Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yagiriye uruzinduko mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Akigera mu Rwanda kKu kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta.

Biteganyijwe ko Abiy Ahmed Ali agirana ibiganiro na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ku mugoroba wo kuri iki cyumweru.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed akomereje uruzinduko rwe mu Rwanda avuye muri Uganda aho yaganiriye mu buryo bwihariye na Perezida wa Uganda Yoweri Museveni.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka