Mu butumwa anyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Perezida Kagame agize ati “Kuyobora abanyafurika ndetse n’abayobozi ba Afurika nk’umuyobozi w’Ubumwe bwa Afurika, ni iby’icyubahiro. Ikipe yose ya komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, iyobowe na Moussa Faki Mahamat ndabashimiye”.
Yakomeje kandi avuga ko Afurika iri kwihuta mu kugeza abaturage aho bashaka kugera, kandi ko gahunda ari ugukomeza urugendo. Ati “Intambwe twateye tugana kuri Afurika twifuza ntizasubira inyuma”.
It was an honor to serve the people and leaders of Africa as chair of our @_AfricanUnion. Thank you to the AUC team led by @AUC_MoussaFaki, you have my enduring respect.
— Paul Kagame (@PaulKagame) February 11, 2019
Perezida Kagame kandi yaboreyeho kwifuriza ishya n’ihirwe umuyobozi w’Ubumwe bwa Afurika mushya ari we perezida wa Misiri Abdel Fata el-Sisi. Yagize ati “Ndifuriza ishya n’ihirwe umuyobozi wacu mushya, umuvandimwe perezida Sisi wa Misiri. Ndagushyigikiye mu rugendo rwo kuganisha umuryango wacu ku rundi rwego”.
Perezida Kagame yatangiye kuyobora umuryango w’ubumwe bwa Afurika yariki 27 Mutarama 2018, asimbuye perezida wa Alpha Condé wa Guinea.
Bimwe mu byagezweho muri manda y’umwaka umwe ya Perezida Kagame ni nk’isinywa ry’amasezerano y’isoko rusange CFTA, ibijyanye n’urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu, kwimakaza imibanire ya Afurika n’indi migabane n’ibindi.
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Dushimiye Nyakubahwa president wa Republic Ku mibaniremyiza n’ibihugu by’Africa yaramaze kutugezaho kdi nubundi aracyakomeje kutubera ahotutari Imana imwongerere imbaraga n’ubushobozi byokutugeza kuri byinsi. president Abdel Fata el sisi twishimiye gutanya nawe