Perezida Kagame na Tshisekedi bari mu ruzinduko ku mupaka w’u Rwanda na DR Congo

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Félix Tshisekedi i Rubavu ku mupaka wa La Corniche.

Perezida Kagame aha yari yakiriye mu biro bye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki 21 Gashyantare 2020
Perezida Kagame aha yari yakiriye mu biro bye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki 21 Gashyantare 2020

Ni gahunda y’iminsi ibiri aho kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, Perezida Tshisekedi ari we waje Rwanda. Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi basura ibice bitandukanye by’Umujyi wa Rubavu bagamije kureba ibyangijwe n’umutingito uherutse gukurikira iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo. Nyuma yo gusura aho hantu, abakuru b’ibihugu byombi baragirana ibiganiro.

Ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, Perezida Kagame na we azerekeza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho azakirwa na Perezida w’icyo gihugu Félix Tshisekedi. Abakuru b’ibihugu byombi bazatembera mu bice bitandukanye bya Goma kugira ngo barebe ibyangijwe n’imitingito, nyuma yahoo bagirane ibiganiro.

Biteganyijwe kandi ko abari muri urwo ruzinduko ku mpande z’ibihugu byombi bazashyira umukono ku masezerano atandukanye agamije kurushaho kunoza umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka