355 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="52" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kibatega.jpg' width="700" height="466" alt="Kibatega yahembwe nyuma yo kwegukana iryo rushanwa" title="Kibatega yahembwe nyuma yo kwegukana iryo rushanwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kibatega yahembwe nyuma yo kwegukana iryo rushanwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Batandatu bahageze barimo Gisa Cy’inganzo usanzwe uzwi mu ruhando ry’abahanzi nyarwanda, Ish Kevin uririmba HipHop, Yannick Gashiramanga, Cyusa Jackson, Hirwa Irakoze Honorine na Kibatega Jasmine watsinze iryo rushanwa.</p>
<p>Uwo muhango wabereye muri Kigali arena ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, ariko nta bantu bawitabiriye mu rwego rwo kwirinda Covid19, igitaramo kikaba cyacaga kuri KC2.</p>
<p>Akanama nkemurampaka kari kagizwe na Liona Manzi, Aline Gahongayire na Producer JP babanje kwemeza yuko babiri bavamo nyuma yo kuririmba bwa mbere, aribo Yannick Gashiramanga na Hirwa Irakoze Honorine.</p>
<p>Abasigaye bane baririmbye imbere y’akanama nkemurampaka, abakagize bababwira icyo babitekerejeho hanyuma bariherera bahitamo uko batsinze bakurikirana.</p>
<p>Cyiza Jackson yabaye uwa kane, Gisa Cy’Inganzo aba uwa gatatu ashima Imana yabimufashijemo kuba ageze muri iryo rushanwa, uwa kabiri yabaye Ish Kevin ari nawe wenyine waririmbaga HipHop.</p>
<div class='spip_document_148356 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="20" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kibatega_1.jpg' width="700" height="405" alt="Yishimiye intsinzi" title="Yishimiye intsinzi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Yishimiye intsinzi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Jasmine Kibatega amaze kuvugwa ko ariwe wabaye uwa mbere yahise apfukama ararira, nyina wari uhari aza kumuhobera amwishimiye.</p>
<p>Yagize ati “Ndashima Imana yamfashije nkaba ngeze aha, ikindi ndashima mama wambereye inshuti, umujyanama kandi akanyibutsa ko ntagomba gusubira inyuma ibiba byose”.</p>
<div class='spip_document_148361 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jasmine.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Yaboneyeho gusaba ababyeyi bafite abana bafite impano zitandukanye kubaba hafi no kubashyigikira kuko ntawundi wabashyigikira nkabo.</p>
<p>Kibatega yacyuye sheki iriho miliyoni 10Frw, andi miliyoni 40Frw akaba agize amasezerano y’imikorere na Sony Music, imwe mu nzu zitunganya umuziki zikomeye ku isi.</p>
<p><strong>Reba Video uko byari bimeze</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/IdrOWChSmmc" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kibatega.jpg"
				length="133138"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#MissRwanda2021: BK yagiriye inama abakobwa ku mikoreshereze y'amafaranga</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-bk-yagiriye-inama-abakobwa-ku-mikoreshereze-y-amafaranga</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-bk-yagiriye-inama-abakobwa-ku-mikoreshereze-y-amafaranga</guid>

		<dc:date>2021-03-17T07:05:27Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uko ari 20, abakobwa barimo guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 basuwe na Banki ya Kigali (BK) ku wa 16 Werurwe 2021, baganira ku mikoreshereze y’amafaranga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#MissRwanda2021: BK yagiriye inama abakobwa ku mikoreshereze y’amafaranga</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148291 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="53" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kamanzi-3.jpg' width="700" height="466" alt="Nicole Kamanzi aganira n'abakobwa bari mu mwiherero" title="Nicole Kamanzi aganira n'abakobwa bari mu mwiherero" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nicole Kamanzi aganira n&#8217;abakobwa bari mu mwiherero</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu bihembo bizatangwa harimo guhemba umukobwa uzaba afite umushinga mwiza uhiga indi, icyo gihembo kizatangwa na BK aho izamuha ubujyanama butanzwe n’umuhanga mu gusesengura imishinga ndetse anamufashe kuwushyira mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.</p>
<p>Nicole Kamanzi waturutse muri BK hamwe na Paulette Mpamo waturutse muri Inkomoko Entrepreneurship Development, baganirije abo bakobwa uburyo bwo kuzigama n’uko babyaza umusaruro amafaranga bahereyeho akabahindurira ubuzima.</p>
<p>Kamanzi yabanje kubabaza uko bumva amafaranga abakobwa basubiza bati ni igishoro, ubukire abandi bati ni ubushobozi bwakwiyongera bitewe nuko akoreshejwe ndetse n’uburyo bwo kwikura mu bukene.</p>
<div class='spip_document_148292 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="40" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa-8.jpg' width="700" height="466" alt="Baraganirizwa ku bijyanye n'amafaranga" title="Baraganirizwa ku bijyanye n'amafaranga" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Baraganirizwa ku bijyanye n&#8217;amafaranga</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yahise abasobanurira icyo BK nka Banki ikora ati “BK nka Banki twizera ko amafaranga ari ubushobozi (resource) kandi bukoreshejwe neza bwahindurira nyirabwo ubuzima ari nayo mpamvu ari umurongo ngenderwaho”.</p>
<p>Kamanzi kandi yabasobanuriye ibyiza byo kuzigama hakiri kare n’amahirwe bibahesha, anababwira serivise zitandukanye BK itanga.</p>
<div class='spip_document_148293 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="57" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umukobwa-5.jpg' width="700" height="666" alt="Uwankusi Nkusi Linda asobanura imiterere y'umushinga we" title="Uwankusi Nkusi Linda asobanura imiterere y'umushinga we" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Uwankusi Nkusi Linda asobanura imiterere y&#8217;umushinga we</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mpano yabwiye abakobwa ko mu mishinga bazatanga bakeneye gutekereza ku bibazo biri muri sosoyete batuyemo bakazana ibisubizo.</p>
<p>Ati “Rwiyemezamirimo mwiza icyo akora ni ukuzana ibisubizo aho ari, ntabwo afata ibintu byakozwe ngo aterure azane”.</p>
<p>Kamanzi na Mpano baganiriye n’abakobwa bumva imishinga itandukanye bafite, baboneraho umwanya wo kubagira inama ku buryo bayikosora ikaba myiza kurushaho.</p>
<p>Babagiriye inama kandi yo kuzatanga imishinga ishobora guterwa inkunga na Banki cyangwa se n’ikindi kigo cy’ubucuruzi.</p>
<div class='spip_document_148294 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="48" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kayitare.jpg' width="700" height="466" alt="Kayitare Isheja Morella asobanura umushinga we" title="Kayitare Isheja Morella asobanura umushinga we" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kayitare Isheja Morella asobanura umushinga we</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku buryo bwo kuvuga imishinga yabo, abashyitsi bagize bati “Mugomba kuba mwizeye ko imishinga yanyu ari myiza kandi mukayivuga mushize amanga nta bwoba”. Babasabye kandi kudapfusha aya mahirwe ubusa.</p>
<p>Uwankusi Nkusi Linda yatanze umushinga wo guhinga urusenda rwo kugurisha mu Rwanda ndetse no kurugemura mu mahanga dore ko yari asanzwe abikora, avuga ko natsinda azawongera.</p>
<p>Kayitare Isheja Morelle yavuze ko afite umushinga wo gukomeza guteza imbere ‘Made in Rwanda’ biciye mu kuzamura ubuhanga, agashyiraho urubuga ruzahuza abahanga udushya n’isoko.</p>
<div class='spip_document_148295 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa_3.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148296 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk-8.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148298 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/wweew.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa_3.jpg"
				length="80680"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#MissRwanda2021: Abashyitsi banyuranye bakomeje gusura abakobwa mu mwiherero</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-abashyitsi-banyuranye-bakomeje-gusura-abakobwa-mu-mwiherero</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-abashyitsi-banyuranye-bakomeje-gusura-abakobwa-mu-mwiherero</guid>

		<dc:date>2021-03-12T14:42:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abakobwa 20 bari guhatanira ikamba rya Miss Rwanda 2021 bari mu mwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera, aho bagenda basurwa n’abashyitsi benshi batandukanye babafasha kwitegura neza ayo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#MissRwanda2021: Abashyitsi banyuranye bakomeje gusura abakobwa mu mwiherero</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148105 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="79" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bampotoki.jpg' width="700" height="768" alt="Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Edouard Bamporiki" title="Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Umuco, Edouard Bamporiki" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku munsi wa mbere basuwe n’itsinda ry’ababigishaga uko umuntu yitwara ari imbere y’imbaga nyamwinshi nta bwoba afite, kandi akagusha ku ntego mu gihe gito.<br class='autobr' />
Muribo harimo Sylvia Makario, enjeniyeri mu ikoranabuhanga akaba rwiyemeza mihigo, Natacha Karangwa umuhanzi na Katharina Hartwig.</p>
<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, nawe yasuye abo bakobwa abigisha kuri ‘nyampinga ufite umuco mu bakobwa bafite imico’.</p>
<p>Yasobanuriye abakobwa ko umuco ari umutima w’igihugu, ngo igihugu kitagira umuco ni igihugu kitabaho.</p>
<p>Yagaragarije ba Nyampinga ko umuco w&#8217;u Rwanda uturuka ku bintu bitatu ari byo, Umurage, Ibihangano n&#8217;Ibihahano. Yavuze ko Nyampinga ubereye u Rwanda akwiye kugira umutima.</p>
<div class='spip_document_148106 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="56" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa-7.jpg' width="700" height="466" alt="Ibyo abakobwa baganirizwa babikuramo amasomo bakandika" title="Ibyo abakobwa baganirizwa babikuramo amasomo bakandika" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ibyo abakobwa baganirizwa babikuramo amasomo bakandika</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Yabasabye kuba abakobwa bafite umuco mu isi y’abakobwa bafite imico kandi bavuga u Rwanda.</p>
<p>Yagize ati “Turabasaba kuba abakobwa bafite umuco, batwara u Rwanda ku mutima. Ntabwo ushobora kuba umukobwa w’umuco utavuga u Rwanda. Mutarame u Rwanda, mwange abarutaramana. U Rwanda ruruta ikamba ariko iyo urukoreye ruguha ikamba".</p>
<p>Banasuwe kandi na komiseri wungirije muri Community Policing, ACP Rose Muhisoni, yaganirije ba Nyampinga ku ruhare rw’umwari mu gucunga umutekano we n’uw’abandi.</p>
<div class='spip_document_148107 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="19" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rose.jpg' width="694" height="543" alt="ACP Rose Muhisoni" title="ACP Rose Muhisoni" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>ACP Rose Muhisoni</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku bijyanye no kwicungira umutekano cyangwa kuwucungira abandi, ACP Muhisoni yavuze ko bikorwa umuntu yirinda agakungu n&#8217;abakora ibyaha, kwitwararika, gutangira amakuru ku gihe no gutungira agatoki inzego z&#8217;umutekano abashobora guhungabanya umutekano.</p>
<div class='spip_document_148112 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gukubura.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148108 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/missrwanda.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umuyobozi mukuru w’inteko y’Umuco, Amb Robert Masozera, yasuye abo bakobwa, abaganiriza ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda. Yabagaragarije ko umurage w&#8217;Abanyarwanda ugizwe n&#8217;indangagaciro z&#8217;umuco w&#8217;u Rwanda ari zo: gukunda igihugu no kugira ubupfura, kunga ubumwe no gukunda umurimo.</p>
<div class='spip_document_148109 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="56" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/masozera.jpg' width="700" height="466" alt="Amb Robert Masozera, Umuyobozi Mukuru w'Inteko y'Umuco" title="Amb Robert Masozera, Umuyobozi Mukuru w'Inteko y'Umuco" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Amb Robert Masozera, Umuyobozi Mukuru w&#8217;Inteko y&#8217;Umuco</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abakobwa kandi basuye urwibutso rwa Ntarama ruri mu Karere ka Bugesera, babwirwa amateka ya Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 i ntarama, ahashyinguye abarenga 5000. Bose uko ari 20 nta n’umwe wari waravutse mu 1994.</p>
<div class='spip_document_148110 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="42" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwibutso-13.jpg' width="700" height="466" alt="Basuye urwibutso rwa Ntarama mu Bugesera" title="Basuye urwibutso rwa Ntarama mu Bugesera" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Basuye urwibutso rwa Ntarama mu Bugesera</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_148111 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urwibutso_1.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148113 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa3.jpg' width="696" height="555" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_148114 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abakobwa_4.jpg' width="700" height="736" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/masozera.jpg"
				length="83741"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ubumuga bw'uruhu ntibwamuhagarikiye inzozi zo kuba icyamamare mu muziki</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ubumuga-bw-uruhu-ntibwamuhagarikiye-inzozi-zo-kuba-icyamamare-mu-muziki</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ubumuga-bw-uruhu-ntibwamuhagarikiye-inzozi-zo-kuba-icyamamare-mu-muziki</guid>

		<dc:date>2021-03-11T08:00:04Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Patrick Mazimpaka ufite ubumuga bw’uruhu avuga ko akaga yahuye nako mu mikurire ye yatewe n’ubwo bumuga, katahagaritse inzozi ze zo kuzaba icyamamare muri muzika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ubumuga bw’uruhu ntibwamuhagarikiye inzozi zo kuba icyamamare mu muziki</h1>

			

			

			<div class='spip_document_148026 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="63" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/patrick.jpg' width="698" height="680" alt="Patrick Mazimpaka afite inzozi zo kuzaba icyamamare mu muziki" title="Patrick Mazimpaka afite inzozi zo kuzaba icyamamare mu muziki" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Patrick Mazimpaka afite inzozi zo kuzaba icyamamare mu muziki</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Patrick yasobanuye uburyo yakuze se atamwemera kubera ubwo bumuga bw’uruhu yavukanye. Ati “Yigeze gushaka no kutugurisha bamuhaye miliyoni ebyiri arabyemera, twagize amahirwe mama araturinda”.</p>
<p>Yavuze ko kuba afite ubumuga bitamubuza kugira inzozi ze zo gukomera muri muzika kandi akaba abona azazigeraho.</p>
<p>Ati “Mu nzozi zanjye mba numva nzaba umuhanzi ukomeye kandi mpuzamahanga, uko mbibona nta kizabimbuza ninkomeza gukora”.</p>
<p>Patrick Mazimpaka yaririmbye mu ndirimbo yitwa ‘Njye nawe’ ya Clarisse Karasira, akaba ariyo ndirimbo ya mbere asohoye kuri album ye yise “Inganzo y’umutima”.</p>
<p>Niyo Bosco we ufite ubumuga bwo kutabona umaze kumenyekana mu bahanzi nyarwanda, yifuza kubona abandi bafite ubumuga nkawe ariko bafite impano.</p>
<p>Niyo asanga kuba abantu bafite ubumuga ariko bafite impano, bagakwiye gufatanya n’abandi aho gusubizanya inyuma.</p>
<p>Agira ati “Kuzimya inkono y’undi ntibituma iyawe ishya vuba, njye mbona aho gusenyana ahubwo twafatanya twese tukarushaho gutera imbere. Yaba ari abanyempano bafite n’abadafite ubumuga twese tugomba gushyira hamwe”.</p>
<p>Niyo Bosco aherutse gusohora indirimbo nshya ari kumwe na Aline Gahongayire yitwa ‘Izindi mbaraga’.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/patrick.jpg"
				length="106516"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Rayvanny yafunguye inzu ye ifasha abahanzi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/rayvanny-yafunguye-inzu-ye-ifasha-abahanzi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/rayvanny-yafunguye-inzu-ye-ifasha-abahanzi</guid>

		<dc:date>2021-03-09T21:26:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubuvuzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Rayvanny, umwe mu nkingi za mwamba mu nzu itunganya umuziki Wasafi ya Diamond Platinums wo muri Tanzania, yafunguye inzu ye bwite ifasha abahanzi mu muziki.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Rayvanny yafunguye inzu ye ifasha abahanzi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147969 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="10" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rayvanny.jpg' width="500" height="445" alt="Rayvanny" title="Rayvanny" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Rayvanny</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abinyujije  kuri Instagram, Raymond Shaban Mwakyusa wamamaye nka Rayvanny yashyizeho ifoto y’ikirango cy&#8217;inzu ifasha abahanzi (record label) ye yise Next Level Music agira ati “Byari inzozi, mureke mfate uyu mwanya mbatumire mu imurika rya The Next Level Music uyu mugoroba.”</p>
<div class='spip_document_147973 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="56" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/next_level_music.jpg' width="700" height="522" alt="Habaye ibirori byo gutaha Next Level Music ya Rayvanny " title="Habaye ibirori byo gutaha Next Level Music ya Rayvanny " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Habaye ibirori byo gutaha Next Level Music ya Rayvanny </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Diamond na we abinyujije kuri Instagram yerekanye ibyishimo afitiye Rayvanny yerekana aho iyo nzu izajya ikorera ati “Uyu munsi turaza kubereka ibi bidasanzwe hamwe n’umuvandimwe.”</p>
<p>Ni benshi bavuye muri Wasafi Records ya Diamond bagenda nabi bashwanye, harimo Harmonize washinze inzu ye yise Konde Gang.</p>
<blockquote class="instagram-media" data-instgrm-captioned data-instgrm-permalink="https://www.instagram.com/tv/CMOZLj5A4uc/?utm_source=ig_embed&amp;utm_campaign=loading" data-instgrm-version="13" style=" background:#FFF; border:0; border-radius:3px; box-shadow:0 0 1px 0 rgba(0,0,0,0.5),0 1px 10px 0 rgba(0,0,0,0.15); margin: 1px; max-width:540px; min-width:326px; padding:0; width:99.375%; width:-webkit-calc(100% - 2px); width:calc(100% - 2px);"><div style="padding:16px;"> <a href="https://www.instagram.com/tv/CMOZLj5A4uc/?utm_source=ig_embed&amp;utm_campaign=loading" style=" background:#FFFFFF; line-height:0; padding:0 0; text-align:center; text-decoration:none; width:100%;" target="_blank"><div style=" display: flex; flex-direction: row; align-items: center;"> <div style="background-color: #F4F4F4; border-radius: 50%; flex-grow: 0; height: 40px; margin-right: 14px; width: 40px;"></div> <div style="display: flex; flex-direction: column; flex-grow: 1; justify-content: center;"> <div style=" background-color: #F4F4F4; border-radius: 4px; flex-grow: 0; height: 14px; margin-bottom: 6px; width: 100px;"></div> <div style=" background-color: #F4F4F4; border-radius: 4px; flex-grow: 0; height: 14px; width: 60px;"></div></div></div><div style="padding: 19% 0;"></div> <div style="display:block; height:50px; margin:0 auto 12px; width:50px;"><svg width="50px" height="50px" viewBox="0 0 60 60" version="1.1" xmlns="https://www.w3.org/2000/svg" xmlns:xlink="https://www.w3.org/1999/xlink"><g stroke="none" stroke-width="1" fill="none" fill-rule="evenodd"><g transform="translate(-511.000000, -20.000000)" fill="#000000"><g><path d="M556.869,30.41 C554.814,30.41 553.148,32.076 553.148,34.131 C553.148,36.186 554.814,37.852 556.869,37.852 C558.924,37.852 560.59,36.186 560.59,34.131 C560.59,32.076 558.924,30.41 556.869,30.41 M541,60.657 C535.114,60.657 530.342,55.887 530.342,50 C530.342,44.114 535.114,39.342 541,39.342 C546.887,39.342 551.658,44.114 551.658,50 C551.658,55.887 546.887,60.657 541,60.657 M541,33.886 C532.1,33.886 524.886,41.1 524.886,50 C524.886,58.899 532.1,66.113 541,66.113 C549.9,66.113 557.115,58.899 557.115,50 C557.115,41.1 549.9,33.886 541,33.886 M565.378,62.101 C565.244,65.022 564.756,66.606 564.346,67.663 C563.803,69.06 563.154,70.057 562.106,71.106 C561.058,72.155 560.06,72.803 558.662,73.347 C557.607,73.757 556.021,74.244 553.102,74.378 C549.944,74.521 548.997,74.552 541,74.552 C533.003,74.552 532.056,74.521 528.898,74.378 C525.979,74.244 524.393,73.757 523.338,73.347 C521.94,72.803 520.942,72.155 519.894,71.106 C518.846,70.057 518.197,69.06 517.654,67.663 C517.244,66.606 516.755,65.022 516.623,62.101 C516.479,58.943 516.448,57.996 516.448,50 C516.448,42.003 516.479,41.056 516.623,37.899 C516.755,34.978 517.244,33.391 517.654,32.338 C518.197,30.938 518.846,29.942 519.894,28.894 C520.942,27.846 521.94,27.196 523.338,26.654 C524.393,26.244 525.979,25.756 528.898,25.623 C532.057,25.479 533.004,25.448 541,25.448 C548.997,25.448 549.943,25.479 553.102,25.623 C556.021,25.756 557.607,26.244 558.662,26.654 C560.06,27.196 561.058,27.846 562.106,28.894 C563.154,29.942 563.803,30.938 564.346,32.338 C564.756,33.391 565.244,34.978 565.378,37.899 C565.522,41.056 565.552,42.003 565.552,50 C565.552,57.996 565.522,58.943 565.378,62.101 M570.82,37.631 C570.674,34.438 570.167,32.258 569.425,30.349 C568.659,28.377 567.633,26.702 565.965,25.035 C564.297,23.368 562.623,22.342 560.652,21.575 C558.743,20.834 556.562,20.326 553.369,20.18 C550.169,20.033 549.148,20 541,20 C532.853,20 531.831,20.033 528.631,20.18 C525.438,20.326 523.257,20.834 521.349,21.575 C519.376,22.342 517.703,23.368 516.035,25.035 C514.368,26.702 513.342,28.377 512.574,30.349 C511.834,32.258 511.326,34.438 511.181,37.631 C511.035,40.831 511,41.851 511,50 C511,58.147 511.035,59.17 511.181,62.369 C511.326,65.562 511.834,67.743 512.574,69.651 C513.342,71.625 514.368,73.296 516.035,74.965 C517.703,76.634 519.376,77.658 521.349,78.425 C523.257,79.167 525.438,79.673 528.631,79.82 C531.831,79.965 532.853,80.001 541,80.001 C549.148,80.001 550.169,79.965 553.369,79.82 C556.562,79.673 558.743,79.167 560.652,78.425 C562.623,77.658 564.297,76.634 565.965,74.965 C567.633,73.296 568.659,71.625 569.425,69.651 C570.167,67.743 570.674,65.562 570.82,62.369 C570.966,59.17 571,58.147 571,50 C571,41.851 570.966,40.831 570.82,37.631"></path></g></g></g></svg></div><div style="padding-top: 8px;"> <div style=" color:#3897f0; font-family:Arial,sans-serif; font-size:14px; font-style:normal; font-weight:550; line-height:18px;"> View this post on Instagram</div></div><div style="padding: 12.5% 0;"></div> <div style="display: flex; flex-direction: row; margin-bottom: 14px; align-items: center;"><div> <div style="background-color: #F4F4F4; border-radius: 50%; height: 12.5px; width: 12.5px; transform: translateX(0px) translateY(7px);"></div> <div style="background-color: #F4F4F4; height: 12.5px; transform: rotate(-45deg) translateX(3px) translateY(1px); width: 12.5px; flex-grow: 0; margin-right: 14px; margin-left: 2px;"></div> <div style="background-color: #F4F4F4; border-radius: 50%; height: 12.5px; width: 12.5px; transform: translateX(9px) translateY(-18px);"></div></div><div style="margin-left: 8px;"> <div style=" background-color: #F4F4F4; border-radius: 50%; flex-grow: 0; height: 20px; width: 20px;"></div> <div style=" width: 0; height: 0; border-top: 2px solid transparent; border-left: 6px solid #f4f4f4; border-bottom: 2px solid transparent; transform: translateX(16px) translateY(-4px) rotate(30deg)"></div></div><div style="margin-left: auto;"> <div style=" width: 0px; border-top: 8px solid #F4F4F4; border-right: 8px solid transparent; transform: translateY(16px);"></div> <div style=" background-color: #F4F4F4; flex-grow: 0; height: 12px; width: 16px; transform: translateY(-4px);"></div> <div style=" width: 0; height: 0; border-top: 8px solid #F4F4F4; border-left: 8px solid transparent; transform: translateY(-4px) translateX(8px);"></div></div></div> <div style="display: flex; flex-direction: column; flex-grow: 1; justify-content: center; margin-bottom: 24px;"> <div style=" background-color: #F4F4F4; border-radius: 4px; flex-grow: 0; height: 14px; margin-bottom: 6px; width: 224px;"></div> <div style=" background-color: #F4F4F4; border-radius: 4px; flex-grow: 0; height: 14px; width: 144px;"></div></div></a>
<p style=" color:#c9c8cd; font-family:Arial,sans-serif; font-size:14px; line-height:17px; margin-bottom:0; margin-top:8px; overflow:hidden; padding:8px 0 7px; text-align:center; text-overflow:ellipsis; white-space:nowrap;"><a href="https://www.instagram.com/tv/CMOZLj5A4uc/?utm_source=ig_embed&amp;utm_campaign=loading" style=" color:#c9c8cd; font-family:Arial,sans-serif; font-size:14px; font-style:normal; font-weight:normal; line-height:17px; text-decoration:none;" target="_blank">A post shared by &#127481;&#127487; VANNY BOY &#127744; (@rayvanny_tweet)</a></p>
</div></blockquote> <script async src="//www.instagram.com/embed.js"></script>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rayvanny.jpg"
				length="32747"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore abakobwa 20 bazatorwamo Miss Rwanda 2021</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/dore-abakobwa-20-bazatorwamo-miss-rwanda-2021</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/dore-abakobwa-20-bazatorwamo-miss-rwanda-2021</guid>

		<dc:date>2021-03-06T21:44:06Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abakobwa 20 batoranyijwe muri 37 nibo bagiye gutangira umwiherero i Nyamata, muri bo hakazavamo Miss Rwanda 2021.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore abakobwa 20 bazatorwamo Miss Rwanda 2021</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147817 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss-7.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu birori byabereye kuri television ya KC2 mu ndimi eshatu zitandukanye Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza ku mugoroba wo ku wa 6 Werurwe 2021, abakobwa 20 bahawe amahirwe n’akanama nkemurampaka yo gukomeza mu cyiciro gikurikira bamenyekanye.</p>
<div class='spip_document_147818 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_1.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Babiri muribo aribo Kabagema Laila na Ishimwe Sonia bakomeje babikeaha amanota menshi bagize biturutse mu majwi y’ababatoye, yaba ku butumwa bugufi ndetse n’izindi mbuga.</p>
<p> Aba nibo bakobwa bakomeje.</p>
<p>1 Ingabire Grace (No.7)</p>
<div class='spip_document_147819 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ingabire_grace-2.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>2   Ingabire Esther (No.6)</p>
<div class='spip_document_147820 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ingabire_est.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>3  Ishimwe Sonia (NO.10)</p>
<div class='spip_document_147823 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ishimwe_soni.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>4   Kabagema Laila (No.11)</p>
<div class='spip_document_147825 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kabagema_laid.jpg' width="700" height="688" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>5 Musango Nathalie (No.19)</p>
<p>6 Kayitare Isheja Morella (No.14)</p>
<p>7 Gaju Evelyne (No.5)</p>
<div class='spip_document_147822 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gaju_everyne1.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>8 Akaliza Hope (No.2)</p>
<div class='spip_document_147821 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/akaliza_hope-3.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>9 Akaliza Amanda (No.1)</p>
<div class='spip_document_147826 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/akaliza_a.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>10 Isaro Rolita Benita (No.9)</p>
<div class='spip_document_147824 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/isaro_rolithda.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>11 Uwase Phiona (No.35)</p>
<p>12 Uwase Kagame Sonia (No.34)</p>
<p>13 Uwankusi Nkusi Linda (No.32)</p>
<p>14 Umutoniwase Sandrine (No.29)</p>
<p>15 Umutoni Witness (No.28)</p>
<p>16 Umutesi Leah (No.27)</p>
<p>17 Teta Larissa (No.23)</p>
<p>18 Musana Teta Hense (No.18)</p>
<p>19  Karera Chryssie (No.12)</p>
<p>20 Kayirebwa Marie Paul (No.13)</p>
<p>Emma Claudine umwe mu bagize akanama nkemurampaka yasobanuye ibyagendeweho batora abo bakobwa 20.</p>
<p>Yagize ati “Twarebaga uburyo buri mukobwa yiyerekanye ingendo ye nuko atambuka, twarebaga icyo umukobwa yasubije n’uko yagisubije”. Hiyongeraho ubwiza, ubwenge n’umuco.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/akaliza_hope-3.jpg"
				length="39723"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>#MissRwanda2021: Abakobwa 20 bazakomeza baramenyekana kuri uyu wa Gatandatu </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-abakobwa-20-bazakomeza-baramenyeka-kuri-uyu-wa-gatandatu</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/article/missrwanda2021-abakobwa-20-bazakomeza-baramenyeka-kuri-uyu-wa-gatandatu</guid>

		<dc:date>2021-03-06T12:54:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Irushanwa rya Miss Rwanda ririmo abakobwa 37 barimo guhatanira ikamba ry’uyu mwaka, uyu munsi haramenyekana 20 bazakomeza.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>#MissRwanda2021:  Abakobwa 20 bazakomeza baramenyekana kuri uyu wa Gatandatu </h1>

			

			

			<div class='spip_document_147785 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda-7.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku itariki 20 Gashyantare 2021 abagize akanama nkemurampaka karateranye gaha abakobwa 37 amahirwe yo gukomeza irushanwa, buri karere kari gaharariwe.</p>
<p>Kugeza ubu buri mukobwa yahawe code atorerwaho, ibi bihesha amahirwe babiri bazagira amanota menshi kurusha abandi guhita bakomeza mu cyiciro gikurikira nta kindi kibagoye.</p>
<p>Abandi 18 basigaye bagomba gukomeza barahabwa amahirwe n’akanama nkemurampaka bitewe n’imishinga yabo n’ibindi bibazo babazwa n’uko bari bubisubize.</p>
<div class='spip_document_147789 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku wa Gatanu tariki 5 Werurwe 2021, abo bakobwa uko ari 37 baraye mu ihoteri ‘La Palisse Nyamata’ mu Karere ka Bugesera aho bagiye mu mwiherero.</p>
<p>Bakihagera baherekejwe n’imiryango yabo, babanje gupimwa icyorezo cya covid19 no gusobanukirwa amategeko n’amabwiriza agenga irushanwa rya Miss Rwanda.</p>
<p>Kuri uyu wa Gatandatu mu masaha y’umugoroba, haraza kumenyakana abakobwa 20 bakomeza irushanwa na 17 baza gutaha, ku bifuza gukurikira uwo muhango ukaba uri butambuke kuri televiziyo ya KC2.</p>
<div class='spip_document_147788 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda1.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<div class='spip_document_147790 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda4.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_rwanda-7.jpg"
				length="218244"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abashakashatsi bavuga iki ku koza amenyo mbere cyangwa nyuma yo kunywa ikawa? </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/abashakashatsi-bavuga-iki-ku-koza-amenyo-mbere-cyangwa-nyuma-yo-kunywa-ikawa</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/abashakashatsi-bavuga-iki-ku-koza-amenyo-mbere-cyangwa-nyuma-yo-kunywa-ikawa</guid>

		<dc:date>2021-03-02T09:59:06Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ni kenshi umuntu yisanga abanza koza amenyo mbere yo kunywa ikawa, gake akoza amenyo nyuma yahoo, abahanga basobanura igihe cyiza byakorwamo n’impamvu yabyo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abashakashatsi bavuga iki ku koza amenyo mbere cyangwa nyuma yo kunywa ikawa? </h1>

			

			

			<div class='spip_document_147583 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ikawa_2.jpg' width="692" height="395" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibintu bishyushye si byiza ku menyo, iyo bigeze ku ikawa biba bibi kurushaho kuko yangiza igice cy’amenyo cya ‘émail’. Niyo mpamvu ari byiza koza amenyo nyuma yo kunywa ikawa kugira ngo idatinda mu kanwa.</p>
<p>Icyakora abaganga benshi batandukanye babajijwe n’ikinyamakuru Huffington Post, mu bushakashatsi bavuze ko ari byiza koza amenyo mbere yo kunywa ikawa cyangwa se ibindi bintu bishyushye.</p>
<p>Ibisobanuro batanga ngo ni uko iyo amenyo yogeje asa neza bigora imyanda kuyagumaho. Ni ukuvuga ko iyo amenyo asa neza nta myanda yindi iriho indi myanda nayo irimo udukoko dutera uburwayi (bactéries) biyigora kuguma ku menyo.</p>
<p>Abahanga kandi bavuga ko koza amenyo nyuma yo kunywa ikawa bituma igice cya émail gikeye kirinda amenyo cyoroha, ibintu bitari byiza ku menyo.</p>
<p>Mu gihe wumva ushaka koza amenyo nyuma yo kunywa ikawa, abahanga bavuga ko wagombye gutegereza nibura imonota 30, nyuma yahoo ukabona koza amenyo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ikawa_2.jpg"
				length="88496"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Turacyari mu muziki - Urban Boys</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/turacyari-mu-muziki-urban-boys</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/turacyari-mu-muziki-urban-boys</guid>

		<dc:date>2021-02-25T18:19:15Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma yo kubazwa cyane ku mbuga nkoranyambaga n’abafana niba bararetse umuziki, abahanzi bagize itsinda rya Urban Boys bashubije bavuga ko umuziki bakiwurimo, ariko ko  wadindijwe na COVID-19&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Turacyari mu muziki - Urban Boys</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147394 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="12" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urban-boys-2.jpg' width="700" height="463" alt="Urban Boys" title="Urban Boys" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Urban Boys</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mbere y’uko COVID-19 itangira, abasigaye muri Urban Boys bagombaga gushyira ahagaragara album yabo ya mbere muri 2019 ari babiri batari kumwe na Safi, ariko bayihagaritse batabimenyesheje abakunzi babo, biteza urujijo.</p>
<p>Aba bombi baracecetse kugeza vuba aha ubwo Nizzo yashyiraga ifoto kuri Instagram maze umufana umwe yandika avuga ko Urban Boyz yabatengushye.</p>
<p>Aganira na Kigali Today, umuraperi wa Urban Boy Manzi uzwi ku izina rya Humble Gizzo yemeye ko bafashe ikiruhuko cy&#8217;umuziki kugira ngo bibande ku yindi mishinga ijyanye na studio yabo, anongeraho ko badakorera ku gitutu cy&#8217;abafana.</p>
<p>Humble Gizzo yagize ati: "Sinshobora kuvuga ko byari muri gahunda yacu yo kuruhuka ariko kubera icyorezo cya COVID-19 gikomeje, twahisemo kwibanda cyane ku guteza imbere imishinga ijyanye na studio yacu ifata amajwi".</p>
<p>Ati: "Sinzi uburyo abafana bagena igihe cyo gusohora umuziki ariko icyo nzi ni uko ari twe duhitamo igihe cyo gukora umuziki."</p>
<p>Yongera ati: "Ntabwo dukora ku gitutu cy&#8217;abafana, icyakora ni ab’agaciro. Turacyari mu bucuruzi bw’umuziki kandi turimo gutegura umuziki mwiza nubwo ntashobora kuvuga ko uzasohoka vuba.”</p>
<p>Muri iyi minsi Humble Gizzo yibanda ku bucuruzi bw’amazu muri kompanyi yitwa Tunga Real Estates hamwe n’umugore we, Amy Blauman.</p>
<p>Ku rundi ruhande, mugenzi we Nshimiyimana Muhammed uzwi ku izina rya Nizzo yakomeje gukora umuziki ndetse agaragara mu mashusho atandukanye y&#8217;abahanzi bakizamuka.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/urban-boys-2.jpg"
				length="120425"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nyamitari yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana kugira ngo yisanzure</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Nyamitari-yaretse-kuririmba-indirimbo-zihimbaza-Imana-kugira-ngo-yisanzure</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Nyamitari-yaretse-kuririmba-indirimbo-zihimbaza-Imana-kugira-ngo-yisanzure</guid>

		<dc:date>2021-02-24T07:37:05Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Patrick Nyamitari wamenyekanye cyane aririmba indirimbo z’Imana akaza guhindura akaririmba izisanzwe, yavuze ko yabitewe n’uko mu rusengero yumvaga hadatuma yisanzura uko bikwiye kandi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nyamitari yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana kugira ngo yisanzure</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147324 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="83" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nyamitari-3.jpg' width="677" height="598" alt="Nyamitari yahagaritse kuririmba indirimbo z'Imana kugira ngo yisanzure mu buhanzi" title="Nyamitari yahagaritse kuririmba indirimbo z'Imana kugira ngo yisanzure mu buhanzi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nyamitari yahagaritse kuririmba indirimbo z&#8217;Imana kugira ngo yisanzure mu buhanzi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Avuga ko agiye kujya aririmba indirimbo zitari izo mu rusengero, gusa abantu benshi cyane cyane abo mu rusengero babifashe nko guta umurongo kandi ari amafuti.</p>
<p>Nyamitari we avuga ko abantu bagakwiye kwemera impinduka, ati “Nk’uko ushobora kubona umuntu avuye mu kazi kamwe akajya mu kandi kamuhemba menshi ntihagire ubona ko bidasanzwe, ni ko nanjye navuye mu ndirimbo zo mu rusengero gusa nkaguka nkajya no hanze”.</p>
<p>Mu rusengero Nyamitari avuga ko hamufungaga hamubuza kugera ku bantu benshi no kuririmba ibyo ashaka.</p>
<p>Ati “Buriya hari ibintu byinshi ntabashaga kuririmba, hari n’abantu ntari bugereho kuko nari meze nk’uboshye ariko nanone bitavuze ko uyu munsi ntakora indirimbo nshima Imana cyangwa se ikindi”.</p>
<p>Nyuma yo kuva mu ndirimbo zo mu rusengero, Nyamitari yasohoye indirimbo nyinshi zivuga urukundo rw’umukobwa, ubuzima n’ibindi. Kuri ubu afite iyitwa ‘Umwiza’ aherutse gusohora.</p>
<p>Mu bahanzi bafite amajwi meza Nyamitari akenshi azamo, kuri we akavuga ko umuhanzi mwiza ari ufite umwihariko utuma abantu bamutandukanya n’abandi byoroshye, kandi akaba afite uburyo bw’imyandikire butandukanye.</p>
<p>Ati “Wa muntu uzumva ijwi rye ugahita umenya ngo ni runaka cyangwa se uburyo bwe bwo kwandika bikagukurura”.</p>
<div class='spip_document_147325 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nyamitari2.jpg' width="750" height="915" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nyamitari-3.jpg"
				length="279890"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ange na Pamela bahimbiye indirimbo abahanzi ba gakondo babazamuye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ange-na-pamela-bahimbiye-indirimbo-abahanzi-ba-gakondo-babazamuye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/ange-na-pamela-bahimbiye-indirimbo-abahanzi-ba-gakondo-babazamuye</guid>

		<dc:date>2021-02-23T15:23:56Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abakobwa b’impanga, Ange Ndayishimiye na Pamela Bamureke baririmba injyana ya gakondo, bakoze indirimbo bise “Ndamurika” bashimira abahanzi ba gakondo babafashije kugera aho bari.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ange na Pamela bahimbiye indirimbo abahanzi ba gakondo babazamuye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147302 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="47" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abahanzi-8.jpg' width="700" height="466" alt="Ange na Pamela bari kumwe na Cecile Kayirebwa" title="Ange na Pamela bari kumwe na Cecile Kayirebwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ange na Pamela bari kumwe na Cecile Kayirebwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu bo bashimira harimo Intore Masamba, Cecile Kayirebwa wabafashije kuzamuka mu miririmbire bafitanye n’indirimbo ndeste na Muyango.</p>
<p>Bavuga aho bavanye igitekerezo cyo gukora iyo ndirimbo bagize bati “Ndamurika ni indirimbo twanditse ku gitekerezo n’abandi bagenzi bacu dukora injyana imwe, tuvuga ku bantu barimo Kayirebwa, Masamba, Muyango n’abandi bahanzi ukuntu bagiye batubera ibyitegererezo. Niho havuye kumva twakora indirimbo ibakeza. Nk’uko rero twe tuzi inyugu yabo muri gakondo n’abandi babamenye, tuyita Ndamurika”.</p>
<div class='spip_document_147303 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="33" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abahanzi_1.jpg' width="700" height="466" alt="Ange na Pamela hamwe na Masamba" title="Ange na Pamela hamwe na Masamba" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ange na Pamela hamwe na Masamba</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Zimwe mu nyungu bavuga harimo iz’ubuhanzi ndetse no mu buzima busanzwe kubera inkunga zitandukanye babateye.</p>
<p>Bati “Inyungu ya mbere ni ukudukundisha injyana ya gakondo bakanaduha amaboko yabo mu buzima bwa buri munsi. Binagaragarira mu mashusho y’indirimbo Ndamurika kuko abenshi barimo hakaza n’indi yitwa ‘Impundu zanjye’ twakoranye na Kayirebwa, urumva ko tugenda tubana nabo kenshi”.</p>
<p>Bavuze kandi ko bari gukora kuri album yabo “Turimo gukora ku mishinga myinshi itandukanye, ariko by’umwihariko ku bijyanye n’ibihangano byacu hari indirimbo turimo gukorana n’abahanzi batandukanye, turimo no gukora kuri album yacu ya mbere. Ubu turimo kuyisozaho indirimbo za nyuma muzagenda mubona uko iminsi iza”.</p>
<div class='spip_document_147304 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="31" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abahanzi_2.jpg' width="700" height="466" alt="Impanga ziri kumwe na Muyango" title="Impanga ziri kumwe na Muyango" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Impanga ziri kumwe na Muyango</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuri ubu Ange na Pamela bamaze gukora indirimbo enye zabo bwite harimo iyitwa Gwera, Impundu zanjye bakoranye na Kayirebwa, Rusengo ndetse na Ndamurika.</p>
<div class='spip_document_147305 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="60" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abahanzi_3.jpg' width="700" height="933" alt="Ange na Pamela barashimira ababafashije kuzamuka mu muziki" title="Ange na Pamela barashimira ababafashije kuzamuka mu muziki" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ange na Pamela barashimira ababafashije kuzamuka mu muziki</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/abahanzi-8.jpg"
				length="133040"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abazegukana irushanwa &#8216;The Next Popstar' bazamenyekana mu kwezi gutaha</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abazegukana-irushanwa-the-next-popstar-bazamenyekana-mu-kwezi-gutaha</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abazegukana-irushanwa-the-next-popstar-bazamenyekana-mu-kwezi-gutaha</guid>

		<dc:date>2021-02-21T19:27:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’igihe gisaga ukwezi irushanwa The Next Pop Star risubitswe mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda icyorezo cya Covid-19, iryo rushanwa ryongeye gusubukurwa, mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abazegukana irushanwa ‘The Next Popstar’ bazamenyekana mu kwezi gutaha</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147235 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="151" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/popstar.jpg' width="700" height="700" alt="Hejuru kuva ibumoso, Gisa Cy'Inganzo, Hirwa Irakoze Honorine na Ish Kevin. Hasi kuva ibumoso, Cyiza Jackson, Jasmine Kibatega na Yannick Gashiramanga" title="Hejuru kuva ibumoso, Gisa Cy'Inganzo, Hirwa Irakoze Honorine na Ish Kevin. Hasi kuva ibumoso, Cyiza Jackson, Jasmine Kibatega na Yannick Gashiramanga" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Hejuru kuva ibumoso, Gisa Cy&#8217;Inganzo, Hirwa Irakoze Honorine na Ish Kevin. Hasi kuva ibumoso, Cyiza Jackson, Jasmine Kibatega na Yannick Gashiramanga</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abahanzi bose uko ari batandatu basigaye muri iryo rusanwa batangiye imyiteguro, ku Cyumweru tariki 21 Gashyantare 2021, ni bwo bongeye kwiyereka Abanyarwanda kugira ngo batangire kubatora.</p>
<p>Abo bahanzi ni Cyiza Jackson, Gisa Cy’Inganzo, Yannik Gashiramanga, Ish Kevin, Hirwa Irakoze Honorine na Jasmine Kibatega.</p>
<p>Umuyobozi mukuru wa Network Showbiz (NSB), imwe muri Kompanyi zateguye iryo rushanwa, Hemdee David, yihanganishije abo bahanzi ku mpinduka zatewe na Covid-19, abasaba gukomeza imyiteguro.</p>
<p>Yagize ati “Mfashe uyu mwanya ngo mbwire abari mu irushanwa ko turi kumwe. Ndabizi ko bitewe na Covid-19 tutashoboye gukora ibikorwa byose uko byari biteganyijwe. Ntimucike intege, mukomeze muririmbe, mwitegure bihagije kuko igikorwa cyo gusoza irushanwa kiri hafi”.</p>
<p>Yongeyeho ko “abazatsinda bazajya muri Amerika bakorane n’abantu bakomeye mu muziki”.</p>
<p>Tariki 14 Werurwe 2021 ni bwo hateganjijwe igitaramo ‘Live performance’ cyo gutoranyamo abahanzi babiri ba mbere bazegukana ibihembo, ni igitaramo kizaca ‘live’ kuri KC2.</p>
<p>Biteganyijwe ko umuhanzi wa mbere azegukana ibihembo bifite agaciro ka milioni 50 z’Amafaranga y’u Rwanda (Rwf50M) mu gihe uwa kabiri we Sosiyete ya SM1 MUSIC GROUP/ SONY MUSIC GROUP izamufasha kumenyekanisha ibihangano bye ku rwego mpuzamahanga.</p>
<p>Abo bahanzi bombi kandi bazakorera urugendo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho bazishyurirwa ibyangombwa byose, birimo amafaranga y’urugendo, aho kuba n’ibizabatunga mu gihe cyose bazahamarayo.</p>
<p>The Next Pop Star ni irushanwa rigamije kuzamura abahanzi nyarwanda bakagera ku rwego mpuzamahanga, ryateguwe na sosiyete mpuzamahanga zinyuranye zihagarariwe mu Rwanda na kompanyi itegura ibitaramo yitwa More Events.</p>
<div class='spip_document_147236 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pop_2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/popstar.jpg"
				length="168313"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ni iki ubushakashatsi buvuga ku byo twibwira ku bitotsi?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ni-iki-ubushakashatsi-buvuga-ku-byo-twibwira-ku-bitotsi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ni-iki-ubushakashatsi-buvuga-ku-byo-twibwira-ku-bitotsi</guid>

		<dc:date>2021-02-19T09:11:03Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ni byinshi twibwira ko bidufasha kuryama neza ndetse iyo tutabikoze dushobora kubyukana amavunane, harimo gukora siporo cyangwa se kuryamira isaha imwe buri munsi, abashakashatsi bagira ibyo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ni iki ubushakashatsi buvuga ku byo twibwira ku bitotsi?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147100 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="58" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ibitotsi.jpg' width="678" height="381" alt="Ni iki ubushakashatsi buvuga ku byo twibwira ku bitotsi?" title="Ni iki ubushakashatsi buvuga ku byo twibwira ku bitotsi?" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ni iki ubushakashatsi buvuga ku byo twibwira ku bitotsi?</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ellen Smets, umuganga w’inzobere mu mitere ya muntu asobanura ko ibyo twibwira byose ataba ari ukuri kuzuye, kandi hari na byinshi biba atari byo iyo umuntu atekereje kuryama. Burya icy’ingenzi umuntu agomba kuzirikana ngo ni uko umubiri ukenera kuruhuka igihe runaka kugira ngo ubashe kongera gukora neza.</p>
<p><strong>Uko Ellen asobanura ibyo twibwira</strong></p>
<p><strong>Abantu baryama bihagije bafite amahirwe yo kutaremba iyo banduye covid-19</strong></p>
<p>Ni byo: Iyo uryama igihe gihagije ukaruhuka bifasha guha imbaraga ubwirinzi bw’umubiri, ibyo bituma umubiri wawe ubasha kurwanya ‘virusi na bacteries’ ku rwego ruri hejuru. Iyo umuntu arwaye ibicurane cyangwa se izindi ndwara z’ubuhumekero ari gufata imiti, akaryama amasaha umunani akira vuba kurusha uryama amasaha ari munsi y’atandatu.</p>
<p><strong>Ntiwagaruza igihe cyo kuryama watakaje</strong></p>
<p>Ni byo: Ideni ry’ibitotsi ni ikintu udashobora kugaruza. Nimba waryamye nabi/utinze ijoro rimwe, haba hari amahirwe menshi ko umunsi ukurikiraho uba uri buryame mbere kandi unaniwe cyane, gusa ntibikugarurira amasaha watakaje.</p>
<p><strong>Nimba ubuze ibitotsi ujye ukora siporo isaha imwe biraza</strong></p>
<p>Si byo: Abantu benshi bibwira ko imyitozo ngororamubiri ibafasha kuruhuka, uko kuruhuka ntabwo ari mu mutwe. Iyo ukora siporo umubiri usohora imisemburo ya ‘adrenaline’ na ‘cortisol’ ituma umubiri uguma ukora, icyiza ni uko nimba ugiye gukora siporo wayikora amasaha nibura abiri mbere yo kuryama.</p>
<p><strong>Kuryama amasaha atanu mu ijoro arahagije</strong></p>
<p>Si byo: Ibyo bishobora guhinduka bitewe n’umubiri w’umuntu, ariko iyo umuntu aryamye amasaha munsi y’ane aba ari kurushya umubiri bikagorana kugira ngo ubashe gukora umunsi ukurikira.</p>
<p><strong>Ibyo urya byakubuza gusinzira cyangwa bikagufasha gusinzira neza</strong></p>
<p>Ni byo: Kuryama ushonje cyangwa se uhaze cyane bishobora gutuma uryama nabi, yewe n’ibyo urya ni ingenzi. Urugero imineke n’amata bigira ibinyabutabire bya ‘tryptophane’ bigera mu mubiri bigakora ‘melatonine’, umusembura utuma ushaka kuryama. Ni byiza gufata umwanya wo kurya kuko iyo uriye wihuta bishobora gutera ikibazo mu igogora.</p>
<p><strong>Kubura ibitotsi si uburwayi</strong></p>
<p>Si byo: Umubiri w’umuntu ushobora kumara iminsi itatu utanywa amazi ukabaho, ariko umaze iminsi itatu utaryama ntiwabasha gukora. Nimba ufite ikibazo cyo kutaryama ngo usinzire neza ni ngombwa kujya kwa muganga gushaka ubufasha ukamenya impamvu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ibitotsi.jpg"
				length="62943"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Clarisse Karasira n'umukunzi we basezeranye imbere y'amategeko</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/clarisse-karasira-n-umukunzi-we-basezeranye-imbere-y-amategeko</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/clarisse-karasira-n-umukunzi-we-basezeranye-imbere-y-amategeko</guid>

		<dc:date>2021-02-19T08:24:54Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzikazi Clarisse Karasira n’umukunzi we witwa Ifashabayo Sylvain Dejoie basezeranye imbere y’amategeko, uyu muhango ukaba wabereye mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo tariki 18&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Clarisse Karasira n&#8217;umukunzi we basezeranye imbere y’amategeko</h1>

			

			

			<div class='spip_document_147095 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira-4.jpg' width="700" height="560" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aba bombi basezeranye imbere y&#8217;amategeko nyuma y&#8217;iminsi mike yari ishize Ifashabayo asabye Karasira kumubera umugore, maze na we akabyemera atazuyaje nk&#8217;uko babigaragaje babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.</p>
<p>Nyuma yo gusezerana imbere y&#8217;amategeko, nabwo bongeye kubigaragariza rubanda babinyujije ku mbuga nkoranyambaga</p>
<div class='spip_document_147096 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira_1.jpg' width="700" height="559" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Clarisse Karasira kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gashyantare 2021, yanditseho ubutumwa agira ati “Gukundwa no gukunda ni umugisha udasanzwe mu buzima. Ndanezerewe cyane ko ejo nasezeranye kubana akaramata n&#8217;umwami w&#8217;umutima wanjye Dejoie. U Rwanda ni rweme rwandereye ubasumbya ubutware.”</p>
<p>Mu kumusubiza, Ifashabayo Dejoie na we yagize ati “Ndagukunda mwamikazi w&#8217;umutima wanjye. Gusezerana kubana nawe akaramata ni cyo kintu gihambaye cyane numva ngezeho mu buzima. Nzagukunda iteka mwamikazi.”</p>
<div class='spip_document_147097 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira_4.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_147098 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira_3.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_147099 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira_2.jpg' width="700" height="1050" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clarisse_karasira_2.jpg"
				length="265833"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Aba ni bo bagize Akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2021</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/Aba-ni-bo-bagize-Akanama-nkemurampaka-muri-Miss-Rwanda-2021</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/Aba-ni-bo-bagize-Akanama-nkemurampaka-muri-Miss-Rwanda-2021</guid>

		<dc:date>2021-02-16T15:44:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imyidagaduro
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ako kanama kagizwe n’abashinzwe gufata imyanzuro yemerera abakobwa kuva mu cyiciro kimwe bajya mu kindi, kuva mu majonjora kugera ku munsi wa nyuma (finale).
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Aba ni bo bagize Akanama nkemurampaka muri Miss Rwanda 2021</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146975 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="54" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021.jpg' width="680" height="680" alt="Akanama nkemurampaka ka Miss Rwanda 2021 kagaragajwe" title="Akanama nkemurampaka ka Miss Rwanda 2021 kagaragajwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Akanama nkemurampaka ka Miss Rwanda 2021 kagaragajwe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuri ubu itsinda ritegura Miss Rwanda rya ‘Inspiration Backup’ ryatangaje akanama nkemurampaka, kagizwe n’abantu batanu barimo Miss Jolly Umutesi wabaye Miss Rwanda 2016.</p>
<p>Harimo kandi Maria Yohana Mukankuranga uririrmba indirimbo za gakondo. Ni umwe mu bagize aka kanama, akaba kandi yari ari no mu majojonjora ya Miss Rwanda 2020 y’ibanze.</p>
<p>Undi ni Emma Claudine uzwi mu biganiro bivuga ku buzima bw’imyororokere y’abangavu mu myaka 15 ishize. Yatangiriye mu kiganiro “Imenye Nawe” kuri Radio Salus muri 2005, aza guhindura akora icyitwa “Baza Shangazi” akorana n’ikinyamakuru Ni Nyampinga.</p>
<p>Michèle Iradukunda ni umunyamakuru ubimazemo imyaka 8, na we ubwe yagiye mu marushanwa menshi y’ubwiza atandukanye akiri umunyeshuri ndetse no ku rwego rw’igihugu.</p>
<p>Umushya muri ako kanama ni Pamela Mudakikwa, akaba umuhanga mu itumanaho, akazi akoze imyaka irenga 10. Bimwe mu byo azwiho ni uburyo ayobora ibiganiro haba ibivuga ku buzima bw’umuryango ndetse n’iterambere rya muntu.</p>
<p>Undi ni Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly. Asanzwe agaragara muri ako kanama abakobwa benshi bakavuga ko bamutinya kubera ibibazo bikomeye abaza, na we akaba azagaruka muri Miss Rwanda 2021.</p>
<p>Miss Rwanda 2021 irimo kuba mu buryo butandukanye n’ubusanzwe, aho abakobwa bajyaga aho amajonjora abera bagatoranywa. Ubu abakobwa bifata amashusho bavuga bakohereza ubundi bagatoranywamo nta guhura kugira ngo hakurikizwe amabwiriza yo kwirinda Covid-19.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_2021.jpg"
				length="103838"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umugore w'umwirabura wa mbere yatorewe kuyobora umuryango mpuzamahanga w'ubucuruzi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umugore-w-umwirabura-wa-mbere-yatorewe-kuyobora-umuryango-mpuzamahanga-w-ubucuruzi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umugore-w-umwirabura-wa-mbere-yatorewe-kuyobora-umuryango-mpuzamahanga-w-ubucuruzi</guid>

		<dc:date>2021-02-16T05:59:47Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ngozi Okonjo Iweala ukomoka muri Nigeria wahoze ari Minisitiri w’imari ni we mugore wa mbere w’umunyafrika ugiye kuyobora uyu muryango mu mateka yawo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umugore w’umwirabura wa mbere yatorewe kuyobora umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146937 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/okonjo.jpg' width="700" height="350" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uyu mwanzuro wafashwe mu nama idasanzwe yahuje ubuyobozi bw’uwo muryango mpuzamahanga ushinzwe ubucuruzi (WTO).</p>
<p>Dr Okonjo Iweala afite ubwenegihugu bw’abanyamerika kandi yabaye umuyobozi mukuru wa Banki y’Isi.</p>
<p>Si ubwa mbere uyu mugore akoze amateka. Nyuma yo kubona impamyabumenyi y’ikirenga mu 1976 muri Kaminuza ya MIT (Massachusetts Institute of Technology) muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, yaratashye ayobora Minisiteri y’imari n’iy’ububanyi n’amahanga.</p>
<p>Ni we mugore wa mbere kandi wayoboye Banki Nkuru y’Isi aho yamaze imyaka 25.</p>
<p>Mu byo yavuze azitaho harimo gushyira umugore ku isonga. Yagize ati “Ni ngombwa ko umugore ashyirwa imbere mu bucuruzi mpuzamahanga cyane cyane mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere aho ubucuruzi bukorwa n’abagore bugomba gushyirwa mu mirimo yanditse (formal sectors).”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ngozi_okonjo-iweala_1.jpg"
				length="125876"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi Zilha yamuritse Album yise &#8220;Inkotanyi cyane&#8221;</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Umuhanzi-Zilha-yamuritse-Album-yise-Inkotanyi-cyane</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Umuhanzi-Zilha-yamuritse-Album-yise-Inkotanyi-cyane</guid>

		<dc:date>2021-02-14T11:12:41Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Album y’umuhanzi Icyizere Ismael ukoresha izina rya Zilha mu muziki, iriho indirimbo zirimo iyitwa Kagame Money, Inkotanyi Cyane, Twubahwe n’izindi. Zilha yasobanuye impamvu yayise Inkotanyi cyane&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Zilha yamuritse Album yise “Inkotanyi cyane”</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146859 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="41" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zilha_inkotanyi_cyane.jpg' width="700" height="864" alt="Umuhanzi Icyizere Ismael azwi nka Zilha" title="Umuhanzi Icyizere Ismael azwi nka Zilha" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuhanzi Icyizere Ismael azwi nka Zilha</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyi Album ya kabiri y’umuhanzi Zilha mu njyana ya Hip hop yasobanuye ko impamvu y’iryo zina ari ukubera umutima inkotanyi zagize zibohora igihugu. Ati “Amateka y’Inkotanyi zabohoye igihugu yankoze ku mutima atuma iyi Album nyibitirira.”</p>
<p>Zilha avuga ko ubutumwa buri muri iyi Album ari ubwo kongera guha agaciro abahanzi bakora injyana ya Hip Hop ko atari abantu bakoresha ibiyobyabwenge gusa ahubwo ari abahanga kandi iyi njyana ikwiye guhabwa agaciro. Ati “Nko mu ndirimbo yitwa “Twubahwe” mvugamo amazina ya bamwe mu bakora iyi njyana ko bakwiriye kubahwa kubera akazi bakora katoroshye.”</p>
<p>Ku ndirimbo “Kagame Money” yavuze ko ari amafaranga y’Amanyarwanda. Ati “Nk’uko wumva bavuga cash money cyangwa se dollar nanjye nashatse kuvugamo amafaranga y’iwacu. Impamvu harimo izina rya Perezida ni uko aho u Rwanda ruri uyu munsi rubikesha byinshi mu bikorwa bye.”</p>
<p>Zilha yamenyekanye mu marushanwa ya ArtRwanda Ubuhanzi. Avuga ko ubu urubyiruko rutagomba gutegereza ko hari ababaha amafaranga ahubwo bagomba kwikorera bakibonera ibisubizo kuko ari kimwe mu bizabahesha icyubahiro.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zilha_1.jpg"
				length="34362"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Butera Knowless agira inama urubyiruko yo kwishimisha ariko ntibarenze urugero.</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/butera-knowless-agira-inama-urubyiruko-yo-kwishimisha-ariko-ntibarenze-urugero</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/butera-knowless-agira-inama-urubyiruko-yo-kwishimisha-ariko-ntibarenze-urugero</guid>

		<dc:date>2021-02-11T09:08:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu ndirimbo ye nshya yise ‘Papa’, Knowless abwira umusore wateye inda umukobwa batabiteganyije ko ubuzima buhindutse, akagira inama urubyiruko yo kwishimisha ariko batekereza ku ngaruka byagira ku&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Butera Knowless agira inama urubyiruko yo kwishimisha ariko ntibarenze urugero.</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146725 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="26" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muzika.jpg' width="700" height="725" alt="Umuhanzi Butera Knowless" title="Umuhanzi Butera Knowless" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuhanzi Butera Knowless</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ikibazo cy’abana baterwa inda zitateganyijwe kigenda cyiyongera hirya no hino mu gihugu, icyo kikaba ari ikibazo kiremerera cyane abana b’abakobwa kuko ari bo batwara inda, ariko no ku basore baba bazibateye nabo inshingano ziriyongera.</p>
<p>Knowless muri iyo ndirimbo abwira abasore bateye inda abakobwa ko nubwo batabyiteguye ubuzima buba bugiye guhinduka, umusore akaba umubyeyi nubwo nawe yari akiri umwana urerwa n’ababyeyi.</p>
<p>Mu kiganiro Dunda cya KT Radio cyo ku wa 10 Gashyantare 2021, Butera yavuze ko urubyiruko rwagakwiriye gutekereza ku ngaruka z’ibyo rukora mbere yuko ziba.</p>
<p>Yagize ati “Iyi ndirimbo nayanditse ndi gutekereza kuri iki kibazo cy’abana baterwa inda ariko bakaziterwa na bagenzi babo bakiri bato. Nyuma yaho ubuzima burahinduka nta uba akiri umwana kuko aba arera undi mwana, nsanga rero inama nagira abakiri bato ari ukureba ingaruka ziri imbere ntibishimishe nkaho badatekereza ku buzima buzakurikiraho”.</p>
<p>Knowless yavuze ko afite gahunda yo gusohora umuzingo w’indirimbo (album) muri Kamena uyu mwaka, iyo ikaba ari gahunda yari afite yagombaga gukora muri 2020 ikaza gukomwa mu nkokora na Covid-19, kuko yagombaga gusohora albums 2 yizihiza imyaka 10 amaze mu muziki.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muzika.jpg"
				length="173251"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umunyarwanda Buravan na Dream Boyz bo muri Angola basubiyemo indirimbo TOTE </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Umunyarwanda-Buravan-na-Dream-Boyz-bo-muri-Angola-basubiyemo-indirimbo-TOTE</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Umunyarwanda-Buravan-na-Dream-Boyz-bo-muri-Angola-basubiyemo-indirimbo-TOTE</guid>

		<dc:date>2021-02-10T20:19:53Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi wo mu Rwanda Yvan Buravan yasohoye indirimbo zitandukanye mu gihe kimwe harimo iyo ari kumwe na Dream Boyz bo muri Angola, indi ari kumwe na Gaz Mawete wo muri Repubulika Iharanira&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umunyarwanda Buravan na Dream Boyz bo muri Angola basubiyemo indirimbo TOTE </h1>

			

			

			<div class='spip_document_146715 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dream_boyz_tote_buravan.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Izi ndirimbo Buravan yazishyiriye hanze icyarimwe akaba azazikurikiza iziri kuri Album ye nshya.</p>
<p>Indirimbo Buravan yakoranye na Gaz Mawete bayise “Tulale”, iyitwa Si Belle yasubiyemo ari kumwe na A Pass wo muri Uganda ndetse yakoranye n’itsinda rya Dream Boyz ryo muri Angola basubiramo indirimbo yaryo yakunzwe cyane yitwa “Toté”.</p>
<p>Inzu ifasha abahanzi ya New Level Buravan akoreramo yahisemo kubanza gushyira hanze izi ndirimbo uko ari eshatu ari kumwe n’aba bahanzi mpuzamahanga mbere yuko bashyira hanze iziri kuri album ye nshya.</p>
<p>Mu mwaka ushize wa 2020 Burabyo Yvan wamamaye nka Buravan yagombaga gukora igitaramo kimurika Album ye ya kabiri ikurikura iya mbere yise “Love”. Cyaje gusubikwa kubera icyorezo cya Covid-19.</p>
<p>Mu gushyira hanze izi ndirimbo Buravan abicishije mu itangazamakuru, yavuze ko yiteguye gutaramira abakunzi be igihe cyose ibitaramo bizasubukurwa.</p>
<p><strong>Reba hano indirimbo TOTE umuhanzi Buravan yasubiranyemo na Dream Boyz</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/G0VukWRzfPw" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dream_boyz_tote_buravan.jpg"
				length="71543"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Intore Massamba, Butera Knowless n'ibindi byamamare bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/intore-massamba-butera-knowless-n-ibindi-byamamare-bamaganye-abapfobya-jenoside-yakorewe-abatutsi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/intore-massamba-butera-knowless-n-ibindi-byamamare-bamaganye-abapfobya-jenoside-yakorewe-abatutsi</guid>

		<dc:date>2021-02-09T19:20:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Idamange
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abahanzi n’abandi batandukanye bakomeje gutanga ubutumwa bwamagana abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni nyuma y’aho uwitwa Idamange anyujije ubutumwa kuri YouTube avuga ko Leta ikoresha&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Intore Massamba, Butera Knowless n’ibindi byamamare bamaganye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146673 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/never-again-genocide.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) n’indi miryango itandukanye irwanya Jenoside yavuze kuri uyu mugore uvuga ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyo ariko bikaba bitamuha uburenganzira bwo kuyipfobya, nk’uko Dr Bizimana Jean Damascene, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG yabivuze.</p>
<p>Si iyo miryango gusa yahagurukiye kwamagana ubutumwa nk’ubwo buvuga ko Leta ikoresha Jenoside yakorewe Abatutsi mu bucuruzi.<br class='autobr' />
Umuhanzi Massamba Intore yanditse ubutumwa bugira buti “igihugu cyacu cyarababaye kubera Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntituzihanganira na rimwe uwo ari we wese upfobya agatesha agaciro amateka ya Jenoside agamije indonke, icyo yaba yitwaje cyose. Ntituzabyemera!”</p>
<p>Butera Knowless  na we yagize ati “Gufata imibiri y’abacu bishwe ukayibonamo ubucuruzi ugatinyuka kubivugira mu ruhame ntibibabaje gusa ahubwo ni ukwigaragaza nk’aho utari uwacitse ku icumu rya Jenoside. Twamaganye imyumvire nk’iyo.”</p>
<p>Jules Sentore na we yagize ati “Uhakana agapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, agatesha agaciro amateka yayiranze uwo ni umubisha, ni umugome ukwiye guhanwa n’itegeko. Twamaganye mwene abo n’ababashyigikiye bose turabiyamye.”</p>
<p>Si abahanzi gusa, ahubwo n’abanyamakuru batandukanye bagiye bandika ubutumwa bugamije kwamagana abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.  Umunyamakuru Sandrine Isheja yagize ati “Utazi iyo ava ntamenya iyo ajya. Babyeyi ku bw’inyungu z’u Rwanda rw’ejo nimureke tubwize abana ukuri. Twirinde guhisha ndetse no kurwanya twivuye inyuma abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’abagoreka amateka.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/never-again-genocide.jpg"
				length="136561"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mike Kayihura yasohoye indirimbo nshya nyuma ya &#8216;Prix d&#233;couvertes RFI'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mike-kayihura-yasohoye-indirimbo-nshya-nyuma-ya-prix-decouvertes-rfi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mike-kayihura-yasohoye-indirimbo-nshya-nyuma-ya-prix-decouvertes-rfi</guid>

		<dc:date>2021-02-07T12:25:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umunyarwanda Mike Kayihura wahataniye igihembo cya Prix découvertes RFI 2020, ariko amahirwe ntiyamusekera ngo acyegukane, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Jaribu’ ivuga ku bihe bikomeye isi irimo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mike Kayihura yasohoye indirimbo nshya nyuma ya ‘Prix découvertes RFI’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146548 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="48" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/muzika_3.jpg' width="700" height="611" alt="Mike Kayihura yasohoye indirimbo yise 'Jaribu'" title="Mike Kayihura yasohoye indirimbo yise 'Jaribu'" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mike Kayihura yasohoye indirimbo yise &#8217;Jaribu&#8217;</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nyuma ya Sabrina, indirimbo Kayihura yakoranye na Kivumbi yakunzwe cyane yaje kujya mu irushanwa rya Prix décovertes RFI, Kayihura yakoze indirimbo ivuga ku bihe bigoye abantu barimu.</p>
<p>Iyo ndirimbo yakorewe amajwi na producer Madebeat, amashusho agakorwa na Girishya Serge, ni yo Kayikura yashyize hanze mu muzingo w’indirimbo (Extended Play List) arimo gukora. Uwo muzindo witwa “Zuba”, uzaba uriho indirimbo umunani (8) yiteguye gusohora muri uyu mwaka wa 2021.</p>
<p>Kayihura mu kiganiro n’itangazamakuru, yavuze ko yishimira gukorana n’itsinda ry’abamufasha gukora umuziki, kurusha uko yakorana n’inzu zikora umuziki (record label).</p>
<p>Kalisa Darius uharanira inyungu za Kayihura, avuga ko ibyo bifasha umuhanzi kumva ko ari we nyir’ibihangano.</p>
<p>Ati “Usibye kuba inzu zitunganya umuziki zigira byinshi zisaba, ariko iyo umuhanzi akorana n’itsinda rye, icyo gihe umuhanzi aba afite uburenganzira 100% ku bihangano bye”.<br class='autobr' />
Muri Prix de la découvertes RFI 2020, Kayihura yari yageze mu bahanzi 10 bari basigaye bahatanira icyo gihembo ari na ho yaviriyemo.</p>
<div class='spip_document_146547 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kayihura.jpg' width="700" height="709" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kayihura.jpg"
				length="137599"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abahanzi basusurukije abarebye Igitaramo gisingiza Intwari (Amafoto)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/Abahanzi-basusurukije-abarebye-Igitaramo-gisingiza-Intwari-Amafoto</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/Abahanzi-basusurukije-abarebye-Igitaramo-gisingiza-Intwari-Amafoto</guid>

		<dc:date>2021-02-02T06:35:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Tariki 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi wi’intwari z’Igihugu. Kuri iyi nshuro hateguwe igitaramo gisingiza Intwari ariko kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, abantu bagikurikiye kuri&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abahanzi basusurukije abarebye Igitaramo gisingiza Intwari (Amafoto)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146272 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_1_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu kwizihiza intwari z’igihugu iragira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”</p>
<p>Abahanzi muri iki gitaramo bagaragaje impano zitandukanye barimo Itorero ry’Igihugu Urukerereza, Peace Jolis, Alyn Sano, King James na Army Jazz Band.</p>
<p>Urukerereza rwakinnye umukino ushima Intwari mu mbyino z’imuco mu ngeri zose guhera ku bami, Imanzi, Imena n’Ingenzi.</p>
<div class='spip_document_146295 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_3_.jpg' width="700" height="414" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146296 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_4_.jpg' width="700" height="980" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146294 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_6_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146290 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_5_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146275 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_7_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146274 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_8_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146273 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_2_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bakurikiranye na Peace Jolis wasubiyemo indirimbo ze ndetse n&#8217;iyo yakoranye na DJ Miller witabye Imana yitwa “Belle” amwibuka.</p>
<div class='spip_document_146276 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_15_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146277 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_16_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nyuma ye haje Alyn Sano waririmbye indirimbo yahimbiye uyu munsi w’Intwari yise “Ubutwari” ari kumwe n’itsinda rya Symphony band.</p>
<div class='spip_document_146278 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_12_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146279 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_11_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146280 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_10_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>King James yaje gusubiramo indirimbo ze za kera ziganjemo iz’urukundo. Inyinshi yakoze mu gihe cyashize zifite injyana ituje n&#8217;izo aherutse gukora ubu.</p>
<div class='spip_document_146281 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_14_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146282 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_13_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abaje gusoza igitaramo ni itsinda rya gisirikare Army Jazz Band mu myenda ya gisirikare, bavuga ubutwari bw’abasirikare, Fred Gisa Rwigema, Kayitare n’abandi baguye ku rugamba rwo kubohora igihugu.</p>
<div class='spip_document_146286 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/army_jazz_band_1_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146287 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/army_jazz_band_2_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146288 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/army_jazz_band_3_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146289 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/army_jazz_band_4_.jpg' width="700" height="1048" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146283 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_17_.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_146297 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="214" data-legende-lenx="xxx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/intwari_rwanda_9_.jpg' width="700" height="745" alt="Minisitiri w'urubyiruko n'umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z'u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z'ubutwari" title="Minisitiri w'urubyiruko n'umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z'u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z'ubutwari" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Minisitiri w&#8217;urubyiruko n&#8217;umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z’u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z’ubutwari</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p><strong>Amafoto: EAP</strong></p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/army_jazz_band_2_.jpg"
				length="106933"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya uko wakwita ku mitako wambara</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/menya-uko-wakwita-ku-mitako-wambara</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/menya-uko-wakwita-ku-mitako-wambara</guid>

		<dc:date>2021-01-30T08:07:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nk’uko umubiri ugirirwa isuku ni kimwe n’uko ibiwujyaho byose byo kuwutaka bigomba kwitabwaho kugira ngo bidateza uburwayi cyangwa ibindi bibazo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya uko wakwita ku mitako wambara</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146111 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="37" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/yyyyyyyf.jpg' width="500" height="500" alt="Menya uko wakwita mu mitako wambara" title="Menya uko wakwita mu mitako wambara" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Menya uko wakwita mu mitako wambara</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nk’uko umubiri ugirirwa isuku ni kimwe n’uko ibiwujyaho byose byo kuwutaka bigomba kwitabwaho kugira ngo bidateza uburwayi cyangwa ibindi bibazo.</p>
<p>Akenshi ibyitabwaho mu isuku yo ku mubiri ni umubiri ubwawo n’imyenda, ariko ibindi umuntu yambara ntabyiteho cyane, nyamara yaba isaha, umukufi, amaherena n’inindi na byo bikenera isuku yihariye kuko bijya ku mubiri.</p>
<p>Hari uburyo bwinshi bwo kwita ku byo wambara nko kuba utagomba kubihoza ku mubiri, kuko nyuma y’igihe runaka birangirika cyangwa se bigatera ikibazo uruhu rwawe.</p>
<div class='spip_document_146113 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kkkkkk-5.jpg' width="640" height="640" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubu ni bumwe mu buryo wakwita ku mitako ushyira ku ruhu rwawe kugira ngo ihore imeze neza kandi irambe.</p>
<p><strong>1.	Kuyirinda ibinyabutabire birimo isabune</strong></p>
<p>Ku ruhu isabune ifasha kugira isuku ariko kuri iyo mitako (jewellery) akenshi usanga bikoze mu byuma butandukanye, hari ibyo isabune yica. Natasha Mulder ukora imikufi mu mabuye y’agaciro avuga ko biba byiza iyo ugiye gukaraba ukoresheje isabune, wabanza gukurano impeta n’ibindi mu rwego rwo kubirinda,</p>
<p><strong>2.	 Kurinda imitako izuba</strong></p>
<p>Izuba ryinshi ryangiza uruhu nk’uko ryangiza imitako yawe. Rishobora gutuma amabuye y’agaciro ayigize ahindura ibara cyangwe akangirika mbere y’igihe. Uburyo bwiza bwo kubirinda ni ukubibika ahantu hatagera iziba nko mu gasanduku gafungika katageraho izuba mu gihe utayambaye.</p>
<p><strong>3.	Guhanagura n’agatambaro gafite isuku</strong></p>
<p>Guhanagura imitako wambara buri uko ubishoboye bituma iguma ibengerana, isa neza by’igihe kinini. Guhanaguza agatambaro gasa neza ni byiza ariko mu gihe bishobotse wayijyana aho bayihanagura uko byabugenewe nk’aho bayigurishiriza (bijouterie).</p>
<p>Udutambaro tw’isuku dukoze mu bipapuro, Natasha Mulder avuga ko twangiza iyo mitako ahubwo ngo ibyaba byiza ni ugukoresha agatamboro kariho ‘alcohol’ na none ukirinda isabune y’amazi.</p>
<p><strong>4.	Kwita ku bubiko</strong></p>
<p>Burya si byiza gukuramo isaha, umukufi, amaherena cyangwa se impeta ugahita ushyira hejuru y’akabati cyangwa se ahandi utabyitayeho. Iyo bituma byangirika cyangwa se hakazaho imirongo (scratches) cyane cyane ku mabuye y’agaciro.</p>
<div class='spip_document_146114 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="52" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hhhhhhhh.jpg' width="636" height="358" alt="Uko wabika neza imitako yawe kugira ngo itangirika" title="Uko wabika neza imitako yawe kugira ngo itangirika" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Uko wabika neza imitako yawe kugira ngo itangirika</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku maherena iyo ari mato kandi menshi ashobora kubura byoroshye, ibyiza ku isaha wayishyira mu ikarito yaguriwemo, imikufi ikamanikwa naho amaherena ukayashyira mu kabati kayo yonyine.</p>
<div class='spip_document_146112 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tttt-3.jpg' width="468" height="468" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<div class='spip_document_146115 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="38" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gtgtg.jpg' width="700" height="459" alt="Hari imitako igomba kurindwa isabune" title="Hari imitako igomba kurindwa isabune" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Hari imitako igomba kurindwa isabune</strong></div></div>
</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gtgtg.jpg"
				length="122262"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Cicely Tyson wamamaye mu gukina amafilime yapfuye ku myaka 96</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/cicely-tyson-wamamaye-mu-gukina-amafilime-yapfuye-ku-myaka-96</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/cicely-tyson-wamamaye-mu-gukina-amafilime-yapfuye-ku-myaka-96</guid>

		<dc:date>2021-01-29T12:26:15Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Hanze
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umwe mu bagore b’abirabura waciriye inzira abandi bakinnyi ba filime b’abirabura muri America, Cicely Tyson, yapfuye mu ijoro ryo ku wa kane tariki 28 Mutarama 2021.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Cicely Tyson wamamaye mu gukina amafilime yapfuye ku myaka 96</h1>

			

			

			<div class='spip_document_146092 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="57" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cccccc-3.jpg' width="700" height="393" alt="Cicely Tyson wamamaye mu gukina amafilime yitabye Imana" title="Cicely Tyson wamamaye mu gukina amafilime yitabye Imana" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Cicely Tyson wamamaye mu gukina amafilime yitabye Imana</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Muri film nyinshi yagiye agaragaramo yakunze gukina yerekana ubuzima bw’abagore b’abirabura uko babayeho mu bice bitandukanye, yaba ari ababyeyi cyangwa impirimbanyi z’uburenganzira bw’abirabura, akaba yarerekanaga n’imideli itandukanye.</p>
<p>Nta mpamvu y’icyamuhitanye yatangajwe, kuko Larry Thompson ureberera inyungu za nyakwigendera wanatanze amakuru y’urupfu rwe yabisobanuyeho.</p>
<p>Tyson yatsindiye ibihembo bibiri bya Emmys muri filime yakinnye zivuga ku guharanira uburenganzira mu 1974 yitwa ‘Autobiography of Miss Jane Pittman’. Niwe mwiraburakazi wa mbere wakinnye muri filime z’uruhererekane (serie) yitwa ‘Eastside/West side’ muri za 1960.</p>
<p>Mu guhabwa umudari w’ishimwe utangwa n’umukuru w’igihugu ‘Presidential Medal of Freedom’ muri 2016, uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Barrack Obama, yavuze ko usibye kuba Cicely yari umukinnyi mwiza wa film yanahinduye amateka.</p>
<div class='spip_document_146093 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="75" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ooooob.jpg' width="700" height="393" alt="Aha Perezida Obama yambikaga umudari w'ishimwe Cicely kubera ibikorwa bye" title="Aha Perezida Obama yambikaga umudari w'ishimwe Cicely kubera ibikorwa bye" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Aha Perezida Obama yambikaga umudari w&#8217;ishimwe Cicely kubera ibikorwa bye</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Cicely Tyson yagiye yanga gukina filime zahabwaga umugore w’umwirabura zitagaragaza ubuzima nyakuri, ahubwo akagaragara mu zivuga umugore ukomeye mu ntekerezo, ubuzima bwiza kandi zivuga ukuri.</p>
<p>Avuga ku buzima bwa Cicely, Oprah Winfrey yagize ati “Yakoresheje umwanya yari afite agaragaza ubumuntu bw’abirabura kandi ntiyigeze ateshuka ku ntego yihaye. Aho yakinnye hose yerekanaga indangagaciro zikwiye”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cccccc-3.jpg"
				length="80792"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Imbuga nkoranyambaga zitwubake aho kudusenya &#8211; Miss Mutesi Jolly </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/imbuga-nkoranyambaga-zitwubake-aho-kudusenya-miss-mutesi-jolly</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/imbuga-nkoranyambaga-zitwubake-aho-kudusenya-miss-mutesi-jolly</guid>

		<dc:date>2021-01-28T10:25:38Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Miss Rwanda 2016, Mutesi Jolly, ni umwe muri ba Nyampinga ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, ariko abantu ntibabyumve kimwe kuko harimo n’abamutuka.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Imbuga nkoranyambaga zitwubake aho kudusenya – Miss Mutesi Jolly </h1>

			

			

			<div class='spip_document_146062 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="19" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bbbbbb-2.jpg' width="700" height="440" alt="Miss Mutesi Jolly" title="Miss Mutesi Jolly" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Miss Mutesi Jolly</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro Ubyumva Ute cya KT Radio cyo ku wa 26 Mutarama 2021 Mutesi yari yitabiriye, yavuze ko imbuga nkoranyambaga zidakwiye gusenya abantu ahubwo zikwiye kububaka.</p>
<p>Mutesi yavuze ko yagiye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye muri 2016, ubwo yari arimo kwiyamamaza muri Miss Rwanda.</p>
<p>Agira ati “Jyewe njya kuri ‘Social media’ nari ndangije amashuri yisumbuye. Icyo gihe nishakiraga amajwi ubwo niyamamazaga muri Miss Rwanda 2016, kuva ubwo ndiho kandi nzanagumaho.”</p>
<p>Yaje no kugira amahirwe atorwa nka Nyampinga w’u Rwanda 2016, akomeza gukoresha imbuga nkoranyambaga, ibintu avuga ko bimufasha gusangiza abamukurikira ibitekerezo bye, akanemeza ko hari n’aho byamuhesheje akazi.</p>
<p>Ni kenshi abamukurikira ariko batemeranya nawe mu byo yandika, aho usanga hari abamwandikira amagambo amutuka, we akavuga ko abantu badakwiye kuba barakara kuko badahuje ibikerezo nawe ngo bamutuke.</p>
<p>Ati “Kudahuza n’umuntu igitekerezo ntibivuze ko mukwiye kubishwanira. Dukwiye kumenya kuganira no kungurana inama mu bwubahane nta muntu uhutaje undi”.</p>
<p>Kuri we ngo izo mbuga nkoranyambaga zihuza benshi, zikwiye kubyazwa umusaruro kurusha uko zipfushwa ubusa, ati “Imbuga nkoranyambaga zitwubake aho kugira ngo zidusenye.”</p>
<p>Icyo kiganiro kandi cyanitabiriwe na Richard Kwizera, umunyamakuru wa Kigali Today uzwiho gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga, akagira inama abakoresha nka Twitter kuyijyaho bafite umwihariko aho gupfusha umwanya ubusa.</p>
<p>Ati “Birasaba kwitonda mu gukoresha ubu buryo bw’ikoranabuhanga bwo gutanga ibitekerezo, gusa jyewe ibanga ryanjye ni rimwe; nafashe umurongo wo kujya ntangaza amakuru kandi byaramfashije cyane. Ntibikwiye rero ko umuntu ajya ku mbuga nkoranyambaga atukana.”</p>
<p>Icyo kiganiro cyari cyanitabiriwe n’abandi bakoresha cyane iryo tumanaho, kikaba cyaribandaga ku nyungu n’ingaruka ku bakoresha imbuga nkoranyambaga.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bbbbbb-2.jpg"
				length="65252"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abashakashatsi bavuga iki ku myenda ifite amabara akeye?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/abashakashatsi-bavuga-iki-ku-myenda-ifite-amabara-acyeye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/abashakashatsi-bavuga-iki-ku-myenda-ifite-amabara-acyeye</guid>

		<dc:date>2021-01-23T11:04:03Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ubushakashatsi bwemeza ko ibimaze igihe kinini bivugwa binagirwaho impaka, ko abantu benshi baterwa umunezero n’imyenda icyeye bambaye ndetse nabo bari kumwe ari byo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abashakashatsi bavuga iki ku myenda ifite amabara akeye?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145882 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="69" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umwenda-2.jpg' width="442" height="665" alt="Abashakashatsi bavuga ko myenda ifite amabara akeye itera ibyishimo" title="Abashakashatsi bavuga ko myenda ifite amabara akeye itera ibyishimo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abashakashatsi bavuga ko myenda ifite amabara akeye itera ibyishimo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Tuzi neza umunezero uterwa n’umwenda wambaye iyo uzi ko uberewe, yewe n’abo muri kumwe iyo bakubwiye ko uberewe.</p>
<p>Ibyo birenga ibyiyumviro runaka bituruka ku muntu umwe cyangwa se babiri, abahanga mu mitekerereze ya muntu nabo bakaba babyemeza.</p>
<div class='spip_document_145883 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/778.jpg' width="700" height="450" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru kivuga ku mideli cyitwa “International Journal of Fashion Design, Technology and Education”, buvuga ko amabara acyeye cyane atanga ibyiyumviro by’umunezero.</p>
<div class='spip_document_145884 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/455.jpg' width="436" height="660" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyo umuntu yambaye amabara acyeye nk’umuhondo, icyatsi cyerurutse cyangwa ubururu, umurebwe agira ibyiyumviro by’umunezero kurusha iyo yambaye umwenda w’amabara yijimye.</p>
<p>Naho iyo umuntu yambaye umukara, ivu cyangwa andi mabara yijimye, umurebye akenshi atekereza ku bintu bibabaje nk’ikiriyo, akaba yiteze inkuru y’umubabaro cyangwa se akazi gakomeye.</p>
<div class='spip_document_145885 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="64" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/3334.jpg' width="503" height="664" alt="Amabara yijimye yo ngo atuma umuntu bamutekerezaho ibintu bibi" title="Amabara yijimye yo ngo atuma umuntu bamutekerezaho ibintu bibi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Amabara yijimye yo ngo atuma umuntu bamutekerezaho ibintu bibi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu bihe bikonje abantu benshi bisanga bambara imyenda y’amabara yijimye kuko ari yo aba acuruzwa cyangwa se kuko batabyitaho.</p>
<p>Abahanga mu mitekerereze ya muntu bakugira inama yo kwambara imyenda ifite amabara acyeye kurusha ayijimye.</p>
<div class='spip_document_145886 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/1234.jpg' width="402" height="665" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<div class='spip_document_145887 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/390.jpg' width="517" height="664" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/1234.jpg"
				length="42026"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nkusi Arthur yemeye ko akundana na Muthoni Fiona</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/nkusi-arthur-yemeye-ko-akundana-na-muthoni-fiona</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/nkusi-arthur-yemeye-ko-akundana-na-muthoni-fiona</guid>

		<dc:date>2021-01-22T14:01:54Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urwenya
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’igihe kinini bivugwa ko aba bombi bakundana ariko bombi bakabihakana, Nkusi Arthur uyu munsi yemeje ko ibyo abantu bavuga ari ukuri.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nkusi Arthur yemeye ko akundana na Muthoni Fiona</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145849 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="65" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/arthur_nkusi_fiona_muthoni_ntaringwa.jpg' width="700" height="700" alt="Arthur Nkusi yemeje iby'urukundo rwe na Fiona Muthoni Ntaringwa" title="Arthur Nkusi yemeje iby'urukundo rwe na Fiona Muthoni Ntaringwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Arthur Nkusi yemeje iby&#8217;urukundo rwe na Fiona Muthoni Ntaringwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi yabivugiye kuri radio asanzwe akoraho ikiganiro cya mu gitondo KISS FM, ubwo mugenzi we Sandrine Isheja Butera yamubazaga ibibazo nk’umustar w’umunsi ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko.</p>
<p>Hashize imyaka myinshi bivugwa ko Nkusi Arthur w’umunyarwenya akaba n’umunyamakuru akundana na Fiona Muthoni Naringwa witabiriye amarushanwa ya Nyampinga azwi nka Miss Rwanda, ubu akaba ari umunyamakuru, ariko aba bombi babigira ibanga.</p>
<div class='spip_document_145850 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/phionah-muthoni_1.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Arthur abenshi bakunze kwita Rutura yemeje ko bamaze imyaka itandatu bakundana. Nubwo aba bombi batigeze bemeza ko bakundana, bari bamaze igihe bigaragara ko bafitaye umubano wihariye hagati yabo, dore ko banakorana muri Arthur Nation itegura ibitaramo by’urwenya n’ibindi.</p>
<p>Mu gusubiza avuga iby’urukundo rwe na Fiona, Arthur yagize ati “Maze imyaka 6 nkundana na Fiona, ubu niyemeje kubivuga mu ruhame kuko mbona nta wundi mukobwa wamundutira mu buzima.”</p>
<div class='spip_document_145851 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/phionah-muthoni_2.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku ruhande rwa Fiona Muthoni wagiye mu marushanwa ya Miss Rwanda akavamo ari igisonga cya kabiri akaza no kujya mu ya Miss Africa Calabar ahagarariye u Rwanda akaza kuba igisonga cya mbere, we yavugaga ko afite umusore bakundana ariko ntavuge uwo ari we. Gusa icyo yavugaga ni uko uwo musore ntaho ahurira n’imyidagaduro.</p>
<p>Muri 2018 ku munsi w’abakundana, Arthur yashyize ifoto kuri instagram ari kumwe n’umukobwa ariko atagaragaza isura ye. Abantu benshi bavugaga ko ari Fiona ariko aba bombi ntibagira icyo babivugaho.</p>
<div class='spip_document_145852 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/phionah-muthoni_3.jpg' width="700" height="799" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/phionah-muthoni_3.jpg"
				length="163247"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Tom Close avuga ko ubuganga butazatuma areka umuziki</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tom-close-avuga-ko-ubuganga-butazatuma-areka-umuziki</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tom-close-avuga-ko-ubuganga-butazatuma-areka-umuziki</guid>

		<dc:date>2021-01-21T13:28:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abakunzi ba Tom Close bakomeje kwibaza niba azakomeza gukora umuziki cyangwa azahitamo gukora inshingano ze mu rwego rw’ubuzima gusa.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Tom Close avuga ko ubuganga butazatuma areka umuziki</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145789 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="70" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tome_uririmba.jpg' width="640" height="423" alt="Tom Close avuga ko kuba ari umuganga bitazamubuza gukomeza kuririmba" title="Tom Close avuga ko kuba ari umuganga bitazamubuza gukomeza kuririmba" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Tom Close avuga ko kuba ari umuganga bitazamubuza gukomeza kuririmba</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Thomas Muyombo uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Tom Close, we avuga ko nubwo afite inshingano nyinshi agomba kwitaho, zaba iz’urugo ndetse n’akazi aho akora mu rwego rw’ubuvuzi, atazigera areka gukora umuziki.</p>
<p>Uwo muhanzi asaba abakunzi be kudakuka umutima kuko umuziki ari kimwe mu bigize ubuzima bwe bityo ko atawureka.</p>
<p>Agira ati “Ntibagire ikibazo kuko ndacyari umuhanzi nubwo hari n’izindi nshingano zindeba. Maze igihe kinini mbangikanya kwandika ibitabo, kwita ku muryango n’akazi gasanzwe, ubu rero nta cyambuza kuririmba kuko byose bisaba gutegura”.</p>
<p>Tom Close yatangiye kuririmba ubwo yigaga mu wa kane w’amashuri yisumbuye muri 2005, yaje gukora itsinda ryari rigizwe na bagenzi be bane bitwaga Afro Saints. Album ye ya mbere yayisohoye muri 2008 akaba yarayise “Kuki”.</p>
<p>Yaje gukora izindi album enye (4) hagati yumwaka wa 2008 na 2013 harimo indirimbo nk’izitwa Si Beza, Ntibanyurwa, Komeza Utsinde, Mbabarira Ugaruke n’izindi.</p>
<p>Tom Close ari mu bafite amazina akomeye hano mu Rwanda mu njyana ya Afrobeat, Dancehall, Pop na R&amp;B. Yakoranye n’abahanzi nyarwanda benshi ndetse n’abanyamahanga barimo Sean Kingston, Radio na Weasel n’abandi.<br class='autobr' />
Tom Close ubundi umwuga we n’ubuganga, tariki 14 Ugushyingo 2020 akaba yaragizwe Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso (NCBT), uwo mwanya akaba yarawuhawe nyuma y’amezi umunani akuriye urwo rwego mu Mujyi wa Kigali.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tome_uririmba.jpg"
				length="36372"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi Emmy yasabye Umuhoza Joyce ko amubera umugore</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/umuhanzi-emmy-yasabye-umuhoza-joyce-ko-amubera-umugore</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/umuhanzi-emmy-yasabye-umuhoza-joyce-ko-amubera-umugore</guid>

		<dc:date>2021-01-13T17:55:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’igihe kinini bakundana, umuhanzi Nsengiyumva Emmanuel uzwi nka Emmy uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye umukunzi we Umuhoza Joyce ko amubera umugore.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Emmy yasabye Umuhoza Joyce ko amubera umugore</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145533 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_1.jpg' width="700" height="704" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu birori byabereye kuri Muhazi bitagaragaramo abantu benshi mu rwego rwo kwirinda icyorezo covid19, umuhanzi Emmy yasabye uwo bari bamaze igihe bakundana ko amubera umugore.</p>
<p>Inkuru y’urukundo rwabo yamenyekanye bagitangira gukundana muri 2018 ariko bagerageje kubigira ibanga.</p>
<div class='spip_document_145534 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Emmy yanditse ku rubuga rwe rwa Instagram ati “Naguhisemo kandi nzahora nguhitamo iteka ryose ntakabuza, intera nini yari ukugerageza kureba aho urukundo rwacu rwakwihangana kugera.... Urakoze kunyizera urakoze Hoza.”</p>
<p>Ku mbuga nkoranyambaga inshuti ze zamweretse ko zimwishimiye harimo umuhanzi Meddy uherutse gusaba na we umukunzi we ko amubera umugore, K8 Kavuyo uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jules Sentore, The Ben, Princess Priscillah, Kitoko n’abandi benshi.</p>
<div class='spip_document_145535 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_3.jpg' width="700" height="949" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kugeza ubu ntabwo itariki y’ubukwe iramenyekana, uyu muhanzi akaba yavuze ko itariki y&#8217;ubukwe nigera azabitangaza.</p>
<div class='spip_document_145536 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_6.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_145537 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_4.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/emmy_joyce_6.jpg"
				length="105868"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya uburyo wakorera isuku imbwa yawe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uburyo-wakorera-isuku-imbwa-yawe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uburyo-wakorera-isuku-imbwa-yawe</guid>

		<dc:date>2021-01-13T08:18:53Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nk’uko umuntu yigirira isuku ku mubiri n’aho atuye ni na ko imbwa zo mu ngo na zo zikenera isuku. 

Iyo imbwa ifite isuku n’ubuzima bwiza itera nyirayo ibyishimo, ariko igashobora gutera ibindi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya uburyo wakorera isuku imbwa yawe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145512 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/clean-dog-breeds-main.jpg' width="579" height="390" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Si ukuyoza rimwe na rimwe gusa mu gihe ubonye umwanya, mu gihe wiyemeje gutunga imbwa wakagombye kuyitaho uko bikwiye. Hano hari bimwe mu byo ugomba gukurikiza, nk&#8217;uko twabikusanyije twifashishije imbuga za Internet zitandukanye.</p>
<p><strong>Kuyuhagira</strong></p>
<p>Ku bantu batunze imbwa usanga batumvikana ku nshuro bagomba kuzoza, ariko abahanga mu kuvura inyamanswa bavuga ko ari byiza ko imbwa yoga nibura rimwe mu mezi atatu. Impamvu yo kuyoza rimwe mu mezi atatu ngo ni uko iyo bibaye kenshi uruhu rwazo  rufuruta kandi n’ubwoya bwayo bukaba bwapfuka. Ariko ku mbwa ziba mu ngo zikunda kwiyanduza cyane, zo ngo kuzoza bigomba kuba kenshi bitewe n’uko yiyanduje.</p>
<p><strong>Kuyikorera isuku y’amenyo</strong></p>
<div class='spip_document_145511 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/how-to-clean-your-dogs-teeth.jpg' width="700" height="372" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyo imbwa idasukuye mu kanwa ishobora kurwara ishinya mu gihe itavuwe bikaba byayiviramo uburwayi. Ni yo mpamvu abaganga bazo bagira inama abazitunze kuzoza amenyo buri munsi.</p>
<p><strong>Gusukura aho irara</strong></p>
<p>Aho imbwa zirara hakunze kuba ubwoya bwazo, umwanda n’udusimba duto duto. Kuhoza buri munsi byaba ibyo iraramo n’aho irara ni ingenzi kuko bifasha imbwa kugira isuku yayo n’abo ibana na bo.</p>
<p><strong>Koza ibyo iriramo</strong></p>
<p>Hari aho usanga imbwa zirira ku masahani asa nabi kandi ibyo zirya byazitera ibibazo nk’uko byaba ku muntu. Abaganga bazo bavuga ko iyo imbwa iri kurya no kunywa amazi isiga amacandwe ku byo iriramo akaba ashobora kuzitera indwara cyangwa agatera indwara abakina na zo mu gihe ibyo iriramo bitogejwe neza. Bisaba kubyoza buri nyuma y’uko ibikoresheje.</p>
<p><strong>Gukaraba intoki igihe umaze gukora ku mbwa</strong></p>
<div class='spip_document_145513 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imbwa-6.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu gihe umaze koza imbwa yawe, gukina na yo, kuyigaburira no kuyikorera amasuku, ni byiza guhita ukaraba intoki mbere yo kwikoraho cyangwa gukora ku kindi kintu. Ibi bigabanya ibyago byo kuba wakwandura indwara ziva ku nyamanswa.</p>
<div class='spip_document_145515 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imbwa_2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_145514 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imbwa_3.jpg' width="490" height="297" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imbwa_2.jpg"
				length="129356"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Gupfusha mushiki we, COVID-19: Bimwe mu byatumye umwaka wa 2020 utaba mwiza kuri The Ben</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gupfusha-mushiki-we-covid-19-bimwe-mu-byatumye-umwaka-wa-2020-utaba-mwiza-kuri-the-ben</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gupfusha-mushiki-we-covid-19-bimwe-mu-byatumye-umwaka-wa-2020-utaba-mwiza-kuri-the-ben</guid>

		<dc:date>2021-01-09T08:07:04Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben avuga ko umwaka wa 2020 utamubereye mwiza. Usibye icyorezo cya COVID-19 cyahagaritse gahunda ze nyinshi, yanapfushije mushiki we bituma&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Gupfusha mushiki we, COVID-19: Bimwe mu byatumye umwaka wa 2020 utaba mwiza  kuri The Ben</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145380 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="90" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the-ben_rwanda.jpg' width="700" height="466" alt="The Ben avuga ko yiteguye gukora cyane muri uyu mwaka kurusha uko yakoze mu mwaka ushize" title="The Ben avuga ko yiteguye gukora cyane muri uyu mwaka kurusha uko yakoze mu mwaka ushize" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>The Ben avuga ko yiteguye gukora cyane muri uyu mwaka kurusha uko yakoze mu mwaka ushize</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi yabivuze ubwo yari mu kiganiro yagiranye na KT Radio asubiza bimwe mu bimaze iminsi bimuvugwaho ko yaba yarasubiye inyuma mu muziki ndetse ko asa n’uri kugenda abivamo.</p>
<p>Yagize ati “Abo bantu bandika ibyo byose ntibazi uko umwaka wa 2020 wangendekeye, wari mubi. Icya mbere napfushije mushiki wanjye. Icya kabiri imyidagaduro yari yahagaze ahantu hose kubera covid-19, njye nari kugenza nte nyuma y’ibyo byose?”</p>
<p>Abajijwe ku byo kuba ari gukorana n’abahanzi batandukanye bakizamuka, yavuze ko na we akizamuka yafashijwe n’abahanzi bari bafite izina none kuba ari kubikora zikaba ari inshingano kuri we.</p>
<p>Ati “Ahubwo n’ubu mfite indi mishinga myinshi yo gukorana n’abandi kuko nanjye nkizamuka ni abandi bahanzi bamfashije kuzamura izina ryanjye.”</p>
<p>The Ben amaze iminsi mike agarutse mu Rwanda avuye muri Zanzibar aho yari yaragiye gukora amashusho y’indirimbo ye aherutse gusohora ari kumwe na Rema wo muri Uganda yitwa “This is love”. Amajwi y’iyi ndirimbo yakozwe n’utunganya amajwi (producer) wo muri Uganda witwa Nessim, uyu akaba ari na we wamukoreye indi ndirimbo yitwa “No You No Life” yakoranye n’itsinda rya B2C.</p>
<p>Muri uyu mwaka Mugisha Benjamin (The Ben) avuga ko yiteguye gukora kurusha uko yakoze mu mwaka ushize, akaba agiye gushyira hanze indirimbo ebyiri nshya.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the-ben_rwanda.jpg"
				length="94849"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Uwaririmbye &#8220;You'll Never Walk Alone&#8221; ya Liverpool yapfuye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Uwaririmbye-You-ll-Never-Walk-Alone-ya-Liverpool-yapfuye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Uwaririmbye-You-ll-Never-Walk-Alone-ya-Liverpool-yapfuye</guid>

		<dc:date>2021-01-04T08:46:11Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Gerry Marsden wamenyekanye ku ndirimbo yise “You’ll never walk alone” yaje gukundwa ikaba iranga ikipe ya Liverpool, yapfuye ku myaka 78 y’amavuko.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Uwaririmbye “You’ll Never Walk Alone” ya Liverpool yapfuye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145291 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gerry_marsden_liverpool.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku rubuga rwa Twitter rw’ikipe ya Liverpool bagize bati “Dufite agahinda kenshi kubera inkuru y’urupfu rwa Gerry Marsden, amagambo ye tuzahora tuyibuka.”</p>
<p>Gerry wavukiye i Liverpool, yaririmbaga mu itsinda ryitwa Gerry and the Pacemakers ryaje kuririmba iyi ndiririmbo ya You’ll never walk alone yari yaranditswe na Rogers na Hammerstein mu 1945.</p>
<p>You’ll never walk alone bisobanura ntuzigera ugenda wenyine mu kinyarwanda ya Gerry yakunzwe n’abafana b’umupira w’amaguru cyane cyane ab&#8217;ikipe ya Liverpool ikaza kuba nk’ikirango.</p>
<p>Si ikipe ya Liverpool yakunze gukoresha iyi ndirimbo gusa kuko andi makipe nka Celtic, Feyenoord na Dortmund bagiye bakoresha iyi ndirimbo.</p>
<p>Iyi kandi yari yarayisubiyemo muri 2020 ayiririmbira abaganga b’Abongereza bavuraga abarwayi muri iki gihe cya Covid-19.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gerry_marsden_liverpool.jpg"
				length="76423"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umwaka wa 2021 ni uwo kuzamura Gakondo - Umuhanzi R. Tuty uri mu Bubiligi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umwaka-wa-2021-ni-uwo-kuzamura-gakondo-umuhanzi-r-tuty-uri-mu-bubiligi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umwaka-wa-2021-ni-uwo-kuzamura-gakondo-umuhanzi-r-tuty-uri-mu-bubiligi</guid>

		<dc:date>2021-01-02T16:40:03Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi w’umunyarwanda Nikuze Alain Thierry  uzwi nka R. Tuty ukorera umuziki we mu Bubiligi  avuga ko umwaka wa 2021 yifuza gutumbagiza ijyana Gakondo haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w’i&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umwaka wa 2021 ni uwo kuzamura Gakondo - Umuhanzi R. Tuty uri mu Bubiligi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145242 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/r_tuty.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro yagiranye na Kigali Today tariki ya 01 Mutarama 2021, uyu musore yavuze ko ashyize imbere kuzamura Gakondo ku rwego rwisumbuyeho. Yagize ati " Uyu mwaka wa 2021 Gakondo iratumbagira haba mu Rwanda ndetse no ku mugabane w&#8217;i Burayi cyane cyane mu Bubiligi. Ndashaka gukora indirimbo nyinshi za Gakondo kandi nkazimenyekanisha ku rwego rwisumbuyeho, hamwe n&#8217;abandi bahanzi ndizera ko tuzabigeraho."</p>
<p>Yakomeje avuga ko azanye imbaraga zirenze izo yakoresheje mu mwaka ushize.</p>
<p>Mu mwaka wa 2020 R. Tuty yakoze indirimbo eshatu ari zo : Idini y&#8217;ifaranga, Urufunguzo n&#8217;Igitonyanga.</p>
<div class='spip_document_145243 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/r_tuty_1_.jpg' width="700" height="454" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uyu musore umaze imyaka irenga 10 mu muziki amaze gukora imizingo eshanu (Albums) , muri uku kwezi kwa Mutarama akaba ateganya gushyira ahagaragara indirimbo  iri mu njyana gakondo yitwa "Iyizire" ari gukorerwa na Producer MadeBeats  by&#8217;umwihariko ireba abitegura ku rushinga.</p>
<p>Yasoje asaba abakunzi be kwishimira ibyiza bagezeho ariko bakibuka kwirinda icyorezo cya Covid-19.</p>
<div class='spip_document_145244 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/r_tuty_2_.jpg' width="673" height="636" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/r_tuty.jpg"
				length="89268"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Izi ndirimbo zasusurukije abantu mu mwaka wa 2020</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/izi-ndirimbo-zasusurukije-abantu-mu-mwaka-wa-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/izi-ndirimbo-zasusurukije-abantu-mu-mwaka-wa-2020</guid>

		<dc:date>2021-01-02T07:05:09Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nubwo icyorezo cya COVID-19 cyatumye nta birori byinshi byabaye mu mwaka wa 2020 nk’uko byari byitezwe, ntabwo byabujije abahanzi gukora indirimbo zigashimisha abantu hirya no hino mu Rwanda&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Izi ndirimbo zasusurukije abantu mu mwaka wa 2020</h1>

			

			

			<div class='spip_document_145217 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="51" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bruce_melody-8.jpg' width="700" height="393" alt="Bruce Melodie yarigaragaje cyane mu mwaka wa 2020" title="Bruce Melodie yarigaragaje cyane mu mwaka wa 2020" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Bruce Melodie yarigaragaje cyane mu mwaka wa 2020</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kigali Today yakoze urutonde rw’indirimbo icumi zakunzwe mu mwaka wa 2020.</p>
<p><strong>10. Utawezana</strong></p>
<p>Iyi ni indirimbo y’umunyakenya witwa Femi One na Mejja nyuma yo gukundwa yayisubiyemo n’umunyarwandakazi Alyn Sano.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/-Kl3Cap-NzQ" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>9. Zoli ya Nel Ngabo</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/U5oL1ONm8Ko" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>8. Jerusalema </strong></p>
<p>Iyi ndirimbo ni iyo muri  Afurika y’Epfo yakozwe na Master KG ari kumwe na Nomcebo Zikode ikaza no gutwara igihembo cya MTV mu Burayi. Mu Rwanda iri mu zo hanze zakunzwe cyane.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/fCZVL_8D048" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>7. Do me ya Marina na Queen Cha</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/fYoiT6Ek0wE" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>6. Ndaryohewe </strong></p>
<p>Iyi yakozwe n’abahanzi benshi bakizamuka harimo France, Mbanda Calvin, Victor Rukotana, Ariel Wayz, Joel Ruti n’abandi benshi.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/v7su9sz4iD4" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>5. Closer </strong></p>
<p>Ni iya Uncle Austin, Meddy na Yvan Buravan. Kuri uru rutonde iyi ni yo ndirimbo yakozwe n’abahanzi benshi basanzwe bafite amazina akomeye mu muziki nyarwanda.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/GrnpzNgyhg4" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>4. Ubushyuhe</strong></p>
<p>Iyi ni iya Dj Pius yakoranye na Bruce Melody mu gihe cya Guma Mu Rugo nyuma ikaza gusubirwamo na Dj Pius ari kumwe na Marina, A Pass wo muri Uganda na Rosa Ree wo muri Tanzania.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/_BjFH6s9cyw" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>3. Micro ya Davis D</strong></p>
<p>Uyu yagize indirimbo nyinshi zakunzwe mu mwaka wa 2020 harimo n&#8217;iyo yasohoye yitwa “Bon” isoza umwaka.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/93JxBow3qxM" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>2. Igare</strong></p>
<p>Ni indirimbo ya Mico The Best yasohotse igakundwa cyane mu buryo na we ubwe atari yiteze. Yagarutsweho na benshi bavuga ko harimo ibyo bita ibishegu n’amagambo menshi asa n&#8217;urukozasoni, iki kikaba cyaragarutse ku ndirimbo nyinshi mu mwaka wa 2020.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/VoAOqccgweQ" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>
<p><strong>1. Saa moya </strong></p>
<p>Bruce Melody ni umwe mu bagaragaje gukora cyane muri uyu mwaka, akaba afite indirimbo nyinshi zakunzwe kugeza na n&#8217;ubu akaba akomeje kugaragaza umwete mu gukora indirimbo nshya kandi zigakundwa n&#8217;abatari bake. Imwe mu zakunzwe cyane ni indirimbo yise Saa moya, dore ko nyuma yo kuyikora mu Rwanda haje no gushyirwaho isaha ya saa moya yo kugera mu rugo bikayongerera gukundwa.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/McxELUpizgI" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bruce_melody-8.jpg"
				length="62313"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi Meddy yasabye umukunzi we Mimi ko amubera umugore</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/umuhanzi-meddy-yasabye-umukunzi-we-mimi-ko-amubera-umugore</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/umuhanzi-meddy-yasabye-umukunzi-we-mimi-ko-amubera-umugore</guid>

		<dc:date>2020-12-19T13:38:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yasabye umukunzi we Mimi Mehfira ko amubera umugore.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Meddy yasabye umukunzi we Mimi ko amubera umugore</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144849 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meddy-15.jpg' width="717" height="827" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 18 Ukuboza 2020 bihurirana n’isabukuru y&#8217;amavuko y&#8217;uwo muhanzi wizihiza imyaka 32 amaze avutse. Amashusho yagaragaye Meddy atera ivi asaba Mimi ko amubera umugore.</p>
<p>Muri ayo mashusho Mimi n’ibyishimo byinshi arahindukira akareba Meddy akavuga YEGO, ko yemeye kumubera umugore.</p>
<p>Mu gitaramo cya East African Party cya 2018, Meddy uba muri Amerika yaje mu Rwanda ari ku rubyiniro ahamagara Mimi amwerekana nk’umukunzi we.</p>
<p>Mimi na we uba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika akomoka muri Ethiopia, aba bombi bakaba bamaze igihe bakundana kuko no mu mashusho y’indirimbo ya Meddy yitwa “Ntawamusimbura” Mimi agaragaramo, ndetse kenshi na kenshi Meddy yagiye abwira itangazamakuru ko afite umukobwa bakundana utari umunyarwandakazi.</p>
<p>Ku mbuga nkoranyambaga inshuti za Meddy na Mimi zabifurije ishya n’ihirwe harimo Uwamahoro Malaika, K8 Kavuyo n’abandi.</p>
<div class='spip_document_144847 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="38" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meddy_mimi.jpg' width="520" height="295" alt="Meddy na Mimi bamaze igihe bakundana" title="Meddy na Mimi bamaze igihe bakundana" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Meddy na Mimi bamaze igihe bakundana</strong></div></div>
</figure>
</div><div class='spip_document_144848 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meddy_mimi_2.jpg' width="700" height="881" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><blockquote class="twitter-tweet"><p lang="und" dir="ltr">Dore uko <a href="https://twitter.com/Meddyonly?ref_src=twsrc%5Etfw">@Meddyonly</a> yateye ivi . <a href="https://twitter.com/ktradiorw?ref_src=twsrc%5Etfw">@ktradiorw</a> <a href="https://twitter.com/ktpressrwanda?ref_src=twsrc%5Etfw">@ktpressrwanda</a> <a href="https://twitter.com/hashtag/RwOT?src=hash&amp;ref_src=twsrc%5Etfw">#RwOT</a> <a href="https://t.co/jodCrTlQDB">pic.twitter.com/jodCrTlQDB</a></p>
<p>&mdash; Kigali Today (@kigalitoday) <a href="https://twitter.com/kigalitoday/status/1340309786852810752?ref_src=twsrc%5Etfw">December 19, 2020</a></p>
</blockquote> <script async src="https://platform.twitter.com/widgets.js" charset="utf-8"></script>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meddy_mimi.jpg"
				length="31736"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Gisa Cy'Inganzo na Ish Kevin muri batandatu bageze mu cyiciro cya nyuma cya The Next Pop Star</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gisa-cy-inganzo-na-ish-kevin-muri-batandatu-bageze-mu-cyiciro-cya-nyuma-cya-the-next-pop-star</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/gisa-cy-inganzo-na-ish-kevin-muri-batandatu-bageze-mu-cyiciro-cya-nyuma-cya-the-next-pop-star</guid>

		<dc:date>2020-12-17T20:03:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abageze ku cyiciro cya nyuma cy’irushanwa rya The Next Pop Star harimo abakobwa babiri n’abahungu bane barimo abasanzwe ari abahanzi babiri ari bo Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Gisa Cy’Inganzo na Ish Kevin muri batandatu bageze mu cyiciro cya nyuma cya The Next Pop Star</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144807 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="17" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gisa_cy_inganzo.jpg' width="700" height="379" alt="Gisa Cy'Inganzo" title="Gisa Cy'Inganzo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Gisa Cy&#8217;Inganzo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abageze kuri iki cyiciro bose hamwe ni Cyiza Jackson, Gisa Cy’Inganzo, Yannick Gashiramanga, Ish Kevin, Hirwa Irakoze Honorine ndetse na Jasmine Kibatega. Bageze aha batoranyijwe muri 20 mu cyiciro cyabanjirije iki, aho bazamutse hagendewe ku majwi bavanye mu matora y’abantu kuri murandasi (online vote).</p>
<p>Kuri ubu aba bahanzi uko ari batandatu bazajya mu mwiherero (boot camp) uzamara iminsi itandatu kuva tariki 18 kugera tariki 24 Ukuboza 2020, ukabera muri Hotel Portofino.</p>
<p>Biteganyijwe ko iri rushanwa rizasozwa tariki ya 26/12/2020 hahembwa abahanzi babiri bazaba bahize abandi. Ni igikorwa kizanitabirwa n’abahagarariye Kompanyi Network Show Biz (NSB) na SM1 Music Group/ Sony Music Group ari na bo bateguye iri rushanwa.</p>
<div class='spip_document_144808 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish_kevin-2.jpg' width="708" height="885" alt="Ish Kevin" title="Ish Kevin" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ish Kevin</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>The Next Pop Star ni irushanwa rigamije kuzamura abahanzi nyarwanda bakagera ku rwego mpuzamahanga. Ryateguwe na sosiyete mpuzamahanga zinyuranye zihagarariwe mu Rwanda na kompanyi itegura ibitaramo yitwa More Events.</p>
<p>Uzaryegukana azahabwa ibihembo bifite agaciro ka Miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda (Rwf50M) mu gihe uwa Kabiri na we azasinyana amasezerano y’imikoranire na kompanyi itunganya imiziki SM1 Music Group ya Sony Music Group.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/gisa_cy_inganzo.jpg"
				length="77664"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibiro, uburebure n'imyaka byahindutse ku bitabira Miss Rwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ibiro-uburebure-n-imyaka-byahindutse-ku-bitabira-miss-rwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/ibiro-uburebure-n-imyaka-byahindutse-ku-bitabira-miss-rwanda</guid>

		<dc:date>2020-12-11T11:07:02Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Miss Rwanda 2021
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibiro bitanze 65, uburebure guhera kuri metero 1.7 kuzamuka n’imyaka hagati ya 18 na 24, ni bimwe mu byahindutse ku bakobwa bari butangire kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2021.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibiro, uburebure n’imyaka byahindutse ku bitabira Miss Rwanda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144632 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="69" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/618aba36-c0b5-4581-a737-da4ada9bd71a.jpg' width="700" height="425" alt="Abashinzwe gutegura Miss Rwanda bavuguruye ibisabwa ku bazayitabira" title="Abashinzwe gutegura Miss Rwanda bavuguruye ibisabwa ku bazayitabira" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abashinzwe gutegura Miss Rwanda bavuguruye ibisabwa ku bazayitabira</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abakobwa benshi basibaga kwitabira iri rushanwa kuko batabaga bujuje ibisabwa ngo bemerwe. Ariko nyuma yo kwicara abategura Miss Rwanda bakareba ibisabwa ku rwego mpuzamahanga mu marushanwa nk’aya, babihereyeho bahindura.</p>
<p>Kuri ubu uburebure n’ibiro ntabwo bigihamye, ahubwo umukobwa agomba kuba afite ubuzima bwiza, aho bazajya bapima bakareba Body Mass Index (BMI).</p>
<p>Imyaka ntabwo ikiri hagati ya 18 na 24 yongerewe igera kuri 28, ibi byakozwe kugira ngo bihe amahirwe abandi bakobwa benshi, kandi iyi myaka ni yo ngenderwaho ku rwego mpuzamahanga.</p>
<div class='spip_document_144633 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="41" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/66664ff5-8cc1-4974-845f-5e32844ff754.jpg' width="700" height="466" alt="Abafatanyabikorwa muri Miss Rwanda 2021" title="Abafatanyabikorwa muri Miss Rwanda 2021" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Abafatanyabikorwa muri Miss Rwanda 2021</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Izindi mpinduka ni uko buri mukobwa uzahabwa ikamba wese azahabwa igihembo cyo guhagararira umwe mu bafatanyabikorwa batandukanya barimo MTN, Banki ya Kigali, Africa improved food, Bella Flowers, Hyundai na Volcano.</p>
<p>Usibye guhagararira umufatanyabikorwa runaka kandi, umukobwa uzahabwa ikamba azafashwa gukurikirana umushinga we awushyire mu bikorwa.</p>
<p>Mu bihembo bitangwa hiyongeremo ibindi bishya, kuri ubu abakobwa bari muri ‘boot camp’ uza jya agaragaza impano ye neza azajya afashwa anahuzwe n’abamuteza imbere mu mpano ye.</p>
<div class='spip_document_144634 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="85" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ff362990-2ac8-4f79-873b-8c6a3a9d8294.jpg' width="700" height="466" alt="Imodoka ya Hyundai Creta 2021, ni yo uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2021 azahabwa" title="Imodoka ya Hyundai Creta 2021, ni yo uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2021 azahabwa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Imodoka ya Hyundai Creta 2021, ni yo uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2021 azahabwa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ndetse n’ufite umushinga mwiza kurusha indi ibi bizemezwa n’abahanga mu kugenzura imishinga, azahembwa na BK imufashe gushyira mu bikorwa uwo mushinga nubwo yaba atari we uzatsindira ikamba rya Miss Rwanda.</p>
<p>Iri rushanwa uyu mwaka rizaba ku buryo butandukanye kuko abakobwa aho kwiyandikisha bagiye ku ma hoteli yashyizweho mu ntara zose z’igihugu, ubu baraza kwiyandikisha kuri internet baciye ku rubuga rwa Miss Rwanda arirwo <a href="http://www.missrwanda.rw" class="spip_url spip_out auto" rel="nofollow external">www.missrwanda.rw</a>.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/618aba36-c0b5-4581-a737-da4ada9bd71a.jpg"
				length="106849"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Marina yasabye imbabazi kuba yaritabiriye irushanwa rya The Next Pop Star</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/marina-yasabye-imbabazi-kuba-yaritabiriye-irushanwa-rya-the-next-pop-star</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/marina-yasabye-imbabazi-kuba-yaritabiriye-irushanwa-rya-the-next-pop-star</guid>

		<dc:date>2020-12-11T07:49:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Marina ubarizwa muri Label ya The Mane yasabye imbabazi ku mugaragaro abayobozi bayo kuba yararenze ku mabwiriza akitabira amarushanwa ya ‘The Next Pop Star’.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Marina yasabye imbabazi kuba yaritabiriye irushanwa rya The Next Pop Star</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144615 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/marina.jpg' width="700" height="505" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nyuma y’igihe kirenze ukwezi amarushanwa ya The Next Pop Star yo gushakisha umuhanzi ufite impano akazahabwa igihembo gikuru cya miliyoni 50frw, cyitabiriwe na benshi barimo na Marina.</p>
<p>Kuri ubu hari hagezweho icyiciro cyo gutorwa n’abantu, ubonye amanota menshi agakomeza mu cyiciro gikurikira.</p>
<p>Mu minsi ishize ariko, Marina ntiyemeraga ko ari muri ayo marushanwa. Kigali Today yaganiriye na Aristide Gahunzire uharanira inyungu za The Mane bikivugwa ko Marina yaba ari muri The Next Pop Star, avuga ko batari bazi ko yagiye muri aya marushanwa kuko Marina atigeze abyemera.</p>
<p>Icyo gihe yagize ati “Ibyo bintu biri kuvugwa ni ibihuha kuko twe ntabyo tuzi nka Label cyangwa abaharanira inyungu za Marina”.</p>
<p>Nyuma y’itangazo ryasohotse Marina asaba imbabazi, Aritside yavuze ko hari n’ibindi bihano ateganyirijwe, ati “impamvu yasabye imbabazi ni uko yarenze ku mabwiriza agenga akazi ke muri The Mane akajya mu marushanwa ntawe ubizi yewe akanabihisha. Kuba yasabye imbabazi bisobanura ko atari bwirukanwe ariko ntabwo bikuraho ko hari ibindi bihano azahabwa kugira ngo bitongera nk’uko byanditse mu masezerano y’akazi”.</p>
<p>Mu itangazo Marina yavuze ko yiteguye gukurikiza buri gihano azahabwa na The Mane. Si ubuyobozi gusa yasabye imbabazi, ahubwo yanazisabye abahanzi bakorana ndetse n’abakunzi b’ibihangano bye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/marina.jpg"
				length="95410"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzi Elvis Nyaruri agiye gukorana na Universal Music Group </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzi-elvis-nyaruri-agiye-gukorana-na-universal-music-group</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzi-elvis-nyaruri-agiye-gukorana-na-universal-music-group</guid>

		<dc:date>2020-12-10T09:54:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Inzu itunganya umuziki yitwa A.I Records Kenya ikorera muri Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group muri Kenya yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’umuhanzi mushya mu njyana ya&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzi Elvis Nyaruri agiye gukorana na Universal Music Group </h1>

			

			

			<div class='spip_document_144578 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="15" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/elvis_nyaruri.jpg' width="652" height="650" alt="Elvis Nyaruri" title="Elvis Nyaruri" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Elvis Nyaruri</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>“Uko icyuma gityazwa ku kindi cyuma, ni na ko umuntu yigishwa na mugenzi we.” ibi byanditse muri bibiliya mu gitabo cy’imigani ibice 27 umurongo wa 17.</p>
<p>Ibi Elvis Nyaruri abivuga asobanura aho akura inganzo ye kuko se yari umuhanzi mu myaka ya 1980 ndetse na nyirakuru na we yari umuhanzikazi mbere yahoo, ndetse no kuba yitiranwa n’icyamamare Elvis Presley bikaba biri mu bimutera imbaraga.</p>
<p>Mu gusobanura impamvu yahisemo kuririmba injyana ya country itamenyerewe cyane muri aka gace, yagize ati “Kuri njye injyana ya country ni uburyo bwo kubaho, mu kuyiririmba ugomba kuba wemera buri jambo usohoye rero ni ubuzima kuri njye kandi ni ukuri.”</p>
<p>Umuyobozi wa A.I Records inzu itunganya umuziki yatangiye gukorera muri Kenya mu 1950 Michael Andrews avuga ko iki ari igihe cy’uko Abanyakenya batangira kubyaza umusaruro injyana ya country kuko idasaza.</p>
<p>Ati “Country music ni injyana yakunzwe cyane muri Kenya ku bahanzi nka Dolly Parton, Kenny Rogers, Jim Reeves n’abandi. Nizera ko nitubyaza umusaruro iyi njyana abazadukomokaho bazayumva bakayisangamo kuko idasaza.”</p>
<p>Elvis Nyaruri yasohoye indirimbo ye ya mbere muri A.I Records tariki 9 Ukuboza 2020 ayita “I just cannot wait to go back home” bisobanura mu Kinyarwanda ngo mfite amashyushyu yo gutaha iwacu.  Avuga ko iyi ndirimbo yayiririmbiye abantu baba mu mahanga bakanakorayo bashaka imibereh, ariko bagahora bifuza gusubira iwabo.</p>
<p><strong>Reba iyo ndirimbo ye nshya hano</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/jfforfvFU60" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/elvis_nyaruri.jpg"
				length="75975"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>DJ Toxxyk yakoze ubukwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/dj-toxxyk-yakoze-ubukwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/dj-toxxyk-yakoze-ubukwe</guid>

		<dc:date>2020-12-06T07:23:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ntwali Arnold wamenyekanye nka DJ Toxxyk yakoze ubukwe ku wa Gatandatu tariki 05 Ukuboza 2020 na Tala Ndekezi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>DJ Toxxyk yakoze ubukwe</h1>

			

			

			<p>Ni nyuma y’igihe kinini aba bombi bamaze bakundana bakaba basanzwe bafitanye umwana w’umuhungu bibarutse muri Nzeri 2020 witwa Ayden.</p>
<p>Ku wa Gatandatu tariki 05 Ukuboza 2020 nibwo habaye umuhango wo gusaba no gukwa imbere y’imiryango.</p>
<p>Dj Toxxyk ni umwe mu bavanga umuziki mu Rwanda bazwi akaba abarizwa mu itsinda rya Dream team DJs hamwe na Dj Julz ndetse na DJ Marnaud ryatangijwe na  Karurangwa Virgile wamenyekanye nka Dj Miller <a href="https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/DJ-Miller-yashyinguwe-Video-Amafoto">witabye Imana</a> tariki 5 Mata 2020.</p>
<p>Ibi birori bibaye nyuma yo gushyira hanze album ya Dj Miller yitwa Shani nyuma y’amezi umunani apfuye.</p>
<div class='spip_document_144417 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk.jpg' width="700" height="1245" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_144418 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk_4.jpg' width="572" height="1080" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_144419 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk_3.jpg' width="499" height="764" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_144420 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk_2.jpg' width="700" height="469" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_144426 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk_5.jpg' width="700" height="871" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_toxxyk_2.jpg"
				length="130144"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Alexandre Lenco ufite ubumuga bwo kutabona yinjiye mu buhanzi: Reba uko acuranga</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/alexandre-lenco-ufite-ubumuga-bwo-kutabona-yinjiye-mu-buhanzi-reba-uko-acuranga</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/alexandre-lenco-ufite-ubumuga-bwo-kutabona-yinjiye-mu-buhanzi-reba-uko-acuranga</guid>

		<dc:date>2020-12-04T06:03:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’imyaka irenga 20 aririmba ibisope, umuhanzi Alexandre Mwitende, ukoresha amazina ya Alexandre Lenco mu buhanzi, yahuye na Tonzi amufasha gutangira gukora ibihangano bye bwite.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Alexandre Lenco ufite ubumuga bwo kutabona yinjiye mu buhanzi: Reba uko acuranga</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144348 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="76" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/lenco.png' width="700" height="392" alt="Alexandre Lenco, ubu avuga ko yiyubakiye inzu muri Kigali abikesha umuziki" title="Alexandre Lenco, ubu avuga ko yiyubakiye inzu muri Kigali abikesha umuziki" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Alexandre Lenco, ubu avuga ko yiyubakiye inzu muri Kigali abikesha umuziki</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu busanzwe, Alexandre aririmba indirimbo z’abandi zakunzwe hambere, mu bitaramo bitandukanye ibizwi nk’ibisope.</p>
<p>Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2020, yahuye n’umuhanzi Tonzi ukora indirimbo zaririmbiwe Imana aho yariho akora, Tonzi amwumvise amusaba ko yamufasha gukora ibihangano bye bwite.</p>
<p>Nk’uko Alexandre abisobanura, ati “yaranyegereye ambwira ko yakunze uburyo ndirimba ati ese ujya ukora indirimbo zawe atari iz’abandi? Nti yego, ambwira ko ashaka kumfsha kubijyana muri studio”. “</p>
<p>Tonzi asanzwe afite ikigo gifasha abantu bafite ubumuga bafite impano kuba bazizamura.</p>
<p>Kuri ubu Alexandre afite indirimbo ze amaze gushyira hanze eshatu zose zifite n’amashusho, avuga ko nta gahunda yo guhagara gukora afite nubwo bigoye.</p>
<p>Ati “Mu bisope biroroshye kubona amafaranga vuba kuko uhita wishyurwa, ariko mu buhanzi bifata igihe no kwihangana ariko ntabwo bizanca intege”.</p>
<p>Alexandre yatangiye kwita kumenya umuziki akiri umwana afite imyaka 9 ubwo umupadiri w’aho yigaga i Gatagara yamubonye akinisha ibikoresho bya mu muzika akamugira inama yo kuzawukora akuze.</p>
<p>Na we yaje kujya kuwiga mu mashuri yisumbuye akaba ari na wo umwubakiye inzu i Kigali.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/luPVKK3ZEng" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/lenco.png"
				length="392177"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Aba bahanzi bari mu bagaragaza ejo heza mu muziki nyarwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/aba-bahanzi-bari-mu-bagaragaza-ejo-heza-mu-muziki-nyarwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/aba-bahanzi-bari-mu-bagaragaza-ejo-heza-mu-muziki-nyarwanda</guid>

		<dc:date>2020-11-29T10:04:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Injyana zijya zigira ibihe byazo zigakundwa, n’abahanzi bakagira igihe cyo gukundwa. Kuri ubu hari abahanzi nyarwanda bari mu bagaragaza ko bafite ahazaza heza mu muziki batangiye.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Aba bahanzi bari mu bagaragaza ejo heza mu muziki nyarwanda</h1>

			

			

			<p>Kigali Today yakoze urutonde rw’abahanzi kuri ubu bari kuzamuka ariko bagaragara ko bafite ahazaza heza bitewe n’ibihangano byabo uko bikunzwe kuri ubu.</p>
<p><strong>Juno Kizigenza</strong></p>
<div class='spip_document_144076 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="16" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kizigenza.jpg' width="700" height="393" alt="Juno Kizigenza" title="Juno Kizigenza" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Juno Kizigenza</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ku myaka 20, Kizigenza afite indirimbo ebyiri ze. Iya mbere yasohoye muri Gicurasi yitwa ‘Mpa formula’ yakunzwe, akaza gukora iya kabiri yise ‘Solid’. Izi ziri mu zikunzwe kuri ubu byamuhaye amahirwe yo kumenyekana akizamuka.</p>
<p><strong>Kenny Sol</strong></p>
<div class='spip_document_144077 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kenny_sol.jpg' width="700" height="379" alt="Kenny Sol" title="Kenny Sol" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kenny Sol</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kuri bu afite indirimbo esheshatu yatangiye gushyira hanze umwaka ushize, harimo izitwa ‘Njye nawe’, ‘Babiri’, ‘Agacouple’ n’indi yaje gukundwa yise ‘You&amp;I’. Kenny Sol akorana na Bruce Melody umufasha mu bikorwa bye bya muzika.</p>
<p><strong>Ish Kevin</strong></p>
<div class='spip_document_144078 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ish_kevin.jpg' width="708" height="885" alt="Ish Kevin" title="Ish Kevin" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Ish Kevin</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Semana Kevin Ishimwe uzwi ku izina rya Ish Kevin, aririmba injyana ya hiphop, akabaabarizwa mu itsinda rya Trappish Gang. Yatangiye kuririmba muri 2018 ari bwo yashyize indirimbo ye ya mbere hanze yitwa ‘Born&amp;Raise’. Akunzwe n’urubyiruko cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga na Youtube aho ashyira indirimbo ze.</p>
<p><strong>Alyn Sano</strong></p>
<div class='spip_document_144075 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/2_41.jpg' width="700" height="393" alt="Alyn Sano" title="Alyn Sano" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Alyn Sano</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Aline Sano Shengero uzwi nka Alyn Sano, ari mu bahanzi b’abakobwa bari kuzamukana indirimbo zikunzwe, uhereye ku yo aherutse gusohora yitwa ‘Joni’ ndetse na ‘For us’. Alyn azwiho kuba afite ijwi ryiza, yagiye no mu marushanwa ya The voice muri Afurika y’Epfo ariko aza kuvamo ategukanye igikombe. Kuri ubu ari gukora kuri album ye ya mbere izaba igizwe n’indirimbo 11.</p>
<p><strong>Kevin Kade</strong></p>
<div class='spip_document_144079 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="12" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kade.jpg' width="700" height="412" alt="Kevin Kade" title="Kevin Kade" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kevin Kade</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kevin Kade ubarizwa mu nzu ifasha abahanzi ‘Incredibles”’ya Bagenzi Bernard, ari kumwe na bagenzi be Davis D na Seyn. Uyu aherutse gushyira indirimbo ye hanze yitwa ‘Kao’, yakoze n’izindi zakunzwe harimo ‘Mi Amor’ yakoranye na Riderman na ‘Sofia’ yatangiriyeho.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kade.jpg"
				length="54943"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibyo ukwiye kumenya mbere yo kwishyiraho &#8216;Tatouage'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-ukwiye-kumenya-mbere-yo-kwishyiraho-tatouage</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-ukwiye-kumenya-mbere-yo-kwishyiraho-tatouage</guid>

		<dc:date>2020-11-28T06:36:02Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kwishushanya ku mubiri n’irangi ridashira (tatouage) ni bimwe mu bintu bikunzwe kugaragara mu rubyiruko bishobora kugira ingaruka ku wabikoze.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibyo ukwiye kumenya mbere yo kwishyiraho ‘Tatouage’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_144026 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="88" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rick-ross_tatooes.jpg' width="700" height="465" alt="Umunyamerika Rick Ross, umwe mu bafite tatouage nyinshi ku mubiri we (Ifoto: Internet)" title="Umunyamerika Rick Ross, umwe mu bafite tatouage nyinshi ku mubiri we (Ifoto: Internet)" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umunyamerika Rick Ross, umwe mu bafite tatouage nyinshi ku mubiri we (Ifoto: Internet)</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo umuntu ashushanyije ku ruhu rwe n’irangi ku buryo bwa burundu, aba ariho ashyira mu mubiri ikintu kitamenyerewe, ku buryo umubiri ubyakira mu buryo butandukanye.</p>
<p>Kuri bamwe uruhu rwabo rubyakira neza, ku bandi umubiri ukabyakira nabi bikagira ingaruka zigaragara zaba iz’igihe gito cyangwa nyuma y’igihe kirekire.</p>
<p>Twaganiriye n’umuganga w’uruhu, atubwira bimwe mu bintu byaba mu gihe umubiri utakiriye tatouage neza.</p>
<p><strong>Kubyimbirwa</strong></p>
<p>Umubiri ushobora kubyimba hahandi hashushanyijwe aho gukira ngo hasubire uko hari hameze, hakabyimba n’ibyo hashushanyijwe ntibigaragare.</p>
<p><strong>Infection</strong></p>
<p>Amarangi yinjira mu ruhu iyo bariho bakora tatouage ni menshi kandi aba avanze. Umubiri ushobora kwakira nabi aya marangi kuko ni ikintu kidasanzwe mu mubiri. Iyo utayakiriye neza ni ho uruhu rushobora kubyimba cyangwa gukira.</p>
<p><strong>Inkovu zidakira</strong></p>
<p>Mu gukora tatouage hakoreshwa inshinge zinjira mu ruhu, bigatera inkovu ikira nyuma y’igihe gito. Rimwe na rimwe hari ubwo uruhu rwanga gukira, inkovu ikamara igihe kinini bigashobora kuvamo ibindi bibazo bisaba kujya kwa muganga.</p>
<p><strong>Ingaruka z’igihe kirekire</strong></p>
<p>Bishoboka ko umubiri ushobora kwakira neza tatouage, ariko kubera ko iba iri mu mubiri no mu maraso, ingaruka zishobora kugaragara nyuma y’igihe kirekire, dore ko amaraso azenguruka mu mubiri wose.</p>
<p>Inama umuganga agira abantu bashaka gushyira tatouage ku mubiri wabo cyangwa se kugira ikindi kintu cy’impinduka bakora ku mibiri wabo, ni uko bajya babanza kubaza umuganga cyangwa se undi muntu atari ukubikora mu kigare gusa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rick-ross_tatooes.jpg"
				length="104833"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Igor Mabano asanga ibitaramo nibidafungura vuba hari abazarushaho kugorwa n'imibereho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/igor-mabano-asanga-ibitaramo-nibidafungura-vuba-hari-abazarushaho-kugorwa-n-imibereho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/igor-mabano-asanga-ibitaramo-nibidafungura-vuba-hari-abazarushaho-kugorwa-n-imibereho</guid>

		<dc:date>2020-11-27T10:07:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Igor Mabano ni umwe mu bagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19, dore ko cyadutse mu gihe yiteguraga kumurika Album ye ya mbere bigahagarikwa n’ingamba zo kwirinda icyo cyorezo. Kuri&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Igor Mabano asanga ibitaramo nibidafungura vuba hari abazarushaho kugorwa n’imibereho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143968 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="77" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/igor_mabano_iwacu_muzika_44.jpg' width="700" height="1023" alt="Igor Mabano aha yari mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival muri Kamena 2020" title="Igor Mabano aha yari mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival muri Kamena 2020" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Igor Mabano aha yari mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival muri Kamena 2020</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu ntangiriro z’uyu mwaka muri Werurwe nibwo Leta yatanze itangazo ry’uko ibitaramo bihuza abantu benshi bitemewe mu rwego rwo kwirinda icyorezo cyugarije isi yose. Byahuriranye n’uko Igor Mabano ubarizwa muri Kina Music yari afite gahunda yo kumurika Album ye ya mbere yise “Urakunzwe”, ku itariki 21 Werurwe 2020.</p>
<p>Kimwe n’abandi bahanzi benshi, iyo Album Igor yayimurikiye kuri internet, igitaramo kibera kuri YouTube, ariko agurishiriza ku mbuga zicuruza kuri internet, ibintu avuga ko byinjije kurusha uko yabitekerezaga. Ati “Twashyize indirimbo kuri internet abantu barazigura ku rwego ntari niteguye ruri hejuru.”</p>
<p>Igor avuga ko mu gihe ibitaramo bisanzwe byatinda gufungura abo bitunze bazagorwa cyane. Ati “Nkanjye ntabwo meze nabi cyane ariko nka bagenzi banjye bari aba DJ, abarinda umutekano mu bitaramo (bouncers), ababitegura, ababyamamaza n’abandi benshi. Kuri ubu ntabwo bari gukora kuko ntabihari, rero bidahindutse byagorana.”</p>
<p>Mabano aherutse gushyira hanze indirimbo ye yitwa “For Real” yakoranye na The Ben. Avuga ko iri kuri Album ye ya kabiri ubu yatangiye gukora kandi yiteguye gukorana n’abandi bahanzi benshi. Yavuze ko itazamera nk’iya mbere kuko harimo indirimbo nyinshi azakorana n’abandi bahanzi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/igor_mabano_covid19.jpg"
				length="60016"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nyuma y'amezi 8 DJ Miller yitabye Imana, hagiye gusohoka Album ye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nyuma-y-amezi-8-dj-miller-yitabye-imana-hagiye-gusohoka-album-ye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nyuma-y-amezi-8-dj-miller-yitabye-imana-hagiye-gusohoka-album-ye</guid>

		<dc:date>2020-11-24T12:38:33Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hope Nigihozo umugore wa nyakwigendera Karuranga Virgile wamenyekanye nka DJ Miller, hamwe n’inshuti z’uyu muryango, bagiye kumurika album ye nyuma y’amezi hafi umunani yitabye Imana.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nyuma y’amezi 8 DJ Miller yitabye Imana, hagiye gusohoka Album ye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143858 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_miller_ok.jpg' width="700" height="434" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu itangazo Nigihozo yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko nk’uko umugabo we Virgile yari yarabyifuje kumurika album ye ya mbere ariko akaza gupfa atabikoze, umuryango n’inshuti bifuje gukomeza uwo muhigo bakayimurika.</p>
<p>Iyi album yitwa ‘Shani’ akaba ari izina ry’umwana w’umukobwa wa Virgile yasize.</p>
<p>‘Shani’ izaba iriho indirimbo 10 zitandukanye yasize akoranye n’abahanzi batandukanyre. Ikazasohoka tariki 4 Ukuboza 2020.</p>
<p>DJ Miller wabarizwaga muri Dream Team, itsinda ryari rigwizwe n’aba-DJs batatu ari bo Dj Miller, Dj Toxxic na Dj Marnaud, yavangaga umuziki mu birori bitandukanye, akaba yarapfuye tariki 5 Mata 2020. Yari umwe mu bari bafite izina rikunzwe mu Rwanda.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_miller_ok.jpg"
				length="79671"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Urukingo rwa COVID-19 rugeze he? (menya uko rukorwa)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/urukingo-rwa-covid-19-rugeze-he-menya-uko-rukorwa</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/urukingo-rwa-covid-19-rugeze-he-menya-uko-rukorwa</guid>

		<dc:date>2020-11-21T18:17:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubuvuzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hashize iminsi inganda nka Pfizer, BioNtech na Moderna zivuga ko ziri gukora inkingo za COVID-19 zifite ubwirinzi bungana na 95%, ariko se ubundi bigenda bite kugira ngo urukingo rwemerwe?
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Urukingo rwa COVID-19 rugeze he? (menya uko rukorwa)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143780 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vaccine_covid-19-2.jpg' width="700" height="395" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kugira ngo urukingo rwa covid-19 bimenyekane ko rufite ubwirinzi buhagajije, abashakashatsi bakora igerageza ku bantu benshi, bamwe bagahabwa umuti urimo urukingo abandi bagahabwa urutarimo umuti, bose bagakurikiranwa kugira ngo batange amakuru ahamye.</p>
<p><strong>Ni nde uyobora igerageza?</strong></p>
<p>Uruganda Pfizer rukora imiti rw’Abanyamerika rwavuze ko ruri mu cyiciro cyo gukora igerageza ku bantu benshi bagera ku bihumbi 44 mu bihugu bitandukanye nka Leta zunze ubumwe za Amerika, u Budage, Turukiya, Afurika y’Epfo, Brazil na Argentine.</p>
<p>Abakorerwaho igeragezwa ku bushake bahabwa inkingo ebyiri mu minsi 21 bakabakurikirana buri munsi. Yaba uhabwa urukingo n’umuganga urumuha ntawe uba azi niba ari urukingo rurimo umuti cyangwa utarimo (placebo).</p>
<p><strong>Uko hamenywa niba urukingo rufite ubwirinzi buhagije</strong></p>
<p>Abakorerwaho iryo gerageza ku bushake ntabwo baterwa virus yabatera indwara. Ibi bikorwa iyo hari umuti uzwi kandi wemewe wabavura,naho kugeza ubu uwa covid-19 ukaba utaraboneka.</p>
<p>Nyuma yo guhabwa urukingo rw’igeragezwa babwirwa gukomeza ubuzima bwabo bwa buri munsi nk’uko bisanzwe ariko bagakomeza kwirinda bambara agapfukamunwa, bagahana intera no gukaraba intoki.</p>
<p>Nyuma y’iminsi bamwe bararwara kuko bakurikiranwa buri munsi, bigahita bimenyekana bagakurikiranwa. Iyo urukingo rufite ubwirinzi buhagije abarwara baba ari bake muri ba bandi bahawe urukingo rurimo umuti kurusha abahawe urukingo rutarimo umuti.</p>
<p>Abashakashatsi kugira ngo bamenye neza ko amakuru babona aba ari ay’ukuri, nyuma yo guha inkingo abantu bagakurikiranwa haba hari itsinda ritandukanye rigizwe n’abahanga mu kugenzura ibyavuye muri ubwo bushakashatsi  (Data and safety monitoring) kandi amazina yabo akagirwa ibanga kugira ngo hatagira uwaba yakwivanga muri ubu bushakashatsi.</p>
<p>Nyuma y’igihe iryo tsinda rikurikirana amakuru kuri abo bemeye gukorerwaho ubushakashatsi, amakuru arakusanywa akohererezwa abashakashatsi bakora urukingo. Aya ni yo makuru ashingirwaho kugira ngo uruganda runaka ruhabwe isoko cyangwa ruryangirwe.</p>
<p><strong>Ubwirinzi bugera kuri 95%</strong></p>
<p>Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu bantu ibihumbi 44 bagaragaje ubushake bwo gukorerwaho ubwo bushakashatsi bakoranye n’uruganda rwa Pfizer, 170 ni bo barwaye covid-19 mu minsi 7 nyuma y’uko bahawe urukingo rwa kabiri. Ibi bitanga icyizere kiri hejuru ugendeye kuri iyo mibare, kuko 162 mu barwaye bari mu bahawe urukingo rutarimo umuti (placebo) 8 nibo bari bahawe urukingo rurimo umuti. Ubwirinzi bwa 95% bisobanura ko ibyago byo kurwara covid-19 warahawe uru rukingo biri kuri 5%.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vaccine_covid-19-2.jpg"
				length="19459"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mike Kayihura ari mu 10 bahatanira igihembo cya &#8216;RFI Prix Decouvertes'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mike-kayihura-ari-mu-10-bahatanira-igihembo-cya-rfi-prix-decouvertes</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mike-kayihura-ari-mu-10-bahatanira-igihembo-cya-rfi-prix-decouvertes</guid>

		<dc:date>2020-11-18T12:18:45Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’amaojongora yakozwe n’akanama nkemurampaka, Umunyarwanda Mike Kayihura ari mu bantu 10 bari guhatanira amahirwe yo gutwara igihembo cya RFI Prix Decouvertes.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mike Kayihura ari mu 10 bahatanira igihembo cya ‘RFI Prix Decouvertes’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143598 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="72" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mike.jpg' width="700" height="611" alt="Mike Kayihura ari mu 10 bahatanira igihembo cya &#8216;RFI Prix Decouvertes'" title="Mike Kayihura ari mu 10 bahatanira igihembo cya &#8216;RFI Prix Decouvertes'" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mike Kayihura ari mu 10 bahatanira igihembo cya ‘RFI Prix Decouvertes’</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mike Kayihura ageze mu icumi banyu bari guhatanira iki gihembo nyuma y’ukwezi atangiye uru urugendo. Yaranditse asaba kujya mu bazabona aya mahirwe atangwa na radio y’Abafaransa RFI. Muri benshi bari babisabye yageze muri 60 batoranyijwe nyuma y’amajonjora.</p>
<p>Hongeye kubaho andi majonjora hagendewe ku ndirimbo buri muhanzi yatanze, Mike yatanze indirimbo ye yitwa ‘Sabrina’ yakoranye na Kivumbi.</p>
<p>Aho amarushanwa ageze, kugira ngo haboneke uzegukana intsinzi birasaba gutora. Uzagira menshi ni we uzatwara iki gihembo.</p>
<p>Kuri ubu Mike Kayihura uri gukora ku ndirimbo ziri kuri album ye ya kabiri ahanganye n’abandi bahanzi batandukanye harimo Shan’L wo muri Gabon, Nix Ozay wa Kongo Kinshasa na Young Ace Wayé bo muri Kongo Brazaville, Moonaya, Jside B na Mamy Cruz bo muri Senegal, D6BEL wa Tchad, Yerewolo wa Mali na Manamba Kanté wo muri Guinee.</p>
<p>Iki gihembo cya RFI Prix Decouvertes cyatwawe na Yvan Buravan wagitsindiye muri 2018, agakora ibitaramo bitandukanye muri Afurika, icya nyuma kikabera i Paris mu Bufaransa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mike.jpg"
				length="92699"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuhanzikazi wo muri DR Congo Tshala Muana yafunzwe kubera indirimbo ye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzikazi-wo-muri-dr-congo-tshala-muana-yafunzwe-kubera-indirimbo-ye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umuhanzikazi-wo-muri-dr-congo-tshala-muana-yafunzwe-kubera-indirimbo-ye</guid>

		<dc:date>2020-11-17T03:09:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Tshala Muana, umuhanzikazi w’icyamamare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DR Congo), yafashwe n’abashinzwe umutekano avanwa iwe ku wa mbere tariki 16 Ugushyingo 2020 nk’uko byemezwa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuhanzikazi wo muri DR Congo Tshala Muana yafunzwe kubera indirimbo ye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143521 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tshala_mwana_1.jpg' width="700" height="350" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Inkuru dukesha BBC ivuga ko Claude Mashala ushinzwe ibikorwa bya Tshala Muana yavuze ko uyu muhanzi yakuwe iwe mu rugo mu gitondo.</p>
<p>Kugeza ku mugoroba wo ku wa mbere, Tshala Muana yari akiri ku biro by&#8217;igihugu bishinzwe iperereza i Kinshasa, ibyo biro bikaba bitahise bitangaza impamvu yo gufata uyu muhanzi.</p>
<p>Mashala ushinzwe ibikorwa bye, yavuze ko Tshala Muana yafashwe kubera ibivugwa ku ndirimbo ye nshya yise "Ingratitude" bivuze indashima.</p>
<div class='spip_document_143522 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tshala_mwana_2.jpg' width="508" height="405" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bamwe mu bari hafi ya Perezida Félix Tshisekedi bavuga ko muri iyo ndirimbo, Tshala Muana yavugaga ko ubuyobozi yabuhawe na Joseph Kabila yabugeraho akamutera umugongo.</p>
<p>Muri iyi ndirimbo, ntaho umuhanzi ubwe avuga izina Félix Tshisekedi cyangwa Joseph Kabila.</p>
<p>Claude Mashala avuga ko muri iyo ndirimbo Tshala Muana ukomoka mu ntara ya Kasaï yaririmbaga ubuzima bwe bwite.</p>
<p>Tshala Muana w&#8217;imyaka 62 y’amavuko ni umuhanzi uzwi cyane muri muzika ya DR Congo no mu karere kubera indirimbo ze zakunzwe cyane nka Karibu yangu, Chena cyangwa Dezo Dezo.</p>
<div class='spip_document_143523 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tshala_mwana_3.jpg' width="640" height="360" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tshala_mwana_1.jpg"
				length="59746"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Shaddyboo uko abantu bamuvuga si ko ari - Platini P</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/shaddyboo-uko-abantu-bamuvuga-si-ko-ari-platini-p</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/shaddyboo-uko-abantu-bamuvuga-si-ko-ari-platini-p</guid>

		<dc:date>2020-11-12T10:14:57Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Platini P uherutse gushyira hanze indirimbo ye nsha yitwa ‘Atansiyo’, yagaragaye ku mafoto ari kumwe na Shaddyboo, avuga ko abantu bamuvuga uko atari.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Shaddyboo uko abantu bamuvuga si ko ari - Platini P</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143341 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="24" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p_na_shaddyboo.jpg' width="700" height="976" alt="Platini P na Shaddyboo" title="Platini P na Shaddyboo" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Platini P na Shaddyboo</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu minsi ishize hagaragaye amafoto ya Platini P, ari kumwe na Shaddyboo bituma abantu benshi bibaza niba nta kindi kiri hagati yabo. Platini yavuze ko ari akazi kabahuza n’umubano usanzwe.</p>
<p>Ati “Shaddyboo ikiduhuza ni akazi n’izindi gahunda zitandukanye ariko nta z’urukundo zirimo nk’uko abantu babiketse kubera amafoto”.</p>
<div class='spip_document_143342 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="78" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/29b989d3-bf93-4c55-acf4-ddc6f2d97e9e.jpg' width="700" height="715" alt="Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n'abamufata ukundi" title="Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n'abamufata ukundi" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Platini avuga ko Shaddyboo ari umuntu mwiza, bitandukanye n&#8217;abamufata ukundi</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Abajijwe ku bivugwa kuri Shaddyboo, Platini yavuze ko ibyo bavuga ntaho bihurira n’uwo ari we. Ati “Shaddyboo ni umuntu mwiza ugira ikinyabupfura, ucisha make ndetse ukunda gusabana. Abamuvuga ukundi ni uko baba batamuzi, na we ubwe ibyinshi bamuvuga ntaba abizi, yewe n’ingero bamutangaho ntazo aba azi”.</p>
<p>Mu kiganiro na KT Radio yagiranye na Platini P, yari arimo asobanura indirimbo ye aherutse gushyira hanze yitwa ‘Atansiyo’. Avuga ko atari indirimbo y’ubutumwa bwihariye ahubwo ari iyo kwishimisha kurusha ibindi.</p>
<div class='spip_document_143343 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="45" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/d1918b13-dfc6-4aad-a73d-9ff90b8fc5f9.jpg' width="700" height="599" alt="Platini P yavuze ku ndirimbo ye 'Antansiyo'" title="Platini P yavuze ku ndirimbo ye 'Antansiyo'" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Platini P yavuze ku ndirimbo ye &#8217;Antansiyo&#8217;</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ati “Uyumvise irimo injyana ibyinitse kurusha uko wakumva ikindi, ariko mvugamo n’umusore ukunda agakabya”.</p>
<p>Iyi ndirimbo yakorewe amashusho n’umusore Cedric Dric, ikorerwa i Dubai mu butayu. Mu mashusho yayo hagaragaramo umukobwa witwa Cycy.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p_na_shaddyboo.jpg"
				length="164359"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Rihanna ni we mucuranzi w'umugore ukize cyane ku isi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/rihanna-ni-we-mucuranzi-w-umugore-ukize-cyane-ku-isi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/rihanna-ni-we-mucuranzi-w-umugore-ukize-cyane-ku-isi</guid>

		<dc:date>2020-11-11T13:05:20Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzikazi Rihanna ni we muririmbyi w’umugore ukize cyane ku isi, nk’uko urutonde rw’igitangazamakuru Forbes ruherutse kubyerekana.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Rihanna ni we mucuranzi w&#8217;umugore ukize cyane ku isi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143267 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rihanna-2.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Rihanna afite umutungo ubarirwa muri miliyoni 600 z’amadolari ya Amerika. Ageze kuri uyu muhigo nyuma yo kwinjira mu nganda zikora imideli itandukanye.</p>
<p>Nk’uko Forbes ibitangaza, uyu mugore  w&#8217;imyaka 32 y&#8217;amavuko kuri ubu akize kurusha Madonna ufite umutungo ibarirwa muri miliyoni 570 z&#8217;amadolari, Celine Dion ufite miliyoni 450 z&#8217;amadolari na ho Beyonce, we ngo abarirwa muri miliyoni 400 z&#8217;amadolari.</p>
<p>Amazina bwite ya Rihanna ubusanzwe ni Robyn Rihanna Fenty. Yavutse ku ya 20 Gashyantare 1988, avukira muri Barbados. Ni umuririmbyi, umukinnyi w’amafilime, n’umucuruzi.  Impano ye yavumbuwe n’umuproducer w’Umunyamerika witwa Evan Rogers wanamutumiye muri Amerika gufata amajwi y&#8217;ibanze, nyuma yo kubona ko afite impano idasanzwe y&#8217;ubuhanzi.</p>
<p>Nyuma yo gusinyana amasezerano n’inzu itunganya muzika ya Def Jam Record Label mu 2005, bidatinze yahise amenyakana nyuma yo kumurika alubumu ze ebyiri za mbere yakoreye muri iyo studio.</p>
<p>Iya mbere ‘Music of the sun’ yagiye hanze muri (2005), iyitwa ‘A girl like Me’ yakurikiye ho muri 2006, zamugejeje ku rwego rwo hejuru no mu myanya icumi ya mbere muri Billboard yo muri Amerika mu ndirimbo 200 za mbere ziba zahize izindi.</p>
<p>Muri iki gihe Rihanna afite inzu y&#8217;akataraboneka ifite agaciro ka miliyoni 14 z&#8217;amadolari i Manhattan muri Leta ya New York, mu gihe yanaguze inzu mu burengerazuba bwa London mu Bwongereza kuri miliyoni 7 z&#8217;amapound ubwo hari muri Kamena 2018, kugira ngo yegere akazi mu bikorwa aheruka gufungura mu bijyanye n&#8217;imideli muri  Label ye y&#8217;imyambarire yise ‘FENTY’.</p>
<p>Rihanna yakundanye n&#8217;abagabo benshi, barimo umuraperi Drake n&#8217;umucuruzi wo muri Arabiya Sawudite Jameel Hassan, nyuma yo gutandukana ku mugaragaro n&#8217;urukundo rwe yatangaje ko ari urw’ibihe byose, yakundanye n&#8217;umucuranzi Chris Brown.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rihanna-2.jpg"
				length="81404"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Master KG wamamaye kubera &#8216;Jerusalema' yahawe igihembo cyo ku rwego mpuzamahanga</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/master-kg-wamamaye-kubera-indirimbo-jerusalema-yahawe-igihembo-cyo-ku-rwego-mpuzamahanga</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/master-kg-wamamaye-kubera-indirimbo-jerusalema-yahawe-igihembo-cyo-ku-rwego-mpuzamahanga</guid>

		<dc:date>2020-11-09T18:28:20Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umunyafurika y’Epfo Kgaogelo Moagi wamenyakanye nka Master KG mu ndirimbo yakoze yitwa “Jerusalema” yahawe igihembo cya MTV Europe Music Award.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Master KG wamamaye kubera ‘Jerusalema’ yahawe igihembo cyo ku rwego mpuzamahanga</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143192 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/master_kg.jpg' width="700" height="419" alt="Master KG" title="Master KG" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Master KG</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu myaka ine ishize ni abanyanigeria batwaraga iki gihembo cya MTV award gihabwa umunyafurika wakunzwe kurusha abandi. Umwaka ushize cyahawe Burna Boy, muri 2018 gihabwa Tiwa Savage, muri 2017 gihabwa Davido naho muri 2016 cyahawe Wizkid.</p>
<p>Muri uyu mwaka iki cyiciro cyari kirimo abahanganye barimo Burna Boy wo muri Nigeria, Rema wo muri Nigeria, Master KG wo muri Afurika y’Epfo, Kabza De Small na DJ Maphorisa bo muri Afurika y’Epfo, Sheebah Karungi wo muri Uganda na Gaz Mawete wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.</p>
<p>Master KG yamenyekanye cyane ku ndirimbo yitwa “Jerusalema” yakoranye na Namcebo. Kuri YouTube imaze kurebwa inshuro miliyoni 227. Ubwo yakiraga iki gihembo, yashimiye abakunze iyi ndirimbo n’abo bakorana bamushyigikiye kugeza aho ageze ubu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/master_kg.jpg"
				length="76430"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya uko ukwiye kwambara muri iki gihe cy'imbeho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uko-ukwiye-kwambara-muri-iki-gihe-cy-imbeho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uko-ukwiye-kwambara-muri-iki-gihe-cy-imbeho</guid>

		<dc:date>2020-11-07T12:19:35Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uko ibihe bihinduka, ni na ko imyambaro abantu bambara ihinduka haba mu bukonje cyangwa mu gihe cy’ubushyuhe (impeshyi). Muri iyi minsi nubwo mu Rwanda hakonje, nanone ntibiragera aho abantu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya uko ukwiye kwambara muri iki gihe cy’imbeho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143118 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="79" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/kwambara_4.png' width="700" height="463" alt="Mu Rwanda, ikoti rishyushye ariko ritaremereye ryagufasha mu gihe cy'ubukonje" title="Mu Rwanda, ikoti rishyushye ariko ritaremereye ryagufasha mu gihe cy'ubukonje" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mu Rwanda, ikoti rishyushye ariko ritaremereye ryagufasha mu gihe cy&#8217;ubukonje</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kumenya uko umuntu akwiye kwambara mu bihe by’ubukonje, Kigali Today yaganiriye na Rutayisire Noella, umucuruzi w’imyenda adufasha gusobanukirwa byinshi mu byo umuntu yagakwiye kwirinda.</p>
<p><strong>Imyenda yoroshye ntabwo ari iy’ibihe bikonje</strong></p>
<p>Rutayisire asobanura ko imyenda yoroshye atari iy’ibihe bikonje kuko ntawe irinda imbeho. Ati “Iriya ni imyenda yo kwamabara mu gihe cy’ubushyushye (impeshyi). Muri iki gihe umuntu aba akeneye imyenda imurinda imbeho. Unarebye si henshi wayibona”.</p>
<p><strong>Inkweto zirimo ubwoya n’amakoti ashyuhirana cyane si ngombwa</strong></p>
<div class='spip_document_143119 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="68" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/kwambara_1.png' width="700" height="708" alt="Muri ibi bihe, si ngombwa kwambara inkweto zifite ubwoya mu Rwanda" title="Muri ibi bihe, si ngombwa kwambara inkweto zifite ubwoya mu Rwanda" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Muri ibi bihe, si ngombwa kwambara inkweto zifite ubwoya mu Rwanda</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu Rwanda harakonja ariko ntihagera aho urubura rumara igihe rugwa nko mu bihugu bwo mu Burayi. Aho ni ho bakenera kwambara ziriya nkweto zifitemo ubwoya cyangwa amakoti ashyuhirana cyane. Rutayisire avuga ko ibyiza ari ukwambara umupira w’imbeho usanzwe cyangwa se ikoti ritaremereye cyane ariko rifubika.</p>
<p><strong>Inkweto zifunze ni ngombwa</strong></p>
<p>Sandals kimwe n’izindi nkweto zose zifunguye si izo kwambara mu bukonje. Bitewe n’aho ugiye, Rutayisire avuga ko ibyiza ari ukwambara inkweto zifunze ibirenge mu kwirinda imbeho ariko zijyanye n’imyenda.</p>
<p><strong>Amakoti adashyuhiranye ariko afubitse</strong></p>
<div class='spip_document_143120 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/kwambara_2.png' width="700" height="701" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ikirere gishobora kuba kitagaragaramo imvura mu gitondo mu gihe ugiye kuva mu rugo ukibeshya ko ari ko biri bwirirwe. Biba byiza iyo wambaye ukarenzaho umwenda wo kwifubika utari buze gushyuha cyane, ariko nanone uri bukurinde mu gihe haje ubukonje.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/kwambara_4.png"
				length="558739"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Edouce Softman ashima uburyo Producer Element yazanye umwihariko mu muziki w'u Rwanda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/edouce-softman-ashima-uburyo-producer-element-yazanye-umwihariko-mu-muziki-w-u-rwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/edouce-softman-ashima-uburyo-producer-element-yazanye-umwihariko-mu-muziki-w-u-rwanda</guid>

		<dc:date>2020-11-07T10:15:09Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Edouce Softman yatangaje ko ashima uburyo Producer Element yazanye umwihariko mu muziki Nyarwanda. Ibi yabivuze mu gihe hashize iminsi mike umuhanzi Lil G we avuze ko Producer Element nta&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Edouce Softman ashima uburyo Producer Element yazanye umwihariko mu muziki w’u Rwanda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143116 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="86" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/edouce.jpg' width="486" height="466" alt="Umuhanzi Edouce yemeza ko Producer Element yazanye umwihariko muri muzika y'u Rwanda" title="Umuhanzi Edouce yemeza ko Producer Element yazanye umwihariko muri muzika y'u Rwanda" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuhanzi Edouce yemeza ko Producer Element yazanye umwihariko muri muzika y&#8217;u Rwanda</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Prosucer Element ukorera muri Country Records, ni umwe mu batunganya umuziki kandi uri gukora indirimbo nyinshi kandi zikunzwe. Nta gihe kinini gishize atangiye gukora kuko yatangiye mu mpera za 2019, amenyakana muri 2020 ku ndirimbo ya Bruce Melody yakoze yitwa ‘Henzapu’.</p>
<p>Nyuma yaho abandi bahanzi bafite amazina akomeye batangiye kujya kumwishakira ngo bakorane, harimo nka The Ben, Uncle Austin, Emmy, Safi Madiba, Marina, Queen Cha. Si aba gusa kuko n’abakizamuka yarabakoreye kandi inyinshi muri zo zirakundwa.</p>
<p>Mu minsi ishize ni bwo umuhanzi LilG udaheruka gukora indirimbo ngo ikundwe, yikomye Producer Element, avuga ko akora indirimbo zisa, yewe ko nta mwihariko ugaragara mu ndirimbo ze.</p>
<p>Ibi yabivugiye kuri televiziyo ya Isango Star TV, ati “Niba uri kutwumva wiminjiremo agafu, kuko uri gukora ibintu bisa bidafite umwihariko”. Ibi byatumye abenshi bamutera utwatsi bavuga ko abikoze kugira ngo yongere avugwe kuko yazimye.</p>
<div class='spip_document_143117 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="18" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/element.jpg' width="551" height="466" alt="Producer Element" title="Producer Element" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Producer Element</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umuhanzi Edouce Softman aganira na KT Radio, yashimye Element ku mwihariko yazanye. Ati “Gukorana na Element byari byiza kuko afite umwihariko/touche we utandukanye, utuma indirimbo akoze zikundwa. Ni ibintu byiza kuko byari bikenewe”.</p>
<p>Ibi Edouce yabivuze mu gihe yarimo amurika indirimbo ye nshya aherutse gushyira hanze yitwa ‘Nyaranja’, yakorewe na Producer Element.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/edouce.jpg"
				length="23921"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Bagenzi Bernard yavuze ko ataramenya icyatumye Active bahitamo gutandukana na &#8216;Incredible Records'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/bagenzi-bernard-yavuze-ko-ataramenya-icyatumye-active-bahitamo-gutandukana-na-incredible-records</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/bagenzi-bernard-yavuze-ko-ataramenya-icyatumye-active-bahitamo-gutandukana-na-incredible-records</guid>

		<dc:date>2020-11-06T09:37:12Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Bagenzi Bernard, ufite inzu itunganya umuziki yitwa ‘Incredible Records’, yavuze kugeza n’ubu atazi impamvu itsinda rya Active bakoranye akabazamura mu ruhando rwa muzika nyarwanda, ryahisemo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Bagenzi Bernard yavuze ko ataramenya icyatumye Active bahitamo gutandukana na ‘Incredible Records’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_143065 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bagenzi.jpg' width="700" height="631" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi Bagenzi na we wahoze ari umuhanzi ubu akaba asigaye atunganya umuziki/producer, yabivuze aganira na kigali Today ku kuntu abahanzi benshi bahitamo kureka gukorana n’ababafashije kuzamuka, ndetse no kumenyekana.</p>
<p>Bagenzi yakoranye n’abahanzi benshi bafite amazina akomeye mu muziki hano mu Rwanda, nka Meddy, Ciney, Danny Nanone, Young Grace ndetse n’itsinda rya Active. Iri tsinda ryaje kureka gukorana na Bagenzi rikajya gukorana na Infinity Records yaje guhindura izina ikitwa New Level.</p>
<p>Yagize ati “Itsinda rya Active ntacyo nabagombaga na bo ntacyo bangombaga habe n’igiceri cy’ijana. Ariko gutyo gusa ntazi aho biturutse abasore barifashe baragenda bajya gukorana n’indi nzu y’umuziki. Kugeza n’ubu sindumva impamvu yabibateye, ariko sinabarenganya kuko abantu barakura bagashakisha ahari ibyiza kurushaho”.</p>
<p>Nyuma yo gutandukana n’itsinda rya Active ryari rigizwe na Tizzo, Olivis na Derek, Bagenzi yahise asinyana amasezerana y’imikoranire na Davis D hamwe na Kevin Kade, bombi baririmba injyana na Afrobeat.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bagenzi.jpg"
				length="88023"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Diamond Platnumz yavuze agahinda yagize nyina arwara akananirwa kugenda</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/diamond-platnumz-yavuze-agahinda-yagize-nyina-arwara-akananirwa-kugenda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/diamond-platnumz-yavuze-agahinda-yagize-nyina-arwara-akananirwa-kugenda</guid>

		<dc:date>2020-11-03T11:20:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Bwa mbere umuhanzi Diamond Platnumz yavuze uko nyina yarwaye mu mpera za 2013 kugenda bikamunanira.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Diamond Platnumz yavuze agahinda yagize nyina arwara akananirwa kugenda</h1>

			

			

			<div class='spip_document_142940 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="36" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diamond_na_nyina.jpg' width="700" height="621" alt="Diamond Platnumz na nyina umubyara" title="Diamond Platnumz na nyina umubyara" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Diamond Platnumz na nyina umubyara</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro na Wasafi FM, Diamond yavuze uburyo yajyanye nyina kumuvuza mu buhinde, ibintu avuka ko byamuhenze cyane kuko muri icyo gihe nta mafaranga ahagije yari afite.</p>
<p>Umuyobozi wa Wasafi avuga ko kimwe mu bintu bimushimisha mu buzima ari ukubona nyina afite ubuzima buzira umuze, kuko uburwayi yagiye muri 2013 bwamuteye ubwoba.</p>
<p>Ati “Umwaka wa 2012-2013 mama yagize stroke bisaba ko ajyanwa mu Buhinde kuvuzwa. Ni ubwa mbere nari mbonye mama atabasha kugenda, kuvuga cyangwa kugira ikindi kintu akora, hakwiyongeraho amafaranga byasabaga byanteye ubwoba. Iyo bitaba umuziki sinari kubona uko mpikura”.</p>
<div class='spip_document_142941 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mama_dangote.jpg' width="700" height="874" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu myaka ishize uko Chibu Dangote yagiye amenyekana, ahora agaruka ku buryo Sandra Sanura Kassim uzwi nka Mama Dangote nyina umubyara, yamubereye inkingi ya mwamba mu buzima bwe, ndetse no mu kazi ke k’umuziki n’ubuzima bubi babanyemo akura.</p>
<div class='spip_document_142942 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diamond_nyina_na_madamu.jpg' width="700" height="569" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_142943 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/unnamed-16.jpg' width="700" height="866" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/diamond_na_nyina.jpg"
				length="155974"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mico The Best yaguze studio izamufasha kunoza akazi ke</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mico-the-best-yaguze-studio-izamufasha-kunoza-akazi-ke</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/mico-the-best-yaguze-studio-izamufasha-kunoza-akazi-ke</guid>

		<dc:date>2020-10-29T16:48:07Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kwandika indirimbo biri mu byinjiriza amafaranga abazandika, bikarushaho iyo babasha kuzigurisha ziri mu majwi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mico The Best yaguze studio izamufasha kunoza akazi ke</h1>

			

			

			<p>Mico The Best ni umwe mu bahanzi bavugwa na bagenzi babo ko ari abanditsi beza b’indirimbo. Asanzwe ari n’umuhanzi ukora indirimbo ze bwite zigakundwa, iheruka kwamamara ikaba ari iyo yise ‘Igare’.</p>
<div class='spip_document_142702 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="15" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico-the-best_rwanda.jpg' width="700" height="466" alt="Mico The Best" title="Mico The Best" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mico The Best</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyo umuntu yanditse indirimbo byorohera uwo ayihaye iyo iri mu njyana. Mico avuga ko ubu bizajya bimworohera kuko mbere ngo byamugoraga kujya gufata amajwi muri studio zindi. Ati “Hari igihe wandikira umuntu indirimbo akagusaba ko uyimuha iri mu majwi. Icyo gihe byaramvunaga kujya kuyafatira hanze.”</p>
<p>Ikindi yavuze ko iyi studio ye izamufasha ni ibanga ry’akazi no koroherwa, ati “Nk’umuhanzi akenshi inganzo iza igihe icyo ari cyo cyose, rero kuba mfite studio bizamfasha kujya mpita nkora ntagiye gutegereza aho ngira muri studio yindi.”</p>
<p>Abandika indirimbo ntibakunze kuvugwa n’abo bazigurishije, ariko akenshi biba biri mu masezerano bagiranye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mico-the-best_rwanda.jpg"
				length="66065"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kwiyerekana mu myenda y'imbere mu marushanwa ya Miss Africa Calabar ntibivugwaho rumwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/kwiyerekana-mu-myenda-y-imbere-mu-marushanwa-ya-miss-africa-calabar-ntibivugwaho-rumwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/kwiyerekana-mu-myenda-y-imbere-mu-marushanwa-ya-miss-africa-calabar-ntibivugwaho-rumwe</guid>

		<dc:date>2020-10-29T11:48:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu Rwanda harimo kuba amarushanwa y’ubwiza azahitamo umukobwa uzahagararira u Rwanda muri Nigeria mu marushanwa ya Miss Africa Calabar.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kwiyerekana mu myenda y’imbere mu marushanwa ya Miss Africa Calabar ntibivugwaho rumwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_142661 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_africa_calabar.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kimwe mu byiciro by’aya marushanwa harimo aho abakobwa barushwanwa bagomba kwiyerekana bambaye imyenda y’imbere, ikintu kitavugwaho rumwe na benshi.</p>
<p>Izi impaka zakunze kugaragara iyo habayeho amarushanwa y’ubwiza bisaba ko abayitabira bigaragaza bambaye imyenda yo kogana (bikini). Abategura aya marushanwa bavuga ko ari kimwe mu bisabwa ku rwego mpuzamahanga atari mu Rwanda gusa.</p>
<p>Tariki 25 Ukwakira 2020 nibwo amajojonjora yabaye hagasigara abakobwa batanu bazavamo umwe uzakomeza. Aba bose biyerekanye bambaye bikini ariko abenshi barenzaho agatambaro. Ku mbuga nkoranyambaga abenshi berekanye ko batabyishimiye.</p>
<p>Uwitwa Lydie Mutesi Mwambali yanditse ati “Mumpugure,harya ubwiza bw’umukobwa bubonwa ari uko ashyize hanze ubwambure akiyereka? Hanyuma se muri aya marushanwa y’ubwiza bagenzi babo b’abahungu ko ntarabona amafoto yabo nk’aya bo ntibibareba?” Ingabire Immaculée yamusubije ko ubusa ari ubusa nyine kandi ubwiza butareberwa mu busa.</p>
<p>Abandi baganiriye na Kigali Today bavuga ko ari ikibazo cy’imyumvire. Uwitwa Safari Damien avuga ko ababyita umuco bakarebye uko imyambarire yagiye ihinduka mu myaka ishize. Yagize ati “Guhera kera mu Rwanda bambaraga utuntu twahishaga imyanya y’ibanga gusa ku mukobwa, ibi byo kwambara bita kwikwiza ni umuco w’abazungu twitije. Rero kugeza ubu ababyita umuco bakarebye ko umuco mu myambarire wagiye uhinduka, kubona abana b’abakobwa bambara kuriya nta gitangaza kirimo."</p>
<p>Ababyeyi bo ntibabikozwa. Muhimpundu Claudine ufite abana b’abakobwa babiri avuga ko ntaho abizi, yewe bidakwiye. Ati “Njyewe uko narezwe ntaho nabonye umukobwa yambara ubusa ngo ni ukwerekana ubwiza, mbonye umwana wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri bene ayo marushanwa ntago nabyemera.”</p>
<p>Nyamara undi mubyeyi we siko abyumva kuko avuga ko yamushyigikira. Secumi Richard avuga ko yanamuherekeza. Ati “Umukobwa wanjye aje akambwira ko ashaka kujya muri ayo marushanwa namushyigikira nkanamuherekeza yewe. Kuko n’ubundi aba yajya ku mazi akambara uko nyamara hariya afite kuba anakorera amafaranga n’ibindi byinshi.”</p>
<p>Izi mpaka ntizirangira kuko buri wese avuga ibye, gusa amarushanwa y’ubwiza ategurwa mu Rwanda kwiyerekana muri iyi myambaro ntabwo bibamo. Urugero rw’irushanwa rizwi cyane muri ayo abera mu Rwanda ni iryo guhitamo Nyampinga w’u Rwanda (Miss Rwanda). Abitabira iri rushanwa biyerekana mu makanzu n’imyenda y’umuco, ababaha amanota bakagendera ku bwiza, ubwenge n’umuco.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_africa_calabar.jpg"
				length="133275"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Pasiteri Niyonshuti Theogene avuga ko niba habaho ijuru n'ingo nziza zibaho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/pasiteri-niyonshuti-theogene-avuga-ko-niba-habaho-ijuru-n-ingo-nziza-zibaho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/pasiteri-niyonshuti-theogene-avuga-ko-niba-habaho-ijuru-n-ingo-nziza-zibaho</guid>

		<dc:date>2020-10-26T13:54:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ikibazo cy’amikoro ni kimwe mu bigaruka buri gihe iyo havuzwe urukundo cyangwa se kubana mu rugo hagati y’umugabo n’umugore. Pasiteri Niyonshuti Theogene avuga ko nubwo gatanya ari nyinshi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Pasiteri Niyonshuti Theogene avuga ko niba habaho ijuru n’ingo nziza zibaho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_142544 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="30" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pastor_theogene_niyonshuti_kigali_today.jpg' width="700" height="468" alt="Pasiteri Theogene Niyonshuti" title="Pasiteri Theogene Niyonshuti" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Pasiteri Theogene Niyonshuti</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro Ubyumva Ute cya KT Radio Pasitier Niyonshuti yatumiwemo, yavuze ko buri wese mu rwego arimo agera igihe cyo gushaka uwo bazabana, uko ubushobozi bwe mu mafaranga bwaba bumeze kose.</p>
<p>Ati “Na wawundi utagira aho arara agera igihe gikwiriye akumva arashaka gushinga urugo. Ahubwo ikibazo aho kiri ni uko umuntu yishyira mu rwego atarimo, ariko uwo muhungu n’umukobwa bakabanje gutekereza icyo urugo ari cyo”.</p>
<p>Avuga ko urugo ari umushinga w’ubuzima urangira ari uko umwe apfuye, kandi na bwo undi arakomeza kuko hazamo abana kandi ko urugo ruruta amafaranga.</p>
<p>Ati “Nibamara kwicara bakumva ibyo ni bwo bazatangira gutekereza ku mafaranga bareba ibikenewe. Ikibazo kibaho ni uko hazamo kubeshya, umwe akabeshya undi kugirango amuvane mu bihe bibi arimo”.</p>
<p>Mu buhamya atanga avuga ku byamubayeho ajya gushinga urugo, akavuga ko icy’ingenzi ari ukuri no kunyurwa, kuko we n’uwo babana bashyize ukuri imbere.</p>
<p>Ati “Twavuye ku murenge kwiyandikisha madamu ambaza niba ngira konti muri banki, ndibuka ko nari mfite bibiliya mu ntoti n’agakapu karimo ipantako n’ishati. Naramubwiye ngo uku umbona ni ko mpagaze, ikirenze aha ntacyo mfite”.</p>
<p>Umugore we babanye uko kandi bemeranya gukundana uko bameze.</p>
<p>Icyo Pasiteri Niyonshuti agiramo inama abashaka kurushinga ni uko amafaranga akenewe, kuko ubuzima bwa buri munsi buyobowe n’amafaranga, ariko ibyica urukundo ari kwa kubeshya, kutagira ibanga, kumva amabwire n’ibindi usanga bisenya urukundo.</p>
<p>Ati “Urugo bagomba kumva ko atari ibirangirira mu bukwe ahubwo ari ho rutangirira, kandi bakamenya ko mu rugo habaho kuzamuka no kumanuka. Ni intambwe iterwa rimwe mu buzima byaba bibabaje hagize uyitera agashingira ku mafaranga kuko aho baba bagana atari amafaranga gusa”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pastor_theogene_niyonshuti_kigali_today.jpg"
				length="81422"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Iby'ingenzi byaranze ikiganiro mpaka cyahuje Donald Trump na Joe Biden </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/iby-ingenzi-byaranze-ikiganiro-mpaka-cyahuje-donald-trump-na-joe-biden</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/iby-ingenzi-byaranze-ikiganiro-mpaka-cyahuje-donald-trump-na-joe-biden</guid>

		<dc:date>2020-10-23T14:39:46Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ikiganiro mpaka cya kabiri ari na cyo cya nyuma hagati y’abakandida babiri bahatanira kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika cyagenze neza kurusha icya mbere kuko abakandida bombi bahanaga umwanya&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Iby’ingenzi byaranze ikiganiro mpaka cyahuje Donald Trump na Joe Biden </h1>

			

			

			<div class='spip_document_142417 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trump_biden_final_debate_2.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Trump yagarutse ku buryo Biden yananiwe gukemura ikibazo cy’ivangura rishingiye ku ruhu akiri umusenateri, ndetse n’igihe yari visi perezida,Trump avuga ko Biden atari igitangaza ahubwo ko ari umunyapoliki nk’abandi.</p>
<p>Biden na we yagarutse ku buryo Trump nta mpinduka yakoze mu gihe amaze ayobora. Yavuze ku buryo Trump yananiwe guhangana n’icyorezo cya Covid-19, kuba Abanyamerika nta bwishingizi mu kwivuza bafite, ibibazo by’ubukungu n’ibibazo by’abimukira. Hari aho Biden yageze yita Trump umuperezida uvangura ashingiye ku ruhu, avuga ko ari umuperezida mubi Amerika yagize muri ibi bihe bya vuba (modern history).</p>
<p>Mu kiganiro cya mbere hagati ya Trump na Biden cyarimo urusaku kuko bavugiranagamo, batitaye ku kuba uwari uyoboye ikiganiro yarahaga umwanya buri wese. Icyo gihe basubizaga badakurikije umwanya wa buri wese. Byatumye kuri iyi nshuro hari uwari ushinzwe kureba iminota 2 buri wese yari yemerewe, yarangira uwo muntu agahita azimya micro bavugiragaho.</p>
<p><strong>COVID-19 iracyari iturufu muri aya matora</strong></p>
<p>Aya matora ya 2020 muri Amerika ashingiye cyane ku kureba uburyo Trump yitwaye mu gihe cy’icyorezo cya COVID-19. Trump na Biden bapimwe mbere yo kwinjira aho ikiganiro cyabereye basanga batarwaye, na bake bari ahabereye icyo kiganiro basabwe kwambara udupfukamunwa.</p>
<p>Biden yavuze ko hashobora kuba hagiye gupfa abandi bantu benshi muri izi mpera z’umwaka biyongera ku bandi Banyamerika ibihumbi 220 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Ubuyobozi bwa Trump bunengwa kuba atarabashije guhanga n’iki cyorezo ngo ashyireho ingamba zirengera abanyagihugu. Biden yagize ati “Umuntu ubazwa impfu z’Abanyamerika bangana gutyo ntagomba gukomeza kuba Perezida.”</p>
<div class='spip_document_142418 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trump_biden_final_debate_3.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Trump we yavuze ko uburyo yakoresheje bwakijije ubuzima bw’ababarirwa muri miliyoni nyinshi. Trump na we warwaye icyo cyorezo, avuga ko yize byinshi kuri COVID-19 yongeraho ko n’ubwo kibasiye benshi muri Amerika, ariko hakiri igaruriro. Yanavuze ko urukingo rwa Covid-19 ruzaboneka mu gihe cya vuba. Abajijwe igihe ruzabonekera, yasubije ko hari icyizere ko ruzaboneka mbere y’impera z’uyu mwaka.</p>
<p><strong>Impaka ku bwishingizi mu kwivuza</strong></p>
<p>Abademocrate bakoze ibishoboka byose ngo ubwishingizi bwazanywe na Obama yise Obamacare buvanweho mu gihe cyo kwiyamamaza kwa Trump, ibintu byaje kugerwaho.</p>
<p>Biden yavuze ko atowe yazana ubwishingizi bwagera kuri bose kuri make yise BidenCare. Ibi Trump yabiteye utwatsi avuga ko byaba ari ugukomeza Obamacare kandi ntacyo yamariye Abanyamerika.</p>
<p><strong>Trump yavuze ko Biden ari umunyapolitiki urya ruswa </strong></p>
<p>Trump mu kwiyamamaza muri 2016 yavugaga ko atari umunyapolitiki ahubwo ari umucuruzi ugiye kujya i Washington kuzamura ubukungu bw’igihugu atagiye gukina politiki. Trump avuga ko Biden ari umunyapolitiki umaze imyaka irenga 47 akorera Guverinoma nyamara nta byinshi yagezeho.</p>
<p>Trump yanagarutse ku nkuru ya New York Times yavuze ku muhungu wa Biden washinze Kompanyi hanze ya Amerika kugira ngo se abone aho acisha amafaranga. Biden yabihakanye, Trump abura ibihamya by’ibyo yavugaga.</p>
<p> Biden yavuze ku makuru aherutse kwerekana amakonti y’ubucuruzi ya Trump ari mu Bushinwa yishyuriyeho Amadolari menshi mu misoro, nyamara muri Amerika yarishyuye make cyane.</p>
<p>Trump yasaga n’uwarambiwe kuko ikiganiro kijya kurangira yasaga n’ureba isaha aho igeze.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/trump_biden_final_debate.jpg"
				length="62744"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Fireman yiteguye gukora ibishoboka byose akabaho nk'umuntu utari icyamamare</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/fireman-yiteguye-gukora-ibishoboka-byose-akabaho-nk-umuntu-utari-icyamamare</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/fireman-yiteguye-gukora-ibishoboka-byose-akabaho-nk-umuntu-utari-icyamamare</guid>

		<dc:date>2020-10-22T11:05:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuraperi Uwimana Francis wamenyekanye nka Fireman avuga ko kuba umuntu uzwi bituma ikintu kibi akoze kigaragara nabi cyane kurusha abandi, akavuga ko yiteguye gutanga ibishoboka byose ngo abeho&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Fireman yiteguye gukora ibishoboka byose akabaho nk’umuntu utari icyamamare</h1>

			

			

			<div class='spip_document_142323 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/fireman.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Fireman wamenyekanye nk’umwe mu bagize itsinda rya Tough Gang, kuri ubu uri kuririmba wenyine, yaganiriye na KT Radio avuga ku buzima bwe akiri mu itsinda, uko yakoresheje ibiyobyabwenge akaza gufungwa, n’uko ubuzima bwe bumeze nyuma yo kugaruka mu muziki.</p>
<p>Avuga ko yatangiye kunywa urumogi akiga mu mashuri yisumbuye akabona ntacyo bimutwara. Ati “Muri secondaire narabinywaga ariko nkabona ntawe twanduranya kandi no mu ishuri nkatsinda, byatumye nkomeza kugeza aho navuye ku rumogi nkatangira kunywa heroin na cocaine”.</p>
<p><strong>Umunsi avuga ko yabonye biri guta umurongo, ngo ni igihe amafaranga yatangiye kumushiraho</strong></p>
<p>Ati “Umunsi nabonye ko bikabije ni igihe nakoze akazi nkahembwa miliyoni enye nta mezi abiri yashize ntangira kuguza. Kuko ubusanzwe nakoreshaga nka 100,000frw muri weekend kuko urumogi ntago rwahendaga.</p>
<p>Cocaine yaguraga 50,000frw heroine ari 25,000frw byo byari bihenze, icyo gihe rero amafaranga yose nabonaga nayajyanaga mu biyobyabwenge. Byaragiye biba bibi akazi karananira nkajya nkorera amafaranga yo kugura ibiyobyabwenge gusa”.</p>
<p>Muri 2018 yajyanywe Iwawa mu kigo ngororamuco, avuga ko biri mu bihe mu buzima byamukomereye ariko byatumye agaruka mu buzima.</p>
<p>Agira ati “Ni ahantu hatoroshye kuba ariko narahabaye ndashima Imana ko ntasibiye nyuma y’umwaka umwe nkavayo”..</p>
<p>Avuga ko akigerayo abantu bose bashakaga kureba Fireman kuko yari azwi bituma ubuzima bumukomerera.</p>
<p>Kimwe mu bintu yifuza ni uko yabaho ubuzima busanzwe nk’abandi bose, akabaho atari icyamamare.</p>
<p>Ati “Kera nkiri umwana numvaga nakora ibishoboka byose ngo menyekane ariko kuri ubu natanga ibyo mfite byose ngo mbihindure. Kuko abantu bakunda byacitse, iyo umuntu akoze ibyiza ntabwo babyitaho, ariko iyo ukoze ikibi bahita babisamira hejuru birengagije ko turi abantu kandi umuntu yakosa igihe icyo aricyo cyose. Ubu ndi kwaguka ndashaka gushinga umuryango kandi sinshaka ko nahora mvugwa mu bibi mu gihe bibaye”.</p>
<p>Kuri ubu Fireman yagarutse mu ruhando rwa muzika aho amaze gushyira indirimbo ebyiri hanze, iyitwa ‘Ibanga ry’ubuzima’ ari kumwe na P Fla na Cash Bello, ndetse n’indi yitwa ‘Ni neza’ ari kumwe n’itsinda rya Symphony.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/fireman.jpg"
				length="68218"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Izi ndirimbo ntizivugwaho rumwe: Bamwe bazita &#8220;ibishegu&#8221; abandi bati &#8220;Ni ubuhanzi&#8221;</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/izi-ndirimbo-ntizivugwaho-rumwe-bamwe-bazita-ibishegu-abandi-bati-ni-ubuhanzi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/izi-ndirimbo-ntizivugwaho-rumwe-bamwe-bazita-ibishegu-abandi-bati-ni-ubuhanzi</guid>

		<dc:date>2020-10-20T12:44:11Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hashize iminsi hasohoka indirimbo zitandukanye, abazumva bakavuga ko harimo amagambo y’ibishegu cyangwa se amagambo y’urukozasoni, abandi bakavuga ko ntacyo zitwaye ahubwo ko ari imyumvire&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Izi ndirimbo ntizivugwaho rumwe: Bamwe bazita “ibishegu” abandi bati “Ni ubuhanzi”</h1>

			

			

			<p>Izi mpaka zikunze kuvugwaho n’abantu batandukanye baba abayobozi, abahanzi bashyirwa mu majwi ndetse n’abazumva.</p>
<p>Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Edouard Bamporiki, ubwo yari kuri Radio 10 aherutse gutangaza ko yasezera ku mirimo ye aho kugira ngo Minisiteri abarizwamo inafite mu nshingano umuco itere inkunga umuhanzi uririmba bene izi ndirimbo.</p>
<p>Bamporiki yavuze ko abahanzi bakora izo ndirimbo hari byinshi bononera u Rwanda ndetse na bo batiretse. Ibyo ngo bashobora kubihanirwa n’amategeko, cyane ko baba biyima n’amahirwe yo kuba hari ubufasha runaka bw’igihugu bahabwa.</p>
<p>Ku rundi ruhande, bamwe mu bahanzi bo si uko babyumva. Bruce Melody, umwe mu batungwa agatoki,avuga ko izo ndirimbo ari zo abantu bakunda kandi ko abahanzi bose bataririmba iza gakondo.</p>
<p>Ati “Ese twese twaririmba indirimbo zivuga umuco ngo bikunde? Abahanzi dukora indirimbo zitandukanye twese bitewe n’inganzo ya buri wese, kandi izo ndirimbo bita ibishegu ni zo abantu bakunda kandi zicuruza. Wowe uri umuhanzi urumva wabigenza ute? Ariko abazumva nibatazikunda nzajya muri gakondo.”</p>
<p>Platini mu ndirimbo ye “Fata Amano” na we yatunzwe agatoki ariko avuga ko ibishegu biri mu buvanganzo rw’ururimi nyarwanda atari abahanzi b’ubu babizanye. Yagize ati “Erega ibi bita ibishegu si twe tubihimbye ni ibintu bisanzwe mu muco nyarwanda, ahubwo niba biri mu ndirimbo abazicuranga bagakwiye kuziha amasaha akwiriye naho kuzica si igisubizo.”</p>
<p>Umuhanzi Davis D na we ibihangano bye muri iyi minsi ntibivugwaho rumwe, dore ko guhera ku ndirimbo yise Dede, Micro ndetse n’iherutse kujya hanze yitwa Ifarasi zose hari abavuga ko zirimo amagambo y’urukozasoni. Icyakora uyu muhanzi we avuga ko izo ndirimbo zifite imvugo izimije bigatuma abantu bazumva mu buryo butandukanye, kuri we agasanga ubwo ari bwo buhanzi.</p>
<p>Ati “Njye nk’umuhanzi nkora indirimbo. Abantu iyo bayumvise mu buryo butandukanye ntacyo bintwara. Niba mvuze ‘Micro’ hari uwumva indangururamajwi undi akumva iyi ya radio yewe abandi bakumva ibindi. Rero kuba nta magambo mabi arimo ndumva nta kibazo kirimo. Abumva amabi ni uko bo ubwabo baba babyiyumviye.”</p>
<p>Abiganjemo urubyiruko usanga ari bo bumva cyane izi ndirimbo. Umwe muri bo witwa Bankurikire Ange w’imyaka 23 we asanga ingaruka zazo ari nke kurusha uko babyumva.</p>
<p>Ati “ Ntawumva izi ndirimbo ngo ahite ajya gusambana cyangwa ikindi, ubikora n’ubundi aba yabitekerejeho na mbere. Akenshi usanga tuzikundira injyana. Abo bana bavuga ko zabangiza yewe abenshi baba basubiramo amagambo bafashe mu mutwe ariko ntibanumva ubusobanuro bw’ibishegu dore ko akenshi bivugwa mu mu buryo bujimije.”</p>
<p>Izi mpaka kugeza ubu nta mwanzuro zirabonerwa, dore ko zikomeza kugaragara haba ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ahandi mu biganiro. Ni nako kandi abahanzi bakomeza kumvikana bahimba izindi ndirimbo ziri muri ubwo buryo bamwe bita urukozasoni.</p>
<p><strong>Izi ni zimwe muri izo ndirimbo. Wowe bene izi ndirimbo uzivugaho iki?</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/Dhu-mMldU-0" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/token_young_grace.jpg"
				length="6505"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Igihembo cyitiriwe Nobel cy'Amahoro cyahawe WFP/PAM</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/igihembo-cyitiriwe-nobel-cy-amahoro-cyahawe-wfp-pam</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/igihembo-cyitiriwe-nobel-cy-amahoro-cyahawe-wfp-pam</guid>

		<dc:date>2020-10-09T13:38:01Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hamaze iminsi hatangwa ibihembo bizwi nka Prix Nobel, icyari gitahiwe kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Ukwakira 2020 kikaba ari icy’amahoro cyahawe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Igihembo cyitiriwe Nobel cy’Amahoro cyahawe WFP/PAM</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141715 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pam.jpg' width="700" height="376" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Icyo gihembo bagihawe ku bw’uruhare uyu muryango wagize mu kurwanya inzara ku isi, cyane cyane mu duce twakunze kurangwamo intambara, nk’uko komite itanga ibi bihembo yabivuze kuri uyu wa Gatanu.</p>
<p>Umwihariko w’uyu mwaka ni uko iki gihembo cya Prix Nobel kiba gitegerejwe na benshi kitahawe umuntu ku giti cye, ahubwo gihabwa umuryango.</p>
<p>N’ubwo Ishami ry&#8217;Umuryango w&#8217;Abibumbye ryita ku biribwa ryahawe iki gihembo kubera uruhare rwaryo mu kurwanya inzara, muri ibi bihe icyorezo cya covid-19 cyugarije isi, umubare w’abantu babuze ibyo kurya n’abishwe n’inzara wariyongereye ku isi.</p>
<p>Abicishije kuri Twitter, Umuvugizi wa WFP/PAM yavuze ko guhabwa iki gihembo ari ishema kuko kirushaho kubongerera umwete mu kugera ku ntego biyemeje yo guhangana n’inzara.</p>
<p>Tomson Phiri, umuvugizi wa PAM yagize ati “Kimwe mu bikorwa byiza PAM ikora ni uko tutagaburira abantu gusa ibya none n’ejo, ahubwo tubaha ubumenyi bakeneye n’uburyo bashobora kwikemurira ibibazo byabo bwite.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/pam.jpg"
				length="52138"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Covid-19 ishobora gutuma abana bapfa bavuka buri mwaka bikuba kabiri</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-ishobora-gutuma-abana-bapfa-bavuka-buri-mwaka-bikuba-kabiri</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-ishobora-gutuma-abana-bapfa-bavuka-buri-mwaka-bikuba-kabiri</guid>

		<dc:date>2020-10-09T07:40:25Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indwara
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuryango w’Abibumbye (UN), uvuga ko kubera icyorezo cya Covid-19, abana bapfa bavuka buri mwaka bashobora kwiyongeraho miliyoni ebyiri. Ni mu gihe n’ubusanzwe, buri mwaka habarurwa abana bapfa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Covid-19 ishobora gutuma abana bapfa bavuka buri mwaka bikuba kabiri</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141699 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/still_birth.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umubare munini w’aba bana (abagera kuri 84%) ni abavukira mu bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere, aho usanga ubuvuzi bw’ibanze umugore abona mbere yo kubyara bwagakijije ibihumbi by’abana ari ntabwo, nk’uko raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) ifatanyije n’ishami ryita ku Buzima (OMS) na Banki y’Isi ibitangaza.</p>
<p>Abenshi muri aba bana bapfa kuko ubuvuzi ababyeyi bahabwa buri hasi, ibikoresho bike cyangwa se ababyaza nta bumenyi buhagije babifitemo.</p>
<p>Nubwo muri iyi myaka icumi ishize hagaragaye kugabanuka muri iyi mibare, imfu z’abana bapfa bavuka ziracyari ikibazo mu bihugu biri munsi y’Ubutayu bwa Sahara no mu Majyepfo ya Aziya.</p>
<p>Hernietta Fore, Umuyobozi wa UNICEF, agira ati “Gupfusha umwana ni ibintu bikomereye umuryango, kenshi usanga bitaganirwaho kandi ibi ni ku isi hose. Usibye ingaruka zo gupfusha, usanga ubuzima bwo mu mutwe n’amafaranga bigira ingaruka z’igihe kirekire ku mugore n’umuryango”.</p>
<p>Iyi raporo ivuga ko hatagize igikorwa byihuse mu mwaka wa 2030, isi ishobora kubara miliyoni 20 z’abana bapfa bavuka.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/still_birth.jpg"
				length="123546"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Igihembo cya Nobel cy'Ubugenge cyahawe abakoze ubushakashatsi ku byobo by'umukara biri mu isanzure</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/igihembo-cya-nobel-cy-ubugenge-cyahawe-abakoze-ubushakashatsi-ku-byobo-by-umukara-biri-mu-isanzure</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/igihembo-cya-nobel-cy-ubugenge-cyahawe-abakoze-ubushakashatsi-ku-byobo-by-umukara-biri-mu-isanzure</guid>

		<dc:date>2020-10-07T09:37:45Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku wa Kabiri tariki 06 Ukwakira 2020, igihembo cyitiriwe Nobel ‘Prix Nobel’ cyahawe abashakashatsi batatu Roger Penrose, Reinhard Genzel na Andrea Ghez, bakoze ubushakashatsi ku byobo by’umukara&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Igihembo cya Nobel cy’Ubugenge cyahawe abakoze ubushakashatsi ku byobo by’umukara biri mu isanzure</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141620 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nobel_prize_physics.jpg' width="700" height="397" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umwongereza Roger Penrose, Umudage Reinhard Genzel n’Umunyamerika  Andrea Ghez, ni bo bahawe igihembo kigenerwa ubushakashatsi ku bugenge. Icya kabiri kingana na miliyoni 10 z’amadolari ya Amerika, cyahawe Umwongereza ikindi gihabwa abandi babiri.</p>
<p>Uyu Ghez ni umugore wa kane mu mateka ya Prix Nobel uhawe iki gihembo cyahariwe ubugenge guhera muri 1901.</p>
<p>Ubu bushatsi bwakozwe ku bice by’isanzure byitwa ‘trous noirs’ cyangwa ze ibyobo by’umukara, haba imbaraga za rukuruzi nyinshi usanga nta kintu cyahaca n’urumuri rutagaragara.</p>
<p>Perezida wa komite itanga ibi bihembo bya Prix Nobel David Haviland, yavuze ko ari amahirwe mashya ati “ubushakashatsi bwabo bwafunguriye amarembo abandi bashakashatsi baziga ku bwoko butandukanye bw’ibi byobo”.</p>
<p>Abahanga mu bugenge bwo mu isanzure bavuga ko ibi byobo bikiri amayobera kuri siyansi kuko hatazwi uburyo bivuka n’uko bimwe biba binini cyane kurusha ibindi, kuko bishobora kumira indi mibumbe n’inyenyeri.</p>
<p>Umwaka ushizi wa 2019, iki gihembo cyahawe James Peebles wiga ku isanzure, wageze ikirenge mu cya Albert Einstein mu gushaka aho isanzure ryavuye, na bagenzi be Michel Mayor na Didier Queloz abambere bavumbuye undi mubumbe.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/nobel_prize_physics.jpg"
				length="105378"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Igihembo cyitiriwe Nobel mu buvuzi cyahawe abavumbuye virusi ya H&#233;patite C</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/igihembo-cyitiriwe-nobel-mu-buvuzi-cyahawe-abavumbuye-virusi-ya-hepatite-c</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/igihembo-cyitiriwe-nobel-mu-buvuzi-cyahawe-abavumbuye-virusi-ya-hepatite-c</guid>

		<dc:date>2020-10-05T21:31:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubuvuzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abashakashatsi batatu bavumbuye virusi itera indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C izwi nka ‘Hépatite C ni bo batsindiye igihembo cyitiriwe Nobel mu byerekeranye n’ubuvuzi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Igihembo cyitiriwe Nobel mu buvuzi cyahawe abavumbuye virusi ya Hépatite C</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141561 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hepatite_c-3.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abatsindiye iki gihembo ni Umwongereza witwa Michael Houghton n’Abanyamerka babiri ari bo Harvey na Charles Rice. Komite itanga ibi bihembo bya Prix Nobel yavuze ko ubushakashatsi bwabo bwakijije ubuzima bw’ababarirwa muri miliyoni.</p>
<p>Iyi virusi ni imwe mu mpamvu zitera indwara ya kanseri y’umwijima ivurwa iyo uyirwaye abonye umuha umwijima utarwaye. Mu myaka ya 1960 habayeho ikibazo cy’uko abarwayi bahabwaga amaraso bagiraga ikibazo cy’umwijima batazi aho cyavuye bikitwa indwara itazwi.</p>
<p>Kuri ubu hari ibizamini by’amaraso bikorwa iyi ndwara ikagaragara hakiri kare, umuti uyivura na wo ukaba warakozwe. Komite itanga ibi bihembo yavuze ko iyi ndwara ishobora gukira ku isi hose. Bati “Bwa mbere mu mateka iyi ndwara ishobora kuvurwa igakira, bitanga icyizere cyo kuyirandura ku isi hose.”<br class='autobr' />
Kuri ubu abarenga miliyoni 70 babana n’iyi ndwara, ikaba ngo yica abarenga ibihumbi 400 ku mwaka.</p>
<p>Gahunda yo gutanga ibi bihembo bya Prix Nobel ikorwa habanza igihabwa ibyerekeranye n’ubuvuzi ku munsi wa mbere, ku munsi wa kabiri hagatangwa icyahariwe ubugenge, ku wa gatatu hatangwa icy’ubutabire. Mu mpera z’icyumweru hatangwa ibindi bibiri biba bitegerejwe na benshi. Ibyo birimo icy’ubuvanganzo gitangwa ku munsi wa kane n’icy’ amahoro gitangwa ku wa gatanu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/hepatite_c-3.jpg"
				length="75069"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umubyeyi wa Koffi Olomide yitabye Imana</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umubyeyi-wa-koffi-olomode-yitabye-imana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/umubyeyi-wa-koffi-olomode-yitabye-imana</guid>

		<dc:date>2020-10-04T10:48:58Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu gahinda kenshi n’amarira, umuririmbyi wo muri Repubulika iharanira demolarasi ya Kongo Koffi Olomide, abicishije kuri facebook yavuze ko nyina umubyara yapfuye.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umubyeyi wa Koffi Olomide yitabye Imana</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141502 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/30783.jpg' width="700" height="610" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Inkuru y’urupfu rwa Aminata Angelique Muyonge yamenyekaniye kuri facebook, aho umuhungu we Koffi Olomide yashyize amashusho ari kurira avuga agahinda afite.</p>
<p>Ati “Kuri wowe ni indabo kuri twe ni amarira, kuri uyu wa 3 Ukwakira Imana yemeye ko ujya gusanga data kandi ndabishimira Imana, ndagukumda cyane. Uruhukire mu mahoro”.</p>
<p>Impamvu y’urupfu rwe ntabwo yamenyekanye. Nyina apfuye nyuma y’imyaka ine se Charles Agbepa apfuye.</p>
<div class='spip_document_141503 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/10933.jpg' width="696" height="606" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Antoine Christophe Agbepa Mumba wamenyekanye nka Koffi Olomide, yavutse kuwa 13 Nyakanga 1956, ku myaka 64 ni umwe mu baririmbyi bamenyakanishike injyana ya Rhumba na Ndombolo zo muri Kongo mu ruhando mpuzamahanga, mu ndirimbo nka Effrakata, Loi, Papa mobimba n’izindi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/30783.jpg"
				length="123022"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umuntu wa mbere wakize SIDA yapfuye afite imyaka 54</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/umuntu-wa-mbere-wakize-sida-yapfuye-afite-imyaka-54</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/umuntu-wa-mbere-wakize-sida-yapfuye-afite-imyaka-54</guid>

		<dc:date>2020-10-02T17:18:07Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ntibisanzwe
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Timothy Ray Brown uzwi nka ‘The Berlin Patient’ cyangwa se umurwayi w’i Berlin, wahawe igice cy’imbere mu igufa cyitwa umusokoro n’utari urwaye muri 2007, ubu yishwe na kanseri yo mu maraso.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umuntu wa mbere wakize SIDA yapfuye afite imyaka 54</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141436 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="19" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/berlin_patient.jpg' width="660" height="371" alt="Timothy Ray Brown" title="Timothy Ray Brown" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Timothy Ray Brown</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uyu mugabo ntiyari agikeneye imiti igabanya ubukana kuko nta virusi itera SIDA yari agifite mu mubiri we.</p>
<p>Umuryango mpuzamahanga ukurikirana ibyerekeranye n’icyorezo cya SIDA (International Aids Society) uvuga ko Brown yari icyizere cy’uko umuti wa virusi itera SIDA ushoboka.</p>
<p>Timothy Ray Brown w’imyaka 54 yavukiye muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Yamenye ko afite virusi itera SIDA mu 1995 ubwo yari atuye i Berlin mu Budage. Mu 2007 aza kurwara kanseri yo mu maraso yitwa ‘acute myeloid leukaemia’.</p>
<p>Uburyo bwakoreshejwe mu kuvura Brown virusi iera SIDA bwari bufite ingaruka zikomeye ku buzima bwe kandi bunahenze. Ibi biracyari imbogamizi ikomeye ku barenga miliyoni 38 bafite ubwandu bwa virusi itera SIDA biganjemo a baba munsi y’ubutayu bwa Sahara.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/berlin_patient.jpg"
				length="21763"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Rafiki &#8216;Coga Style' yasinyanye amasezerano na &#8216;Brotherhood Record' yo mu Busuwisi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/rafiki-coga-style-yasinyanye-amasezerano-na-brotherhood-record-yo-mu-busuwisi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/rafiki-coga-style-yasinyanye-amasezerano-na-brotherhood-record-yo-mu-busuwisi</guid>

		<dc:date>2020-10-01T10:23:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umwami w’injyana ya ‘Coga style’ Mazimpaka Rafiki, yashyize umukono ku masezerano y’imikoreranire y’imyaka itanu n’inzu itunganya umuziki mu Busuwisi yitwa ‘Brotherhood Record’, yiyemeza kongera&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Rafiki ‘Coga Style’ yasinyanye amasezerano na ‘Brotherhood Record’ yo mu Busuwisi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141365 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rafiki_coga_1_.jpg' width="700" height="405" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi ni nyuma y’uko Rafiki amaze igihe ashaka inzu bakorana nyuma y’igihe kirekire adakora indirimbo, n’izisohotse ntizikundwe nka mbere.</p>
<p>Aherutse gukora indirimbo yitwa ‘Passe’ ari kumwe na Platini P, nyuma y’imyaka myinshi adasohora indirimbo.</p>
<p>Nk’uko Rafiki abivuga, inshuti ze ziba mu mahanga harimo n’abo biganye mu ishuri ryisumbuye bamufashije kuganira na Brotherhood kugira ngo abone amasezerano y’imikoranire.</p>
<p>Ati “Benshi mu bo twiganye baba hanze bafite aho bageze mu mikorere yabo itandukanye, baramfashije mu biganiro na Brootherhood kugira ngo nongere ngaruke neza mu kuririmba atari mu Rwanda gusa ahubwo ku isi hose.</p>
<p>Twamaze gusinyana amasezerano y’imyaka itanu, ni ukuvuga ko vuba aha abafana banjye bazongera kumva indirimbo nzikora nk’uko byahoze na mbere”.</p>
<p>Rafiki ni umwe mu bazamuye umuziki nyarwanda n’injyana ye yihariye ya ‘Coga Style’, mu gihe cy’imyaka irenga icumi aza gufata akaruhuko areka kuririmba.</p>
<p>Mu kwezi kwa Kanama aganira na KT Radio, yasetse abavuga ko yaretse kuririmba burundu kubera ko haje abandi bahanzi bashya bakamurusha gukundwa.</p>
<p>Icyo gihe yagize ati “Ntabwo nareka kuririmba kuko uwo ndi we uyu munsi mbikesha kuririmba, rero abahanzi baje nyuma yanjye ntabwo bamvana mu muziki, ahubwo banyigiraho nka mukuru wabo wabatanze mu buhanzi”.</p>
<p>Umwami wa ‘Coga style’ yizeye ko Brotherhood records ikorera mu bihugu bitandukanye harimo u Bufaransa, USA na Jamaica izamufasha kongera kuzamura injyana ye mu ruhando mpuzamahanga.</p>
<p>Kuri ubu ari gutegura album nshya iriho indirimbo itarasohoka ari gukorana n’Umunyamerika Drewseeley n’iyamenyekanye yitwa ‘Igikobwa’ isubiyemo hamwe na Pastor P.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/rafiki_coga_1_.jpg"
				length="58208"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Hari gutegurwa irushanwa &#8216;The Next Pop Star' uzaritsindira akazegukana miliyoni 50Frws</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/hari-gutegurwa-irushanwa-the-next-pop-star-uzaritsindira-akazegukana-miliyoni-50frws</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/hari-gutegurwa-irushanwa-the-next-pop-star-uzaritsindira-akazegukana-miliyoni-50frws</guid>

		<dc:date>2020-09-30T08:36:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			‘More Events’ itegura ibitaramo bitandukanye by’umiziki yazanye irushanwa ryo kuririmba ryitwa ‘The Next Pop Star’, aho uzatsinda azahembwa miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Hari gutegurwa irushanwa ‘The Next Pop Star’ uzaritsindira akazegukana miliyoni 50Frws</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141300 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_next_pop_star.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Guhera tariki 30 Nzeri kugeza 18 Ukwakira 2020, abashaka kurushanwa batuye mu Rwanda, bashobora kwiyandikisha muri iri rushanwa rizamara amezi atatu.</p>
<p>Iri rushanwa ntabwo rireba abahanzi bakizamuka mu ruhando rw’umiziki gusa, kuko ababyifuza bose bashobora kurijyamo, baba abaririmba ku giti cyabo cyangwa se mu matsinda.</p>
<p>Mu gutangira, abarushanwa baziyandikisha, nyuma akanama nkemurampaka kazaterana gahitemo 60 bazakomeza, nyuma yaho ni abantu bazajya bahitamo ukomeza biciye mu gutora hakoreshejwe ubutumwa bugufi (SMS).</p>
<p>Buri cyiciro, abahanzi 10 bazajya baba bafite amajwi menshi kurusha abandi bazajya bahabwa umwanya wo kwigaragaza imbere y’impuguke enye muri muzika. Bazagira inama abarushanwa kugira ngo babashe gutsinda.</p>
<p>Irushanwa rizagira ibyiciro bine birimo n’ibirori byo gusoza, aho uzatsinda azahabwa igihembo nyamukuru cya miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda, harimo na album imwe izakorerwa muri SM1 ibarizwa muri Sony Music.</p>
<p>Abifuza kwiyandikisha ni ukwandika ubutumwa bugufi burimo amazina, imyaka, akarere hanyuma bakohereza kuri 1510.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_next_pop_star.jpg"
				length="41117"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Indonesia: Bahanishijwe kubana nk'umugabo n'umugore bazira kugaragara bari kumwe nijoro</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/indonesia-bahanishijwe-kubana-nk-umugabo-n-umugore-bazira-kugaragara-bari-kumwe-nijoro</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/indonesia-bahanishijwe-kubana-nk-umugabo-n-umugore-bazira-kugaragara-bari-kumwe-nijoro</guid>

		<dc:date>2020-09-24T12:04:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ntibisanzwe
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhungu w’imyaka 15 n’umukobwa w’imyaka 12 bo muri Indonesia bashyingiranywe ku gahato nyuma yo kwica umuco wo gusurana mu masaha y’ijoro.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Indonesia: Bahanishijwe kubana nk’umugabo n’umugore bazira kugaragara bari kumwe nijoro</h1>

			

			

			<div class='spip_document_141046 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/indonesia_teen-marriage.jpg' width="700" height="394" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Gushyingira abatagejeje imyaka y’ubukure ni ikibazo kimaze igihe mu gihugu cya Indonesia. Iki kibazo cyongeye kugarukwaho kubera aba bana bahanishijwe kubana nyamara nta n’igihe kinini babiteguye, dore ko bari bamaze iminsi ine baziranye.</p>
<p>Uwo muhungu w’imyaka 15 yitwa Suhaimi, umukobwa w’imyaka 12 akitwa Nur Herawati. Ababyeyi b’umukobwa ngo ni bo babategetse kubana kuko bishe umuco. Ni nyuma y’uko Suhaimi yari aherekeje umukobwa iwabo bakahagera saa moya n’igice za nijoro, ababyeyi b’umukobwa bagahita babategeka kubana nk’umugore n’umugabo.</p>
<p>Ubukwe bw’aba bombi bwatashywe n’abantu bake barimo abo mu miryango yabo n’abaturanyi. Amashusho yabwo yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga atera impaka muri Indonesia kubera ubwo bukwe bw’agahato kandi bwakoreshejwe abana.</p>
<p>Mbere y’uko ubukwe buba, ababyeyi b’umuhungu bashatse kubuhagarika ariko biranga biba iby’ubusa. Babisobanuye bagira bati “Ni ukubera umuco. Iyo ucyuye umukobwa iwabo bwije nta yandi mahitamo uba ufite usibye kumugira umugore wawe. Twagerageje guharika ubu bukwe ngo tuganire n’ababyeyi b’umukobwa ngo twumvikane baranga bavuga ko bagomba gushyingirana.”</p>
<p>Aba bana ubu babana nk’umugore n’umugabo mu rugo rw’iwabo w’umukobwa. Uyu ni umwe mu mico iranga aba Sasak batuye ku kirwa cyitwa Lombok aho muri Indonesia.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/indonesia_teen-marriage.jpg"
				length="56085"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Uwahoze ari umugore wa Jay Polly yambitswe impeta</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/uwahoze-ari-umugore-wa-jay-polly-yambitswe-impeta</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/uwahoze-ari-umugore-wa-jay-polly-yambitswe-impeta</guid>

		<dc:date>2020-09-21T19:07:12Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’amezi make atandukanye n’umuraperi Jay Polly, Uwimbabazi Sharifa yambitswe impeta n’umukunzi we mushya biyemeza kubana nk’umugore n’umugabo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Uwahoze ari umugore wa Jay Polly yambitswe impeta</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140923 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="64" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_sharifa.jpg' width="420" height="265" alt="Jay Polly n'uwahoze ari umugore we Sharifa ubu ntibakiri kumwe" title="Jay Polly n'uwahoze ari umugore we Sharifa ubu ntibakiri kumwe" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Jay Polly n&#8217;uwahoze ari umugore we Sharifa ubu ntibakiri kumwe</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Sharifa yatangiye kugaragara akumdana na Jay Polly mu mwaka wa 2015. Mu gihe cy’imyaka itanu babanaga nk’umugabo n’umugore kugeza muri Kamena uyu mwaka 2020 ubwo batandukanaga.</p>
<p>Sharifa yahise atangira kugaragaza ko akundana na Aimé Nshogoza, avuga ko amukesha urukundo no kumufasha gukira ibikomere yatewe n’umubano we na Jay Polly.</p>
<p>Mu mpera z’icyumweru gishize Sharifa yagiye ku mbugankoranyambaga ze (Instagram) asangiza abamukurikira inkuru igira iti “Ndi mu rukundo by’ukuri nabonye uwo tuzabana akaramata” ashyiraho amashusho yerekana impeta.</p>
<div class='spip_document_140924 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_sharifa_3.jpg' width="700" height="875" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Muri Kanama 2018 nibwo havuzwe amakimbirane yaje kuvamo imirwano ikomeye yabereye mu kabari hagati ya Sharifa na Jay Polly. Muri iyo mirwano yabereye mu kabari, Jay Polly yakuye amenyo Sharifa, abaturanyi baratabara bahamagara Polisi biviramo Jay Polly gufungwa amezi atanu azira ihohoterwa ryo mu rugo.</p>
<p>Aba bombi bafitanye umwana w’umukobwa babyaranye, Jay Polly akaba afite n’undi mwana yabyaranye n’uwitwa Afsa Nirere mbere y’uko akundana na Sharifa.</p>
<div class='spip_document_140925 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_sharifa_1.jpg' width="700" height="496" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_sharifa.jpg"
				length="24683"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ikamba B.I.G yambaye mbere y'uko apfa ryagurishijwe hafi ibihumbi 600 by'Amadolari</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Ikamba-B-I-G-yambaye-mbere-y-uko-apfa-ryagurishijwe-hafi-ibihumbi-600-by-Amadolari</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Ikamba-B-I-G-yambaye-mbere-y-uko-apfa-ryagurishijwe-hafi-ibihumbi-600-by-Amadolari</guid>

		<dc:date>2020-09-19T12:34:36Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ikamba rya purasitike (plastic) umuraperi Notorious B.I.G yamabaye ari kwifotoza iminsi itatu mbere y’uko apfa, ryagurishijwe muri cyamunara arenga igice ya miliyoni y’amadorali ya Amerika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ikamba B.I.G yambaye mbere y’uko apfa ryagurishijwe hafi ibihumbi 600 by’Amadolari</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140841 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/crown.png.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iri kamba B.I.G yafotowe yamabaye ku ifoto yakunze kwitwa umwami wa New York iminsi itatu mbere yuko apfa, ryari ryitezwe kugurwa nibura ibihumbi 300 by’amadolari, ariko mu kugurishwa ryageze kuri $594,670 muri cyamunara.</p>
<p>Iyi cyamunara kandi yari irimo amabaruwa y’urukundo Tupac Shakur yandikiraga uwo bakundanaga afite imyaka 16. Uko ari 22, aya mabaruwa yaguzwe angana na $75 600.</p>
<p>Diddy wari uyoboye inzu B.I.G yakoreragamo mu 1997 ntabwo yibazaga ko ririya kamba ryagushishwa angana kuriya.</p>
<div class='spip_document_140842 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/b.i.g_crown.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Cassandra Hattlon wari uhagarariye iyi cyamunara, yabwiye Reuters ko ririya kamba ari kimwe mu biranga umuziki wa hip hop ubwawo, ati “Iri kamba rirazwi ku rwego rw’isi uribona ku mipira, ku bikombe byo kunyweramo ikawa ntaho udasanga ifoto yaryo”.</p>
<p>Ifoto y’uyu muraperi yambaye iri kamba yafashwe tariki 6 Werurwe, apfa arashwe tariki 9 Werurwe 1997.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/crown.png.jpg"
				length="73148"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Platini: Amagambo bamwe bafata nk'urukozasoni ni ubuvanganzo ntabwo ari uguta umuco</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/platini-amagambo-bamwe-bafata-nk-urukozasoni-ni-ubuvanganzo-ntabwo-ari-uguta-umuco</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/platini-amagambo-bamwe-bafata-nk-urukozasoni-ni-ubuvanganzo-ntabwo-ari-uguta-umuco</guid>

		<dc:date>2020-09-16T17:59:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nemeye Platini usigaye akoresha izina ry’ubuhanzi rya Platini P yavuze ku bavuga ko abahanzi b’ubu bakoresha amagambo y’urukozasoni abandi bita ibishegu, asobanura ko na kera byahoze mu Kinyarwanda.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Platini: Amagambo bamwe bafata nk’urukozasoni ni ubuvanganzo ntabwo ari uguta umuco</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140740 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="11" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p.jpg' width="700" height="576" alt="Platini P" title="Platini P" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Platini P</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro yagiranye na KT Radio, Platini yabajijwe ku bantu bavuga ko abahanzi bataye umuco basigaye baririmba ibishegu abana bakirirwa bumva izo indirimbo.</p>
<p>Yagize ati “Ibishegu biri mu buvanganzo bw’ikinyarwanda ntabwo ari twe tubizanye byahozeho, twebwe kuba tubiririmba nta kidasanzwe kirimo.”</p>
<p>Yanavuze ko atari ikibazo cy’indirimbo, ahubwo ko zagenerwa igihe, ati “Ikibazo si indirimbo ahubwo zagakwiye kugira igihe zumvwa igihe abana zagiraho ikibazo batari kuzumva.”</p>
<p>Nyuma yo gutandukana na mugenzi we TMC wagiye muri Amerika, Platini amaze gukora indirimbo nyinshi zitandukanye yakoranye n’abandi harimo ‘Passe’ yakoranye na Rafiki, ‘Ya Motema’ yakoranye na Nel Ngabo, ‘Fata Amano’ yakoranye na Safi Madiba, ndetse n’iheruka vuba aha yitwa ‘Ntabirenze’ yakoranye na Butera Knowless.</p>
<p>Kuri ubu avuga ko agiye kwita ku ndirimbo ze ku buryo akora Album ye, ati “Maze gukora indirimbo nyinshi ndi kumwe n’abandi kuri ubu ngiye gufata umwanya nkore izanjye ku buryo Album ikurikira izaba iriho indirimbo zihagije.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p.jpg"
				length="101747"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Cardi B yasabye gutandukana n'umugabo we Offset</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/cardi-b-yasabye-gutandukana-n-umugabo-we-offset</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/cardi-b-yasabye-gutandukana-n-umugabo-we-offset</guid>

		<dc:date>2020-09-16T11:10:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Hanze
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuraperikazi Cardi B nyuma y’imyaka itatu akoze ubukwe na Offset wo mu itsinda rya Migos, yasabye gatanya anasaba ko yagumana umwana wabo Kulture.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Cardi B yasabye gutandukana n’umugabo we Offset</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140732 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="57" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cardi_b_offset.jpg' width="700" height="500" alt="Umubano wa Cardi B n'umugabo we Offset uri mu marembera" title="Umubano wa Cardi B n'umugabo we Offset uri mu marembera" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umubano wa Cardi B n&#8217;umugabo we Offset uri mu marembera</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Belcalis Marlenis Almánzar uzwi nka Cardi B yatanze ubusabe bwo gutandukana n’umugabo we Offset, Cardi B anasaba ko yasigarana umwana wabo w’imyaka ibiri Kulture.</p>
<p>Nyuma yo kugabana umutungo na Offset, uwo mugabo we azajya yishyura indezo n’amafaranga azagendera mu nkiko muri ubu butane bwabo nk’uko tubikesha ikinyamakuru USA Today.</p>
<p>Uku gutandukana kubaye nyuma y’ubukwe bakoze mu muhezo, bwitabirwa n’abatumirwa bake muri Nzeri 2017. Offset yasabiye Cardi B mu ruhame ko yamubera umugore ari ku rubyiniro amuzanira impeta mu gitaramo cyabereye i Philadelphia.</p>
<p>Umubano w’aba bombi wavuzwemo  gutandukana kenshi. Mu Kuboza 2018 Cardi B yashyize ifoto y’umwana wabo Kulture kuri instagram ahita avuga ko atakiri kumwe na se w’umwana batandukanye.</p>
<p>Mu yandi mashusho Cardi B yashyize kuri instagram akaza kuyakuraho nyuma, yavugaga ko ari gukora ibishoboka kugira ngo urugo rwe rugende neza. Ati “Nta kosa nashyira ku muntu ni uko tutagikundana bitumye umubano wacu uhagarara. Kubona gatanya bishobora gutinda ariko nzahora iteka mukunda kuko ari se w’umwana wanjye.”</p>
<p>Iyi gatanya Cardi B ayisabye amaze igihe agerageza gusubirana na Offset wamuciye inyuma n’umunyamideli Summer Bunni wanabisabiye imbabazi. Guhera icyo gihe urugo ntirwongeye kuba rwa rundi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cardi_b_offset.jpg"
				length="172461"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kompanyi yitwa Louis Vuitton yakoze ibirinda mu maso kimwe kigura hafi miliyoni y'Amanyarwanda </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/kompanyi-yitwa-louis-vuitton-yakoze-ibirinda-mu-maso-kimwe-kigura-hafi-miliyoni-y-amanyarwanda</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/kompanyi-yitwa-louis-vuitton-yakoze-ibirinda-mu-maso-kimwe-kigura-hafi-miliyoni-y-amanyarwanda</guid>

		<dc:date>2020-09-15T11:36:36Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ntibisanzwe
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku bakunda kwambara ibyakozwe na Kompanyi Louis Vuitton (LV) bagiye kujya bagura ibikoresho byo kwirinda mu maso cyane cyane muri iki gihe cya COVID-19 bizwi nka ‘Face Shield’  ku giciro&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kompanyi yitwa Louis Vuitton yakoze ibirinda mu maso kimwe kigura hafi miliyoni y’Amanyarwanda </h1>

			

			

			<div class='spip_document_140701 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/louis_vuitton.jpg' width="700" height="450" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni mu gihe bene ibyo bikoresho biboneka ku isoko mu Rwanda bigura amafaranga y&#8217;u Rwanda abarirwa hagati y&#8217;ibihumbi bitanu n&#8217;ibihumbi birindwi.</p>
<p>Louis Vuitton ni rimwe mu mazina y’amakompanyi akomeye akora imideli yerekeranye n’imyenda, inkweto, imibavu n’ibindi bikoresho bitandukanye by’ubwiza, ikaba izwiho kuba yigonderwa na bake kuko ihenda. Mu itangazo LV yasohoye yavuze ko iki gikoresho kirinda isura ari igikoresho cy’ubwiza ndetse kigatanga n’ubwirinzi.</p>
<p>Iki gikoresho gifite ibirango bya Louis Vuitton. Aho gifatiye ucyambaye ashobora kukizamura cyangwa akakimanura igihe ashakiye. Ikindi ni uko kirinda izuba kuko kirijima mu gihe cy’izuba.</p>
<p>Si ubwa mbere kompanyi ya Louis Vuitton igerageje gufasha kurwanya ikwirakwira rya Covid-19 kuko muri Werurwe yatanze imyenda yabugenewe 2,500 abaganga bambara bavura abarwayi ba Covid-19. Yakoze n’isabuni y’amazi yo gukaraba mu maso mu ruganda rwayo rukora imibavu.</p>
<p>Dr Anthony Fauci, impuguke mu by’ubuzima akaba n’umushakashatsi kuri covid-19, yavuze ko bene ibi bikoresho birinda isura bidatanga ubwirinzi bwuzuye mu kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.</p>
<p>Mu Rwanda inzego z’ubuzima zisaba abambara bene ibi bikoresho byo kwirinda mu maso (face shield) kwambara agapfukamunwa mo imbere kuko iyo ntakarimo umwuka usohoka n’amatembabuzi akaba yasohoka cyangwa akagera ku muntu ubyambaye cyangwa uwo bari kumwe mu buryo bworoshye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/louis_vuitton.jpg"
				length="49647"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>The Ben ni we muhanzi nyarwanda uri mu bahatanira ibihembo bya AFRIMMA 2020</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/the-ben-ni-we-muhanzi-nyarwanda-uri-mu-bahatanira-ibihembo-bya-afrimma-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/the-ben-ni-we-muhanzi-nyarwanda-uri-mu-bahatanira-ibihembo-bya-afrimma-2020</guid>

		<dc:date>2020-09-14T21:49:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ni we muhanzi nyarwanda umwe uri ku rutonde rw’abahatanira ibihembo mpuzamahanga ku rwego rwa Afurika byitwa AFRIMMA 2020. Kuri urwo rutonde kandi hariho&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>The Ben ni we muhanzi nyarwanda uri mu bahatanira ibihembo bya AFRIMMA 2020</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140684 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_ben_afrimma.jpg' width="700" height="671" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>The Ben ari mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’umugabo muri Afurika y’Iburasirazuba aho ahatana n’abandi bahanzi batandukanye bafite ibihembo mpuzamahanga birimo na BET Award.</p>
<p>Aganira na Kigali Today, The Ben yavuze ko Abanyarwanda bakwiye gutsindira iki gihembo kuri iyi nshuro. Ati “Buri gihe iyo nshyizwe mu bahatanira ibihembo mpuzamahanga nk’ibi biranshimisha kuko biha agaciro abahanzi nyarwanda ariko uyu mwaka dukwiriye intsinzi kuko twarakoze bigaragara nk’Abanyarwanda. Ndifuza ko umunsi umwe tuzabona abandi bahanzi barenze umwe mu bihembo nk’ibi bya AFRIMMA bahagarariye u Rwanda mu bice byinshi kuko impano hano iwacu turazifite.”</p>
<p>The Ben mu cyiciro arimo mu bihembo bya AFRIMMA kizahabwa umuhanzi w’umugabo mwiza kurusha abandi muri Afurika y’Iburasirazuba arahatana n’abahanzi bose hamwe 10 barimo  Diamond Platnumz wo muri Tanzaniya, Rayvanny wo muri Tanzaniya, Eddy Kenzo wo muri Uganda, Khaligraph Jones wo muri Kenya, Gilda Kasso wo muri Ethiopia, Mbosso wo muri Tanzaniya ndetse na Alikiba wo muri Tanzaniya.</p>
<p>Ibi bihembo bya AFRIMMA isobanura African Music Magazine Award mu magambo arambuye bizatangwa mu birori bitegerejwe ku itariki 15 Ugushyingo i Texas muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.</p>
<p>Umwaka ushize u Rwanda rwari ruhagariwe na The Ben, Knowless Butera ndetse na Sherry Silver.</p>
<p>Ibi bihembo bitangwa mu rwego rwo kwishimira umuziki nyafurika mu bwoko bwa Afrobeat, Bongo, Funana n’ubundi bwoko bw’injyana y’umuziki ukomoka muri Afurika, bigatangwa n’Abanyafurika baba muri Leta zunze ubumwe za Amerika.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/the_ben_afrimma.jpg"
				length="160755"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Jay Polly yagiye i Dubai kugura ibikoresho bya studio ye nshya</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/jay-polly-yagiye-i-dubai-kugura-ibikoresho-bya-studio-ye-nshya</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/jay-polly-yagiye-i-dubai-kugura-ibikoresho-bya-studio-ye-nshya</guid>

		<dc:date>2020-09-14T21:14:33Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuraperi Jay Polly kuri ubu arabarizwa i Dubai aho yajyanye n’itsinda rye gushaka ibikoresho bya studio ye nshya y’amajwi n’amashusho.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Jay Polly yagiye i Dubai kugura ibikoresho bya studio ye nshya</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140683 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_dubai.jpg' width="700" height="933" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uyu muhanzi yavuye mu Rwanda mu mpera z’icyumweru gishize ajya i Dubai aho yizeye kubona ibikoresho byiza azakoresha muri studio ashaka gufungura i Kigali. Byitezwe ko ibi bikoresho bizaba byageze mu Rwanda mbere y’uko umwaka wa 2020 urangira kuko studio avuga ko igomba kuba ikora mbere ya 2021.</p>
<p>Jay Polly yagize ati “Njye hamwe n’abo dukorana twagiye i Dubai kuko ari ho twumvaga turi bubone ibyuma byiza tuzakoresha, kuri ubu tumaze kubona bimwe, harabura ibindi.”</p>
<p>Nk’uko abisobanura, iyi studio ije kugira ngo imufashe gukora indirimbo ze neza kurushaho mu buryo gutunganya ibihangano bye bizajya bimworohera ku buryo yakora igihe icyo ari cyo cyose inganzo imujemo. Ikindi kandi avuga ko izafasha abahanzi bakizamuka gukora indirimbo nziza kandi ku buryo bubahendukiye.</p>
<p>Jay Polly aje yiyongera ku mubare w’abandi bahanzi bafite studio harimo Oda Paccy, Ezra Kwizera uririmba indirimbo zihimbaza Imana, Urban Boys ndetse na Riderman nubwo isigaye ikorera iwe mu rugo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jay_polly_main.jpg"
				length="46185"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Jules Sentore yashimiye Umwali Fanny wifuza kuzamuraga zimwe mu ndirimbo ze akaziririmba</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/jules-sentore-yashimiye-umwali-fanny-wifuza-kuzamuraga-zimwe-mu-ndirimbo-ze-akaziririmba</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/jules-sentore-yashimiye-umwali-fanny-wifuza-kuzamuraga-zimwe-mu-ndirimbo-ze-akaziririmba</guid>

		<dc:date>2020-09-10T09:40:34Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’ikiganiro Kigali Today yagiranye na Umwali Fanny waririmbye indirimbo nyinshi zitaka u Rwanda, harimo Ibyiza by’u Rwanda, akavuga ko yifiza ko Jules Sentore na Teta Diana baririmba&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Jules Sentore yashimiye Umwali Fanny wifuza kuzamuraga zimwe mu ndirimbo ze akaziririmba</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140534 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/sentore-.jpg' width="700" height="459" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abicishije kuri instagram ye, Jules Sentore yashimiye Umwali Fanny, ati “inganzo yawe n’ubutore bukuranga byanteye kukwigiraho byinshi, kandi byubaka intambwe zanjye”.</p>
<p>Uyu muhanzi mu njyana ya gakondo yavuze ko azaririmba igihangano cyateguwe na Umwali yishimye, anashimira Kigali Tofay yamuganirije.</p>
<p>Ibi ni nyuma y’ikiganiro itsimda rya Kigali Today ryagiranye na Umwali Fanny baganira ku buzima bwe nk’umuhanzi, ndetse n’inzira yanyuzemo atangira kuririmba kugeza uyu munsi.</p>
<p>Umwali yavuze ko inganzo ye ahanini yayivanaga ku Nkotanyi n’urukumbuzi, ati “wumvise indirimbo zanjye ukumva amagambo arimo, ni Inkotanyi nakuragaho inganzo ariko nk’Ibyiza by’u Rwanda nayihimbye ndi mu Busuwisi, kubera uburyo nahabonye hakankumbuza iwacu”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/sentore-.jpg"
				length="58180"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Miss Uwase Vanessa yashatse kwiyahura nyuma yo gutandukana n'umukunzi we</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/Miss-Uwase-Vanessa-yashatse-kwiyahura-nyuma-yo-gutandukana-n-umukunzi-we</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/Miss-Uwase-Vanessa-yashatse-kwiyahura-nyuma-yo-gutandukana-n-umukunzi-we</guid>

		<dc:date>2020-09-09T14:45:57Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 Miss Uwase Raissa Vanessa, yabujijwe kwiyahura na nyina ndetse n’umuvandimwe we, mu gihe yageragezaga kwiyahura nk’uko yabyanditse ku mbuga&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Miss Uwase Vanessa yashatse kwiyahura nyuma yo gutandukana n’umukunzi we</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140512 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_vanessa.jpg' width="700" height="449" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni nyuma y’uko hamaze iminsi havugwa ko yatandukanye n’umukunzi we biteguraga kurushinga uturuka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo witwa Putin Kabalu, akagerageza gukora ibishoboka ngo basubirane bikanga.</p>
<p>Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020, inshuti ze zo kuri whatsapp zatunguwe n’ibyo yanditse ko umubyeyi we n’umuvandimwe bamufashije kutiyahura.</p>
<p>Miss Vanessa yanditse agira ati “Iyo bitaza kuba ku bwa mama n’umuvandimwe wanjye nari kuba niyahuye! Ndananiwe ndarushye kwihangana birananiye kuri iyi si”!</p>
<div class='spip_document_140513 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vanessa-2.jpg' width="700" height="698" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umwe mu nshuti ze za hafi avuga ko Vanessa yagerageje ibishoboka byose ngo asubirane n’umukunzi we Kabalu ariko bikanga bikaba iby’ubusa, bikamuviramo agahinda gakabije (depression).</p>
<p>Ati “Mfite ubwoba bw’uko byashobokaga kuba yakwiyahura igihe icyo ari cyo cyose. Niriwe mpamagara nyina n’uwo bavukana ntibari kunyitaba ndetse na Vanessa ubwe, kuko ni inshuti za hafi z’umuryango, byaramugoye kwemera ko umubano we na Kabalu warangiye”.</p>
<p>Miss Vanessa yakomeje kugaragara ku mafoto ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye afite impano zitandukanye zihenze ndetse no mu ngendo hirya no hino hamwe n’umukunzi we Kabalu mu buzima buhenze.</p>
<p>Kabalu Putin azwi kuri instagram nk’umucuruzi ufite amafaranga ukorera ubucuruzi bwe hagati y’u Rwanda, DR Congo na Tanzania, aho atuye.</p>
<p>Byavuzwe ko mbere y’uko Miss Vanessa atekereza kwiyahura yabanje kujya muri Tanzania kugerageza kureba uko yasubirana n’umukunzi we agasanga umusore atabirimo.</p>
<div class='spip_document_140514 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="38" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kabula.jpg' width="700" height="876" alt="Kabalu wari umukunzi wa Miss Vanessa" title="Kabalu wari umukunzi wa Miss Vanessa" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kabalu wari umukunzi wa Miss Vanessa</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Mu mpera za 2019, Kabalu yakoreshereje umukunzi we Miss Vanessa bakundanaga icyo gihe ibirori by’isabukuru akaza no kumwambika impeta amusaba ko babana.</p>
<p>Nyuma y’ibyo bihe byiza yahise ajya kuri instagram avuga ko yiteguye kuba umugore wa Kabalu nibamara kwiyereka imiryango. Bikekwa ko kuba ibi bitaragezweho ari imwe mu mpamvu zamuteye agahinda gakabije (depression).</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miss_vanessa.jpg"
				length="98797"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nta Seka Live n'imwe iranyinjiriza amafaranga - Nkusi Arthur</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/nta-seka-live-n-imwe-iranyinjiriza-amafaranga-nkusi-arthur</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/urwenya/article/nta-seka-live-n-imwe-iranyinjiriza-amafaranga-nkusi-arthur</guid>

		<dc:date>2020-09-07T11:22:48Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Urwenya
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu kiganiro umunyarwenya Nkusi Arthur utegura igitaramo ngaruka kwezi Seka Live yagiranye na KT Radio, yavuze ko nta mafaranga icyo gitaramo kiratangira kumwinjiriza.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nta Seka Live n’imwe iranyinjiriza amafaranga - Nkusi Arthur</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140418 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/arthur-2.jpg' width="700" height="533" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri ubu abanyarwenya batandukanye batangiye gukorana na Nkusi Arthur kuri murandasi, mu buryo bwo kugira ngo badahagarika gukora mu bihe bya Covid-19 ibitaramo byahagaritswe.</p>
<p>Mu kiganiro na KT Radio, Nkusi Arthur yavuze ko bagitangira gukora ikibazo bagize ari amajwi, aho yagize ati “dutangira gukora abantu barebye uburyo twakoze bavuze ko ikibazo kirimo ari amajwi, naho ibindi nta kibazo”.</p>
<p>Ikindi kibazo yavuze harimo kuba nta mafaranga ahari yo guhemba abanyarwenya baza gukora, ati “muri iki gihe turi gukora ntabwo turi kwinjiza kuko nta muntu uba waje kandi nta n’umuterankunga, bitandukanye n’ibihe bya mbere ya covid-19, rero nta mafaranga aba ahari yo kwishyura abanyarwenya”.</p>
<p>Abanyarwenya kuba bakorera imbere ya camera bigaca kuri murandasi no kuri televiziyo ya KC2, ni bwo buryo Arthur ari gukora hamwe n’abandi banyarwenya.</p>
<p>Yavuze ko yizeye ko batazahagarara nibura mu gihe cy’amezi atandatu, kandi akazabona inkunga muri icyo gihe. Ati “ubu twatangiye gukora bidasanzwe kubera icyorezo, ariko nibura mu mezi atandatu ari mbere ntabwo tuzahagarara, muri icyo gihe abaterankunga baba baza, na Leta ishobora kudufasha”.</p>
<p>Seka Live, igitaramo cy’urwenya Nkusi Arthur yatangiye gutegura muri 2017 kikaza kuba ngaruka kwezi uhereye muri 2019, gihuza abanyarwenya batandukanye bo mu Rwanda ndetse no hanze, harimo nka Eric Omondi wo muri Kenya, Kigingi w’i Burundi, Salvador wa Uganda na The Basket Mouth wo muri Nigeria.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/arthur-2.jpg"
				length="238422"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Madagascar: Abanyeshuri batangiye gukora ibizamini bisoza amashuri abanza</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/madagascar-abanyeshuri-batangiye-gukora-ibizamini-bisoza-amashuri-abanza</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/madagascar-abanyeshuri-batangiye-gukora-ibizamini-bisoza-amashuri-abanza</guid>

		<dc:date>2020-09-02T20:12:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amashuri
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri Madagascar batangiye gukora ibizamini byemerera abanyeshuri barangije amashuri abanza kujya mu yisumbuye. Ni mu gihe Madagascar ari kimwe mu bihugu bifite abarwayi benshi ba covid-19.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Madagascar: Abanyeshuri batangiye gukora ibizamini bisoza amashuri abanza</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140275 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/madagascar_covid.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri iki kirwa ibizamini bisoza amashuri abanza ni byo bikorwa n’umubare munini w’abanyeshuri icyarimwe. Muri uyu mwaka ababarirwa mu bihumbi 522 ni bo biyandikishije gukora iki kizamini. Uyu mubare wiyongereyeho abagera ku bihumbi birindwi ugereranyije n’umwaka ushize. Habanje gukora abo mu gace kitwa Analamanga karimo umurwa mukuru Antananarivo, Sava na Diana.</p>
<p>Nubwo icyorezo cyatumye amashuri ahagarikwa mu gihe cy’amezi atanu, nticyigeze kibuza ko iki kizamini gikorwa na benshi ahubwo cyateje imbogamizi mu buryo gitegurwa.</p>
<p>Ku binjira aho gikorerwa basabwaga gukaraba intoki, kwambara agapfukamunwa byari itegeko ndetse n’abanyeshuri bicaraga ari babiri ku ntebe aho kuba batatu nk’uko bisanzwe.</p>
<p>Nk’uko buri mwaka bisanzwe bigenda ibizamini bitegurwa n’abarimu ba buri karere ni ukuvuga ko uturere dukora ibizamini bitandukanye. Minisiteri y’Uburezi yavuze ko ibisubizo bizatangwa nyuma y’ibyumweru bibiri.</p>
<p>Perezida wa Madagascar yigeze gutangaza ko muri icyo gihugu habonetse umuti wa covid-19 ariko ntiwemejwe na OMS. Muri icyo gihugu kuri uyu wa Gatatu tariki 02 Kanama 2020 hari hamaze gupfa ababarirwa mu 196 bazira Covid-19, abari barwaye ni 15,023 naho abakize ni 13,965.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/madagascar_covid.jpg"
				length="111973"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya ibyamamare byinjije agatubutse ku isi muri 2020</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/menya-ibyamamare-byinjije-agatubutse-ku-isi-muri-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/hanze/article/menya-ibyamamare-byinjije-agatubutse-ku-isi-muri-2020</guid>

		<dc:date>2020-09-02T08:20:19Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Hanze
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Forbes, ikinyamakuru cyandika ku bukungu cyashyize hanze urutonde rw’ibyamamare 100 bitandukanye ku isi byinjije amafaranga menshi kurusha abandi muri uyu mwaka wa 2020.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya ibyamamare byinjije agatubutse ku isi muri 2020</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140242 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ibyamamare_byinjije_akayabo.jpg' width="700" height="459" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Abari kuri uru rutonde rw’ibyamamare 100 bose hamwe binjije miliyari 6,1 z’amadolari ya Amerika nta misoro iriho, akaba yaragabanutseho miliyoni 200 z’amadolari ugereranyije n’umwaka ushize.</p>
<p>Ni nyuma y’uko icyorezo cya covid-19 cyatumye nta bitaramo n’imyidagaduro bikiba ku isi hose.</p>
<p>Babiri bayoboye uru rutonde ari bo Kylie Jenner na Kanye West, binjije miliyoni 590 z’amadolari na miliyoni 170 nk’uko bakurikirana.</p>
<p>Kanye West yinjije akayabo nyuma y’uko agiranye amasezerano n’uruganda rukora imyenda n’inkweto rwa Adidas, mu gihe Kylie Jenner yagurishije imigabane ingana na 51% mu bikoresho by’ubwiza agurisha.</p>
<p>Mu mikino, Roger Federer uri ku mwanya wa gatatu yinjije miliyoni 106.3 z’amadolari ari na we ukina tennis uyoboye abandi kuri uru rutonde, mu gihe umukinnyi wa ruhago Cristiano Ronaldo waje ku mwanya wa kane yinjije miliyoni 105, byamugize umukinnyi wa ruhago wa mbere winjije miliyari y’amadorali mu gihe akiri mu kibuga.</p>
<p>Naomie Osaka yaje ku mwanya wa 90 yinjije miliyoni 37 akaba ari we mukinnyi w’umugore winjije amafaranga angana atya mu mwaka umwe mu mateka.</p>
<p><strong>Dore 10 mu binjije menshi kurusha abandi</strong></p>
<p><strong>1. Kylie Jenner miliyoni $590</strong></p>
<div class='spip_document_140243 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kylie_jenner.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>2. Kanye West miliyoni $170</strong></p>
<div class='spip_document_140244 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kanye_west-4.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>3. Roger Federer miliyoni $106.3</strong></p>
<div class='spip_document_140245 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/roger_federer.jpg' width="700" height="395" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>4. Cristiano Ronaldo miliyoni $105</strong></p>
<div class='spip_document_140246 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cr7.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>5. Lionel Messi miliyoni $104</strong></p>
<div class='spip_document_140247 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/lionel_messi.jpg' width="700" height="474" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>6. Tyler Perry miliyoni $97</strong></p>
<div class='spip_document_140248 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tyler_perry.jpg' width="700" height="394" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>7. Neymar miliyoni $95.5</strong></p>
<div class='spip_document_140249 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/neymar-3.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>8. Howard Stern miliyoni $90</strong></p>
<div class='spip_document_140250 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/howard_stern.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>9. Lebron James miliyoni $88.2</strong></p>
<div class='spip_document_140251 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/lebron_james.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>10. Dwayne Johnson miliyoni $87.5</strong></p>
<div class='spip_document_140252 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dwayne.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/cr7.jpg"
				length="51600"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Pranab Mukherjee wahoze ari Perezida w'u Buhinde wari urwaye COVID-19 yapfuye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/pranab-mukherjee-wahoze-ari-perezida-w-u-buhinde-wari-urwaye-covid-19-yapfuye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/pranab-mukherjee-wahoze-ari-perezida-w-u-buhinde-wari-urwaye-covid-19-yapfuye</guid>

		<dc:date>2020-08-31T17:29:37Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uwahoze ari Perezida w’u Buhinde Pranab Mukherjee yapfuye nyuma y’iminsi 21 byemejwe ko arwaye covid-19. Byatangajwe n’umuhungu we Abhijit abinyujije kuri Twitter.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Pranab Mukherjee wahoze ari Perezida w’u Buhinde wari urwaye COVID-19 yapfuye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140188 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="18" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/india_pranab_mukherjee.jpg' width="700" height="393" alt="Pranab Mukherjee" title="Pranab Mukherjee" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Pranab Mukherjee</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uyu mukambwe wari ufite imyaka 84 y’amavuko yari mu bitaro agiye kubagwa ubwonko ariko bamupimye basanga arwaye na Covid-19.</p>
<p>Mbere yo kuba umukuru w’igihugu hagati ya 2012 na 2017 Mukherjee yakoze mu myanya itandukanye ya politiki mu gihe cy’imyaka 51, irimo kuba Minisitiri w’Ubukungu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse na Minisitiri w’Umutekano.</p>
<p>Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi, abinyujije kuri Twitter, yashimiye Mukherjee uko yakoreye igihugu. Yagize ati “Yagize uruhare rudasanzwe mu nzira y’iterambere ry’igihugu cyacu. Yari intiti, umukozi wa Leta w’intangarugero kandi akunzwe na benshi mu banyapolitiki.”</p>
<p>Perezida w’u Buhinde uriho ubu yise nyakwigendera inkingi ya mwamba yagaragaje ubuhanga mu gihe yakoreraga igihugu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/india_pranab_mukherjee.jpg"
				length="58632"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>DJ Pius na Bruce Melodie basuye umukecuru wavuze amagambo &#8216;Abakobwa bafite ubushyuhe'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dj-pius-na-bruce-melodie-basuye-umukecuru-wavuze-amagambo-abakobwa-bafite-ubushyuhe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dj-pius-na-bruce-melodie-basuye-umukecuru-wavuze-amagambo-abakobwa-bafite-ubushyuhe</guid>

		<dc:date>2020-08-29T15:06:48Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’uko abahanzi Deejay Pius na Bruce Melodie bakoze indirimbo ‘Ubushyuhe’ yakunzwe n’abatari bake, ndetse hakumvikanamo ijwi n’amagambo yavuzwe n’umukecuru waganiraga n’umunyamakuru, kuri ubu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>DJ Pius na Bruce Melodie basuye umukecuru wavuze amagambo ‘Abakobwa bafite ubushyuhe’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140127 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_pius_bruce_melodie.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Yitwa Nyiragondo Espérance akaba afite imyaka 90 y’amavuko. Uyu mukecuru yavuze ko yibarutse abana 10 ariko ubu asigaranye 2 kandi ngo amaze kubona ubuvivi n&#8217;ubuvivure.</p>
<p>Nyiragondo Espérance wamamaye kubera amagambo ye aho yavuze ati "Aba bakobwa bafite ubushyuhe, n&#8217;aba basore bafite gahunda" yavuze ko ashimira aba bahanzi baje kumusura, akaba anashimira by&#8217;umwihariko Nyakubahwa Perezida wa Repubilika Paul Kagame, agira ati "Narambe agire ubuzima, nzi ibihuru yankuyemo."</p>
<p>Mu byo bamugeneye harimo ibiribwa bamuha n&#8217;igitenge bamwizeza ko bazagaruka ikindi gihe bafite umwanya batihuta kugira ngo bubahirize amasaha ajyanye no kwirinda icyorezo cya COVID-19.</p>
<p>Mu kiganiro bagiranye na Yago TV, Bruce Melodie yashimiye cyane Nyiragondo avuga ko iyo ataganiriza abanyamakuru bamusuye mbere ngo na bo babibone batari kubona inganzo yavuyemo indirimbo ‘ubushyuhe’.</p>
<p>Dj Pius avuga ko ubusanzwe yajyaga avugana n’uwo mukecuru, kuri iyi nshuro bakaba bamusuye kuko bumvise ko yari arwaye. Pius yongeyeho ko uyu mukecuru atazibagirana, ati" Kuba twarakoresheje amagamabo ye mu ndirimbo ni ukuvuga ko inganzo itazasaza, n&#8217;abazaza nyuma yacu bazayumva bamenye ko ari we wabivuze."</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_pius_bruce_melodie.jpg"
				length="255660"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umugabo wanjye ni umunyapolitiki udasanzwe &#8211; Melania Trump</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Umugabo-wanjye-ni-umunyapolitiki-udasanzwe-Melania-Trump</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/Umugabo-wanjye-ni-umunyapolitiki-udasanzwe-Melania-Trump</guid>

		<dc:date>2020-08-26T18:58:14Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu kwamamaza umugabo we, Melania Trump yavuze ko Amerika ikeneye kongera gutora Donald Trump kugira ngo ayobore indi manda y’imyaka ine iri imbere. Ni nyuma y’uko benshi bakomeje kumushinja kuba&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umugabo wanjye ni umunyapolitiki udasanzwe – Melania Trump</h1>

			

			

			<div class='spip_document_140024 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="51" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/donald-trump-melania-trump.jpg' width="700" height="367" alt="Melania Trump yashimagije umugabo we Donald Trump" title="Melania Trump yashimagije umugabo we Donald Trump" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Melania Trump yashimagije umugabo we Donald Trump</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Umugore wa Trump yagize ati “Ntabwo ari umunyapolitiki usanzwe uvuga gusa ntacyo akora, abona ibisubizo bikwiye.”</p>
<p>Melania Trump wahoze ari umunyamideli yanenze itangazamakuru ngo rigaragaza Donald Trump mu buryo butari bwo.</p>
<p>Melania Trump yavuze aya magambo mu nama yahuje abo mu ishyaka ry’Abarepubulikani rizahagararirwa na Donald Trump mu matora ya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika.</p>
<p>Umugore wa Trump yagarutse no ku bibazo birimo gutezwa n’icyorezo cya COVID-19, ati “Guhera muri Werurwe ubuzima bwacu bwarahungabanyijwe, ndabizi ko benshi bafite impungenge ku buzima bwabo nagira ngo mbabwire ko mutari mwenyine.”</p>
<p>Ibi yabivugiye mu busitani bw’inzu y’umweru (White House) Perezida wa Amerika akoreramo, abizeza ko Donald Trump ari gukora ibishoboka byose kugira ngo abagizweho ingaruka n’icyo cyorezo bitabweho.</p>
<p>Mu gihe hasigaye ibyumweru 10 ngo amatora abe, ikiganiro cy’umugore wa Donald Trump cyari gitegerejwe na benshi kuko atakunze kugaragara avuga mu bihe byo kwiyamamaza no mu itangazamakuru.</p>
<p>Umukandida w’Abarepublikani Donald Trump azahangana mu matora na Joe Biden uhagarariye ishyaka ry’Abademokarate.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/donald-trump-melania-trump.jpg"
				length="71360"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abantu 148 bafunzwe i Paris bazira urugomo nyuma yo gutsindwa kwa Paris Saint-Germain</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imikino/football/article/abantu-148-bafunzwe-i-paris-bazira-urugomo-nyuma-yo-gutsindwa-kwa-paris-saint-germain</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imikino/football/article/abantu-148-bafunzwe-i-paris-bazira-urugomo-nyuma-yo-gutsindwa-kwa-paris-saint-germain</guid>

		<dc:date>2020-08-24T18:53:22Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Football
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 24 Kanama 2020, abashinzwe umuteko mu Bufaransa bafunze abantu 148 bazira ibikorwa by’urugomo nk’uko Polisi mu Bufaransa yabitangaje kuri Twitter.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abantu 148 bafunzwe i Paris bazira urugomo nyuma yo gutsindwa kwa Paris Saint-Germain</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139931 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/paris_bayern_uefa.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Urwo rugomo rwakurikiye umukino wa nyuma wa UEFA Champions League wahuje ikipe yo mu Budage ya Bayern Munich na Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa, birangira Bayern Munich yegukanye igikombe itsinze PSG igitego kimwe ku busa.</p>
<p>Abantu benshi biganjemo abasore bahise bajya mu mihanda y’i Paris mu murwa mukuru  batangira gutwika imodoka no kumena ibirahuri by’inzu z’ubucuruzi.</p>
<p>Benshi muri bo bari bizeye intsinzi ikomeye, dore ko iyi kipe ya PSG yashinzwe mu 1970, mu myaka 50 imaze ari ubwa mbere yari igeze ku mukino wa nyuma wa Champions League. Ibi byatumye abafana bajya mu mihanda kubera agahinda.</p>
<p>Hafi y’aho aba bafana bareberaga umupira mu gihe wabaga babanje gusohoka bateza umutekano muke, Polisi igerageza kubahagarika ariko barakomeza. Umukino urangiye abarenga 5,000 bagiye mu mihanda batangira gutwika imodoka no kumena ibirahuri by’amaduka y’ubucuruzi ku mihanda, abashinzwe umutekanao babatera ibyuka bihumanya.</p>
<div class='spip_document_139932 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/psg-police_bayern.jpg' width="700" height="420" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu gihe i Paris bari mu gahinda gakomeye, mu mujyi wa Marseille ho bari bishimiye ko ikipe bahora bahanganye mu mateka yatsinzwe. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byatangaje ko bamwe mu bari mu mihanda i Marseille bagiraga bati “Ni umunsi mukuru kuko batsinzwe.”</p>
<p>Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yanditse kuri Twitter ashima ikipe ya Bayern Munich ku ntinzi anihanganisha ikipe ya PSG ayishimira imikino myiza bakinnye mu irushanwa ayibwira ko igihe cyayo kizagera.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/paris_bayern_uefa.jpg"
				length="143155"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Twatangiye kuririmbana na Cecile Kayirebwa dufite imyaka 12 - Ange na Pamela</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/twatangiye-kuririmbana-na-cecile-kayirebwa-dufite-imyaka-12-ange-na-pamela</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/twatangiye-kuririmbana-na-cecile-kayirebwa-dufite-imyaka-12-ange-na-pamela</guid>

		<dc:date>2020-08-22T13:34:33Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ndayishimiye Angel na Bamureke Pamela abakobwa b’impanga baririmba injyana ya gakondo bazwi nka Ange na Pamela batangiye kuririmba izabo badasubiyemo iz’abandi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Twatangiye kuririmbana na Cecile Kayirebwa dufite imyaka 12 - Ange na Pamela</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139831 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/impanga_pamela_na_ange_ok.png' width="788" height="394" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro bagiranye na KT Radio, bavuze ku rugendo rwabo mu muziki, bavuga ko batangiye kuririmba bakiri bato, bati “ntabwo twibuka igihe twavuga twatangiye kuririmba kuko tukiri na bato twarahogozaga”.</p>
<p>Mu bihe byabahinduriye umuziki, bavugamo igihe batangiye kuririmbana na Cecile Kayirebwa bakiri bato, bivuye ku marushanwa. Bati “twagiye mu marushanwa icyo gihe bashakaga abantu bajya baririmbana na Cecile, twari abana bato dufite imyaka 12, icyo gihe twaririmbye indirimbo ye yitwa Marebe, tugitangira ahita ahaguruka araza turakomezanya. Yahise avuga ko amarushanwa arangiye duhera ubwo turirimbana na we”.</p>
<p>Bavuga ko ari amahirwe akomeye kuko indirimbo yabo ya kabiri bakoranye na we yitwa ‘Impundu zanjye’.</p>
<p>Bombi kuri ubu bafite aba fiancé bavuga, ko nta gahunda bafite yo kuva muri gakondo kuko ntacyo bayiburamo, bati “uku utubona hano ni gakondo idutunze kandi ntacyo tubuze, ikindi ni uko burya injyana ya gakondo uyihuza n’ibirori bindi bigakunda bitari ubukwe gusa nk’uko abanshi bibwira. N’izindi njyana burya birahura kandi bikaba byiza”.</p>
<p>Kuri ubu bafite indirimbo zabo bihimbiye ebyiri, iherutse gusohoka yitwa ‘Rusengo’, bakaba ari bamwe mu bakobwa baririmba gakondo bavuga ko kuri ubu igeze ku rwego rwiza bitakiri amatorero gusa, ahubwo abantu basigaye bakunda kuyigana ari benshi.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/qSdKGU8w_JI" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/impanga_pamela_na_ange_ok.png"
				length="377908"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Uwamahoro wamenyekanye mu itsinda &#8216;Mashirika' yakoze ubukwe n'umukunzi we Kayiteshonga </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/uwamahoro-wamenyekanye-mu-itsinda-mashirika-yakoze-ubukwe-n-umukunzi-we-kayiteshonga</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/uwamahoro-wamenyekanye-mu-itsinda-mashirika-yakoze-ubukwe-n-umukunzi-we-kayiteshonga</guid>

		<dc:date>2020-08-22T11:03:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Sinema
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uwamahoro Malaika wamenyekanye mu itsinda rya Mashirika, yamaze guhindura amazina ye, yongeramo iry’umugabo we basezeranye kubana.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Uwamahoro wamenyekanye mu itsinda ‘Mashirika’ yakoze ubukwe n’umukunzi we Kayiteshonga </h1>

			

			

			<div class='spip_document_139821 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/uwamahoro_malaika.jpg' width="1125" height="1052" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nk’uko yabyanditse, kuri ubu amazina ye ni Malaika Uwamahoro Kayiteshonga, hiyongereyeho iry’umugabo we.</p>
<p>Ku rubuga rwe rwa Instagram, yagize ati “Kuri ubu amazina yanjye yahindutse, munyumve ni ukuri sinari nzi ko urukundo rumera uku, mfite byinshi byahindutse n’ibyo umugabo wanjye yanyigishije. Nize ko urukundo rutababaza, urukundo ruzi icyo rushaka, rugaragara buri gihe, rwuzuye impuhwe,...”.</p>
<p>Malaika na Kayiteshonga bakoze ubukwe imbere y’amategeko muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuko ariho bombi batuye.</p>
<div class='spip_document_139822 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/malaika_mashirika.jpg' width="466" height="519" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kayiteshonga akora akazi ko gufotora (Photographer), Malaika akaba akina filime, avuga imivugo, akaba ari na we wateguye umukino wo kwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25 wabereye muri Sitade Amahoro.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/uwamahoro_malaika.jpg"
				length="206210"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Meghan Markle nasubira gukina filime azahembwa akayabo </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/meghan-markle-nasubira-gukina-filime-azahembwa-akayabo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/meghan-markle-nasubira-gukina-filime-azahembwa-akayabo</guid>

		<dc:date>2020-08-18T14:19:26Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Sinema
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nyuma y’uko Meghan Markle na Prince Harry bavuye mu Bwongereza bakajya gutura muri Leta zunze ubumwe za Amerika, Meghan wahoze ari umukinnyi wa filime mbere y’uko ashaka mu muryango w’ibwami&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Meghan Markle nasubira gukina filime azahembwa akayabo  </h1>

			

			

			<div class='spip_document_139672 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meghan_markel.jpg' width="700" height="420" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu myaka itandatu Meghan Markle yakinnye mu ruhererekane rwa filime yitwa ‘Suits’ yamugize ikirangirire, muri 2017 yavuye mu mwuga we kugira ngo yite ku nshingano yagize ubwo yakoraga ubukwe n’umwuzukuru w’Umwamikazi w’u Bwongereza Prince Harry.</p>
<p>Kuri ubu ubwo atagifite izo nshingano nk’umwe mu bagize umuryango w’ibwami, ashobora gusubira gukina filime nka mbere.</p>
<p>Abayobora filime batandukanye biteguye guhemba umugore wa Prince Harry akayabo, mu gihe yemeye gukorana n’umwe muri bo nk’uko tubikesha ikinyamakuru Daily Mirror.</p>
<p>Umwe muri aba batunganya filime, Paul Feig, avuga ko abenshi bari kurwanira Meghan, ati “nakwishimira gukorana na we muri imwe muri filime zanjye, ni umuhanga kandi azi ibyo akora”.</p>
<p>Jonathan Shalif, umwe mu bita ku nyungu z’abakinnyi ba filime avuga ko icyo Meghan yakora cyose cyakundwa. Ati “uburyo akunzwe muri Amerika ntibisanzwe, filime yakina iyo ari yo yose buri muntu azashaka kumureba. Aha turi kurebera mu mafaranga ntabwo wabara munsi ya miliyoni 50 z’amadolari ya Amerika”.</p>
<p>Jonathan akomeza asobanura uko abakinnyi bahembwa, yagize ati “uhembwa bitewe n’uko filime irebwa cyane, ntaho bihurira n’ubuhanga bw’umukinnyi”. Avuga ko iyo Meghan asubira muri filime ya ‘Suits’ yari kuba ari yo filime irebwa kurusha izindi kuri ubu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/meghan_markel.jpg"
				length="79051"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibyo ukwiye kwirinda mu gihe uhitamo imyenda yo kwambara</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-ukwiye-kwirinda-mu-gihe-uhitamo-imyenda-yo-kwambara</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibyo-ukwiye-kwirinda-mu-gihe-uhitamo-imyenda-yo-kwambara</guid>

		<dc:date>2020-08-17T08:48:40Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hari ibyo abahanga bita ‘faux pas’ cyangwa se amakosa mu myambarire, bituma umuntu iyo yambaye ataberwa cyangwa bidasa neza.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibyo ukwiye kwirinda mu gihe uhitamo imyenda yo kwambara</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139594 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imyenda.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ni iki gituma umuntu aberwa? Ese ibigezweho byose ni ko umuntu agomba kubyambara? Mu gihe wambaye se ugendera kuki? Amakosa ni ayahe akwiye kwirindwa? Ibyo byose ni ibibazo twibajije dushaka kuganira n’umunyamwuga ngo adusubize.</p>
<p>Falonne Rusamaza, umunyamideri w’umwuga ufite imyenda akora yitwa ‘Islo collection’, yadufashije gusubiza ibi bibazo.</p>
<p><strong>Ibigezweho byose ni ko umuntu akwiye kubyambara?</strong></p>
<p>Rusamaza agira ati “Imyenda yose igezweho si ko ikwiye kwambarwa kuko ihora ihinduka, kandi buri wese agira uburyo bwe bwihariye yambara bitewe n’ibyo akunda. Ariko nanone ibigezweho bifasha kugira ngo umuntu agendane n’ibihe”.</p>
<p>Yakomeje asobanura ko mu kwambara, ibintu bigenderwaho ari uburyo umubiri w’umuntu ungana, ku myaka ndetse n’ibihe.</p>
<p>Ati “Hari umwenda uba ari mwiza ariko bitewe na taille (uko umuntu ateye) y’umuntu ntaberwe. Urugero umuntu muto iyo yambaye imyenda minini isa n’aho imuruta ntaberwe”.4</p>
<p><strong>Amakosa akorwa na benshi</strong></p>
<p>Rusamaza asobanura ko ikosa rya mbere ari gushaka gusa n’abandi.Aati “ukabona nk’ifoto ahantu ugahita ushaka kwamabara nkuwo muntu, nyamara wagakwiriyi kureba niba uwo mwenda wagukwira cyangwa ujyanye nawe”.</p>
<p>Irya kabiri ni ukutagira uburyo wambara bwihariye. Yavuze ko ibi bituma utamenya aho uhera wambara, ugahora uhinduranya no gufatisha hamwe bikakunanira.</p>
<p>Irindi ni ukutamenya kwambarira aho ugiye. Yagize ati “Burya uko umuntu yambara bivuga byinshi ku wo ari we, ni yo mpamvu uko wambaye hagomba gusa n’aho ugiye, n’ukurebye ntibimubuze amahoro. Ni ukuvuga kudakabya”.</p>
<p>Ku bantu bakuru, Rusamaza yavuze ko atari ngomba guhora mu myenda imwe cyane cyane nk’abagore bari mu myaka iri hejuru ya 50 usanga bakunda kwambara ibitenge gusa.</p>
<p>Ati “Hari imyenda myinshi kandi myiza ibabera, urugero amajupo, amakanzu, amakoti, n’indi”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imyenda.jpg"
				length="96864"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Dore abakinnyi ba filime bahembwa menshi muri 2020</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/dore-abakinnyi-ba-filime-bahembwa-menshi-muri-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/sinema/article/dore-abakinnyi-ba-filime-bahembwa-menshi-muri-2020</guid>

		<dc:date>2020-08-16T07:57:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Sinema
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ikinyamakuru Forbes Magazine cyandika ibyerekeranye n’ubukungu cyashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 10 ba filime bahembwe menshi muri 2020, kigendeye ku rubuga rwerekana filimwe rwa Netflix.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Dore abakinnyi ba filime bahembwa menshi muri 2020</h1>

			

			

			<p>Nk’uko Forbes ibivuga Netflix ikomeje kwigaragaza mu ruhando rwa filime. Uru rubuga nta myaka myinshi rumaze rukora ariko rurayoboye, ndetse benshi bari kuri uru rutonde bagiye bahabwa na Netflix amafaranga yaturutse muri filime bakinnye.</p>
<p>Urugero nka Adam Sandler uri ku mwaka wa 9 yahembwe miliyoni $5 muri filime yakinnye yitwa “uncut gems” ariko Netflix yamuhaye miliyoni $31 kubera izindi filime 4 zarebwe cyane.</p>
<p>Dwayne Johnson uzwi nka The Rock uri ku mwanya wa mbere (uyu ni umwaka wa kabiri ari ku mwanya wa mbere), yinjije miliyoni $87,5 aho miliyoni $23,5 zinjiye muri filime yitwa Red Notice”</p>
<p><strong>Dore uko aba bakinnyi bakurikirana uhereye ku mukinnyi uhembwa menshi (mu madolari)</strong></p>
<p><strong>1.	Dwayne Johnson</strong> uzwi nka <strong>The Rock:</strong> Miliyoni $87,5</p>
<div class='spip_document_139526 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dwayne_johnson.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>2.	Ryan Reynolds:</strong> Miliyoni $71,5</p>
<div class='spip_document_139527 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ryan_reynolds.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>3.	Mark Wahlberg:</strong> Miliyoni $58</p>
<div class='spip_document_139528 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mark_wahlberg.jpg' width="700" height="524" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>4.	Ben Affleck:</strong> Miliyoni $55</p>
<div class='spip_document_139529 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/ben_affleck.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>5.	Vin Diesel: </strong> Miliyoni $54</p>
<div class='spip_document_139530 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vin_diesel.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>6.	Akshay Kumar:</strong> Miliyoni $48,5</p>
<div class='spip_document_139531 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/akshay_kumar.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>7.	 Lin-Manuel Miranda:</strong> Miliyoni $45,5</p>
<div class='spip_document_139532 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/lin-manuel_miranda.jpg' width="700" height="524" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>8.	Will Smith:</strong> Miliyoni $44</p>
<div class='spip_document_139533 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/will-smith.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>9.	Adam Sandler:</strong> Miliyoni $41</p>
<div class='spip_document_139534 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/adam_sandler.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>10.	Jackie Chan:</strong> Miliyoni $40</p>
<div class='spip_document_139535 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/jackie_chan-2.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/vin_diesel.jpg"
				length="88165"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Urukweto Michael Jordan yambaye rwagurishijwe angana na Miliyoni 596 Frw</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/urukweto-michael-jordan-yambaye-rwagurishijwe-angana-na-miliyoni-596-frw</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ntibisanzwe/article/urukweto-michael-jordan-yambaye-rwagurishijwe-angana-na-miliyoni-596-frw</guid>

		<dc:date>2020-08-15T08:19:39Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ntibisanzwe
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Urukweto Michael Jordan yakinnye yambaye rwaguzwe muri cyamunara Amadolari ya Amerika ibihumbi 615 nk’uko bitangazwa n’uwarugurishije Charlie’s auction rukaba ruhise rujya imbere mu mafaranga&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Urukweto Michael Jordan yambaye rwagurishijwe angana na Miliyoni 596 Frw</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139500 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/air_jordan_1-2.jpg' width="637" height="480" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Izi nkweto z’amabara y’umweru, umutuku n’umukara ni izo mu bwoko bwa Air Jordan 1 uyu mukinnyi wa Basketball wamamaye yambaye mu mukino wabereye mu Butaliyani mu 1985.</p>
<p> Michael Jordan yatsinze amanota menshi bigera aho amena aho umupira winjirira (panier). Yatsinze amanota 30 muri uwo mukino aho yakiniraga ikipe ya Chicago Bulls.</p>
<p>Umwaka ushize, rwiyemezamirimo w’umunya-Canada, Miles Nadal, yaguze inkweto zo mu bwoko bwa Nike, Adidas na Air Jordan zari zashyizwe mu cyamunara na Sotheby’s ku bihumbi 850 by’Amadolari.</p>
<p>Iyi cyamunara ije ica agahigo k’iyindi iherutse kuba yagurishije izindi kweto za Air Jordan 1  ku madolari ibihumbi 560. Ibi bibaye nyuma y’uko hasohotse filime mbarankuru yitwa “The last dance” yakozwe na ESPN hamwe na Netflix ivuga ku buzima bw’icyamamare Michael Jordan n’ubuzima bwe muri Chicago Bulls ndetse n’ubucuruzi bw’inkweto za Air Jordan 1.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/air_jordan_1-2.jpg"
				length="49449"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Amafaranga yishyuraga &#8216;salle' ubu akora ubukwe bwose</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/amafaranga-yishyuraga-salle-ubu-akora-ubukwe-bwose</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/amafaranga-yishyuraga-salle-ubu-akora-ubukwe-bwose</guid>

		<dc:date>2020-08-13T09:13:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri iki gihe gukora ubukwe bitandukanye n’uko bwakorwaga, ahanini bitewe n’umubare w’abantu babutaha ndetse no gukurikiza amabwiriza yo kwirinda covid-19.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Amafaranga yishyuraga ‘salle’ ubu akora ubukwe bwose</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139402 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/salle-3.jpg' width="700" height="426" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mbere y’ukwezi kwa Werurwe 2020, wasangaga ubukwe butahwa n’umubare munini w’abantu, baba inshuti cyangwa umuryango, kuri ubu umubare urabaze kuko mu murenge abatumirwa ntibarenga 15 naho mu rusengero ntibarenge 30.</p>
<p>Ibi bituma n’amafaranga ateganywa gukoreshwa agabanuka cyane, ugereranyije n’ayakoreshwaga mu bihe bisanzwe.</p>
<p>Izi ngamba zaje zisanga hari abari bafite gahunda yo gukora ubukwe, ariko abasabye uruhushya bararuhawe barabukora mu buryo butandukanye.</p>
<p>Zalugurha Safari Marcellin, ni umwe mu bari barateguye ko ubukwe bwe buzaba tariki 21 Werurwe 2020, ihurirana n’uko ari bwo hatangiye gahunda ya guma mu rugo mu gihugu cyose.</p>
<p>Safari avuga ko nubwo nta bantu baje nkuko bari babyiteguye, byatumye amafaranga atangwa ariko ntiyakoreshwa.</p>
<p>Ati “Nkatwe twari twaramaze kwishyura ubusitani aho ubukwe bwari bubere, ni cyo kintu cyaduhenze kuko amafaranga ntayo badusubije kandi ntabwo twahakoresheje. Ikindi cyaduhenze ni aho twari twiteze ko abazataha bukwe barara na yo agendera aho”.</p>
<p>Hari n’abateguye ubukwe nyuma y’uko izi ngamba zishyirwa mu bikorwa, bavuga ko ikiguzi cyagabanutse, ubu amafaranga wasangaga yishyura nk’aho abatumirwa bakirirwa ubu ari gukora ubukwe bwose bugataha.</p>
<p>Uwicyeza Juliene ufite ubukwe ku itariki ya 30 Kanama 2020, avuga ko byoroheje byinshi.</p>
<p>Agira ati “Nkanjye nari namaze kwishyura igice cyaho twari bwakirire abatumirwa, ariko ubu ngereranyije na mbere mu myiteguro, ubu amafaranga nzakoresha ntanageze mu cyakabiri cy’aya mbere. Ubu andi nzayakoramo indi mishanga itandukanye nari mfite”.</p>
<p>Uwicyeza yakomeje avuga ku bantu wasangaga batekereza gukora ubukwe, ariko amafaranga agatuma biha ikindi gihe cyo kuyashaka, ariko ubu byorohereje benshi kandi bigumye gutya byajya bituma abenshi batinyuka bakabukora nta byinshi bubasabye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/salle-3.jpg"
				length="113942"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Iwacu Muzika Festival mu isura nshya yafashije iki abanyempano?</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/iwacu-muzika-festival-mu-isura-nshya-yafashije-iki-abanyempano</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/iwacu-muzika-festival-mu-isura-nshya-yafashije-iki-abanyempano</guid>

		<dc:date>2020-08-11T14:30:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri iki gihe icyorezo cya covid-19 cyugarije isi yose, mu Rwanda imwe mu ngamba zafashwe ni uguhagarika ibitaramo byose n’amahuriro. Abahanzi bisanze akazi kabo kahagaritswe ariko ibirori bibera&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Iwacu Muzika Festival mu isura nshya yafashije iki abanyempano?</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139342 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/queen_cha.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Twaganiriye na bamwe mu bakoze mu gitaramo cya Iwacu Muzika Festival, bavuga ko ari ubundi bumenyi bungutse kuko akazi gakozwe bitandukanye n’uko basanzwe babimenyereye.</p>
<p>Igor Mabano wakoze muri iki gitaramo, yabwiye Kigali Today ko ari amahirwe ati “Ni andi mahirwe twabonye nk’abahanzi yo guhagarara imbere y’abakunzi bacu tukabasusurutsa nubwo bari mu rugo, ni ibintu bidasanzwe ariko nanone twabiciyemo neza”.</p>
<p>Kuri Riderman we, avuga ko ari ibihe byigishije benshi bitari abahanzi gusa, ati “kuba umuntu yarabaga afite gukora mu bitaramo birenga 30 mu mwaka ariko kubera iki cyorezo hagakorwa kimwe cyangwa ntihagire igikorwa, ni ibintu byerekana yuko umuntu agomba gukora ikintu kirenga kuko bihora bihinduka”.</p>
<p>Si abahanzi muri muzika gusa bagaragara muri iki gitaramo kuko hagaragaye ababyinnyi, abavuga ibisigo, abanyamideli n’abandi. Mu zindi mpano zagaraye harimo n’urwenya. Umunyarwenya wa mbere wagaragaye ni Clapton Kibonke.</p>
<p>Ku byo igitaramo cyamusigiye, Kibonke yavuze ko yabanje kwibaza uburyo agiye gukora nta bantu abona, ati “barampamagaye bambwira ko nzakora nibaza ukuntu ngiye gusetsa camera biranyobera. Ariko naricaye ndategura ndagenda ndakora ababibonye ni bo bambwiye uko byari bimeze”.</p>
<p>Ku mafaranga yavuze ko batakoreye ubuntu, ariko muri ibi bihe biriya byari amahirwe adasanzwe kubona uburyo umuntu yongera kubonana n’abakunzi be mu bundi buryo.</p>
<p>Iwacu Muzika Festival itegurwa na East African Promoters (EAP) ni igitaramo kiba buri wa gatandatu kikabera mu Intare Arena ku bufatanye na Banki ya Kigali, gihuza abahanzi n’abakunzi babo kuri Televiziyo Rwanda.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/queen_cha.jpg"
				length="67257"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ku myaka 96 yabonye impamyabumenyi y'icyiciro cya mbere cya kaminuza</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/ku-myaka-96-yabonye-impamyabumenyi-y-icyiciro-cya-mbere-cya-kaminuza</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/ku-myaka-96-yabonye-impamyabumenyi-y-icyiciro-cya-mbere-cya-kaminuza</guid>

		<dc:date>2020-08-08T06:30:44Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umutaliyani Giuseppe Paterno wariho mu gihe cy’intambara ya kabiri y’isi yakuriye mu bukene bituma atiga. Ku wa gatanu tariki 07 Kanama 2020 afite imyaka 96, yasohoje kaminuza abona impamyabumenyi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ku myaka 96 yabonye impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139268 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="73" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/png/umutaliyani.png' width="700" height="443" alt="Giuseppe Paterno yasoje icyiciro cya mbere cya kaminuza afite imyaka 96" title="Giuseppe Paterno yasoje icyiciro cya mbere cya kaminuza afite imyaka 96" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Giuseppe Paterno yasoje icyiciro cya mbere cya kaminuza afite imyaka 96</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Giuseppe yagize ati “Kwiga biri mu bintu nifuzaga mu buzima bwanjye, ariko nakuriye mu muryango munini kandi dukennye ntibabasha kunyishyurira ishuri. Urebye mu myaka ndaruta abandi bose ariko ntabwo ari yo mpamvu nabikoze”.</p>
<p>Uyu mukambwe yavutse ari imfura mu muryango w’abana barindwi. Akiri muto yafashaga se gukora mu ruganda rukora inzonga i Palerme mu Butariyani. Muri Nyakanga 1943 ubwo abasirikare bateraga umujyi wa Sicile mu ntambara ya kabiri y’isi, yakoreraga igisirikare cy’Abatariyani.</p>
<p>Yakomeje asobanura uko yakuze, ati “navuye mu ntambara y’isi ndi mutaraga njya gukora inzira za gari ya moshi. Icyo gihe nagombaga gukora kuko nari mfite umuryango wo gutunga, ari na ko nshaka gufata ibitabo ngo nsome”.</p>
<p>Ku myaka 31 nyuma yo kwiga nimugoroba, Giuseppe yabonye impamyabumenyi mu mibare (geometry) mu mashuri yisumbuye ariko inyota yo kwiga kaminuza ntayashira.</p>
<p>Kuri uyu wa gatanu Giuseppe yabonye inzozi ze ziba impamo, abona impamyabumenyi ya kaminuza mu mitekerereze ya muntu, avuga ko ari wo munsi mwiza mu buzima bwe,  ati “mbabajwe n’uko umugore wanjye Stefana Battaglia atakiriho ngo twishimane, ariko nishimye bitagira ingano”.</p>
<p>Inzozi ze ntizirangirira aho kuko yifuza kwiga akageza ku cyiciro cya kabiri cya kaminuza imyaka nibimwemerera.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/png/umutaliyani.png"
				length="462818"
				type="image/png" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Tabz yatangiye umuziki ku giti cye, ariko ngo ntavuye muri Neptunz Band (Video)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tabz-yatangiye-umuziki-ku-giti-cye-ariko-ngo-ntavuye-muri-neptunz-band</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/tabz-yatangiye-umuziki-ku-giti-cye-ariko-ngo-ntavuye-muri-neptunz-band</guid>

		<dc:date>2020-08-07T07:36:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Uwizerwa Thabitat wamenyekanye mu bitaramo ngarukakwezi bya ‘JazzJunction’ yatangiye gukora umuziki wenyine, avuga ko kuba agiye gukora nk’umuhanzi ku giti cye bitavuze ko avuye mu itsinda rya&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Tabz yatangiye umuziki ku giti cye, ariko ngo ntavuye muri Neptunz Band (Video)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139211 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="62" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tabz.jpg' width="413" height="700" alt="Umuhanzikazi Tabz avuga ko adateganya kuva muri Neptunz Band" title="Umuhanzikazi Tabz avuga ko adateganya kuva muri Neptunz Band" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umuhanzikazi Tabz avuga ko adateganya kuva muri Neptunz Band</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Tabz izina yiyise ryo kurubyiniro, ubwo yari mu kiganiro Dunda cya <a href="https://www.ktradio.rw/" class="spip_out" rel="external">KT Radio</a>, yavuze ko kuririmba wenyine byari mu nzozi ze kuva akiri muto.</p>
<p>Ati “Njya gutangira gukora umuziki mu nzozi zanjye harimo gukora umuziki atari mu itsinda gusa”.</p>
<p>Mu nzozi ze kandi yavuze ko arota umuhanzikazi w’umunyarwanda atwara bimwe mu bihembo bikomeye mu muziki ku isi, nka BEAT na Grammy award.</p>
<p>Yabajijwe niba agiye kuva mu itsinda aririmbamo rya Neptunes band, arahakana ati “ibyo nzi nyuma y’uko mvuye mu ishuri ry’umuziki ku Nyundo mbikesha urubuga rukomeye nahawe n’tsinda rya Neptunez band ndirimbamo, rero kuba ntangiye umuziki wanjye ntibivuze ko mvuye muri band”.</p>
<p>Thabitah yize mu ishuri ry’umuziki ku Nyundo, akaba yariganye na bagenzi be batandukanye kuri ubu bari gukora umuziki mu buryo butandukanye. Harimo Igor Mabano uri kuririmba muri Kina Music, Yverry wabaye umuhanzi ku giti cye ndetse n’abandi benshi.</p>
<p>Kuri ubu afite indirimbo ya mbere yashyize hanze yise ‘Me’ yakoreye muri ‘The future music’, iyi ikaba ari studio ya David Pro musaza we bavukana ku babyeyi bombi.</p>
<p><strong>Reba ikiganiro kirambuye na Tabs</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/3D_c6k1-qZQ" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/tabz.jpg"
				length="22785"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>USA: Amashusho y'urukozasoni yarogoye iburanisha</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/usa-amashusho-y-urukozasoni-yarogoye-iburanisha</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/usa-amashusho-y-urukozasoni-yarogoye-iburanisha</guid>

		<dc:date>2020-08-06T14:39:32Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Urubanza rwabaye hakoreshejwe ikorabuhanga ry’urubuga rwa Zoom haburanishwa umwe mu bakekwaho igitero cyabereye ku mbuga nkoranyambaga hagafatwa imbuga za bamwe mu bakire ku isi, kuri uyu wa&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>USA: Amashusho y’urukozasoni yarogoye iburanisha</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139197 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zoom.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uru rubanza rwari ukugira ngo harebwe uburyo uregwa w’imyaka 17 yagabanyirizwa ingwate akaburana ari hanze, yafashwe ku wa gatanu ushize muri Leta ya California aho atuye.</p>
<p>Amashusho y’indirimbo n’ay’urukozasoni yagumye agaruka kenshi, bituma Christopher Nash umucamazana ahagarika urubanza nk’uko inkuru ya France 24 ibivuga.</p>
<p>Amazina y’uregwa yanze gutangazwa kuko atagejeje imyaka y’ubukure, ariko akekwaho kuba ari we wihishe inyu y’ibyo bitero byo kuri twitter.</p>
<p>Mu batewe bibwa imbuga zabo za twitter harimo uwahoze ari Peresida wa Amerika Barack Obama, Joe Biden wabaye Minisitire w’Intebe wa Amerina n’umukire Elon Musk.</p>
<p>Ingwate yari yasabwe ingana na n’amadolari ya Amerika 725,000, abunganizi mu mategeko bakaba baburanaga ngo bayagabanye.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zoom.jpg"
				length="57473"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Yvan Buravan arahakana ibyo kuva muri &#8216;New Level'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/yvan-buravan-arahakana-ibyo-kuva-muri-new-level</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/yvan-buravan-arahakana-ibyo-kuva-muri-new-level</guid>

		<dc:date>2020-08-01T07:05:41Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Hashize iminsi havugwa ko Yvan Buravan yaba yavuye mu nzu y’umuziki yari asanzwe akoreramo  ya ‘New Level’,  ariko we yabihakanye yemeza ko hari impinduka runaka barimo bakora.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Yvan Buravan arahakana  ibyo kuva muri ‘New Level’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_139000 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/yvan_buravan_kigali_today.jpg' width="700" height="649" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi Buravan yabihakanye nyuma y’ibihuha bimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yaba yavuye muri New Level kuko yabonye amafaranga menshi.</p>
<p>Aganira na kigali Today, Buravan yavuze ko akiri gukorana na New Level nk’uko bisanzwe, ariko hari impinduka barimo bakora.</p>
<p>Ati “Ibyo mwabikuye he? Ni ibihuha kuko njye ntaho nagiye ndacyari kumwe na New Level, usibye ko hari impinduka nke turi gukora ni uko tutashatse kubishyira mu itangazamakuru”.</p>
<p>Ibi bihuha si ubwa mbere bivuzwe, kuko no muri 2017 byavuzwe ko Buravan yatandukanye n’iyi nzu ikora umuziki, hanyuma agatangira gukora wenyine kugeza ubwo impande zombi zicaye zikongera kumvikana uburyo zakorana.</p>
<p>Kuva yatangira kumenyekana mu muziki nyarwanda muri 2015 Burabyo Yvan yakoranaga na New level.</p>
<p>Iyi nzu yakoreragamo ni yo yakoreyemo album ye ya mbere yise ‘Love Lab”’, ndetse inamufasha mu gutwara igihembo cya Le prix de la découverte muri 2018.</p>
<p>Ntibikunze kubaho ko iyo abahanzi bamaze kumenyekana no gutwara ibihembo bikomeye, baguma mu nzu bakorana, kuko nyuma yaho iyo amasezerano batayumvikanyeho akenshi aseswa.</p>
<p>New Level ni yo yafashije abahanzi nka Buravan, itsinda rya Active n’abandi kuzamuka.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/yvan_buravan_kigali_today.jpg"
				length="93298"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Bwa mbere mu mateka Huawei yacuruje telefone nyinshi kurusha Samsung</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/telefone/article/bwa-mbere-mu-mateka-huawei-yacuruje-telefone-nyinshi-kurusha-samsung</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/telefone/article/bwa-mbere-mu-mateka-huawei-yacuruje-telefone-nyinshi-kurusha-samsung</guid>

		<dc:date>2020-07-31T15:01:38Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Telefone
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ku wa Kane tariki 30 Nyakanga 2020, uruganda rwa Huawei rw’Abashinwa rukora telefone rwabaye urwambere ku isoko mu gucuriza telefone nyinshi ku isi, ruca kuri Samsung y’Abanya Korea, nk’uko&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Bwa mbere mu mateka Huawei yacuruje telefone nyinshi kurusha Samsung</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138984 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/huawei_logo.jpg' width="700" height="423" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Canalys yavuze ko nubwo Abashinwa bafite ibihano bikomeye byashyizweho na Leta zunze ubumwe za Amerika, bacuruje telefone miliyoni 55.8, barenza Samsung bwa mbere mu mateka, aho yo yacuruje telefone miliyoni 53.7.</p>
<p>Iki kigo kandi kivuga ko nubwo Amerika yari yabujije ubuhumekero ubucuruzi bwa Huawei hanze y’u Bushinwa, byatumye ubucuruzi bwayo bwiyongera imbere mu gihugu.</p>
<p>Kuri ubu telefone zirenga 70% Huawei ikora zicuruzwa mu imbere mu gihugu cy’u Bushinwa, Canalys ivuga ko Samsung ifite imigabane mike cyane y’iryo soko.</p>
<p>Ku bucuruzi bwo hanze y’igihugu, buri hasi nkuko Mo Jia, umushakashatsi wa Canalys abivuga, ati “ubucuruzi bwo mu gihugu mo imbere bwonyine ntibuzaba buhagije kugira ngo Huawei igume mu mwanya wa mbere mu gucuruza, ubukungu bw’isi nibumara kwisunganya”.</p>
<p>Amerika yahagaritse icuruzwa rya Huawei ku isoko ryayo, ikaba inakangurira ibindi bihugu kureka kuyikoresha. Leta y’u Bwongereza yemeye kwifatanya na Amerika mu guhagarika gukoresha Huawei mu mushinga wo gukoresha 5G, kugeza muri 2027.</p>
<p>Iki cyemezo cyafashwe na Ministeri w’Intebe w’u Bwongereza Boris Johnson, kibuza ibigo by’ubucuruzi kugura ibikoresho bya Huawei guhera umwaka utaha.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/huawei_logo.jpg"
				length="152302"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Tanzania: Inkweto ndende n'inzara ndende ntibyemewe ku bakozi ba Leta </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/tanzania-inkweto-ndende-n-inzara-ndende-ntibyemewe-ku-bakozi-ba-leta</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/tanzania-inkweto-ndende-n-inzara-ndende-ntibyemewe-ku-bakozi-ba-leta</guid>

		<dc:date>2020-07-31T10:50:12Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muri Afurika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ubuyobozi bw’igihugu cya Tanzania bwasohoye amabwiriza ngenderwaho mashya agenga imyambarire ku bakozi ba Leta. Aya mabwiriza mashya abuza kwambara inkweto ndende mu biro bya Leta cyangwa mu&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Tanzania: Inkweto ndende n’inzara ndende ntibyemewe ku bakozi ba Leta </h1>

			

			

			<div class='spip_document_138980 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inkweto_ndende.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Naho ku byerekeye inzara, abakozi ba Leta muri iki gihugu ubu ntibemerewe kugira inzara ndende haba ku bagabo cyangwa abagore.</p>
<p>Ikindi ni uko ku abagore bakunda gusiga inzara zabo vernis batemerewe kuvanga amabara nk’uko bamwe bakunze kubigenza, ndetse no ku misatsi yaba ku bagabo cyangwa abagore ntabwo byemewe gusigamo amabara cyangwa ngo biyogosheshe bidasanzwe.</p>
<p>Ikinyamakuru Habari Leo, cyavuze ko izi mpinduka zatangiye gushyirwa mu bikorwa ku mugaragaro muri uku kwezi kwa Nyakanga 2020.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inkweto_ndende.jpg"
				length="111461"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kenya: Perezida Kenyatta yahagaritse kugurisha inzoga mu minsi 30</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/kenya-perezida-kenyatta-yahagaritse-kugurisha-inzoga-mu-minsi-30</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/muri-afurika/article/kenya-perezida-kenyatta-yahagaritse-kugurisha-inzoga-mu-minsi-30</guid>

		<dc:date>2020-07-27T18:59:46Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muri Afurika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa mbere tariki 27 Nyakanga 2020, yatangaje ko bitemewe kugurisha inzoga mu tubari n’amaresitora.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kenya: Perezida Kenyatta yahagaritse kugurisha inzoga mu minsi 30</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138835 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kenyatta_bans_alchol.jpg' width="700" height="328" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi byakozwe mu buryo bwo gukumira ikwirakwira rya covid-19, nyuma y’uko hagaragaye umubare munini w’abantu bajyaga mu tubari nyuma y’amasaha yemewe yo gutaha. Perezida Kenyatta yavuze ko utubari tuzafatwa dufunguye nyuma y’amasaha yemewe tuzafungwa burundu.</p>
<p>Kenyatta yagize ati “Aho bagurisha inzoga ni bumwe mu buryo bwo kwiyangiza. Twibeshya ko kuba hano iwacu abantu bicwa na covid-19 bari ku kigero cya 1.6% biri hasi kurusha ahandi hantu ku isi bigatuma twirara ari nako benshi bagenda bandura”.</p>
<p>Yanavuze ko amasaha yo gutaha no gufunga amaduka kuva saa tatu z’ijoro kugera saa kumi n’imwe za mugitondo bigikomeje mu minsi 30 iri imbere.</p>
<p>Yongeye gusaba Abanyakenya, ati “Niba umuntu aje mu iduka ryawe atambaye agapfukamunwa ujye umusaba kukambara mbere y’uko muvugana. Waba ugiye muri resitora ugasanga ukwakira nta gapfukamunwa yambaye ujye umusaba kukambara”.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kenyatta_bans_alchol.jpg"
				length="81240"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya imyenda ikunzwe na benshi muri iki gihe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-imyenda-ikunzwe-na-benshi-muri-iki-gihe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-imyenda-ikunzwe-na-benshi-muri-iki-gihe</guid>

		<dc:date>2020-07-26T06:38:18Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Buri mwaka ugira imyambaro ikundwa kugerwaho kurusha iyindi. Uko imyaka yagiye igenda ni ko imwe ivaho hakaza indi. Muri 2020 hari imyenda igezweho kurusha indi haba ku bakobwa ndetse n’abahungu.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya imyenda ikunzwe na benshi muri iki gihe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138773 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imyenda_igezweho_kigali_today.jpg' width="700" height="459" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Tuganira n’umucuruzi w’imyenda muri CHIC, Rutayisire Noella yatubwiye imyenda iri kugurwa na benshi muri iyi minsi.</p>
<p><strong>Colan (kora) ngufi na T-shirt</strong></p>
<div class='spip_document_138774 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/colan.jpg' width="700" height="1130" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aha hambarwa colan (kora) igeze mu mavi izi bakunze kwita bicycle cyangwa biker kuko aya ma colan agera mu mavi yambarwa abatwara amagare.</p>
<p><strong>Amakoti manini</strong></p>
<div class='spip_document_138775 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/over_sized_blazer.jpg' width="700" height="395" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aya yambarwa ku makanzu cyangwa se ku ipantalo isanzwe, ariko uyambaye akarenzaho ikoti ririni risa n’aho ritamukwiriye neza.</p>
<p><strong>Amasakoshi mato</strong></p>
<div class='spip_document_138776 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/small_bbag.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_138777 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/small_bag.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Kuri ubu abakobwa n’abagore benshi usanga bari kugura amasakoshi mato kuko ni yo agezweho, bitandukanye n’imyaka yashize aho hakundwaga amasakoshi manini.</p>
<p><strong>Amapantalo ya ‘boyfriend’ </strong></p>
<div class='spip_document_138778 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bf_pant.jpg' width="700" height="851" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_138779 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/boyfreind.jpg' width="700" height="1051" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aya mapantalo yambarwa n’abakobwa ameze nk’ayabahungu, aba ari manini ariko afashe mu nda honyine. Impamvu yitwa boyfriend, ni uko ubusanzwe yambarwa n’abahungu.</p>
<p><strong>Inkweto ndende z’abahungu ‘sneakers’</strong></p>
<div class='spip_document_138780 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/sneakers.jpg' width="700" height="412" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bigezweho ko umuntu yakwambara ikanzu agashyiraho inkweto z’abahungu zo hasi kandi ari umukobwa, ku ndende izo bita ‘high heels’ za kera ni zo zagarutse.</p>
<p>Ku bahungu na ho imyenda iratandukanye n’iy’abakobwa kandi ikagendera ku bihe.</p>
<p><strong>Amashati y’amaboko magufi bakunze kwita ‘Miami’</strong></p>
<div class='spip_document_138781 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/miami_shirts.jpg' width="700" height="929" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_138782 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/amashati_y_amaboko_magufi.jpg' width="236" height="586" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Aya mashati  y’amaboko magufi yitwa Miami kubera ko ako gace muri Leta zunzwe ubumwe za Amerika gafite igice kinini kiri ku mazi.</p>
<p><strong>Amasengeri ya ‘Kobe Bryant’</strong></p>
<div class='spip_document_138783 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kobe_bryant_jersey.jpg' width="700" height="700" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umukinnyi wa basketball Kobe Bryant wapfuye mu ntangiriro z’uyu mwaka ni we wambaraga numero 7 na 24 akinira ikipe ya Laker. Nyuma y’urupfu rwe abantu benshi baguze isengeri yambaraga.</p>
<p><strong>Amasogisi n’inkweto zifunguye</strong></p>
<div class='spip_document_138784 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/sandal_n_isogisi.jpg' width="700" height="460" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Iyi myambarire ubusanzwe imenyerewe mu rugo, ariko kuri ubu irambarwa bagasohoka.</p>
<p><strong>Inkweto za ‘Air Jordan 1’ na ‘Air Force’ z’umweru</strong></p>
<div class='spip_document_138785 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/air_jordan_1.jpg' width="700" height="691" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_138786 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/air_force-2.jpg' width="700" height="525" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku basore kimwe n’abakobwa, ubu inkweto zifunze za Air Jordan 1 ndetse na Air Force zariho zose mbere, ariko zigezweho cyane kuri ubu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/air_force-2.jpg"
				length="58285"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umubyeyi wanduye Covid-19 ashobora kwanduza umwana ariko biba gake (Ubushakashatsi)</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umubyeyi-wanduye-covid-19-ashobora-kwanduza-umwana-ariko-biba-gake-ubushakashatsi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umubyeyi-wanduye-covid-19-ashobora-kwanduza-umwana-ariko-biba-gake-ubushakashatsi</guid>

		<dc:date>2020-07-17T09:59:09Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Abaganga i Paris mu Bufaransa bemeje uruhinja rwa mbere rwavukanye covid-19 nyuma y’uko nyina amwanduje amutwite nk’uko bitangazwa mu bushakashatsi. Byemezwa y’uko ari ibintu biba gake.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umubyeyi wanduye Covid-19 ashobora kwanduza umwana ariko biba gake (Ubushakashatsi)</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138483 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="68" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umwana_wavukanye_covid-19.jpg' width="700" height="393" alt="Umubyeyi wanduye Covid-19 ashobora kwanduza umwana ariko biba gake" title="Umubyeyi wanduye Covid-19 ashobora kwanduza umwana ariko biba gake" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Umubyeyi wanduye Covid-19 ashobora kwanduza umwana ariko biba gake</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uru ruhinja rwatangiye kugaragaza ibimenyetsi bya covid-19 nyuma gato y’uko ruvuka muri Werurwe rukira mbere y’uko abaganga babona umuti. Ibimenyetso birimo kunanirwa guhumeka no kwangirika ku bwonko byagaragaye mu masaha 24 nyuma y’uko uru ruhinja ruvuka, byaje gukira nyuma y’ibyumweru bitatu.</p>
<p>Nyina wari ufite ibimeneyetso bya covid-19 igihe cyo kubyara na we yarakize kuri ubu. Uhagarariye abakoze ubu bushakashatsi Dr. Daniele De Luca mu kinyamakuru cyandika ku buvuzi ‘Nature communications’, yagize ati “Twagaragaje y’uko umubyeyi ashobora kwanduza umwana atwite mu cyumweru cya nyuma cy’inda”.</p>
<p>Uyu mwana yavutse nyina abazwe byatumye abaganga babasha kubika ingobyi kugira ngo babashe gupima bemeze ko ari covid-19 nk’uko Dr. De Luca yabisobanuye. Mu ngobyi ni ho covid-19 yari ari nyinshi bituma ica mu rureri igera ku mwana.</p>
<p>Marian Knight, umwalimu ku buzima bw’abana n’ababyeyi muri Kaminuza ya Oxford utarakoze kuri ubu bushakashatsi, yavuze ko ibi byabaye bishoboka gake ko uruhinja ruvutse ku mubyeyi urwaye covid-19 rugaragaza ibimenyetso rukivuka.</p>
<p>Inama yagiriye abagore batwite ni uko bakwirinda covid-19 bakaraba intoki no gusiga intera mu gihe bagiye ahari abantu benshi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/umwana_wavukanye_covid-19.jpg"
				length="62011"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umukobwa wa Nelson Mandela yitabye Imana </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umukobwa-wa-nelson-mandela-yitabye-imana</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/umukobwa-wa-nelson-mandela-yitabye-imana</guid>

		<dc:date>2020-07-13T10:49:21Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Zindzi Mandela umukobwa wa Nelson Mandela wahoze ayobora Afurika y’Epfo, yapfuye ku myaka 59 nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ishyaka rya African National Congress (ANC) kuri uyu wa mbere.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umukobwa wa Nelson Mandela yitabye Imana </h1>

			

			

			<div class='spip_document_138300 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="46" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zindzi.jpg' width="700" height="483" alt="Zindzi Mandela yitabye Imana afite imyaka 59" title="Zindzi Mandela yitabye Imana afite imyaka 59" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Zindzi Mandela yitabye Imana afite imyaka 59</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Televiziyo y’igihugu SABC yavuze ko Mandela wakoreraga igihugu nka Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Denmark yapfiriye mu bitaro i Johannesburg. Ntiyigeze itangaza impamvu y’urupfu rwe.</p>
<p>Zindzi Mandela umwana Nelson Mandela yabyaranye n’uwahoze arwanya ivangura rishingiye ku ruhu  Madikizela Mandela, yamenyekanye ku rwego mpuzamahanga ubwo yasomaga ibaruwa ya Nelson Mandela wari muri gereza yanga ibyo Peresida P.W Botha yamubwiraga, amuha kuva muri gereza mu 1985.</p>
<p>Zindzi yasomeye ibaruwa se yanditse yanga amabwiriza yo gusohoka muri gereza imbere y’imbaga y’Abanyafurika y’Epfo ndetse n’itangazamakuru ku isi hose.</p>
<div class='spip_document_138301 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="67" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/asoma_ibaruwa_ya_se.jpg' width="700" height="900" alt="Aha Zindzi Mandela yasomaga ibaruwa ya se, mu gihe we yari afunze" title="Aha Zindzi Mandela yasomaga ibaruwa ya se, mu gihe we yari afunze" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Aha Zindzi Mandela yasomaga ibaruwa ya se, mu gihe we yari afunze</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Pule Mabe, umuvugizi w’ishyaka rya ANC, yagize ati “Ibi bibaye imburagihe, yari agifite akazi kenshi ko gukora mu mibereho yacu n’akazi gakomeye muri ANC muri rusange”.</p>
<p>Zindzi Mandela asize umugabo n’abana bane.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/zindzi.jpg"
				length="58906"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Mani Martin ni we wari utahiwe muri Iwacu Muzika Festival</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/mani-martin-ni-we-wari-utahiwe-muri-iwacu-muzika-festival</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/mani-martin-ni-we-wari-utahiwe-muri-iwacu-muzika-festival</guid>

		<dc:date>2020-07-11T22:06:22Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu ndirimbo ziganjemo injyana ya gakondo, umuhanzi Mani Martin wacurangiwe na Kesho Band aherekejwe na Bill Ruzima ndetse na Patrick Nyamitari, ni bo basusurukije abarebaga Iwacu Muzika Festival.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Mani Martin ni we wari utahiwe muri Iwacu Muzika Festival</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138247 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="63" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mani_martin_iwacu_muzika.jpg' width="700" height="548" alt="Mani Martin yataramiye abari bakurikiye Iwacu Muzika Festival" title="Mani Martin yataramiye abari bakurikiye Iwacu Muzika Festival" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Mani Martin yataramiye abari bakurikiye Iwacu Muzika Festival</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Muri icyo gitaramo cyamaze iminota 50, Mani Martin yahereye ku ndirimbo ye itaka ubwiza bw&#8217;u Rwanda ko ahakumbuye yitwa "Iwacu" akurikizaho izindi zirimo I miss you, my destiny, amahoro na Ideni.</p>
<p>Mani Martin wari umuhanzi w&#8217;umunsi yageze hagati aha umwanya abamufashaga kuririmba harimo Patrick Nyamitari aririmba indirimbo imwe yitwa ‘Nzasara’ na Bill Ruzima aririmba iyitwa ‘Imana y&#8217;abakundana’.</p>
<p>Iwacu Muzika Festival imaze ibyumweru 4 iba ikaba isigaje ibindi 11. Abahanzi bamaze kuyigaragaramo barimo Bruce Melody, Igor Mabano, Massamba Intore na Mani Martin.</p>
<p>Biteganyijwe ko ku wa Gatandatu utaha umuhanzi w&#8217;umunsi azaba ari Queen Cha ari na we muhanzikazi wa mbere uzaba ugaragaye muri ibi bitaramo nk&#8217;umuhanzi w&#8217;umunsi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/mani_martin_iwacu_muzika.jpg"
				length="103505"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>DJ Pius yasobanuye icyo yashakaga kuvuga mu ndirimbo ye nshya &#8216;Ubushyuhe'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dj-pius-yasobanuye-icyo-yashakaga-kuvuga-mu-ndirimbo-ye-nshya-ubushyuhe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/dj-pius-yasobanuye-icyo-yashakaga-kuvuga-mu-ndirimbo-ye-nshya-ubushyuhe</guid>

		<dc:date>2020-07-11T20:59:39Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Rukabuza Pius wamamaye ku izina rya  DJ Pius yasobanuye ko indirimbo ‘Ubushyuhe’ bayikoze bayijyanishije n’iki gihe cy’impeshyi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>DJ Pius yasobanuye icyo yashakaga kuvuga mu ndirimbo ye nshya ‘Ubushyuhe’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138246 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="9" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_pius_ubushyuhe.jpg' width="700" height="466" alt="DJ Pius " title="DJ Pius " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>DJ Pius </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyi ndirimbo irimo ijwi risa n’iry’umukecuru uvugo ko abakobwa n’abahungu bafite ubushyuye, abenshi bayumva bahita batekereza ko ubushyuhe buvugwa muri iyo ndirimbo ari ubw’umubiri.</p>
<p>Ubwo yari yatumiwe mu kiganiro Dunda cya KT Radio, Dj Pius wayiririmbye yasobanuye ko ubushyuhe bavugaga ari ubw’igihe cy’impeshyi.</p>
<p> Yagize ati “Mu bihe by’impeshyi haba ubushyuhe, n’iyo ahantu hari ibirori bavuga ko hahiye cyangwa hashyushye ni ibyo navugaga”.</p>
<p>DJ Pius kuri ubu ari gukora kuri Album ye ya kabiri avuga ko ashaka gukorana n’abandi bahanzi b’Abanyarwanda, bitandukanye na Album ye ya mbere yakoranye n’abahanzi b’abanyamahanga.</p>
<p>Abajijwe ku buryo abahanzi babayeho mu gihe cya covid-19, Dj Pius yavuze ko bitoroshye ariko bakomeje. Yagize ati “Nkatwe muri 1K Entertainment turacyari gukora, kuko na Amalon mu minshi iri imbere azasohora indi ndirimbo nshya.”</p>
<p><strong>Reba indirimbo Ubushyuhe ya DJ Pius afatanyije na Bruce Melodie</strong></p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/_BjFH6s9cyw" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dj_pius_ubushyuhe.jpg"
				length="81063"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Thierry Henry yapfukamye iminota 8 n'amasegonda 46 ashyigikira &#8216;Black Lives Matter'</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imikino/football/article/thierry-henry-yapfukamye-iminota-8-n-amasegonda-46-ashyigikira-black-lives-matter</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imikino/football/article/thierry-henry-yapfukamye-iminota-8-n-amasegonda-46-ashyigikira-black-lives-matter</guid>

		<dc:date>2020-07-10T18:34:02Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Football
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Thierry Henry wamamaye mu mupira w’amaguru ubu akaba ari umutoza w’ikipe ya Montreal Impact yo muri Canada yateye ivi iminota 8 n’amasegonda 46 ubwo ikipe ye yahuraga na New England Revolution ku&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Thierry Henry yapfukamye iminota 8 n’amasegonda 46 ashyigikira ‘Black Lives Matter’</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138207 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="78" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/thierry_henry.jpg' width="680" height="453" alt="Thierry Henry wamamaye mu gukina umupira ubu asigaye ari umutoza muri Canada" title="Thierry Henry wamamaye mu gukina umupira ubu asigaye ari umutoza muri Canada" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Thierry Henry wamamaye mu gukina umupira ubu asigaye ari umutoza muri Canada</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Ibi yabikoze mu rwego rwo kwibuka Umunyamerika w’Umwirabura George Floyd wishwe n’umupolisi muri Gicurasi 2020 amutsikamije ivi ku ijosi, biteza uburakari n’imyigaragambyo ikomeye henshi ku isi.</p>
<p>Thierry Herny yari yambaye umupira w’umukara wanditseho “Black Lives Matter” mu kwerekana ko yifatanyije n’abigarambya basaba ko habaho impinduka mu buryo abirabura bafatwa.</p>
<p>Umukino urangiye, Thierry Henry yagize ati “Napfukamye iminota 8 n’amasegonda 46 kandi muzi impamvu yabyo, byari ukugira ngo nerekane ko nifatanyije n’ubukangurambaga bwa ‘Black Lives Matter’.</p>
<p>Gupfukama kwa Thierry Henry igihe kingana gutyo, ngo byari bigamije kugihuza n’igihe umupolisi witwa Derek Chauvin wishe George Floyd yamaze amupfukamye ku ijosi atabasha guhumeka.</p>
<p>Kwigana uko uwo mwirabura yishwe bikunze gukorwa n’abantu batandukanye, aho bamwe bapfukama nk’uko uwo mupolisi yari apfukamye kuri uwo mwirabura, abandi bigaragambya bakaryama mu mihanda nk’uko uyu mwirabura yari aryamishijwe hasi amaboko ariho amapingu azirikiye inyuma mu mugongo.</p>
<p>Thierry Henry yamamaye cyane ubwo yari mu ikipe ya Arsenal  yo mu Bwongereza ndetse akaba ari mu batwaye igikombe cy’Isi u Bufaransa bwegukanye mu 1998.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/thierry_henry.jpg"
				length="48680"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Ibyiciro by'ubudehe bizashingira no ku mafaranga urugo rwinjiza ku kwezi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ibyiciro-by-ubudehe-bizashingira-no-ku-mafaranga-urugo-rwinjiza-ku-kwezi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/ibyiciro-by-ubudehe-bizashingira-no-ku-mafaranga-urugo-rwinjiza-ku-kwezi</guid>

		<dc:date>2020-07-08T10:46:48Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				MobileBigStory
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuyobozi w’ishami ryo kurengera abatishoboye mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere by’inzego z’ibanze (LODA), Gatsinzi Justine, yasobanuye uko ibyiciro bishya&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Ibyiciro by&#8217;ubudehe bizashingira no ku mafaranga urugo rwinjiza ku kwezi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138142 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="92" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/justin_gatsinzi_loda_ubudehe.jpg' width="700" height="427" alt="Gatsinzi Justine ukora muri LODA yasobanuye ibyerekeranye n'ibyiciro by'ubudehe bivuguruye" title="Gatsinzi Justine ukora muri LODA yasobanuye ibyerekeranye n'ibyiciro by'ubudehe bivuguruye" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Gatsinzi Justine ukora muri LODA yasobanuye ibyerekeranye n&#8217;ibyiciro by&#8217;ubudehe bivuguruye</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uyu muyobozi ubwo aherutse mu kiganiro Ubyumva Ute kuri KT Radio, yasobanuye byimbitse bimwe mu byagendeweho mu gushyiraho ibyiciro bishya by’ubudehe.</p>
<p>Gatsinzi  yavuze ko umuntu uri mu cyiciro cya A ari uwishoboye ati “Ni umuntu ufite ubuzima bwiza, wishoboye uwo kera bitaga umukire. Aho urugo rushobora kuba rwinjiza amafaranga 600,000frw kuzamura”.</p>
<p>Uri mu cyiciro cya B ari cyo gikurikaho, Gatsinzi Justine yagize ati “Ari umukozi ukorera umushahara, ari uyakura ku zindi nkomoko zirambuye, haba mu mujyi no mu cyaro ni uri hagati ya 600,000frw kugeza kuri 65,000frw.”</p>
<p>Uri mu cyiciro cya C ho hagendewe ku bushobozi bwo gukora. Yakomeje agira ati “Hagendewe ku kigereranyo ari hagati ya 65,000frw na 45,000frw yaba avuye ku cyo yakoreye, ku mutungo yaba inka, inzu akodesha  bigushyira mu cyiciro cya C”.</p>
<p>Mu cyiciro cya D ho baracyahashakira ubushobozi bwo gukora, ati “Ni uwo kwinjiza 45,000frw bidashoboka. Byaba muri ya mirimo akora, byaba ibyo atunze bifite uko bimwinjiriza.”</p>
<p>Ati “Hari n’ikindi cyiciro cya E ariko cyo umwihariko ni uko ari umuntu utabasha gukora kuko akuze kandi ari incike, nta muntu babana ubasha gukora kandi habayeho gushishoza ko nta mitungo afite. Cyangwa se ari umuntu ufite ubumuga bukabije, icyo na cyo ni kimwe mu mpamvu zituma umuntu adakora ariko atari impamvu yo gukena.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/justin_gatsinzi_loda_ubudehe.jpg"
				length="42300"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Kanye West yavuze ko aziyamamariza kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/kanye-west-yavuze-ko-aziyamamariza-kuyobora-leta-zunze-ubumwe-za-amerika</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/kanye-west-yavuze-ko-aziyamamariza-kuyobora-leta-zunze-ubumwe-za-amerika</guid>

		<dc:date>2020-07-06T12:47:08Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Amakuru
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Kanye Omari West wo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko agiye kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu aho azaba ahanganye na Donald Trump uyobora Amerika muri iki gihe.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Kanye West yavuze ko aziyamamariza kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138081 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="12" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kanye_west-3.jpg' width="700" height="393" alt="Kanye West" title="Kanye West" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Kanye West</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Kanye West yanditse kuri Twitter ati “Ubu iki ni cyo gihe cyo kugera ku masezerano ya Amerika, twizera Imana, tugahuza icyerekezo no kubaka ejo hazaza. Nziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika.”</p>
<p>Kanye West yanditse ibi nyuma y’iminsi mike asohoye umuzingo w’indirimbo (Album) yise igihugu cy’Imana (God’s country).</p>
<p>Ku rukuta rwe rwa Twitter, Kanye West akurikirwa n’abantu barenga  miliyoni 29. Abafana be bahise batangiye kumwereka ko bamushyigikiye muri uwo mushinga wo kwiyamamariza kuba Perezida.</p>
<p>Amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mezi ane ari imbere, ariko uyu muhanzi ntabwo ariyandikisha ngo akore ibisabwa kugira ngo yemererwe kwiyamamaza.</p>
<p>Si ubwa mbere Kanye West avuze ko aziyamamariza kuba Perezida kuko muri 2015, yavuze ko agiye kwiyamamaza ariko mu birori yahawemo igihembo cya MTV video music awards avuga ko aziyamamaza mu matora yo muri 2020. Icyakora muri Mutarama 2019, Kanye West yari yavuze ko 2024 ari wo mwaka mwiza wo kwiyamamaza.</p>
<p>Mu myaka yashize Kanye West yagiye atakaza abafana bitewe n’uko yari ashyigikiye Perezida Donald Trump.</p>
<p>Kanye West wamenyekanye mu njyana ya Hip-Hop akaza no kuba rwiyemezamirimo w’umuherwe mu gucuruza inkweto n’imyenda, yatanze miliyoni ebyiri z’Amadolari mu gushyigikira umuryango wa George Floyd, umwirabura wishwe n’umupolisi bigateza imyigaragambyo hirya no hino ku isi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/kanye_west-3.jpg"
				length="61328"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Massamba Intore ni we wari utahiwe mu gitaramo cya Iwacu Muzika cyahuriranye no #Kwibohora26</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/massamba-intore-ni-we-wari-utahiwe-mu-gitaramo-cya-iwacu-muzika-cyahuriranye-no-kwibohora26</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/massamba-intore-ni-we-wari-utahiwe-mu-gitaramo-cya-iwacu-muzika-cyahuriranye-no-kwibohora26</guid>

		<dc:date>2020-07-04T21:32:35Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020 ubwo u Rwanda rwizihizaje isabukuru y’imyaka 26 rumaze rwibohoye. Igitaramo  cy’iserukiramuco rya Iwacu Muzika ni kimwe mu byafashije abantu kwishimira&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Massamba Intore ni we wari utahiwe mu gitaramo cya Iwacu Muzika cyahuriranye no #Kwibohora26</h1>

			

			

			<div class='spip_document_138024 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/massamba_intore.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Massamba Intore umenyerewe mu njyana gakondo yaririmbye muri icyo gitaramo abantu bakurikiraga kuri televiziyo y&#8217;igihugu no ku mbuga nkoranyambaga, yibutsa benshi ibihe by&#8217;urugamba rwo kubohora igihugu.</p>
<p>Ni igitaramo cyarimo abandi bahanzi nka Rutabingwa Paccy wari mu batsinze mu irushanwa rya ArtRwanda - Ubuhanzi ndetse na Symphony Band imaze kumenyerwa mu gucurangira abahanzi mu buryo bw’umwimerere (Live).</p>
<div class='spip_document_138025 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/massamba_intore_kwibohora_1_.jpg' width="700" height="455" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Muri iki gitaramo, Masamba Intore yaririmbye indirimbo ze ndetse n’izo abasirikare b&#8217;inkotanyi baririmbaga ku rugamba zirimo izumvikanamo amagambo nka: iya mbere Ukwakira, Inkotanyi cyane, Kibonge cya nini Vijana walihamiya msituni, Gira Ubuntu, Jenga taifa lako, Wirira shenge, asoreza kuri Kanjogera.</p>
<p>Masamba Intore yaranzwe n&#8217;amarangamutima ubwo yasubiragamo indirimbo Inkotanyi zaririmbaga zifite icyizere cyo gutaha mu Rwanda. Mu bamufashije kuririmba harimo umuhanzi ukiri mushya witwa Ruti Joël uririmba gakondo.</p>
<div class='spip_document_138026 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/massamba_intore_kwibohora_2_.jpg' width="700" height="465" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ku ntego ivuga ngo "Susurukira mu rugo" Iwacu Muzika Festival iri kubera kuri televiziyo kubera icyorezo cya covid-19, iki kikaba ari icyumweru cya gatatu iri kuba kandi ikazaba mu gihe cy&#8217;ibyumweru 15, hamwe n&#8217;umuterankunga w’iryo serukiramuco ari we Banki ya Kigali (BK).</p>
<p>Igitaramo cya mbere cyagaragayemo umuhanzi Bruce melody, icya kabiri kigaragaramo umuhanzi Igor Mabano.</p>
<div class='spip_document_138027 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/massamba_intore_kwibohora_3_.jpg' width="700" height="1052" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p><strong>Amafoto: Plaisir Muzogeye</strong></p>
<p>Kanda <a href="https://www.flickr.com/photos/kigali-today/albums/72157714971922953" class="spip_out" rel="external">HANO</a> ubashe kureba amafoto menshi y&#8217;iki gitaramo</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/massamba_intore.jpg"
				length="73061"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise &#8216;Urw'Inziza' </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/itorero-inganzo-ngari-rirabasusurutsa-mu-gitaramo-cyo-kwibohora-bise-urw-inziza</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/itorero-inganzo-ngari-rirabasusurutsa-mu-gitaramo-cyo-kwibohora-bise-urw-inziza</guid>

		<dc:date>2020-07-03T14:17:22Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Kwibuka26
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu mbyino z’umuco gakondo, itorero Inganzo Ngari ryateguye igitaramo ‘Urwinziza’ kuri uyu wa Gatanu tariki 03 Nyakanga 2020 mu rwego rwo kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw&#8217;Inziza’ </h1>

			

			

			<div class='spip_document_137949 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari-4.jpg' width="700" height="578" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Buri wa Gatanu Inganzo Ngari zajyaga zitarama kuri Hotel des Mille Collines ariko nyuma y’uko nta bitaramo biri kuba kubera icyorezo cya covid-19, biyemeje kujya batarama bifashishije ikoranabuhanga.</p>
<p>Nahimana Serge, umuyobozi w’iri torero yagize ati “Iki gitaramo cyahuriranye no ku wa Gatanu kandi twari dusanzwe dutarama buri wa Gatanu, ariko uyu uratandukanye kuko ni umunsi ufite ikintu gikomeye uvuze ku Banyarwanda.”</p>
<div class='spip_document_137950 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_1_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Urw&#8217;Inziza, izina ry’iki gitaramo ngo ryaturutse ku Rwanda rw’Intwari Nziza nk’uko Serge yakomeje abisobanura. Yagize ati “Twacyise Urw&#8217;Inziza mu rwego rwo kwifuriza Abanyarwanda umunsi mwiza wo Kwibohora.”</p>
<p>Iki gitaramo kiraca ku rubuga rwa YouTube rw’Itorero Inganzo Ngari guhera saa mbili kugeza saa tatu z’umugoroba. Iri torero kandi ngo rirateganya ko buri wa Gatanu rizajya ritarama kuri YouTube.</p>
<div class='spip_document_137951 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_2_.jpg' width="500" height="333" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_137952 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_3_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_137953 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_4_.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div><div class='spip_document_137954 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_1.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/inganzo_ngari_4_.jpg"
				length="96118"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Burna Boy yatsindiye igihembo cya BET Awards ku nshuro ya kabiri</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Burna-Boy-yatsindiye-igihembo-cya-BET-Awards-ku-nshuro-ya-kabiri</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/Burna-Boy-yatsindiye-igihembo-cya-BET-Awards-ku-nshuro-ya-kabiri</guid>

		<dc:date>2020-06-29T14:08:28Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umunya-Nigeria Burna Boy yatsindiye igihembo cya BET Awards mu cyiciro cya Best International Act.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Burna Boy yatsindiye igihembo cya BET Awards ku nshuro ya kabiri</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137766 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/burna_boy.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibirori bya BET Awards byabereye kuri murandasi mu mujyi wa Los Angeles mu rukerera rwo muri iki gitondo, uwari umuhuza w’amagambo yari umunyarwenya Amanda Seales.</p>
<p>Burna Boy yari mu cyiciro kimwe na Rema wo muri Nigeria, Innoss’B wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wari ugiyemo bwa mbere, Sho Madjozi wa Afrika y’Epfo, Stormzy wo mu Bwongereza ndetse na Ninho na S.Pri bo mu Bufaransa.</p>
<p>Mu mashusho avuga ijambo ryo kwakira iki gihembo, Burna Boy yagize ati “Ni ubwa kabiri nakiriye iki gihembo ndabishimiye. Ndashaka gufata uyu mwanya ngo ngire icyo mvuga, mu mwaka wa 1835 ibihugu byo muri Afurika byarategetswe. Iki ni cyo gihe cyo kugira ngo dusubire tube ubwami twahoze, kuko kugira ngo ubuzima bw’umwirabura bugire agaciro, Afurika igomba kugira agaciro.”</p>
<p>Iki gihembo ni inshuro ya kabiri Burna Boy agitwaye kuko mu mwaka ushize nabwo yagitwaye ari mu cyiciro cya Best international Act hamwe na Mr&nbsp;Eazi, AKA, Dave, Giggs, Dosseh na Aya Nakamura.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/burna_boy.jpg"
				length="95151"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Imyaka 11 irashize Michael Jackson atabarutse: Byinshi ku buzima bwe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/imyaka-11-irashize-michael-jackson-atabarutse-byinshi-ku-buzima-bwe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/imyaka-11-irashize-michael-jackson-atabarutse-byinshi-ku-buzima-bwe</guid>

		<dc:date>2020-06-25T19:01:59Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Michael Joseph/Joe Jackson wamenyekenye nka Michael Jackson yavutse tariki  29 Kanama 1958 avukira ahitwa Gary muri Leta ya Indiana, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Imyaka 11 irashize Michael Jackson atabarutse: Byinshi ku buzima bwe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137601 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/michael_jackson.jpg' width="700" height="415" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Michael Jackson yakuriye mu muryango w’abanyamuziki mu gihe injyana ya Rock yari ikunzwe cyane.</p>
<p>Ni we wari muto mu itsinda ryabo bise Jackson5 yari afatanyije n&#8217;abavandimwe be bane ari bo Jackie Jackson, Tito Jackson, Jermaine, Marlon Jackson.</p>
<p>Iri tsinda rikaba ryari riyobowe na se.</p>
<p>Itsinda rya Jackson 5 ryasinye mu nzu itunganya umuziki ya Motown mu 1969 bakora indirimbo zirakundwa cyane harimo izitwa I want you back, The love you save, ABC, n&#8217;izindi.</p>
<p>Muri icyo gihe Michael Jackson yaririmbaga ku ruhande indirimbo ze bwite kandi zigakundwa cyane.</p>
<p>Mu 1975 Jackson5 bagize ubwumvikane buke na Motown records maze bayivamo berekeza muri Epic records bahita bafata izina rya Jacksons.</p>
<p>Icyakora mu ntangiriro z&#8217;imyaka ya 1980 na mbere yaho gato yatangiye kuririmba ku giti cye.</p>
<p>Album ya Michael Jackson yitwa “Off the wall” yasohoye mu 1979 yakunzwe ku buryo butari bwitezwe aho yagurishije copy miliyoni 20.</p>
<p>Iyi Album yari iriho indirimbo nka Rock wit you na don’t stop till you get enough.</p>
<p>Nyuma y’imyaka 3, mu 1983, Michael Jackson yasohoye Album yitwa “Thriller”. N i album yamushyize ku rwego mpuzamahanga kuko yakunzwe ku isi hose.</p>
<p>Iyi Album  yagurishijwe copy zirenga miliyoni 65, imuhesha ibihembo bya Grammies 8 mu birori byabaye mu mwaka wa 1984.</p>
<p>Indirimbo nka Billie Jean na Beat it zari zabaye nk’ibendera rye ndetse n’imbyino ye izwi nka moonwalk, byatangiye kujya byerekanwa kuri televiziyo z’abazungu n’abirabura.</p>
<p>Mu 1984 yatangiye guhabwa izina ry&#8217;umwami wa POP</p>
<p>Mu 1985, Michael Jackson afatanyije na Lionel Richie bakoze indirimbo yitwa “We are the world” yari igamije gutabariza abantu bicwaga n&#8217;inzara muri Afurika. Iyi ndirimbo ikaba igisubirwamo n&#8217;abahanzi batandukanye kugeza uyu munsi.</p>
<p>Mu mwaka wa 2001 Michael Jackson yashyizwe mu kizwi nka Rock and Rock Hall of fame ku nshuro ya kabiri. Ku nshuro ya mbere yari yashyizwemo mu mwaka wa 1997 ari kumwe n&#8217;itsinda rya Jackson5.</p>
<p>N&#8217;ubwo Michael Jackson yagize amateka akomeye muri muzika, ubuzima bwe ntabwo bwakunze kumubera bwiza, ndetse yakunze kugira ibibazo by&#8217;amafaranga hakiyongeraho ibibazo n&#8217;ubutabera.</p>
<p>Mu 1993 yajyanywe mu nkiko ashinjwa gufata abana ku ngufu ariko aza kumvikana n&#8217;abamushinjaga.</p>
<p>Byavuzwe ko yakoze ubukwe mu ibanga n’umukobwa wa Elvis Presley witwa Lisa Marie Presley baza gutandukana nyuma y’imyaka 2 babana.</p>
<p>Muri 2003 yongeye kuvugwaho kuryamana n’abana aranafungwa ariko aza kugirwa umwere muri 2005.</p>
<p>Muri icyo gihe yari afite amadeni menshi kubera ibibazo n’inkiko.</p>
<p>Michael Jackson yitabye Imana tariki 25 Kamena 2009, i Los Angeles, muri California.</p>
<p>Apfa yari arimo gutegura ibitaramo yari yarahaye izina rya "This Is It" byagombaga kubera muri O2 Arena mu mujyi wa Londres mu Bwongereza.</p>
<p>Nyuma y’amezi abiri amaze gupfa hakozwe ibizamini bashaka impamvu y’urupfu rwe, basanga impamvu y’urupfu rwe rwaratewe n&#8217;imiti irenze urugero yamufashaga gusinzira.</p>
<p>Muganga wamuvuraga witwa Conrad Murray yafunzwe muri 2011 ashinjwa guha Michael Jackson imiti yamuviriyemo urupfu, afungurwa nyuma y’imyaka ibiri.</p>
<p>Michael Jackson yahawe ibihembo bitandukanye muri muzika birimo Grammy awards, BET awards, Guiness de Record n&#8217;ibindi, byose hamwe birenga 130.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/michael_jackson.jpg"
				length="72027"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Justin Bieber yahakanye ibyo ashinjwa byo gufata umukobwa ku ngufu</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/justin-bieber-yahakanye-ibyo-ashinjwa-byo-gufata-umukobwa-ku-ngufu</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/justin-bieber-yahakanye-ibyo-ashinjwa-byo-gufata-umukobwa-ku-ngufu</guid>

		<dc:date>2020-06-24T14:29:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuhanzi Justin Bieber yahakanye ibimaze iminsi bimuvugwaho ko yaba yarafashe umukobwa ku ngufu muri 2014 ubwo yari mu mujyi wa Austin muri Texas. Uyu muhanzi avuga ko ibi birego atari byo kandi&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Justin Bieber yahakanye ibyo ashinjwa byo gufata umukobwa ku ngufu</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137550 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="15" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/justin_bieber.jpg' width="694" height="521" alt="Justin Bieber" title="Justin Bieber" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Justin Bieber</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Uwiyise Danielle kugira ngo ahishe umwirondoro we, abicishije kuri Twitter yavuze ko uyu muhanzi w’umunya-Canada yamufashe ku ngufu muri Hoteli yitwa Four Seasons muri 2014. Avuga ko yahuye na Justin Bieber bahuriye mu birori akaza kumujyana muri hoteli aho yashakaga kumukoresha imibonano mpuzabitsina batumvikanyeho.</p>
<p>Undi mukobwa witwa Kadi na we yavuze ko yafashwe ku ngufu na Justin Bieber mu birori byari byabereye i New York muri Gicurasi 2015.</p>
<p>Ibi birego byateye umujinya Justin Bieber yandika kuri Twitter ati “Ubusanzwe sinjya mvuga ku bintu nk’ibi, kuko ibihuha nk’ibi byagiye bivugwa kuva natangira umwuga wanjye. Ariko nyuma yo kugirana ibiganiro birebire n’umugore wanjye Hailey Bieber n’itsinda ryanjye reka ngire icyo mvuga”.</p>
<p>Justin Bieber yahise ashyira ku mugaragaro inyemezabwishyu zo kuri ayo matariki bamuregaho, yerekana ko atari kuri iyo hoteli bavuga.</p>
<blockquote class="twitter-tweet"><p lang="en" dir="ltr">On march 10th selena left for work and I stayed at the Westin as the receipts clearly showed with my friends nick and john before I left town. Once again not at the four seasons. We booked it for a couple days to stay for the defjam show but I bailed on the 11th to head back home <a href="https://t.co/Ku15SCYz91">pic.twitter.com/Ku15SCYz91</a></p>
<p>&mdash; Justin Bieber (@justinbieber) <a href="https://twitter.com/justinbieber/status/1274868915466690560?ref_src=twsrc%5Etfw">June 22, 2020</a></p>
</blockquote> <script async src="https://platform.twitter.com/widgets.js" charset="utf-8"></script>
<p>Yongeyeho ati “Ibihuha biraza bigashira ariko ibivuga gufata ku ngufu ntabwo byihanganirwa, nashatse kuvuga kuri ibi birego bikivugwa ariko mu kubaha ababa barahohotewe by’ukuri ndashaka gutanga ubutumwa mu buryo bwa nyabwo.”</p>
<p>Yakomeje agira ati “Iryo joro nari Austin hamwe n’umukobwa twakundanaga icyo gihe Selena Gomez. Sinaraye muri hoteli ya Four Seasons ahubwo naraye mu nzu twari twakodesheje, ijoro rikurikira naraye muri Hoteli ya Westin. Buri kirego cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kigomba guhabwa agaciro ni yo mpamvu nafashe umwanya nkabivugaho.”</p>
<p>Yakomeje abihakana anavuga ko azakurikirana abihishe inyuma y’ibi birego bashaka kumuteza ibibazo akabashyikiriza ubutabera.</p>
<p>Si Justin Bieber wenyine uri gushinjwa ibirego nk’ibi kuko no mu minsi ishize umukinnyi wa filime witwa Ansel Elgort yavuzweho ibintu nk’ibyo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/justin_bieber.jpg"
				length="22257"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Umugabo arashinja umukunzi we kumwanduza indwara ya Herpes ku bushake</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/umugabo-arashinja-umukunzi-we-kumwanduza-indwara-ya-herpes-ku-bushake</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/umugabo-arashinja-umukunzi-we-kumwanduza-indwara-ya-herpes-ku-bushake</guid>

		<dc:date>2020-06-21T12:25:23Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umugabo w’Umwongerzaa w’imyaka 45 y’amavuko yareze mu rukiko umugore basohokanye amushinja ko yari arwaye Herpes bakaza gusomana akamwanduza.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Umugabo arashinja umukunzi we kumwanduza indwara ya Herpes ku bushake</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137427 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/herpes.jpg' width="700" height="485" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Uwo mugabo witwa Martin Ashley Conway utuye i London mu Bwongereza avuga ko yasohokanye n’umukobwa mu mwaka ushize ariko nyuma yaho agahangayikishwa n’uburwayi bwamufashe.</p>
<p>Martin Ashley Conway yamenyaniye na Jovanna Lovelace ku rubuga abantu bashakiraho abakunzi. Conway avuga ko baje gusohokana barangiza bagasomana, ariko umugabo akuramo uburwayi.</p>
<p>Nyuma y’ibyumweru bike, Martin Ashley Conway yatangiye kurwara ibicurane bidakira n’ibisebe ku munwa ku buryo kurya byamugoraga, agiye kwa muganga bamubwira ko arwaye Herpes (uburagaza).</p>
<p>Iminsi mike yakurikiye nyuma y’uko kumenya ko arwaye iyi ndwara yandurira mu matembabuzi, Conway ngo yatewe ipfunwe na yo akajya aguma mu rugo, biza kumuviramo kugira agahinda gakabije kuko ibisebe byagiye byiyongera kurushaho.</p>
<p>Uyu mugabo yaje kwiyemeza ko umuntu wamwanduje iyi ndwara agomba kujyanwa mu butabera kubera ibyo yakoze, ndetse agacibwa indishyi y’akababaro ingana n’ibihumbi bisaga 136 by’Amapawundi (136,328 £) ni ukuvuga hafi miliyoni 160 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda.</p>
<p>Uwo mugore arahakana ibyo uyu mugabo amushinja akavuga ko ari ukumusebya kandi ko ibyo birego bye nta shingiro bifite.</p>
<p>Herpes ni indwara iterwa n’agakoko kitwa Herpes Simplex Virus yandurira ahantu hatandukanye haba ku ruhu, mu myanya ndangagitsina, mu kanwa, no ku bindi bice by’umubiri. Bivugwa ko hari abantu benshi bayigendana batabizi.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/herpes.jpg"
				length="98942"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Innoss'B na Burna Boy mu bahatanira ibihembo bya BET Awards 2020 </title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/innoss-b-na-burna-boy-mu-bahatanira-ibihembo-bya-bet-awards-2020</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/innoss-b-na-burna-boy-mu-bahatanira-ibihembo-bya-bet-awards-2020</guid>

		<dc:date>2020-06-18T23:13:27Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ibihembo ya BET Awards bizatangwa ku cyumweru tariki 29 Kamena 2020, umunyekongo Innoss’B akaba ari mu bahanzi nyafurika bari guhatanira ibi bihembo.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Innoss’B na Burna Boy mu bahatanira ibihembo bya BET Awards 2020 </h1>

			

			

			<div class='spip_document_137367 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="36" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bet_award_2020.jpg' width="744" height="446" alt="Burna Boy, Sho Madjozi na Innoss'B" title="Burna Boy, Sho Madjozi na Innoss'B" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Burna Boy, Sho Madjozi na Innoss&#8217;B</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Muri uyu mwaka mu cyiciro cya Best International Act harimo umunya-Nigeria BurnaBoy, umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo Sho Madjozi, umunya Zimbabwe Sha Sha ndetse n’umunyekongo Innoss’B akaba ari ubwa mbere ashyizwe mu bahatanira ibi bihembo.</p>
<p>Monde Twale umuyobozi wa televiziyo CBS yagize ati “twishimiye kuba turi kwizihiza ubuhanzi budasanzwe bw’abirabura BET Awards ikaba igiye kuba mu bihe bidasanzwe. Icyiciro cya international  act mu myaka yashize cyagiye gitwarwa n’abahanzi b’abahanga muri Afurika, ibi bikaba ari ibihamya ko umugabane wacu ufite ubushobozi bwo gukora ibirenzeho. Twifurije amahirwe masa abari guhatanira ibi bihembo.”</p>
<p>Ku rutonde rwatanzwe na BET iyi ikaba ari televiziyo y’abirabura y’abanyamerika itegura ikanatanga ibi bihembo, Drake ni we uyoboye kuko ari guhatana mu byiciro byinshi kurusha abandi.</p>
<p>Nk’ibindi bitaramo byose biri kuba muri iki gihe aho nta bantu benshi bahura, ibirori bya BET Awards bizabera kuri televiziyo ya BET nta mufana cyanga uruvunge rw’abantu.</p>
<p>Kugira ngo umuhanzi runaka ajye ku rutonde rw’abahatanira ibi bihembo ashyirwaho n’itsinda ritora rya BET rigizwe n’abafana ndetse n’abandi banyamwuga b’imyidagaduro bakora kuri televiziyo zitandukanye, abakora muri filime, umuziki, abo ku mbuga nkoranyambaga n’abanyamakuru ba siporo.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bet_award_2020.jpg"
				length="63059"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>BK yiteguye gukorana n'abahanzi mu kazi kabo ka buri munsi</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/bk-yiteguye-gukorana-n-abahanzi-mu-kazi-kabo-ka-buri-munsi</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-rwanda/article/bk-yiteguye-gukorana-n-abahanzi-mu-kazi-kabo-ka-buri-munsi</guid>

		<dc:date>2020-06-17T10:06:33Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				 Mu Rwanda
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Banki ya Kigali irasaba abahanzi gutinyuka bakayigana kugira ngo babashe gukorana nk’abandi bashoramari bose.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>BK yiteguye gukorana n’abahanzi mu kazi kabo ka buri munsi</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137260 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="31" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk-6.jpg' width="700" height="466" alt="Nshuti Thierry, umukozi wa BK " title="Nshuti Thierry, umukozi wa BK " class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Nshuti Thierry, umukozi wa BK </strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Muri iki gihe u Rwanda n’isi yose muri rusange biri guhangana n’icyorezo cya covid-19, ibitaramo n’imurikagurisha biri mu bintu byahagaritswe bwa mbere kuko byahuzaga abantu benshi. Banki ya Kigali irasaba abahanzi kuba bayigana ikabafasha muri ibi bihe bitoroshye.</p>
<p>Banki ya Kigali ikaba ari n’umwe mu bafatanyabikorwa ba Iwacu Muzika Festival, yasobanuye ko ishaka gukorana n’abahanzi b’abandi bacuruzi bose.</p>
<p>Nshuti Thierry, umukozi wa BK yagize ati “Nimba twaha amafaranga umuhinzi akagura inyongeramusaruro kuko yize umushinga we neza, kuki tutayaha umuhanzi wize uwe neza”.</p>
<p>Yakomeje asobanura ko abahanzi na bo bakorera amafaranga, baba ari abanyabukorikori cyangwa abaririmba bose barinjiza.</p>
<p>Nshuti yagize ati “Mu gihe umuhanzi ushushanya agurisha ibihangano bye cyangwa se uririmba yinjiza amafaranga akaba yakwerekana uburyo yinjiza, BK yiteguye kuba yakorana na bo kugira ngo babashe kubona ibikoresho bihagije bibafasha kongera amafaranga binjiza”.</p>
<p>Mu bisobanuro yatanze yavuze ko ubuhanzi ari ishoramari nk’irindi ryose, ababurimo ari cyo gihe cyo kugana amabanki bagakorana mu kuzamura ubukungu bw’igihugu buri mu rubyiruko.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bk-6.jpg"
				length="83076"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Iwacu Muzika Festival izamara ibyumweru 15 ibera kuri televiziyo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/iwacu-muzika-festival-izamara-ibyumweru-15-ibera-kuri-televiziyo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/iwacu-muzika-festival-izamara-ibyumweru-15-ibera-kuri-televiziyo</guid>

		<dc:date>2020-06-17T06:01:44Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibirori
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuyobozi wa East African Promoters itegura ibitaramo bya Iwacu Muzika Festival Mushyoma Joseph, asobanura ko muri uyu mwaka ibi bitaramo bizajya bibera kuri Televizi y’Igihugu hakazaba harimo&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Iwacu Muzika Festival izamara ibyumweru 15 ibera kuri televiziyo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137247 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imf_kigali_rwanda.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Ibi gitaramo kizatangira  ku wa Gatandatu tariki 20 Kamena 2020, bizajye biba buri wa Gatandatu kugeza kuri 26 Nzeri, bikazamara iminsi 15 haba igitaramo kimwe mu cyumweru.</p>
<p>Igitaramo kizajya kimara isaha n’igice, gitangire saa tatu z’ijoro kugeza saa ine n’igice. Impamvu kizajya kiba ayo masaha ni uko abantu bazajya baba batashye nk’uko amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus abisaba.</p>
<p>Mu kiganiro n’itangazamakuru, Mushyoma yasobanuye impamvu iki gitaramo kigiye kubera kuri televizo kugira ngo kigere ku bantu bose, ati “ni igikorwa kibaye mu bihe bidasanzwe byadusabye natwe gukurikiza amabwiriza ya Leta, ariko tukagumana ishusho y’imyidagaduro.</p>
<p>Ni yo mpamvu twashatse gukorera aho Abanyarwanda benshi bashoboka kugikurikirana nubwo no kuri interineti kibaza kiriho”.</p>
<p>Abahanzi benshi muri iki gihe cya covid-19 bagiye bakora ibitaramo byabo kuri interineti n’izindi mbuga nkoranyambaga, ariko Iwacu Muzika Festival izahuza abahanzi bo mu nzego zitandukanye, abaririmba indirimbo zihimbaza Imana, abakuze, abakiri bato, abanyabukorikori, imivugo n’abandi.</p>
<p>Ministeri y’Urubyiruko n’Umuco umwe mu bafatanyabikorwa, yavuze ko abahanzi badakwiye gutegereza igihe habaye ibitaramo ngo binjize, ahubwo bifuza ko na bo bakora nk’abandi bashoramari bose.</p>
<p>Ikaba yifatanya na bo mu buryo bwo kugira ngo babashe guhangana n’icyorezo covid-19 bakoresha ikoranabuhanga mu buryo bushoboka.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/imf_kigali_rwanda.jpg"
				length="138852"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Frederic Desnard yahawe indishyi z'akayabo kubera gukoreshwa akazi atishimiye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/frederic-desnard-yahawe-indishyi-z-akayabo-kubera-gukoreshwa-akazi-atishimiye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubutabera/imanza/article/frederic-desnard-yahawe-indishyi-z-akayabo-kubera-gukoreshwa-akazi-atishimiye</guid>

		<dc:date>2020-06-14T21:41:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Imanza
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Frederic Desnard wakoraga nk’ushinzwe iguriro ry’imibavu i Paris mu Bufaransa kugeza muri 2015, yajyanye uwahoze ari umukoresha we mu rukiko kuko yamuhaye akazi atishimiye bikaza kumutera agahinda&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Frederic Desnard yahawe indishyi z’akayabo kubera gukoreshwa akazi atishimiye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137179 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="58" data-legende-lenx="x"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/frederic_desnard.jpg' width="644" height="429" alt="Frederic Desnard yafotowe ari iwe i Paris (Ifoto: Alamy)" title="Frederic Desnard yafotowe ari iwe i Paris (Ifoto: Alamy)" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Frederic Desnard yafotowe ari iwe i Paris (Ifoto: Alamy)</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Iyi nkuru yavugishije benshi hirya no hino muri 2016 ubwo Frederic Desnard yajyanaga uwahoze ari umukoresha we mu nkiko kuko yamukoreshaga akazi atishimiye kakamutera ibibazo byo mu mutwe harimo n’agahinda gakabije (depression).</p>
<p>Mu kirego cye yavugaga ko iki kigo yakoreraga cyamuhaye  ikiruhuko atari yarigeze asaba cy’amezi menshi, nyuma yaho muri 2014 kikaza kumwirukana bamushinja kuba adakora. Nyuma y’imyaka ine mu nkiko uyu mugabo w’imyaka 48 yatsinze akaba azahabwa akayabo k’indishyi y’akababaro.</p>
<p>Urukiko rw’i Paris rwemeje ko Frederic Desnard yagize ikibazo cyo mu mutwe biturutse kuri ako kazi yari yahawe atishimiye. Umwunganizi we mu mategeko yavugaga ko umukiriya we akazi kamwangije kakanamutera ibibazo bikomeye.</p>
<p>Mu magambo ye, Frederic yagize ati “Naterwaga agahinda no kuba nishyurwa ntacyo nakoze  bikarushaho kuba bibi kuko aka gahinda ntakemeraga.”</p>
<p>Desnard yavuze ko yasabwe kutagira icyo akora gifatika mu gihe kirenga imyaka ine, ibintu avuga ko byari nko kumanuka mu kuzimu. Akazi ke ngo kari ukwereka umukoresha we ibinyamakuru asoma, ndetse no kwereka ukora akazi ko mu rugo rw’umukoresha we aho akora.</p>
<p>Iki kirego ngo cyari nk’urwenya mu banyamategeko mu Bufaransa kuko nta wari yarigeze ajyana mu nkiko umukoresha we kuko afite akazi atishimiye, kuri ubu rero bikaba ngo bishobora kuzakoreshwa n’abandi, kandi urukiko rugahana bene abo bakoresha.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/frederic_desnard.jpg"
				length="43432"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Menya impamvu n'uburyo ukwiriye guhobera umwana wawe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-impamvu-n-uburyo-ukwiriye-guhobera-umwana-wawe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-impamvu-n-uburyo-ukwiriye-guhobera-umwana-wawe</guid>

		<dc:date>2020-06-14T21:16:46Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Itsinda ry’abashakashatsi ryo mu Buyapani muri Toho University ryapimye uburyo uruhinja rwitwara iyo ruteruwe ku buryo butandukanye, ndetse n’iyo ruteruwe n’ababyeyi cyangwa abandi bantu rutazi.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Menya impamvu n’uburyo ukwiriye guhobera umwana wawe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137178 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/guhobera.jpg' width="700" height="467" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Bakurikije uburyo umutima w’umwana utera wihuta bagereranyije n’imbaraga umuteruye ashyize mu kiganza, abashakashatsi babishyira hamwe no kuba umuntu yaba ateretse uruhinja mu biganza gusa.</p>
<p>Mu kinyamakuru cyandika ibyavuye mu bushakashatsi The Journal Cell kivuga ko uruhinja rutuza iyo ruteruwe mu biganza birimo imbaraga zigereranyije kurusha iyo ruteruwe n’ushyize imbaraga nk&#8217;uteruye ikintu kiremereye cyangwa urupfumbase.</p>
<p>Abashakashatsi kandi barebye ku gihe umuntu amara ahobereye uruhinja mu nyandiko yabo bati “Ni ibidashoboka kuba wahobera uruhinja mu gihe kirenze umunota ngo ntirurire.”</p>
<p>Uruhinja rurengeje iminsi 125 ni ukuvuga amezi ane rutuza iyo ruhoberewe n’umubyeyi kurusha uko rwaba ruteruwe n’umukobwa cyangwa umugore rutazi.</p>
<p>Ni ukuvuga ko uruhinja rutuza kurushaho iyo ruri mu maboko y’umubyeyi uruteruye akoresheje imbaraga zigereranyije.</p>
<p>Ubushakashatsi kandi bwavuze ko atari uruhinja rwonyine rwungukira mu guterurwa neza, ahubwo ngo n&#8217;ababyeyi baratuza iyo bateruye impinja. Hari umusemburo witwa Oxytocin bakunze kwita umusemburo w’urukundo urekurwa n’ubwonko iyo umuntu akozwe ku mubiri mu buryo yishimiye nk&#8217;iyo ahoberewe.</p>
<p>Umwe muri aba bashakashatsi witwa Hiromasa Funato yavuze ko ubu buryo bushobora gukoreshwa mu kumenya indwara yo mu mutwe yitwa Autism hakiri kare.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/guhobera.jpg"
				length="92360"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Amashyamba ku isi yangiritse ku kigero cya 150% muri iki gihe cya Covid-19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/amashyamba-ku-isi-yangiritse-ku-kigero-cya-150-muri-iki-gihe-cya-covid-19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/amashyamba-ku-isi-yangiritse-ku-kigero-cya-150-muri-iki-gihe-cya-covid-19</guid>

		<dc:date>2020-06-14T19:57:55Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ibungabunga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Umuryango utari uwa Leta wita ku bidukikije WWF (World Wide Fund) uvuga ko amashyamba yangiritse ku kigero cya 150% mu gihe isi yose yari yugarijwe n’Icyorezo cya Covid-19 ku buryo ubuso burenga&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Amashyamba ku isi yangiritse ku kigero cya 150% muri iki gihe cya Covid-19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137175 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="90" data-legende-lenx="xx"
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/deforestation.jpg' width="700" height="350" alt="Amashyamba atemwa ku bwinshi atera impungenge z'ingaruka ku buzima (Ifoto: Shutterstock)" title="Amashyamba atemwa ku bwinshi atera impungenge z'ingaruka ku buzima (Ifoto: Shutterstock)" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Amashyamba atemwa ku bwinshi atera impungenge z&#8217;ingaruka ku buzima (Ifoto: Shutterstock)</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Nk’uko WWF ibivuga, amashyamba yangiritse cyane iriza ku mwanya wa mbere ni irya Indoneziya ryangiritse ahangana na hegitari ibihumbi 130 rigakurikirwa n’irya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryangiritse hegitari ibihumbi 100 ndetse n’irya Brazil ryangiritse kuri hegitari ibihumbi 95.</p>
<p>Mu Rwanda na ho muri iki gihe cya covid-19, aho Leta yashishikarije abantu kuguma mu rugo, hagaragaye ahatemwe amashyamba bitemewe.</p>
<p>Nk’uko Jean Pierre Mugabo umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cyita ku mashyamba abivuga, ati “Nka hariya mu bisi bya Huye hatemwe ibiti 800, mu ishyamba rya Gishwati na ho ni uko ariko turacyari kubarura ibyatemwe kuko nk’i Rubavu ntawe usohoka n’uwinjira, imibare ntiturayimenya.”</p>
<p>Mugabo yavuze ko kuri ubu kwangiza amashyamba mu Rwanda bidakabije kuko hari amategeko agenderwaho. Yagize  ati “Hari uburyo bwo gusarura bitewe n’ibiba bikenewe ku isoko kuko 80% baracyakoresha amakara kandi bikorwa hakurikijwe amategeko.”</p>
<p>Kuri ubu inzego zibishinzwe ziri kwita ku kongera umubare w’abarinda amashyamba kugira ngo hongerwe umutekano wayo.</p>
<p>Umuyobozi w’ikigo gishinzwe amashyamba yanasabye abayaturiye cyane cyane kutayabonamo inyungu gusa ati “amashyamba ntago bakwiye kuyabonamo inyungu zako kanya gusa ahubwo buri wese yagakwiye gufatanya akagira uruhare mu kuyarinda.”</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/deforestation.jpg"
				length="157482"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Adidas yiyemeje ko 30% by'abakozi bashya izaha akazi bazaba ari abirabura</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/adidas-yiyemeje-ko-30-by-abakozi-bashya-izaha-akazi-bazaba-ari-abirabura</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/adidas-yiyemeje-ko-30-by-abakozi-bashya-izaha-akazi-bazaba-ari-abirabura</guid>

		<dc:date>2020-06-14T18:57:45Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Mu mahanga
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Mu rwego rwo kurwanya ivangura rishingiye ku ruhu, uruganda rwa Adidas rwiyemeje ko muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abakozi bashya bagera kuri 30% bazahabwa akazi bazaba ari abirabura ndetse&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Adidas yiyemeje ko 30% by’abakozi bashya izaha akazi bazaba ari abirabura</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137171 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/adidas.jpg' width="700" height="473" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu itangazo yashyize ahagaragara, umuyobozi mukuru wa Adidas Kasper Rorsted yagize ati “Ibimaze iminsi biba byatumye twongera gutekereza icyo twakora kugira ngo turwanye imyumvire n’imikorere irimo ivangura rishingiye ku ruhu.”</p>
<p>Adidas yafashe iki cyemezo ndetse n’ibindi byinshi umunsi wo gushyingura George Floyd, umugabo w’umwirabu wishwe n’umupolisi w’umuzungu. Urupfu rwe rwabaye ikimenyetso cyo kurwanya imikorere mibi ya polisi ndetse n’ivangura rishingiye ku ruhu rikorerwa abirabura b’Abanyamerika.</p>
<p>Iki kigo cy’Abadage Adidas cyavuze ko kizatanga miliyoni 20 z’amadolari mu myaka ine iri imbere azajya muri gahunda zo gufasha Abirabura b’Abanyamerika harimo abakina Basketball badafite amikoro, akazajya mu ishuri ryo gukora inkweto ndetse n’izindi siporo za kinyamwuga.</p>
<p>Kimwe n’ibindi bigo byinshi, Adidas yiyemeje kongera imbaraga mu kurwanya ivangura rishingiye ku ruhu.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/adidas.jpg"
				length="38759"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Covid-19 ishobora gutuma miliyoni z'abana batangira gukora imburangihe</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/covid-19-ishobora-gutuma-miliyoni-z-abana-batangira-gukora-imburangihe</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/covid-19-ishobora-gutuma-miliyoni-z-abana-batangira-gukora-imburangihe</guid>

		<dc:date>2020-06-14T12:22:49Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Utuntu n'Utundi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burenganzira bw’umwana (UNICEF),   riravuga ko abana babarirwa muri miliyoni bari mu byago byo gushaka akazi bitewe n’ubukene buwete na covid-19. Umubare&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Covid-19 ishobora gutuma miliyoni z’abana batangira gukora imburangihe</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137150 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/child_labor.jpg' width="700" height="490" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Imibare y’abana bakora yari yaragabanutseho miliyoni 94 guhera muri 2000 nk’uko raporo ya UNICEF ibivuga, ariko uyu munsi bikaba bitizewe. Iyi nyigo ivuga ko icyorezo cya covid-19 gishobora kongera ubukene n’akazi ku bana, bitewe n’uko imiryango myinshi izisanga ishakishiriza imibereho ahashoboka hose.</p>
<p>Abana kuri ubu basanzwe bakora bashobora kuzakora amasaha menshi kurushaho n’uburyo bakoreramo bushobora kuba bubi kurushaho. Bashobora kwisanga aribenshi kandi bakemera gukora akazi kose n’agashyira ubuzima bwabo mu kaga.</p>
<p>Uburenganzira butangana ku bitsina byombi bushobora kwiyongera, abana b’abakobwa bisangaga bakora mu mirima cyangwa se mu kazi ko mu ngo nk’uko iyi nyigo ibivuga.</p>
<p>Nk’uko Hernietta Fore, Umuyobozi Mukuru wa UNICEF abivuga, ati  “Mu bihe by’ubukene abana bisanga bakora kugira ngo babashe kubaho mu miryango myinshi. Iyo ubukene bwiyongereye, amashuri agafunga, abana ntihagire ubitaho bya hafi abenshi bahita bajya gushaka akazi”.</p>
<p>Iyi raporo kandi yerekana ingamba zafatwa kugira ngo ibi byirindwe, nko kuba leta zashyira imbaraga muri gahunda zo kubungabunga imiryango ndetse no guha akazi abagejeje igihe cyo gukora.</p>
<p>Ikindi UNICEF yatanze nk’igisubizo kugira ngo abana basubire mu ishuri, ni ukuba amafaranga y’ishuri yakurwaho hakongerwa imbaraga mu kugenzura akazi, kugira ngo abana badakoreshwa.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/child_labor.jpg"
				length="112269"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Platini yasobanuye uburyo indirimbo &#8216;Ya Motema' yabaye iya Nel Ngabo</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/platini-yasobanuye-uburyo-indirimbo-ya-motema-yabaye-iya-nel-ngabo</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/platini-yasobanuye-uburyo-indirimbo-ya-motema-yabaye-iya-nel-ngabo</guid>

		<dc:date>2020-06-13T18:23:00Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Indirimbo yitwa ‘Ya Motema’ ya Nel Ngabo ari kumwe na Platini P iri mu zambere Platini yaririmbyemo agitangira kuririmba wenyine.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Platini yasobanuye uburyo indirimbo ‘Ya Motema’ yabaye iya Nel Ngabo</h1>

			

			

			<div class='spip_document_137102 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_kigali_today_rwanda.jpg' width="700" height="576" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Nk&#8217;uko abisobanura, ntabwo byamufashe igihe kirekire cyane kuyiririmba. Agira ati “Nari ndi muri studio ndirimba ako kantu k’inyikirizo (refrain) ‘eza affaire ya motema’ Clement aragacuranga. Ahita ahamagara Nel Ngabo ati ngwino muri studio hari indirimbo iri hano kandi uyigiyemo yaryoha”.</p>
<p>Iyi ndirimbo ariko si iya Platini ahubwo ni iya Nel ngabo, nkuko Platini abisobanura, ati “Nari ntaratangira kuririmba njyenyine ni yo mpamvu iyi ndirimbo ari iya Nel”.</p>
<iframe width="100%" height="402" src="//www.youtube.com/embed/BSLBj-cRBXI" frameborder="0" allowfullscreen></iframe>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_kigali_today_rwanda.jpg"
				length="101747"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Abakundaga umunyamuziki Manu Dibango ntibemerewe gusura imva ye</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abakundaga-umunyamuziki-manu-dibango-ntibemerewe-gusura-imva-ye</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/abakundaga-umunyamuziki-manu-dibango-ntibemerewe-gusura-imva-ye</guid>

		<dc:date>2020-06-09T13:59:51Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri Werurwe 2020, umunyamuziki Manu Dibango yapfuye azize COVID-19 ashyingurwa mu irimbi rya Père-Lachaise ariko abafana be kugeza uyu munsi ntibashobora gusura aho ashyinguye.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Abakundaga umunyamuziki Manu Dibango ntibemerewe gusura imva ye</h1>

			

			

			<div class='spip_document_136945 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center spip_document_avec_legende'
  data-legende-len="14" data-legende-lenx=""
>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/manu_dibango.jpg' width="700" height="391" alt="Manu Dibango" title="Manu Dibango" class="artimgcontent" />
<div class='spip_ocs_real'><div class="imgartmargin"><strong>Manu Dibango</strong></div></div>
</figure>
</div>
<p>Claire Dibao ushinzwe inyungu za Manu Dibango yasobanuye ko mu gihe imva ye itaratunganywa uko bikwiriye aho ashyinguye hatazashyirwa ku mugaragaro ngo abantu bemererwe kuhajya.</p>
<p>Tariki 24 Werurwe 2020 nibwo abakunzi b’uyu muhanzi bakiriye inkuru ibabaje y’urupfu rwe. Emmanuel N&#8217;Djoké "Manu" Dibango yapfuye afite imyaka 86 y’amavuko, apfira i Paris mu Bufaransa nyuma yo kurwara Coronavirus.</p>
<p>Uyu muhanzi w’umunya-Cameroun yashyinguwe ku irimbi rya Père-Lachaise ry’aho mu Bufaransa, aherekezwa n’ abantu bake mu rwego rwo kwirinda kwandura iki cyorezo.</p>
<p>Claire Dibao ushinzwe inyungu ze yabwiye ikinyamakuru Le Parisien ko yakira ubutumwa bw’abantu benshi bifuza gusura aho ashyinguye.</p>
<p>Yagize ati “Abenshi bababajwe no kuba batabasha gusura imva ye. Turabumva ariko mu gihe imva ye ikiri kubakwa ntabwo twavuga aho iri, imirimo yo kubakwa nirangira tuzabitangaza.”</p>
<p>Claire Dibao yakomeje avuga ko Manu Dibango yari umuntu wari ufite umuziki ukunzwe ku isi hose ikaba ari yo mpamvu gahunda yo kumwibuka igomba kuba ku rwego rw’isi nk’uko umuziki we wageze kure.</p>
<p>Yasoje avuga ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe uburezi, ubumenyi n&#8217;umuco (UNESCO) ryifuza kuzamwibuka mu buryo bwihariye, ndetse akazibukwa cyane cyane n’ibihugu by’u Bufaransa na Cameroun nka hamwe mu hantu yakoreye cyane.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/manu_dibango.jpg"
				length="88228"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>OMS iravuga ko Covid-19 iri kuba mbi kurushaho</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/oms-iravuga-ko-covid-19-iri-kuba-mbi-kurushaho</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/oms-iravuga-ko-covid-19-iri-kuba-mbi-kurushaho</guid>

		<dc:date>2020-06-09T13:02:50Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Indwara
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) riravugako icyorezo cya covid-19 kiri kurushaho kuba kibi ku isi hose nubwo ibihugu biri koroshya ingamba zo kugikumira.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>OMS iravuga ko Covid-19 iri kuba mbi kurushaho</h1>

			

			

			<div class='spip_document_136943 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dr._tedros_adanom.jpg' width="700" height="393" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Umuyobozi wa OMS Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus  yavuze ko nubwo mu Burayi bisa n’aho byoroshye, ku isi hose biri kuba bibi kurushaho.</p>
<p>Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Geneve mu Busuwisi, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Habonetse abarwayi bashya barenga 100,000 mu minsi 10 ishize. Ejo hashize imibare y’abarwayi bashya yarenze 136,000”.</p>
<p>Yavuze ko kuri iyi mibare, abarenga 75% babonetse mu bihugu 10 byo muri Amerika no muri Aziya y’Amajyepfo.</p>
<p>Dr. Tedros yagaragaje impungenge zihari mu bihugu bifite abarwayi bakize ariko basubira mu buzima busanzwe, kuko abenshi ku isi bafite ibyago byo kubabakongera bakandura.</p>
<p>Ati “Turacyari mu mezi atandatu ya mbere y’icyorezo, ntabwo ari cyo gihe cyiza cyo gusubira mu buzima busanzwe”.</p>
<p>Ku myigaragambyo imaze iminsi iri kuba yatewe n’urupfu rwa George Floyd, umugabo w’umwirabura wishwe n’umupolisi w’umuzungu tariki 25 Gicurasi muri Minneapolis (Leta zunze ubumwe za Amerika), umuyobozi wa OMS yasabye abigaragambya ko bagomba kwirinda.</p>
<p>Ati “OMS ishyigikiye uburenganzira bwa muntu bungana kandi irwanya ivangura iryo ari ryo ryose rishingiye ku ruhu”.</p>
<p>Arakomeza ati “Turasaba ko imyigaragambyo yose iri gukorwa ku isi hose yakorwa mu mutekano, aho bishobotse hose hagasigara metero imwe hagati y’abantu, gukaraba intoki kenshi ndetse no kwambara udupfukamunwa mu gihe mugiye kwigaragambya. Mugume mu rugo mu gihe murwaye ndetse muhamagare abaganga”.</p>
<p>Icyorezo cya covid-19 kimaze kwica abarenga 403.000 ku isi kuva cyamenyekana mu Gushyingo mu Bushinwa. Abarenga miliyoni zirindwi bapimwe mu bihugu 196 nkuko bitanganzwa na OMS. Nyuma yo gukwirakwira muri Aziya, Uburayi kuri ubu imibare myinshi iri kugaragara ku mugabane wa Amerika.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/dr._tedros_adanom.jpg"
				length="72918"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Nkumbura uko nabaga ndi muri studio na TMC - Platini</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nkumbura-uko-nabaga-ndi-muri-studio-na-tmc-platini</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/muzika/article/nkumbura-uko-nabaga-ndi-muri-studio-na-tmc-platini</guid>

		<dc:date>2020-06-08T08:07:02Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Muzika
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Nemeye Platini, umwe mu bari bagize itsinda rya Dream Boys ryari rimaze imyaka irenga 10 rikora umuziki kuri ubu bakora umuziki buri umwe ku giti cye, avuga ko akumbura uko yakoranaga umuziki na&nbsp;(…)
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Nkumbura uko nabaga ndi muri studio na TMC - Platini</h1>

			

			

			<div class='spip_document_136885 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p_kigali_today.jpg' width="700" height="576" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Mu kiganiro Platini yagirane na Kigali Today, yavuze ko itsinda rya Dream Boys ritakiri gukora umuziki kuko mugenzi we bakoranaga yagiye hanze, ati “Kuri ubu Dream Boys nka company y’ubucuruzi yo turacyari kumwe kuko twatangiye dufatanyije, ariko umuziki buri wese arikorana”.</p>
<p>Platini kuri ubu usigaye witwa Platini P, yavuze ko ikintu akumbura kurusha ibindi ari ugukorana na TMC, ati “Ukuntu  twabaga tumeze muri studio turi gukora ni byo nkumbura cyane”.</p>
<p>Kuva Dream Boys nk’itsinda ry’umuziki ryatandukana, Platini P ubarizwa muri Kina Music amaze gukora indirimbo ebyiri harimo ‘Fata amano’ yakoranye na Safi Madiba, n’iyitwa ‘Ya motema’ yakoranye na Nel Ngabo.</p>
<p>TMC usigaye aba muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho atangiye kwikorana amaze gukora indirimbo imwe yitwa ‘Ntega amatwi’.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/platini_p_kigali_today.jpg"
				length="101747"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">

		<title>Urukingo rw'igituntu &#8216;BCG' rurifashishwa mu gushaka umuti wa COVID-19</title>

		<link>https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/urukingo-rw-igituntu-bcg-rurifashishwa-mu-gushaka-umuti-wa-covid-19</link>

		<guid isPermaLink="true">https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/urukingo-rw-igituntu-bcg-rurifashishwa-mu-gushaka-umuti-wa-covid-19</guid>

		<dc:date>2020-06-07T19:41:10Z</dc:date>

		<dc:format>text/html</dc:format>

		<dc:language>en</dc:language>

		<dc:creator>Editor</dc:creator>

		
		
		
		
			<category domain="section">
				Ubuvuzi
			</category>
		

		
		
		
		
			<category domain="tag">
				Kamanzi Natasha
			</category>
		
			<category domain="tag">
				Coronavirus
			</category>
		

		
		
		
		<description><![CDATA[
			Muri Gashyantare na Werurwe 2020, mu Burayi Covid-19 yari ikajije umurego, ariko ibihugu birimo abaturage bakingiwe igituntu ntibarembye cyane nk’uko abashakashatsi babivuga.
		]]></description>

		
		
		
		<content:encoded><![CDATA[

			<h1>Urukingo rw’igituntu ‘BCG’ rurifashishwa mu gushaka umuti wa COVID-19</h1>

			

			

			<div class='spip_document_136881 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'>
<figure class="spip_doc_inner">
<img src='https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bcg_vaccine.jpg' width="700" height="466" alt="" class="artimgcontent" />

</figure>
</div>
<p>Urukingo rw’igituntu rwitwa Bacillus Calmette–Guerin (BCG) rukoreshwa ku isi hose. Buri mwaka ruterwa abana barenga miliyoni 130, mu bihugu igituntu kikiri indwara igaragara mu baturage.</p>
<p>Mu myaka myinshi uru rukingo rwagiye rugaragara ko rurinda abana ibirenze igituntu nk’uko bigaragazwa n’abashakashatsi bandika muri Nature journal.</p>
<p>Nubwo igituntu giterwa na bacteria, ubushakashatsi bwakozwe ku bantu bwerekanye ko urukingo rwa BCG rurinda umubiri na virusi cyane cyane izibasira umuhogo n’ibihaha.</p>
<p>Urubuga rwandika iby’ubuvuziThe Lancet, ruvuga ko ubu bwirinzi buturuka ku  mpinduka umubiri ugira biturutse kuri uru rukingo umubiri ukitoza kurwanya n’izindi ndwara. Ni ukuvuga ko umuntu wakingiwe na BCG ashobora kurwanya ibirenze igituntu.</p>
<p>Gasherebuka Jean Bosco umukozi w’ishami rw’Umuryango  w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS)avuga ko kugeza ubu nta cyerekana ko urwo rukingo rw’igituntu rurwanya covid-19, ndetse ko ubushakashatsi bwinshi buri gukorwa n’amatsinda atandukanye ariko ko nta kiremezwa”.</p>
<p>Impuguke Pregrag Kon mu ndwara z’ibyorezo muri Serbia, aganira n’itangazamakuru yavuze ko abantu batewe  urukingo rwa BCG batarembejwe na Covid-19.”</p>
<p>Kuba abarwayi ba Covid-19 batarembye mu bihugu bitandukanye ndetse no mu Rwanda harimo no kuba harafashwe ingamba zo kurwanya iki cyorezo hakiri kare harimo gahunda yo kuguma mu rugo, gufunga imipaka no gushyira mu kato abarwayi babonetse.</p>

			<hr />

			

			

		]]></content:encoded>

		
		
		
		
			<enclosure 
				url="https://www.kigalitoday.com/IMG/jpg/bcg_vaccine.jpg"
				length="83454"
				type="image/jpeg" />
		

	</item>



</channel>

</rss>
