Umugabo yatangaje abantu atonganya inzoga kubera ikimwaro iteza abagabo
Umugabo w’umunya-Kenya yifashe akavidewo arimo atonganya icupa ry’inzoga arishinja kuba rizanira abagabo benshi ibibazo.
Uwo mugabo yabazaga iyo nzoga igituma iteza ibibazo bamwe mu bayinywa, harimo kubakoza isoni, ndetse no gusenya ingo. Bamwe mu babonye iyo videwo ku mbuga nkoranyambaga batangiye guseka, bamwe bavuga ko Kenya yahindutse ibitaro by’abantu bataye umutwe.

Videwo y’uwo mugabo arwana n’icupa avuga ko riteza ibibazo muri sosiyete, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, nyuma abazikoresha batangira kuyivugaho.
Iyo videwo yerekanaga uwo mugabo afashe icupa ry’inzoga yarifunze akagozi ahagana mu gapfundikizo, atangira kurirondorera ibibazo n’isoni inzoga iteza abagabo, harimo no gutuma basuzugurika mu ruhame.
Yagize ati, “Uyu munsi ni wowe mfashe, kuki ukoza abagabo isoni, ...”
Nyuma, uwo mugabo ukunze gukoresha urubuga rwa ‘TikTok’ yakuruye ako kagozi yari yaziritse ku icupa, atangira kurikubita, arihana kubera ibibazo riteza muri sosiyete.
Ati, “Kuki usenya ingo z’abantu, kuki utuma abagabo birukana abagore babo?"
Nyuma uwo mugabo yakomeje akubita iryo cupa ry’inzoga aribaza impamvu ryagiye muri bamwe mu bayobozi bakuru ba Kenya rikaba inshuti yabo.
Ohereza igitekerezo
|
Nyamara nuko yabishyize kumbuga nkoranyambaga naho ubundi babyibaza are benshi!!
Nakomeze ariko nizera ko atanyishu iramye azaronka,vyaba vyiza atekereje akareka ibimutwara umwanya wubusa.