Igitabo “Goliyati Araguye” cyanditswe na Musenyeri Bilindabagabo Alexis wahoze ayobora itorero Angilikani muri Diyosezi ya Gahini kuri ubu uri mu kiruhuko cy’izabukuru.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rusaba abakora ingendo mu modoka rusange mu mujyi wa Kigali, gutanga amakuru igihe cyose babonye imyitwarire itari iya kinyamwuga ku bashoferi.
Abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abanyabugeni, bamazwe impungenge ku mutekano w’ibihangano byabo ndetse banerekwa uko babibyaza inyungu ku giti cyabo bikanagira uruhare mu kuzamura iterambere ry’igihugu.
Ikigo Star Times cya mbere muri Afurika mu gucuruza amashusho afite ikoranabuhanga rigezweho (digital), kiri guha abakiriya bashya n’abasanzwe impano z’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2019 n’itangira uwa 2020, binyuze muri poromosiyo nshya ya ‘Dabagira n’ibyiza bya StarTimes’.
Mohamed Morsi wahoze ari Perezida wa Misiri (Egypt) yitabye Imana kuri uyu wa mbere tariki 17 Kamena 2019 aguye mu rukiko.
Kugira ngo umuntu ahorane ubuzima buzira umuze kandi agira imbaraga, imirire myiza ni ingenzi.
Indirimbo Fall y’umuhanzi wo muri Nigeria Davido, yamaze guca agahigo ko kuba ari yo ndirimbo imaze kurebwa inshuro nyinshi kuri Youtube, aho imaze kurebwa izisaga miliyoni 99.
Abahanga mu mirire bemeza ko kurya inyanya mbisi bifite akamaro kuruta izitetswe mu biryo, kuko ari bwo zigirira umubiri akamaro.
Umwe mu bagize Inteko Nshingamategeko, yatangaje ko azashyigikira itegeko ryemerera abakora ibizamini by’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gukoresha imodoka zihindurira vitesi zizwi nka ‘Automatic cars’.
Kuri uyu wa mbere tariki 26 Ugushyingo, Polisi y’Igihugu ifatanije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ubuzima, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda, bakoze umukwabu wo kugenzura amaduka acuruza amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo.
Mu nama yiga ku iterambere ry’ibidukikije ‘Africa Green Growth Forum’ iteraniye i Kigali kuva kuri uyu wa mbere, impuguke mu by’ibidukikije zirasaba ibihugu gushyira ingufu zifatika mu kurengera ibidukikije, mu iterambere rirambye ry’ibikorwaremezo n’ingufu nka bimwe mu bidindiza iterambere rirambye ry’umugabane.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Nyuma y’uko igice cyihariye cy’inganda cya Masoro kiri mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali gitanze umusaruro, u Rwanda ruri kubaka ikindi gice cyihariye cy’inganda mu karere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba.
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Abenshi mu bakunzi b’iki kinyobwa gisembuye, bahamya ko iryoha ariko ngo igiciro cyayo si buri wese wakigondera. Ibi bigiye kuba amateka kuri bo kuko guhera mu Ukuboza uyu mwaka wa 2018, Heineken itangira kwengerwa mu Rwanda ndetse igiciro cyayo kikava ku mafaranga 1000 Rwf kikaba 800 Rwf nk’uko uruganda Bralirwa Plc rugiye (…)
Ni amezi abiri ya nyuma agoye y’umwaka wa 2018 ku muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). Haracyari ibikorwa bigera ku icumi bikomeye ku ngengabihe AU yari yihaye mbere y’uko uyu mwaka urangira, duhereye ku nama ya 11 idasanzwe y’uyu muryango iteranira i Addis Abeba muri Ethiopia, kuri uyu wa 17 iUgushyingo 2018.
Hari ibyapa bya bisi 15 hagati ya gare yo mujyi wa Kigali rwagati na Kimironko, kamwe mu duce k’urujya n’uruza mu mujyi wa Kigali, gusa ariko ibyo byapa byose ni nk’iby’ahandi kugeza ubwo ugeze ku nyubako y’ubucuruzi y’amagorofa ane yubakishije amabuye y’ Umunyarwanda wahoze mu gisirikare, akambara impuzankano za gisirikare (…)
U Rwanda na Qatar basinyanye amasezerano ku by’ ingendo z’indege, ubutwererane n’ubuhahirane, kurengera ishoramari, ndetse n’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu, ubucuruzi ndetse na tekinike.
Abakunzi ba Premier League, shampiyona ya ikurikirwa na benshi ku isi, mwitegure kujya mureba imikino igahagarikwa iminota runaka kugira ngo umusifuzi afate icyemezo agendeye ku mashusho y’umukino. Ubu buryo b’imisifurire buzwi nka Video Assistant Referees (VAR).
Kuri uyu wa kane tariki 15 Ugushyingo, Miss Iradukunda Liliane uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Nyampinga w’Isi (Miss World) hamwe n’abandi banyampinga 119 bava mu bindi bihugu, basuye pariki y’umujyi wa Sanya ari nawo aya marushanwa ya Miss World 2018 ari kuberamo.
Nyagahene Eugene ni umugabo ufite imyaka 60 y’amavuko, akaba yubatse afite abana batatu b’abakobwa. Ni umwe mu baherwe bo muri iki gihugu, akaba ari we watangije Radiyo yigenga ya mbere mu Rwanda "Radio 10", yaje no kubyara TV10.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yageze i Doha mu gihugu cya Qatar, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Ku wa 12 Ugushyingo 2018, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, ushinzwe ubuzima bw’ababyeyi n’abana bakivuka, Sarah Zeid, yasuye inkambi y’impunzi ya Gihembe iherereye mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru.
Madamu Jeannette Kagame agira inama imiryango yo kureka gufata abagore nk’abadafite agaciro mu gihe umusanzu wabo mu kubaka umuryango ari ntagereranywa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi isuku n’isukura (WASAC) cyagaragaje ko kikibangamiwe n’uko 38.9% y’amazi gitanga, yangirikira mu mayira ataragera ku bafatabuguzi, ku mpamvu zitandukanye.
U Rwanda rwaje ku mwanya wa 29 mu bihugu byose byo ku isi byorohereza abashoramari muri raporo ya Banki y’Isi mu bucuruzi y’umwaka wa 2019, yasohotse kuri uyu gatatu, rukaba ruje kuri uyu mwanya ruvuye kuwa 41 rwariho umwaka ushize.
Ikompanyi y’indege y’u Rwanda, RwandAir izatangiza ingendo zayo mu gihugu cya Israel umwaka utaha nk’uko byatangajwe n’ambasaderi wa Israel mu Rwanda.
Kuri iki cyumweru tariki 28 Ukwakira, Abanyarwandakazi amagana, bahuriye mu mihanda ya Kigali bakora siporo mu rwego rwo kubungabunga ubuzima.
Kuva kuri uyu wa mbere, tariki 29 Ukwakira, abanyamigabane b’ikigo cy’imari BK Group; ikigo cya mbere kigari mu bigo by’imari mu Rwanda, bashobora gutangira kwigurira imigabane ibarirwa muri miliyoni zirenga 200 z’amafaranga y’u Rwanda, ku giciro cyabaganyijwe n’iki kigo.
U Rwanda rwamaze kurangiza inyubako ndetse rwanateguye ibikoresho bikenerwa mu gutangiza ikibuga gishya cya Drones zifasha mu kugeza amaraso ku ndembe n’indi miti ku bitaro n’ibigo nderabuzima 430 zitari zisanzwe zigeramo.