Gabon: Abasirikari bahiritse ubutegetsi
Yanditswe na
Simon Kamuzinzi
Perezida wa Gabon yahiritswe ku butegetsi akimara gutsinda amatora. Igisirikare cya Gabon cyatangaje ihirikwa ry’Ubutegetsi bwa Ali Bongo Ondimba wari watangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri manda ya gatatu.
Itsinda ry’abasirikare bahiritse Ubutegetsi ryatangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko batemerera Ali Bongo gukomeza kuyobora Gabon n’ubwo byari biherutse gutangazwa ko ari we watorewe kuba Perezida wa Repubulika.
Ubuzima bwa Ali Bongo Ondimba w’imyaka 64 y’amavuko ntabwo busanzwe bumeze neza kuko yigeze kubagwa mu bwonko.
Perezida Ali Bongo yagiye ku butegetsi abusigiwe na se Omar Bongo Odimba watabarutse mu mwaka wa 2009.
Ohereza igitekerezo
|
nimandaya 12 naganze
Jyewe ahubwo nari nagize ngo ni Bongo wa mbere, uyu sinakurikiye igihe yaziye. Bavuze ngo ni mandat ya 3 ngira ngo baribeshye numvaga ari nk’iya 7. Iri zina twavutse turisanga.