Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’Igikomangoma cy’u Bwongereza

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame abinyujije kuri Twitter, yatangaje ko yaganiriye n’igikomangoma cy’u Bwongereza Charles Philip.

Perezida Kagame n'Igikomangoma Charles Philip umwaka ushize nabwo bagiranye ibiganiro
Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles Philip umwaka ushize nabwo bagiranye ibiganiro

Ni ibiganiro byibanze kuri gahunda Prince Charles Philip yatangije muri Mutarama 2020 y’isoko rirambye ku isi (Sustainable Markets Initiative). Ni gahunda igamije guhuriza hamwe abayobozi mu nzego za Leta n’iz’abikorera kugira ngo baganire ku mikoranire.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rushyigikiye iyo gahunda kandi ko rwiteguye kuyijyamo kuko ifite akamaro kanini. Yongeyeho ko Isi yose ikwiye gushyigikira iyi gahunda kuko yagira uruhare mu gufasha ubukungu kongera kwiyubaka muri ibi bihe isi igenda iva mu bihe bigoye bya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ndabakunda amakururu yanyu naya mbere iyi ni ntambwe nziza u rwanda ruri gutera

Mutangana og olivier yanditse ku itariki ya: 24-05-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka