Arwaye indwara ituma ashaka gukora imibonano mpuzabitsina inshuro 100 ku munsi

Umukobwa w’imyaka 44 y’amavuko ukora umwuga w’ubuforomokazi muri Leta ya New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika arwaye indwara yitwa (Persistent Genital Arousal Disorder) ituma yifuza gukora imibonano mpuzabitsina inshuro zirenga 100 ku munsi.

Uyu Kim Ramsey atangaza ko iyo aramutse yinyeganyije cyangwa se akagenda muri gari ya moshi, agatwara imodoka ndetse n’uturimo two mu rugo na byo bituma ashaka gukora imibonano mpuzabitsina cyane, nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru cyo mu Bwongereza The Sun.

Atangaza ko uko gushaka gukora imibonano mpuzabitsina bimuhangayikishije cyane kuko bituma atagira uwo bakukundana w’umuhungu ndetse no mu mibanire isanzwe.

Ati “Abandi bagore bahangayikishwa no kubona ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ariko njye mpangayikishijwe n’uko byahagarara”.

Arasaba ko buri wese atamuseka ahubwo kumva ko afite ikibazo gikomeye.
Arasaba ko buri wese atamuseka ahubwo kumva ko afite ikibazo gikomeye.

Muganga yabwiye Kim ko indwara ya Persistent Genital Arousal Disorder arwaye irangwa no kugira ubushake budasanzwe bwo gukora imibonano mpuzabitsina.

Kim yatangiye kugira iki kibazo igihe yaryamanaga n’umusore w’inshuti ye mu mwaka wa 2008.

Dogiteri Pam Spurr, impuguke mu mibanano mpuzabitsina n’abantu, agira ati “Abantu bashobora kwisekera bumvishe ibi ariko ni ikibazo gikomeye kandi gikomereye nyiracyo”.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 15 )

Aombe Mungu atamusaidia na tafute pastor amuombee nakufunga kusali

Smanza yanditse ku itariki ya: 28-04-2020  →  Musubize

Inama namugira Azaze Mwisengesho Kwa Yezu Nyirimpuwe Muruhango Azahava Akize kuko hari nabahakirira bafite ni ndwara irusha iyafite.

Didace yanditse ku itariki ya: 17-04-2020  →  Musubize

Ampamagare +256756666259
Mungire inama

Kwezi yanditse ku itariki ya: 12-04-2020  →  Musubize

sha nukwihangana saba uwiteka azagufasha

R .Amani yanditse ku itariki ya: 26-09-2012  →  Musubize

amaguru si kibazo,nonese ubundi iyo ugiye gukora gahunda amaguru ntuyigizayo?cyakora ni igitegwa joro.azaze tumwereke aba pfubuzi sha!

gahigi yanditse ku itariki ya: 8-09-2012  →  Musubize

amaguru si kibazo,nonese ubundi iyo ugiye gukora gahunda amaguru ntuyigizayo?cyakora ni igitegwa joro.azaze tumwereke aba pfubuzi sha!

gahigi yanditse ku itariki ya: 8-09-2012  →  Musubize

vraiment birababaje ariko se ko ari mu gihugu cyateye imbere yakiguriye vibro-masseur akajya yikemurira akabazo?

khabe yanditse ku itariki ya: 31-08-2012  →  Musubize

Akubitiyeho no kuba mubi kandi akaba ashaje! Iyi ndwara izamuhitana.

emmanuel yanditse ku itariki ya: 31-08-2012  →  Musubize

Birababaje cyane! nta kindi ni kumusabira

Amandine yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize

Azaze mwereke njyewe ndangiza nkoze amaturu 120 ndakeka nzamwemeza!!

Dukune yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize

Iyi ndwara iriho hazagire ureba film documantaire yitwa 100 orgasmes par jours muzabona ko hari abagore bensho bayirwaye ku isi! What about Rwanda?

ehhhh yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize

Namugira inama yo kwiyegurira Uwiteka Imana kuko ntakijya kimunanira n’Imana y’ibifite imibiri byose. Atangire uyu munsi asenga Imana yaremye ijuru nisi kandi yihane ibyaha kandi yizere izamukorera ibitangaza, imukize vuba bidatinze.
Hari benshi Imana igenda ikiza uburwayi bwa clonique bagatanga ubuhamya. nawe nabigeraze maze yirebere.

yanditse ku itariki ya: 29-08-2012  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka