Etiyopiya: Ababodi bamara amezi 6 banywa amata n’amaraso ngo bazatorwemo umugabo munini

Mu gihe hirya no hino ku isi hagezweho abantu bateye neza ariko batabyibushye, mu gihugu cya Etiyopiya ho hamenyekanye ubwoko bw’abaturage bitwa Bodi bakunda cyane umugabo ubyibushye ku buryo bamwe bamara amezi atandatu banywa amata avanze n’amaraso.

Ibi ngo bibafasha kuba banini kandi umugabo utowe ko ari we munini ngo aba akunzwe cyane na buri mukobwa kandi ngo ahora abyubahirwa iteka ryose.

Aba nibo batowe mu 2013, bazahora bashimirwa ko ari intwari mu bwoko bwabo.
Aba nibo batowe mu 2013, bazahora bashimirwa ko ari intwari mu bwoko bwabo.

Inkuru yatangajwe n’ikinyamakuru The Daily Mail cyo mu Bwongereza yagaragaje ko muri ubwo bwoko bw’Ababodi ngo bakunda cyane umugabo ubyibushye, bakaba banabikorera irushwanwa ariko bisaba ubwihangane budasanzwe ngo umusore afungure ibidasanzwe kugeza yegukanye agahigo ko kuba umusore ubyibushye.

Abasore bose bashaka kurushanwa ngo bamara amezi atandatu bafungiranye, barya byinshi kandi bakanywa amata n’amaraso bakazasohoka ku munsi bita Ka’el batangiriraho umwaka mushya, bakarushanwa uwemejwe nk’uwaciye agahigo akaba abaye intwari y’ubuzima bwose kandi ngo abakobwa bose baramubenguka, bakararikira kuzarongorwa n’umuntu nk’uwo.

Abari mu myiteguro ngo bazinduka mu rukerera banywa amata n'amaraso baba betegerejeho kubabyibushya.
Abari mu myiteguro ngo bazinduka mu rukerera banywa amata n’amaraso baba betegerejeho kubabyibushya.

Uko iri rushanwa rigenda rero, ngo buri muryango uhitamo umusore babona bizeye ko bazagaburira akavamo umugabo nyawe ubyibushye cyane.

Iyo bamaze kumwemeza ngo bamushyira mu nzu ya wenyine adasohokamo, aho abagore bamusanga bamugemuriye amafunguro menshi, ngo aba arimo cyane cyane amata n’amaraso y’inka. Ibi ngo babikorera ko bumva ko ari byo bibyibushya cyane. Aba kandi ngo bagomba kuba ari abasore batarashinga urugo.

Nyuma y’amezi atandantu ngo haba umuhango, buri muryango ukamurika umusore wabo. Bibera ahantu ku karubanda haba hari igiti cyahawe umugisha nuko abasore baba barikwijeho umubyibuho bose bagakora akarasisi karekare kandi mu mwanya munini kugeza igihe abakuru bo muri ubwo bwoko baza gutora no kwemeza ubyibushye kurusha abandi agahabwa ikamba kandi akemezwa mu bwoko hose ko abaye intwari izahora yibukwa.

Iyo abagabo bari mu myiteguro, bifungirana amezi atandatu badasohoka, bakagemurirwa amafunguro arimo amata n'amaraso y'inka ngo bazasohokemo barabyibushye bihagije.
Iyo abagabo bari mu myiteguro, bifungirana amezi atandatu badasohoka, bakagemurirwa amafunguro arimo amata n’amaraso y’inka ngo bazasohokemo barabyibushye bihagije.

Utowe kandi ngo usanga ariwe abakobwa batararongorwa birukira cyane, buri wese muri bo yumva amurongoye yaba agize umugisha wo kurongorwa n’umugabo w’intwari kandi wubashywe.

Iyo iyi mihango irangiye, abagabo bawitabiriye basubira mu buzima bwabo busanzwe, hakaba ubwo ngo bongera kugenda bananuka buhoro buhoro, bakazasubira ku mubyibuho usanzwe.

Iyi mihango ya Ka’el ariko ngo mu gihe gito irongera igatangira, abandi bashaka kurushanwa bagatangira imyiteguro y’amezi atandatu ngo bazatorwemo undi mugabo ubyibushye ku munsi wa Ka’el ukurikiyeho.

Iyo ibirori bya Ka'el bihumuje, abarushanwaga basubira mu buzima busanzwe.
Iyo ibirori bya Ka’el bihumuje, abarushanwaga basubira mu buzima busanzwe.
Abiteguye biyizeye ku mubyibuho bakora akarasisi bakiyereka ababareba banabatoramo ubyibushye kurusha abandi.
Abiteguye biyizeye ku mubyibuho bakora akarasisi bakiyereka ababareba banabatoramo ubyibushye kurusha abandi.
Uyu arashyira mu mbavu ifunguro rye eya buri mugoroba ngo azakomeze kubyibuha.
Uyu arashyira mu mbavu ifunguro rye eya buri mugoroba ngo azakomeze kubyibuha.
Abakobwa ngo nabo baba babukereye mu birori kandi ngo bakigaragaza neza ngo barebe ko umugabo watowe yababenguka akazabashaka.
Abakobwa ngo nabo baba babukereye mu birori kandi ngo bakigaragaza neza ngo barebe ko umugabo watowe yababenguka akazabashaka.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Ntawukwiriye guseka umuco w’ahandi! Namwe uwo mwita mwiza wanyu hariho abawubona bikabasetsa. Nta muco usumba undi gusa ishimire uwawe uwukunde kandi uwerekane nta pfunwe. Nibyo biguha agaciro. Wubahe nawe uwa bandi. Nicyo kinyabupfura. Abasetse uwabandi mumenye ko ntacyo mugira!

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 15-06-2017  →  Musubize

ABABODI BAPFANA IKI NA NGUNDA?

NTAKIRUTIMANA GERARD yanditse ku itariki ya: 9-02-2014  →  Musubize

Nibo Bonyine Kuri Iyi Si Nabandi Bameze Nkabo

Muzungu yanditse ku itariki ya: 11-12-2013  →  Musubize

Mbega mwebwe ubuse bariya nabantu Ndabireba nkagira iseseme! MANA ushimwe kuko wangize umunyarwandakazi!

ANGEL yanditse ku itariki ya: 26-11-2013  →  Musubize

Mbega mwebwe ubuse bariya nabantu Ndabireba nkagira iseseme! MANA ushimwe kuko wangize umunyarwandakazi!

ANGEL yanditse ku itariki ya: 26-11-2013  →  Musubize

uwo mucyo uteye ubwoba imana yatugize abanyarwanda ya turinze byinshi

kamana yanditse ku itariki ya: 25-11-2013  →  Musubize

ndabemera cyane murabagabo

cyusa [email protected] yanditse ku itariki ya: 14-11-2013  →  Musubize

aha njye nashyobewe kabisa ubwoko buraagwirape ububwo burarenze wabonye umuntu unywa amata akarenzaho amaraso?

kelly innocent yanditse ku itariki ya: 11-11-2013  →  Musubize

Ariya maraso banywa y’inka bayita ikiremve, nabonaga kera iwacu anyobwa n’abashumba, gusa nziko abayanyoye bakomera ariko sinarinziko banabyibuha. Kubw’iyi nkuru murakoze.

Kinigi yanditse ku itariki ya: 11-11-2013  →  Musubize

amarushanwa aragwira

umwubikirizi yanditse ku itariki ya: 8-11-2013  →  Musubize

AHAAAAA
NDUMIWE KABISA IMICO IRAGWIRA

NDUGU yanditse ku itariki ya: 7-11-2013  →  Musubize

uuu ndumiwe koko nibenewabo wa matiba neza neza...mbese buriya bari kwigira sexy ngo inkumi z ibakunde??mbega umuco mubi..body buider??barasutse dii

jumirwe yanditse ku itariki ya: 6-11-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka