Ku myaka 92 y’amavuko yibarutse umwana

Umusaza witwa Ramjit Raghav w’imyaka 96 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Buhinde yibarutse umwana we wa kabiri.

Ramjit Raghav ahise aca agahigo ku isi ko kuba ariwe mugabo ubyaye umwana afite imyaka 96 kuko bitari bikunze kubaho nk’uko byemezwa n’abahanga.

Ramjit Raghav n'umwana yibarutse.
Ramjit Raghav n’umwana yibarutse.

Yibarutse umwana wa kabiri amubyaranye n’umugore we ufite imyaka 54 y’amavuko, ibi bibaye nyuma yaho uyu musaza yari amaze imyaka ibiri gusa yibarutse umwana we w’impfura.

Ramjit Raghav n'umugore we.
Ramjit Raghav n’umugore we.

Uyu musaza yatangaje ko atari kubushake bwe ahubwo ko ari ukubera Imana yamurebye ikabona akwiye umwana wa kabiri; nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa 7s7.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nibyiza mutubwira amakuru menshi yo mumahanga ariko mujye muzana mo n"udushya two mu Rwanda cyane cyane nkazabyenda gusetsa murakoze

BOSCO yanditse ku itariki ya: 1-11-2012  →  Musubize

Biratangaje pe!ariko se burya abazungu bakennye gutya babaho!birababaje pe.reba icyenda amufashemo,inkweto yambaye!!gusa ntibimubujije kuba umu star

K.G yanditse ku itariki ya: 25-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka