Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022, yakiriwe na Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni na madamu we Janet Museveni mu biro by’Umukuru w’Igihugu i Entebbe.


Abayobozi b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro byibanze ku ngingo zitandukanye ariko by’umwihariko bibanda ku gushimangira umubano, amahoro n’umutekano w’ibihugu byombi n’Akarere muri rusange, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Uganda.
Perezida Kagame yageze muri Uganda ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru aho biteganyijwe ko yitabira ibirori by’isabukuru y’imyaka 48 ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Museveni akaba n’umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.


Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda akigera ku kibuga cy’indege cya Entebbe, yakiriwe na Lt Gen Muhoozi nyirizina aherekejwe na Minisitiri w’Umutekano Jim K. Muhwezi, hamwe n’uhagarariye inyungu za Uganda mu Rwanda Anne Katusiime ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda Col Joseph Rutabana.

Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Uganda mu gihe hari icyizere cy’uko umubano w’ibihugu byombi uri kugenda usubira mu buryo, ahanini biturutse mu biganiro yagiye agirana na Gen Muhoozi mu bihe bitandukanye. Amakuru agaragaza ko Perezida Kagame yaherukaga muri iki gihugu mu myaka ine ishize.
Gen Muhoozi ubwe yatangaje ko yahisemo gutegura ibirori rusange mu kwizihiza isabukuru ye, mu rwego rwo kwishimira aho umubano wa Uganda n’u Rwanda ugeze uzahuka.



Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
- Perezida Kagame yakiriye Gen Muhoozi Kainerugaba
Ohereza igitekerezo
|