Abadepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari, bavuze ko byinshi mu byihutirwa byitaweho, ndetse n’ingengo y’imari ikenewe kubishyira mu bikorwa mu mwaka utaha, birimo birashakirwa amafaranga yo kubishyira mu bikorwa.
Abayobozi batandukanye bitabye Karame mu butumire bwa Perezida Yoweli Kaguta Museveni, warahiriye kuyobora Uganda mu myaka itanu iri imbere.
Umuhango wo kurahira kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi, Perezida Yoweli Kaguta Museveni yaje atari kumwe n’umugore we Janet Kataha Museveni.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi irategura Ingengo y’imari ingana na Miliyari 7,796.3 Frw y’Umwaka wa 2026-2027 nk’uko byagaragajwe mu mbanzirizamushinga w’Ingengo y’imari izatangazwa muri Kamena uyu mwaka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasoze uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yagiriye muri Botswana.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) cyatashye ku mugaragaro Heza Estate, umushinga munini w’imiturire uherereye i Batsinda, mu Murenge wa Kinyinya, Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ubutabera bw’u Bufaransa bwatesheje agaciro icyemezo cyo kudakurikirana kwa Agathe Habyarimana, umugore w’uwahoze ari Umukuru w’Igihugu Juvenal Habyarimana, wayoboye Leta yakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Dore imbonerahamwe yerekana gusesagura umutungo wa Leta mu Rwanda, nk’uko bigaragazwa na Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka warangiye kuwa 30 Kamena 2025.
Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje amasezerano 8 afite agaciro ka Miliyari 133.9 Frw atararangiza igihe yateganyirijwe, ariko imirimo yayo ikaba igenda nabi cyane.
Senateri Evode Uwizeyimana, yavuze ko uretse muri Afurika, umuntu wubatse inzu yakoreragamo Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere, RDB, nta handi yakongera kwemererwa kubaka.
Raporo y’umugenzuzi mukuru w’Imari ya Leta, yagaragaje ko mu myaka itanu ishize, ibigo byagenzuwe bigenda byiyongera mu gutunganya neza ibitabo by’ibaruramari, no gukoresha neza umutungo wa Leta.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta iragaragaza ko mu mishinga ya Leta yagenzuwe, imishinga itandatu yabonye amafaranga y’abaterankunga, ndetse ikaba yaragombaga gutangira, nyamara ikererwa amezi agera kuri 31, cyangwa se hafi imyaka itatu.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva kuri iki Cyumweru yitabiriye umuhango wayobowe na Perezida wa Gabon wo gutaha ku mugaragaro ingoro y’Inama ya Libreville.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko muri Repubulika ya Tanzaniya, umuturanyi wo mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rugiye gutegura uburyo bwo gushimira ku mugaragaro abaturage ba Tanzaniya bakoze ibikorwa by’ubumuntu no gutabara Abanyarwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Iwabo mu Karere ka Huye, babyirutse banywa kawa, ariko yari ayizi mu izina rusange, kugeza ubwo yagiye muri Kaminuza akiga siyanze y’ibijyanye n’ibiryo – food Science, maze yagera mu kwimenyereza umwuga iki gihingwa ngengabukungu kiyoboye ibyoherezwa hanze atangira kugikunda bikomeye.
Abiyise ’Abatowe’ bafite amatwara ashamikiye kuri Kiliziya Gatolika bongeye kwaduka, bavuga ko bafite ubutumwa bwo kubwira abantu ko hari ubukwe bugiye kuba bwa Ntama w’Imana, bujyanye no kubwira abantu kwihana, akazi ngo Kiliziya itari gukora.
Business ndi gukoraho ni ijyanye n’uburyo bw’imyishyuranire bw’ikoranabuhanga (blockchain) ndetse n’ibijyanye no guha agaciro igicuruzwa cyangwa imitungo, ikagurishwa ihagarariwe n’ikimenyetso gifatika(tokenization).
Ubushomeri buracyahagaze kuri 14 ku ijana mu rubyiruko rw’u Rwanda, ariko Clenia Dusenge uzwi nka Madederi mu izina ry’ubuhanzi, yaburwanyije akigera mu mwaka wa kane w’ayisumbuye, arabutsinda.
Ku cyumweru, iya 19 Mata, Ruzindana Janvier umunyamakuru wa KT Radio, yibereye iwe aruhuka, yakiriye ubutumwa bugufi bw’umuyobozi we wamubwiraga ati “witegure, hari gahunda yo kwimurira ibiganiro i Muhanga, tukazamarayo iminsi ibiri tuganira n’abakunzi bacu, abayobozi, abacuruzi, abatuye n’abagenda muri kariya karere kari mu (…)
Yari afite imyaka 13 mu 1994, imyaka umwana aba afite inzozi nyinshi kandi akeneye cyane ubuyobozi bw’ababyeyi, ariko Samuel Dusengiyumva yahise ashyingura izo nzozi hakiri kare cyane mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye i Minembwe muri Kivu y’Amajyepfo ya Congo, bamaze iminsi bazamura ijwi ryabo, aho bari hose, basaba ko hagira umuntu ubumva, akabatabara, ntibakomeze kwicwa na Leta yabo.
Kuri uyu wa kabiri, ndetse no ku wa Gatatu, KT Radiyo iravugira i Muhanga, gahunda igamije kwegera abakunzi bayo izakomereza no mu bindi bice by’Igihugu.
Ikigo cy’Imari Umutanguha Finance Company Plc kigiye kubarura abanyamigabane bacyo barenga ibihumbi 13, kugira ngo cyubahirize amategeko n’amabwiriza ya Banki Nkuru y’Igihugu, kandi kigire imyirondoro n’amakuru yuzuye kandi aha uburenganzira busesuye abanyamigabane bose.
Mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, Uwitonze Clarisse yacikirije amashuri, maze mu gihe yibazaga uko ejo he hazamera, amenya ko hari ishuri ryigisha imyuga mu Bafurere bo mu Mujyi wa Huye, maze na we ajya kugerageza amahirwe ye.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga muri Mata 1994, kuri Paruwasi ya Nyange yari muri Komini Kivumu, Perefegitura ya Kibuye, inama yateraniye mu ruganiriro rw’icumbi ry’umwe mu bapadiri witwa Athanase Seromba, nuko bahategurira gahunda y’ubugome butigeze bubaho mbere.
Jenerali Muhoozi Kainerugaba, imfura ya Perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda akaba ari n’Umugaba Mukuru w’Ingaboza za Uganda, yavuze ko nta mushinga wo kubaka umuhanda uzongera gutangira atawuhaye umugisha.
Mu myaka ine ishize, Madamu Jeannette Kagame yatangije ubusitani bwiswe Garden of Memory (Ubusitani bw’Urwibutso) mu Karere ka Kicukiro, hagamijwe kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Jyewe ndarambiwe, ndambiwe ko mumbwira ibya ONU, birandambiye(j’en ai marre) - ni amagambo yavuzwe na Yolande Mukagasana, umwanditsi, umushakashatsi ku mateka, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Jyewe ndarambiwe, ndambiwe ko mumbwira ibya ONU, birandambiye(j’en ai marre) - ni amagambo yavuzwe na Yolande Mukagasana, umwanditsi, umushakashatsi ku mateka, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.