U Rwanda n’Umuryango wa Commonwealth bigaragaza intego imwe yo guteza imbere ubufatanye bushingiye ku mahame ya Commonwealth, arimo imiyoborere myiza, iterambere rirambye n’amahoro.
Mu Kwakira 2024, nibwo uyu mugore ukomoka Ghana, yatorewe kuba Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth mu gihe cy’imyaka ine. Yagiye kuri uyu mwanya asimbuye Patricia Scotland.
U Rwanda rwemerewe kwinjira muri Commonwealth tariki ya 29 Ugushyingo 2009 mu nama yabereye muri Trinidad and Tobago ndetse icyo gihe ni cyo gihugu cya kabiri cyari cyinjiye muri uwo muryango kitarakolonijwe n’u Bwongereza, nyuma ya Mozambique yawinjiyemo mu 1995
Ibindi bihugu biri muri Commonwealth bitarakolonijwe n’u Bwongereza ni Gabon na Togo byemerewe kwinjira muri uyu muryango mu nama yabereye i Kigali muri Kamena 2022.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|