
Ba Visi Perezida bacyuye igihe ari bo Gakuba Jeanne d’Arc na Fatou Harelimana na bo bahererekanyije ububasha nababasimbuye ari bo Nyirasafari Espérance na Mukabaramba Alvera, ihererekanyabubasha ryabo rikaba ribaye nyuma y’umunsi umwe Abasenateri bashya barahiriye inshingano zabo.
Ihererekanyabubasha ryabaye nyuma y’ibiganiro byamaze amasaha hafi abiri n’igice, abayobozi bacyuye igihe bagaragariza abashya ibyo bagezeho mu myaka umunani ishize, banagaragariza abashya akazi kabategereje.

Ku wa kane tariki 17 Ukwakira 2019, nibwo abasenateri batoreye Dr. Iyamuremye Augustin gusimbura Bernard Makuza ku mwanya wa Perezida wa Sena.
Senateri Iyamuremye Augustin yungirijwe na Esperance Nyirasafari hamwe na Dr Mukabaramba Alivera ku myanya ibiri ya Visi Perezida wa Sena.

Senateri Nyirasafari Esperance ni we watorewe kuba Visi Perezida wa Sena ushinzwe kugenzura amategeko n’ibikorwa bya Guverinoma.
Umwanya wa Visi Perezida ushinzwe gukurikirana imirimo ijyanye n’imari n’abakozi muri Sena wo wegukanywe na Dr Alivera Mukabaramba.
Inkuru zijyanye na: Sena y’u Rwanda
- Reba amwe mu mafoto y’ingenzi y’umuhango wo kurahira kw’Abasenateri bashya
- Sena nshya yiganjemo abakuze izagendana n’urubyiruko mu kwihutisha iterambere
- Augustin Iyamuremye ni we Perezida mushya wa Sena
- Dore ibigwi by’Abasenateri 20 bagize manda ya gatatu ya Sena
- Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yanyuzwe n’uko amatora y’Abasenateri yagenze
- Nyirasafari Espérance wari Minisitiri w’Umuco na Siporo yagizwe Senateri
- Nkusi Juvenal na Uwamurera Salama batorewe kujya muri Sena y’u Rwanda
- Prof Niyomugabo Cyprien yinjiye muri Sena
- Umunsi wa mbere w’amatora y’Abasenateri wagenze neza – Prof Kalisa Mbanda
- Abasenateri bazahagararira intara bamaze kumenyakana
- Sena y’u Rwanda yemeje ba Ambasaderi 10 bashya
- Reba uko umuhango wo gushyingura Senateri Bishagara Kagoyire wagenze
- Perezida wa Sena yagarutse ku bigwi bya Senateri Bishagara Kagoyire
- Senateri Bishagara yasezeweho bwa nyuma (Amafoto+ Video)
- Senateri Bishagara Kagoyire Thérèse yitabye Imana
Ohereza igitekerezo
|
Iyamuremye azalya ingoma zose.kereka kubatamuzi i Nyabisindu ategeka ikaragiro lyamata. Tekereza umuntu waje no kuba chief wa batasi kungoma ya Nyakwigemdera Kinani. Akamuha rapport ituzuye iyuzuye akayohereza ku Mulindi.