INAMA Y’IGIHUGU Y’UMUSHYIKIRANO 2014

National Dialogue
COMMON VISION, NEW MOMENTUM | ICYEREKEZO KIMWE, TWONGERE IMBARAGA
Irembo Amafoto Micro Trottoir KT Radio Kigali Today

Icyo Abanyakigali bifuza mu mushyikirano 2014

Yanditswe ku itariki ya: 15-12-2014 - Saa: 08:23'
Ibitekerezo ( 9 )

Inama y’igihugu y’umushyikirano ni igikorwa ngarukamwaka gihuza Abanyarwanda mu nzego zitandukanye iyoborwa n’umukuru w’igihugu bakaganira ku ngingo zikomeye mu buzima bw’igihugu mu rwego rwo gushaka icyateza imbere Abanyarwanda.

Uyu mwaka Umushyikirano uzaba tariki 18-19/12/2014, Kigali Today ikaba yabajije abatuye umujyi wa Kigali ibintu bibaraje ishinga bifuza ko bwazaganirwaho mu nama y’umushyikirano.

Umutoni Brenda ni umunyamakuru, atuye mu Karere ka Nyarugenge:

“Bakwiye kwiga uburyo bwo kwigisha no Gukundisha Abanyarwanda ibyabo mbere yo kubyigisha abanyamahanga’’.

Urugero: Twakoze ibarura ry’abantu bazi igikorwa cyo kwita izina ingagi n’akamaro kacyo mu mujyi wa Kigali dusanga batageze kuri 5% kandi icyo gikorwa cyarasakaye cyane mu banyamahanga, akaba ari nabo bacyitabira cyane kurusha Abanyarwanda.

Hakizimana Badrou ni umushoferi, atuye mu karere ka Nyarugenge:

“Bakwiye kwiga ku buryo bakemura burundu ikibazo cy’imiturire y’abafite ubushobozi buke mu mujyi kuko bibagora kubona amacumbi bikanabahenda cyane, ubundi bakanita ku buryo bwo kugeza imihanda mu byaro kuko nta terambere ryagera mu cyaro kitagira imihanda”.

Bizumuremyi Emmanuel acuruza amakarita ya telefone, utuye mu Karere ka Nyarugenge:

“Ndumva bakwita cyane ku guhangana n’imfu za hato na hato ziri gufata indi ntera, hakaba hashyirwaho ibihano bikarishye ku bicana, byaba na ngombwa hagasubizwaho igihano cyo gupfa, kugirango ubwo bugome bucike burundu”.

Mugisha Paul yikorera ku giti cye, atuye mu karere ka kicukiro:

“Ndabona hakwiye kwiga ku buryo burambye bwo kunoza ibijyanye n’ireme ry’uburezi rikomeje gukemangwa cyane na benshi, ndetse n’ikibazo cy’ubushomeri gihangayikishije cyane urubyiruko muri iyi minsi”.

Ganziteka Didier atuye mu Karere ka Kicukiro:

“Bakwiga ku buryo ubwisungane mu buvuzi bwa Mutuelle bwahabwa agaciro nk’akubundi bwisungane, kuburyo umurwayi ubufite yazajya ahabwa serivise zingana n’iz’abandi akanitabira ibitaro byose nk’iby’abandi bitabira , Mutuelle ikareka kwitwa iya rubanda rugufi”.

Gahizi JMV yikorera ku giti cye, atuye mu Karere ka Gasabo:

“Ndabona bakwiga ku buryo hashyirwaho imisoro idahangayikishije abaturage, iborohera kuyishyura bakagira icyo basigarana, kuko ikibazo cy’imisoro ihanitse gihangayikishije abaturage, kikanaba ariyo nyirabayazana y’abayinyereza ari benshi hamwe n’abagana mu nzira za forode”.

Ndarwubatse Olivier, atuye mu Karere ka Gasabo:

“Muri iyi nama ya 12 y’umushyikirano, bakwiga cyane cyane uburyo bakongerera amahugurwa, ububasha ndetse n’ubushobozi inzego z’ibanze, kugirango zijye zikemura ibibazo by’abaturage mbere y’uko Perezida wa Repubulika agera aho hantu. Kuko usanga akenshi ahantu henshi Perezida wa Repubulika asuye, ahava akemuye ibibazo byinshi byakagombye kuba byarakemuwe n’nzego z’ibanze”.

Nkoranyabahizi Noel, umutoza wa Karate, atuye mu karere ka Gasabo:

“Nk’umuntu ukunda siporo, urajwe ishinga n’iterambere ryayo muri rusange, muri iyi nama ya 12 y’umushyikirano ndumva nasaba ko bakwiga cyane cyane ikijyanye no gushakisha abana bato bafite impano zitandukanye mu mikino mu turere dutandukanye tw’igihugu, ntibibande mu mujyi gusa nk’uko bikorwa ubu, banashingiye kandi ku miterere y’utwo turere”.

Komezingufu ni umukozi wo mu rugo, atuye mu Karere ka Nyarugenge:

“Mpora numva kuri Radiyo ikibazo cya ruswa ishingiye ku gitsina, nkanumva n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndumva rero muri iyi nama ya 12 y’umushyikirano, bakwiga ku buryo byaranduranwa n’imizi”.

Dushimimana Jean Paul ni umunyeshuri, atuye muri Kicukiro:

“Iterambere ry’igihugu rigaragara cyane mu Mijyi, ariko mu byaro haracyagaragara ubwigunge kubera iterambere ritarahagera, muri iyi nama ya 12 y’umushyikirano ndumva bakwiga uburyo bageza umuriro n’amazi mu byaro”.

Rurangayire Christian ni umunyeshuri muri ULK, atuye mu Karere ka kicukiro:

“Muri iyi nama ya 12 y’umushyikirano ndumva bakwiga uburyo bukemura burundu imitangire ya buruse mu banyeshuri barangiza amashuri yisumbuye, ndetse n’uburyo bageza ku banyeshuri amafaranga abafasha kubaho muri kaminuza, aho akunze kubageraho atinze bikabateranya n’ababacumbikira ndetse n’ababagaburia’’.

Ngabiwe Yvan yikorera ku giti cye, atuye mu karere ka kicukiro:

“Hakwiye kwigwa uburyo bwo kunoza imitangire ya serivice mu nzego za Leta, cyane cyane mu turere n’imirenge, aho bugikemangwa cyane bukaninubirwa kubera imitindire”.

Roger Marc Rutindukanamurego

Andi Makuru - UMUSHYIKIRANO

“Hari akazi gakomeye kadutegereje, kunesha bizava mu kwigira ku mateka y’ubutwari”, Perezida Kagame

Uzagerageza kutubuza kubaho azabona ingaruka - Kagame

Gakenke: Barishimira uburyo bakurikirana Umushyikirano nk’abahibereye

Umushyikirano wasabye ko Umwimerere w’u Rwanda wakomeza gushingirwaho mu kuruteza imbere

Ibitekerezo

bazige uburyo twazashimira muzehe ibyiza yatugejejeho ndetse nuburyo bwiza bwo kubona uzamusimbura dore mandat ye irenda kurangira.bbihutire no gushyira filime rwanda untold story mukinyarwanda kugira ngo turusheho kuyamagana twaranayiboneye.murakoze

paul yanditse ku itariki ya: 16-12-2014

thanx again Mr Rutindukanamurego, kugerageza kwibjira mu baturage ngo bagerageze kukwereka ibyifuzo bumva byakwitabwaho mu mushyikirano, dore ko nabayobozi baba baharanira inyungu z’abaturage , twizereko bazabishyira mu bikorwa

nana yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

thanx again Mr Rutindukanamurego, kugerageza kwibjira mu baturage ngo bagerageze kukwereka ibyifuzo bumva byakwitabwaho mu mushyikirano, dore ko nabayobozi baba baharanira inyungu z’abaturage , twizereko bazabishyira mu bikorwa

nana yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

thanx again Mr Rutindukanamurego, kugerageza kwibjira mu baturage ngo bagerageze kukwereka ibyifuzo bumva byakwitabwaho mu mushyikirano, dore ko nabayobozi baba baharanira inyungu z’abaturage , twizereko bazabishyira mu bikorwa

nana yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

thanx again Mr Rutindukanamurego, kugerageza kwibjira mu baturage ngo bagerageze kukwereka ibyifuzo bumva byakwitabwaho mu mushyikirano, dore ko nabayobozi baba baharanira inyungu z’abaturage , twizereko bazabishyira mu bikorwa

nana yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

Inama y’umushyikirano izagire nicyo ivuga ku abaturage bimuwe ahagenewe kuzubakwa ikibuga cy’indege cya Bugesera ariko imyaka ikaba ishize ari myinshi ntangurane, ntabisobanuro bifatika usibye kubarimanganya ngo ibyangombwa byabo ntibyuzuye kandi wajya kuri minifra kwibariza ibituzuye bakakubwira ko ibyawe ntakibazo bifite.
Mubyukuri wanama we yumushyikirano ikibazo cyo kudahabwa oingurane niki he ?
Niba ntamafaranga ahari se baturekeye amasambu yacu bagafata hatoya bashobora kwishyura ?

pole pole yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

MUZATUBARIZE NATWE UBUYOBOZI BWA ZA RCA NA BNR NDETSE N’AKARERE KA MUHANGA IKIBAZO TWABAGEJEJEHO KIMAZE HAFI IMYAKA INE NTACYO BADUSUBIZA KURI COOPERATIVE CT MUHANGA YATWAMBUYE AMAFARANGA YACU TWARI TWARABIKIJEMO IGAFUNGA IMIRYANGO TUTABIZI KUGEZA N’UBU TWHEZE MU GIHIRAHIRO

KINANI yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

Good job guys.

propro yanditse ku itariki ya: 15-12-2014

Abanya Muhanga cyane cyane baturiye E.S.Nyakabanda (umurenge wa KIBANGU), muzadusure tubabwire akarengane kacu ko kubona ugemurira iryo shuri inkwi, ibijumba,... ugirango urebe ko wabona agasabune cg ka mituelle de santé,... ariko hakaba hashize imyaka irenga 8 yose umuyobozi atureba nk’icyo imbwa ihaze. Nyamara igihe batwikopeshagaho ibyo bintu baratwingingaga!

Umugabo twatanga ni UMUVUNYI twatakambiye Mayor amaze kugaragaza ko nta gisubizo yaha abo baturage be, akabagira inama yo kwishyura nubwo bitakozwe. Abayobozi nkaba mu Nama y’umushyikirano bajye bavugwaho. Ariko mu minsi ishize, bamaze kumva ko Nyakubahwa azasura akarere ka MUHANGA bashakishije igitonyanga bapfuka amaso abaturage ngo batazamugaragariza ako karengane.

Abayobozi bo hasi bagombye kujya bagendera mu murongo mwiza n’urugero rwa Nyakubahwa aba yabahaye, bagakemura ibibazo mu mucyo kandi vuba. Burya koko uwarariye ntamenya ko undi ashonje.

Murakoze.

Piyo yanditse ku itariki ya: 15-12-2014
Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.