
Perezida Kagame yavuze ko inkuru y’urupfu rwa Magufuli ari incamugongo, dore ko yamufataga nk’umuvandimwe we ndetse akaba inshuti ye ikomeye.
Perezida Kagame ati “Uruhare rwe mu iterambere ry’Igihugu cyacu n’iry’Akarere muri rusange ntiruzibagirana.”
Yihanganishije umuryango we n’abaturage ba Tanzania, avuga ko u Rwanda rwifatanyije na Tanzania muri ibi bihe bikomeye.
We are saddened by the loss of my brother and friend, President Magufuli. His contribution to his country & to our region will not be forgotten. My deepest condolences to his family and the people of Tanzania. The people of Rwanda stand with Tanzania during this difficult time.
— Paul Kagame (@PaulKagame) March 18, 2021

Perezida Kagame yashyizeho igihe cy’icyunamo mu gihugu hose guhera kuri uyu wa 18 Werurwe 2021 kugeza ku munsi Perezida Magufuli azashyingurirwa.
Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, rivuga ko amabendera y’u Rwanda n’ay’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yururutswa kugeza hagati, mu Rwanda hose ndetse no muri Ambasade zarwo.
Inkuru zijyanye na: Magufuli
- Umugaba w’Ingabo za Tanzaniya afitiye ibanga Perezida mushya yabwiwe na Magufuli
- Magufuli arashyingurwa kuri uyu wa Gatanu
- Magufuli yateje imbere umubano w’u Rwanda na Tanzaniya - Minisitiri Ngirente
- Abayobozi baturutse mu bihugu 17 baje gusezera bwa nyuma kuri Magufuli
- Umubyigano w’abasezera Magufuli ushobora gukomerekeramo benshi
- Itegeko Nshinga rya Tanzania riteganya iki ku gusimbura Perezida wapfuye?
- Abarimo ibyamamare bakomeje kwihanganisha Tanzania nyuma y’urupfu rwa Magufuli
- Perezida Kenyatta yashyizeho icyunamo kubera urupfu rwa Magufuli
- Perezida wa Tanzania Dr John Pombe Magufuli yitabye Imana
Ohereza igitekerezo
|
Tuzahora tukwibuka kd muruhukire mumahoro imana wakoreye izakwiyereke ikwicanzanye nibikomangoma
Imana imwakire mubayo H.E.Jonh Pombe Magufuri abaturage ba Tanzaniya bazamwibukira kuri Byinshi.gusabana n’abaturage ,n,ibindi.umuryango we wihangane.Tanzania na Adrixa muri rusange ibuze umwe mubagabo bahamagara ku ijambo.
Kandi baharanira kuba abo bariho.
Imana irinde igihugu n’abanyagihugu.poleni Ndugu zetu.
Imana imwakire mubayo H.E.Jonh Pombe Magufuri abaturage ba Tanzaniya bazamwibukira kuri Byinshi.gusabana n’abaturage ,n,ibindi.umuryango we wihangane.Tanzania na Adrixa muri rusange ibuze umwe mubagabo bahamagara ku ijambo.
Kandi baharanira kuba ABA bariho.
Imana irinde igihugu n’abanyagihugu.poleni Ndugu zetu.
Ruhuka mumahoro mugabo nyamugabo utatinyaga igitutu cya mpatsibihugu.Wari urugero kubato kuko watwigishije guhesha agaciro Africa. Duhombye intwari.
Alias sanshez