Afite amaherena agera kuri 6925; amenshi ari ku gitsina cye

Umugore witwa Elaine Davidson utuye Edinburgh mu gihugu cya Scotland yaciye agahigo ko kugira amaherena menshi ku mubiri; nk’uko bitangazwa na Guinness World Record.

Igitabo Guinness de Record cyandikwamo abakora udushya ku isi kiratangaza ko cyagiye gikurikiranira Davidson hafi uko imyaka yahise indi igahata.

Umubiri we wuzuye amaherena
Umubiri we wuzuye amaherena

Mu mwaka wa 2000 yari afite amaherena agera kuri 462; muri yo 192 yari mu maso. Muri 2001 bamusanganye amaherena agera kuri 720. Muri 2005 yari amaze kugeza ku maherena 3950, muri aya 500 apima ibiro bitatu yari ku gitsina cye.

Yakomeje kuyongera kugeza ubwo mu mwaka wa 2008 yari amaze kugeza ku maherena 5920; muri 2009 agera ku maherena 6005 naho muri 2010 yari afite amaherena agera kuri 6725.

Elaine afite gahunda yo gukomeza gushyiraho andi
Elaine afite gahunda yo gukomeza gushyiraho andi

Ntiyarekeye aho kuko ejo bundi noneho bamusanganye amaherena agera ku 6925 yose ari ku mubiri we. Uwo mugore ntajya afata ku nzoga cyangwa ikindi kiyobyabwenge kandi afite umugabo we utarigeze ashyira iherena na rimwe ku mubiri we.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Isi igeze kure kandi irimo gushirana no kwifuza kwayo. Amaherena ye ya mubereye nk’ibiyobya bwenge. Umuti n’inama twaugira ni ukwakira Yesu nk’umwami n’Umukiza w’ubugingo bwe kandi yamumara iryo rari. Kuko bitabaye ibyo yazabura aho ashyira andi maherena.

NGERENDAKALIO CHAM yanditse ku itariki ya: 16-04-2012  →  Musubize

NONESE UREBYE AYO MASHUSHO IYO HEJURU KOMBANA IDASA NIYO HASI? UBWO NI UMUNTU UMWE?

yanditse ku itariki ya: 9-04-2012  →  Musubize

none se buriya ni muzima mu mutwe? Cg se niya majyini bavuze?

SSSSSS yanditse ku itariki ya: 5-04-2012  →  Musubize

ko igitsina cye cyiriho ibigera kuri 3kg, umugabo we atera akabariro ate? arabanza akayavanaho cg ayigizayo?

Kiiza yanditse ku itariki ya: 5-04-2012  →  Musubize

Aya maherena ubwayo nayo ni ikiyobyabwenge si ngombwa ko yakongeramo n’ibindi.aho kuba umurimbo yabaye umwanda!!!!

emmy yanditse ku itariki ya: 4-04-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka