rwanda elections 2013
kigalitoday

Gisagara: Ishyaka PSD ryiyemeje kuzavuganira abahinzi

Yanditswe ku itariki ya: 13-09-2013 - Saa: 13:09'
Ibitekerezo ( )

Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’ abaturage (PSD) ryiyemereye abatuye akarere ka Gisagara gushyiraho ikigega gifasha abahinzi n’ aborozi.

Ubwo ishyaka PSD ryiyamamazaga mu karere ka Gisagara tariki 10/09/2013, abaturage bari baje kumva imigabo n’imigambi ya PSD basanga iri shyaka rikwiriye kubakorera ubuvugizi cyane cyane mu buhinzi mu gihe abandi basanga rikwiriye kwegera abaturage aho batuye.

Mutimura Gasipari utuye uyu murenge ati “Iri shyaka rikwiye kutuvuganira mu bijyanye n’ubuhinzi kuko ariwo murimo udutunze, Leta ikagenda itugenera gahunda zigamije kuduteza imbere”.

Nkundiye Vilgire umwe mu banyamuryango ba PSD yatangaje ko PSD izashyigikira ikigega kizagoboka abahinzi mu gutuma beza kandi bagasagurira amasoko.

Ati “PSD izashyigikira ikore n’ubuvugizi kugirango ikigega kizashyirwaho na Leta cyo kugoboka abahinzi kigire imbaraga gifashe abaturage kugira umusaruro uhagije bajye basagurira n’amasoko”.

Abakandida PSD yamamaje mu karere ka Gisagara ni Mukakanyamugenge Jacqueline, Dusabe Denyse, Fuhara Naason, Ntahobari Augustin na Mukamana Jeannette.

PSD yaravutse mu 1991 nyuma y’ aho hatorewe itegeko nshinga icyo gihe ryemereraga amashyaka menshi gukorera mu Rwanda.

Clarisse Umuhire



Andi makuru - Amatora y’abadepite 2013

- Rusizi: Abo mu murenge wa Bweyeye ngo bazatora FPR kuko yabakuye mu bwigunge

- Ruhango: Ngo natorerwa kuba umudepite ntazagoreka ijosi aho agomba kuvugira abaturage

- Nyanza: Ngo gutora FPR bibaha icyizere cy’ubuzima bwiza bw’ejo hazaza

- Igihe kirageze ngo PL ihagararire Abanyarwanda ku bwinshi kandi ibafashe kwishyira bakizana byuzuye-Protais Mitali

- Ngororero: PSD yizeye kwegukana amajwi y’abaturage mu matora y’abadepite

- Gisagara: Abatuye Save batanze ubuhamya banashima ibyo bagejejweho na FPR

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo
Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.