Ni kuki turizwa n’ibyago biriho kandi ari ibyo mu gihe gito...ngiyo indirimbo abayobozi ba AFC/M23 baherutse kugaragara babyinana n’abaturage bo mu gace ka Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Umutwe wa AFC/M23 uhanganye na Leta ya Congo watangije gahunda y’umuganda wa buri wa Gatandatu, ugamije isuku no kubungabunga ibidukikikije. Abayobozi bawo baramukiye i Goma, bavuga ko bashaka guhindura uyu mujyi ahantu habereye ijisho.
Perezida Kagame yavuze inkuru ikomeye y’ukuntu Ubufaransa bwamuciriye amarenga ko buzakora Jenoside mu Rwanda, ndetse agafungirwa i Paris umunsi wose.
Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu nama ya Biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi, ko badakwiye kwemera kuba ubusa.
Ibihugu by’Ubudage na Kanada byafashe abagabo babiri bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Gukubita no gukomeretsa, gusambanya umwana, ndetse n’ibiyobyabwenge ni byo byaha byiganje mu nkiko z’u Rwanda muri uku kwezi kwa Nyakanga.
Mu rubanza rwa Dr Eugène Rwamucyo rukomeje kubera mu Bufaransa, uregwa yakomeje guhakana ibyaha byose ashinjwa bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe urukiko rwakomeje gusuzuma amateka ye ya politiki, ibikorwa bye by’umwuga ndetse n’uruhare ubushinjacyaha bumushinja kugira muri icyo gihe.
I Dubai hari imashini zitanga imigati mishya ku buntu, buri munsi, kandi zikora amasaha 24, iminsi irindwi y’icyumweru.
Abanyarwanda ibihumbi n’ibihumbi bafite inzozi zo kuzahura na Perezida Paul Kagame bakaganira na we imbonankubone, kubera agaciro afite mu buzima bwa buri wese n’urugendo rushya rwuzuyemo icyizere yahaye igihugu. Icyakora, si buri wese ugira ayo mahirwe.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko, ko Leta iri gukorana n’Ibigo byigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, kugira ngo batange amahugurwa ku bukanishi bw’imodoka z’amashanyarazi.
U Rwanda rutegereje toni ibihumbi mirongo ine z’ibikomoka kuri Peteroli biturutse ku cyambu cya Tanga muri Tanzaniya, mu mpera z’uku kwezi.
Umugabo w’imyaka 28 witwaga Cecile Kayirebwa wo mu Murenge wa Kinyababa mu Karere ka Burera, kuva kuri uyu wa 6 Nyakanga, yahinduriwe amazina yitwa CYUBAHIRO KAI Kylen Celestus.
Umutangabuhamya warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabwiye Urukiko rwa Rubanda rwa Paris ruburanisha urubanza rw’ubujurire rwa Dr Eugène Rwamucyo ko nyuma yo kurokoka ibitero byagabwe ku batutsi bari bahungiye ku musozi wa Kabuye mu cyahoze ari Komini Ndora, yihishe mu mwobo yari yaracukuye iwe kugeza igihe Inkotanyi (…)
Uyu munsi, inzira zose zirerekeza ku ishuri, aho abanyeshuri barenga ibihumbi 270 batangiye Ibizamini bya Leta bisoza abanza.
Kuva saa tatu za Mugitondo, Abayobozi ba Minisiteri y’Uburezi n’abandi bayobozi b’Uburezi bavugije inzogera ku bigo byose byikorerwaho ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza.
Umutangabuhamya yabwiye Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris mu Bufaransa, ruburanisha Dr Eugène Rwamucyo, ko yamubonye mu ntangiriro za Gicurasi 1994 kuri bariyeri i Butare yambaye imyenda ya gisirikare, yitwaje imbunda kandi ari kumwe n’abantu bari bafite uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorwaga muri ako gace.
Umutwe wa M23 uhanganye n’ingabo za Leta ya Congo n’abazishyigikiye mu ntambara mu Burasirazuba bw’igihugu, wabwiye abayoboye Congo ko nta kintu na kimwe cyabakura ku butaka bw’Igihugu cyabo, kuko nta handi bafite ho kwita iwabo.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Jenerali Muhoozi Kainerugaba ukunze kugaragaza ko afitanye ubucuti bwihariye n’Abanyarwanda, yifurije u Rwanda n’Abanyarwanda, ndetse n’Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame, isabukuru nziza yo Kwibohora
U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere ku isi ‘kigaruriye Champions League’; mu mateka, ni rwo rwashoboye kwiyegereza abakinnyi benshi, bakomeye, bagahuzwa n’ururimi rumwe rwitwa “Visit Rwanda’
Gen.(Rtd) Fred Ibingira yabwiye abari bitabiriye ibiganiro ku mateka y’u Rwanda byateguwe n’umuryango Unity Club, ko hari ibintu abantu bita ko ari bito Perezida Paul Kagame yabatoje nyuma y’urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside, bikaba byarabagiriye umumaro ukomeye.
Jenerali Fred Ibingira yasobanuye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda, aho agaragaza ko nyuma y’iraswa rya Maj. General Fred Gisa Rwigema babuze icyerekezo, maze Perezida Kagame akabasanga akaba ari we utanga icyizere gishya n’ubwo na we umwanzi yamuhize ngo amwivugane rugikubita nk’abandi bayobozi bamubanjrije.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yavuze ko ingengabitekerezo ivuga ko u Rwanda ari urw’abahutu, bakaba bararwambuwe n’Abatutsi, kandi babaka bagomba kurwisubiza iracyahari, uretse ko ubu isigaranywe na bake.
Abantu 53426 baba bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, iyo igihano cyo kwicwa kidakurwa mu mategeko y’u Rwanda.
Ikigo cy’ubucuruzi cyitwa Tajyire Group gifite isoko rinini kuruta ayandi ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga - telephone na mudasobwa - mu Rwanda, ryateye indi ntambwe ritangiza ishami ry’ubushakashatsi butanga ibisubizo.
Perezida Paul Kagame yagarutse ku ntambwe y’Ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda, aho yagaragaje ko u Rwanda rwakiriye buri wese, kugira ngo abe hamwe n’abandi, kandi atange umusanzu wo kubaka u Rwanda, ndetse n’abahemutse baremewe.
Mu mwaka wa 2006, Intare z’inkazi, Ikipe y’Igihugu cya Kameruni yaje gukina n’Amavubi y’u Rwanda ku Mahoro ya Kigali.
Pelagie Kuradusenge, Umukobwa wafashijwe na gahunda ya Imbuto Foundation ifasha abangavu batwaye inda y’imburagihe, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yiyakiriye, maze akaganiriza ababyeyi be, maze bakamufasha, ubu akaba yariteje imbere.
Muganga Dr. Cyprien Iradukunda, umuganga muri Minubumwe, yakanguriye umuryango nyarwanda, cyane cyane abagabo kwitwararika, kuko uruhare bagira mu nda zitateganyijwe, cyangwa se inda ziterwa abangavu ni runini cyane, kurusha ndetse n’abangavu ubwabo.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yasobanuye imibare ijyanye n’inda ziterwa abangavu, aho yavuze ko buri munsi, abangavu 60 baterwa inda, cyangwa se abana barenga ibihumbi 23 ku mwaka.
U Bufaransa bwatangaje ko bwabonye umurwayi wa mbere wanduye icyorezo cya Ebola, akaba ari umuganga wari umaze iminsi avuye mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).