Abarema isoko rya Gakenke riherereye mu murenge wa Gakenke akarere ka Gakenke, barishimira ko barimo gukorerwa umuhanda kuko batazongera kunyerera.
Basigarira Yohani wo mu karere ka Musanze, arahamagarira urubyiruko kudasuzugura umurimo, kuko imyaka 30 amaze acuruza amandazi abayeho neza.
Bamwe mu rubyiruko rukorera imbabura mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze, bahangayikishijwe no kwirukanwa aho bakorera badafite amerekezo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke basanga Noheri ari wo munsi w’ibyishyimo kurusha indi minsi yose.
Ababyeyi n’abana bo mu karere ka Gakenke bavuga ko kuba hari abana bakunze guhora bambaye imyenda y’ishuri babiterwa n’ubukene.
Abaturage bo mu Mrenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, baravuga ko biteguye kuzatora “Yego” ku munsi wa Referandum.
Mu kigo cy’igihugu cyigisha amahoro (RPA) mu Karere ka Musanze, harimo gutangirwa amasomo yo kurinda abasiviri mu gihe habungabungwa amahoro.
Abaturage batuye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze baratangaza ko icyo gukora ku munsi wa Referandumu bakizi.
Abasirikare n’abasiviri 23 barangije amahugurwa ku bijyanye n’imikoranire y’inzego zombi mu Kigo cy’igihugu cy’Amahoro cya Nyakinama (RPA), baratangaza ko ubwo bumenyi buzabafasha.
Abakuru b’imidugudu mu Karere ka Musanze, baribaza uburyo bazigishamo abaturage kwaka ibyangombwa bifashishije ikoranabuhanga mu gihe ubwabo badasobanukiwe uko rikoreshwa.
Abatuye mu murenge wa Minazi akarere ka Gakenke barishimira ikigo nderabuzima begerejwe, bakaba batagikora ingendo ndende cyangwa ngo bivuze magendo.
Mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, haravugwa ikibazo cy’uko nta munyamabanga nshingwabikorwa w’akagari urara mu kagari akoreramo, kandi amabwiriza abibasaba.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari 97 tugize Akarere ka Gakenke baratangaza ko terefone bagenewe na Perezida Kagame bajejweho kuri uyu wa 9 Ukuboza 2015 zizatuma bazajya bihutisha raporo.
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abikorera mu ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko imurikagurisha rya 2015 ribera i Musanze ryakiriye abamurika ibikorwa barenze abari bateganyijwe.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nemba muri Gakenke bahangayikishijwe no kutagira ibyangombwa by’ubutaka bwitwa ko ari ubwabo.
Mu Munsi Mpuzamahanga w’Abafite Ubumuga mu Karere ka Musanze, havuzwe ko umushinga wo kubafasha kwiga wamaze kwemezwa hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bafite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashimye uburyo umutungo uva mu bukerarugendo usaranganywa abaturage.