Umudepite wo mu Bufaransa ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine

Umudepite wo mu Bufaransa, Aurélien Rousseau, akaba na Perezida w’itsinda rishinzwe guteza imbere umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine. Biteganyijwe ko urwo ruzinduko ruzarangwa n’ibiganiro bigaruka ku mateka y’umubano w’ibihugu byombi, ku guteza imbere urwego rw’ubuzima, ndetse n’ibyerekeranye n’imikoranire y’Inteko zishinga Amategeko z’ibihugu byombi.

Aurélien Rousseau (wa gatatu uhereye iburyo) ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gutsura umubano w'ibihugu by'u Rwanda n'u Bufaransa
Aurélien Rousseau (wa gatatu uhereye iburyo) ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije gutsura umubano w’ibihugu by’u Rwanda n’u Bufaransa

Depite Aurélien Rousseau, aherekejwe na Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, atemberezwa muri urwo rwibutso kugira ngo amenye byinshi ku mateka ya Jenoside n’urugendo rw’u Rwanda rugana ku bwiyunge no kongera kwiyubaka.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka