Espagne: Isosiyete yitwa OHEA yakoze uburiri bwisasa

Sosiyete ya OHEA yo mu gihugu cya yatangaje ko yamaze gukora uburiri butangaje, bemeza iyo umuntu abubyutsemo buhita bwisasa mu gihe cy’amasegonda mirongo itanu gusa.

Ubu buriri bukoranye akuma gatuma bwumva ko umuntu aburyamyemo, iyo muntu aburyamyeho nta kibazo ariko yabuvamo bugahita busohora akantu kameze nk’ukuboko kagasubizaho amashuka neza kakanashyira umusego mu mwanya wawo, nk’uko iyi sosiyete yabitangaje ubwo yabumurikaga, kuri uyu wa Mbere tariki 11/06/2012.

Nguko uko uburiri bwisasa buzaba buteye.
Nguko uko uburiri bwisasa buzaba buteye.

Urubuga rwa internet www.7sur7.be dukesha iyi nkuru, ruvuga ko ubu buriri butangaje butaragezwa ku masoko, kuko bhamaze gukorwa bumwe bumwe gusa bw’akarorero.

Iyi sosiyete yizeza ko mu misni iri imbere gusasa umuntu abyutse bishobora kuzaba amateka, mu gihe izaba imaze kubushyira ku isoko dore ko initangariza ko itazatinda kubikora.

Niyonzima Oswald

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka