Ibi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa kabiri tariki 05 Werurwe 2019, cyanitabiriwe n’abandi baturage babajije ibibazo bakoresheje telefone.
Hari abaturage bagaragaje ko baboneraga imibereho muri Uganda ndetse bakaba ari ho bahahiraga honyine, ariko Dr Sezibera abamenyesha ko hari uburyo butandukanye bagomba kubaho badahanze amaso Uganda cyangwa ibindi bihugu.
Minisitiri Sezibera yagize ati “Hari uwabajije niba Uganda itavuye ku izima iby’uburenganzira bw’Abanyarwanda bizagenda bite! Uburenganzira bw’abanyarwanda ntabwo bushingiye ku bindi bihugu. Ari Uganda, ari ibindi bihugu, byaba bivuye ku izima, byaba bitavuye ku izima, ntabwo bigena uko Umunyarwanda w’iki gihe abayeho”.
“Turabwira Abanyarwanda ko dufite igihugu cyacu, turacyubaka, iki gihugu ni cyo kidutunga, kiratwambika, kiratuvuza, ni cyo kidutungira imiryango, ntabwo ari ibindi bihugu, ibindi turafatanya”.
“Iki gihugu Abanyarwanda ni bo bakiyobora, ni bo bagena uko kiyoborwa, ni bo bagena uko ababayobora bakiyobora, ni bo bagena uko bavaho n’uko bahanwa iyo batayobora neza, hari ubwo wumva abantu bamwe bibwira ko batariho u Rwanda rutabaho, ibyo ni ukwibeshya”.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akomeza avuga ko abacuruzi batagomba kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa bitwaje ko bitakinyuzwa ku mupaka wa Gatuna( kuri ubu uwo mupaka urimo kubakwa hakaba hatanyuzwa amakamyo aremereye).
Agira ati “Ntabwo nibwira ko abacuruzi bagomba kuzamura ibiciro kubera ko batajya muri Uganda, kuko tuzi ibintu biva muri Uganda, mbere ya byose abantu baracyabifite mu bubiko.”
“Ikindi ni uko Leta irimo gukorana n’abikorera kugira ngo ibibazo biri ku muhora wa ruguru(uturuka muri Uganda) bidahungabanya ubucuruzi muri rusange mu Rwanda, nta kibazo gikomeye kizabaho cy’izamuka ry’ibiciro”.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akomeza asobanura ko Leta imaze igihe ishaka uburyo Abanyarwanda bakwihaza mu biribwa, mu myambaro n’ibindi bikenerwa bya buri munsi hashingiwe kuri gahunda yiswe “Made in Rwanda”.
Akavuga ko ibyo u Rwanda rutarageraho ari byo ruzatumiza mu bihugu bitandukanye, atari ngombwa gusa kubinyuza mu gihugu cya Uganda.
Akomeza asobanura ko Leta y’u Rwanda ikomeje gukora ibishoboka byose kugira ngo Abanyarwanda batazongera kujya muri Uganda bagashimutwa cyangwa bagahohoterwa, ariko ko mu gihe ibibazo bitarakemurwa ngo baba bifashe bakareka kujyayo.
Kuva mu myaka ibiri ishize inzego zishinzwe umutekano muri Uganda zakomeje kuregwa gushimuta Abanyarwanda bajyayo, kubahohotera, kubakorera iyicarubozo ndetse no kubambura imitungo yabo, aho zibashinja kuba intasi.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Uganda and Rwanda are sister countries.Abayobozi nibashake inyungu z’abaturage,bareke guhangana.Gusa jyewe nk’umukristu,ndabibutsa ko Imana yacu itubuza guhangana,kwangana no kurwana.Kandi ko ababikora bose izabahanisha kubima ubuzima bw’iteka muli paradizo,hamwe no kutabazura ku munsi w’imperuka ushobora kuba wegereje.Nibasome inyigisho zerekeye Mountain Sermon dusoma muli Matayo igice cya 5 kugeza ku cya 7,maze bumve inzira abantu banyuramo kugirango biyunge (Conflict Resolution).Urugero,muli Matayo 5 umurongo wa 44 hadusaba gukunda abanzi bacu.Rwose ndabizeza ko nibakora ibyo mbabwiye bishingiye kuli bible,ibibazo Uganda ifitanye na Rwanda bizakemuka burundu.Mboneyeho no gusaba RNC na FDLR nabo kubigenza gutyo.Kuko muli Matayo 26 umurongo wa 52,Yesu yavuze ko abantu barwana bose Imana izabicisha intwaro zayo ku munsi w’imperuka.Tujye tuba abakristu nyakuri,niba dushaka ko isi imera neza.Ibihugu byose bigira ibibazo kubera ko abantu banga kumvira Imana yaturemye.Twabishaka tutabishaka,He is our Creator and Lifegiver.Niyo iduha ibiryo,umwuka duhumeka,abana,ibikoresho dukoramo amafaranga n’ibyo twubakisha amazu,ibyo dukoresha imodoka,etc…Tuyihembe kuyumvira kandi ni ku nyungu zacu.
That is the only solution to this saga between Rwanda and Uganda.Only True Christian have true peace.