U Bufaransa: Minisitiri w’Intebe Édouard Philippe na Guverinoma ye beguye

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Édouard Philippe, amaze kwegura, ibi bikaba bisobanuye ko na Guverinoma yose yeguye.

Edouard Philippe (muremure uri imbere) na Guverinoma ye beguye (Ifoto: PDN/SIPA)
Edouard Philippe (muremure uri imbere) na Guverinoma ye beguye (Ifoto: PDN/SIPA)

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro bya Perezida w’u Bufaransa riravuga ko Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa yashyikirije Perezida Emmanuel Macron ubwegure bwa Guverinoma, Perezida Macron na we arabwemera.

Minisitiri w’Intebe weguye n’abari bagize Guverinoma barizeza gukomeza gutanga serivisi bakeneweho kugeza igihe hashyirwaho indi Guverinoma nshya.

Iyi nkuru yagarutsweho n’ibitangazamakuru bitandukanye byiganjemo ibyo mu Bufaransa iravuga ko ubu bwegure bwari bumaze igihe butegerejwe. Emmanuel Macron na we yari aherutse gutangaza ko yifuza impinduka muri Guverinoma mu rwego rwo gushyiraho ikipe yiteguye kumufasha mu myaka ibiri manda ye isigaje.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka