Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo hamwe n’Umuryango IBUKA bafite ibimenyetso byemeza ko hakiri imibiri myinshi itarashyingurwa mu cyubahiro yajugunywe ahantu hatandukanye, bagasaba abantu bose bazi aho iherereye gutinyuka kuherekana.
Mu gihe mu Rwanda no ku Isi muri rusange hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo, Perezida Paul Kagana na Madamu we, Jeanette Kagame, bunamiye inzirakarengane ziruhukiye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, banacana urumuri rw’icyizere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko iyo hatabaho ubutabazi bwihuse n’umuvuduko udasanzwe w’Inkotanyi, nta mututsi uba wararokotse muri Ngoma, kuko bicwaga n’abaturage bahagarikiwe n’abayobozi harimo ab’Ingabo.
Perezida Paul Kagame yanenze abakomeje gufata u Rwanda nk’Igihugu kitarimo Demokarasi haba mu buyobozi, mu butabera no kudatanga urubuga rwo gutanga ibitekerezo, asaba Abanyarwanda kwirinda abo babayobya babangisha ubuyobozi, banabavana mu ngamba nziza bafashe ziganisha ku bumwe n’ubwiyunge.
Kwanga Abatutsi mu Rwanda byafashe intera mu myaka ya za 1960, urwango rurushaho kwiyongera muri Repubulika ya mbere n’iya kabiri. Amagambo bamwe mu banyapolitiki bo muri icyo gihe bavugiraga mu ruhame ndetse n’ibikorwa byajyanaga na yo, biri mu byatije umurindi urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gihe u Rwanda n’isi yose bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, ikipe ya Arsenal yifatanyije n’abanyarwanda muri ibi bihe
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu (MINUBUMWE), iratangaza ko ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi bifite akamaro kenshi ku babyiruka, kuko ari byo bishingirwaho hakorwa imfashanyigisho n’inyandiko, byigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hatangiye gukorwa inyigo ku hazandikwa amateka, ahazashyirwa ibimenyetso n’ibizashyirwamo bigaragaza amateka y’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri Komini zahujwe zikabyara Akarere ka Gatsibo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwatangaje ko imibiri y’abishwe muri Jenoside yabonetse mu byobo biri ku Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), izashyingurwa mu cyubahiro ku itariki 8 Mata 2022 ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro.