Imibare mishya y’ubucuruzi igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gusimbura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda, ibintu byerekana impinduka zikomeye mu mikorere y’ubucuruzi bw’u Rwanda mu myaka ya vuba ishize.
Umunyarwanda Felicien Kabuga ufatwa nk’umuterankunga w’imena wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yashyinguwe mu Bubiligi mu ibanga rikomeye.
Umusesenguzi, umushakashatsi n’umwarimu wa Kaminuza Dr. Eric Ndushabandi, yahaye urubyiruko ubuhamya bugaragaza ko mu Rwanda, mu bihe by’ivangura byariho mbere ya Jenoside yakorewe abatutsi hari ibintu by’ibanze umuntu atashoboraga kubona, ku buryo urubyiruko rwabaga rufite gutekereza ibintu biciriritse.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro bya 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Kamena.
Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 2 Kamena, aho azitabira umuhango wo gufungura ku mugaragaro urwibutso rushya rwagenewe kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku butumire bwa Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron.
Nkurunziza Patrick yavukiye muri Congo mu 1997, aho ababyeyi be bari barahungiye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Nkurunziza Patrick, umusore wahungutse acitse umutwe wa FDLR mu myaka cumi n’itani ishize, na n’ubu aracyatangazwa n’amahoro yasanze mu Rwanda, ubwo yazaga azi ko azicwa, nk’uko abakuru muri FDLR babibabeshyaga.
Lt. Col Harelimana Gaspard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ikoranabuhanga mu ngabo z’u Rwanda, RDF, ni umwe mu banyarwanda bamenye ubwenge buhangano - AI mbere y’uko bukoreshwa mu buzima busanzwe mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yashimiye Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League
Urubyiruko rwo mu ngeri zinyuranye z’Abanyarwanda rwongeye kwibutswa ibihuza Abanyarwanda, n’uruhare rusabwa kugira mu gusigasira amahoro, ubumwe, umutekano n’iterambere igihugu kigezeho.
Kigali imaze iminsi ari ihuriro ry’abakunzi b’umupira ndetse n’abataramyi byahamye, baba abo mu Rwanda, ndetse no mu Karere.
Ku wa Kane tariki ya 28 Gicurasi, i Goma, umuhuzabikorwa wa politiki wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, ari kumwe n’umwungirije Bertrand Bisimwa, bagiranye inama n’abahagarariye amadini n’amatorero yo muri Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo ku bijyanye no kurwanya icyorezo cya Ebola.
Abatangabuhamya bagaragaje ubukana bw’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda bamwe na bamwe, bageze aho kubuza abana babo gukoresha impano zabo, kugira ngo zitazava aho zitanga umusanzu mu iterambere ry’urwababyaye.
Perezida Paul Kagame yashubije icyifuzo cy’abafana bari baje bamukurikiye bashaka ko bifotozanya, abaha umwanya wo gufata ifoto neza nk’uko babishakaga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abagize Polisi y’Igihugu gukomeza kurangwa n’indangagaciro za kinyamwuga, ndetse no kwicisha bugufi mu murimo yabo bibaranga haba mu Rwanda ndetse no hanze y’imipaka y’u Rwanda aho batanga umusanzu wo kubungabunga umutekano.
Uyu munsi, inzira zose zirerekeza i Gishari, mu Karere ka Rwamagana, ahari ikigo cy’amahugurwa cya Polisi y’Igihugu.
U Rwanda rwakajije ingamba zo gukumira icyorezo cya Ebola mu gihugu hose, mu gihe abayobozi b’inzego z’ubuzima muri Afurika n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bakomeje gushyira imbaraga hamwe mu kugenzura icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje kwiyongera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) no (…)
Ku wa 25 Nyakanga 2025, Tanzania n’u Rwanda byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gushyiraho no gutangiza ibikorwa by’ibiro by’Ikigo Gishinzwe Ibyambu bya Tanzania (Tanzania Ports Authority) i Kigali mu Rwanda.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo Amb. Christine Nkurikiyinka yagarutse ku ivangura ryaranze u Rwanda mu gihe cy’Ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza n’aho we ubwe ahorwa ko yakundanye n’umusore w’Umututsi.
Kuva ku wa 25 kugeza ku wa 30 Gicurasi 2026, u Rwanda rwakiriye intumwa z’Ubunyamabanga bwa g7+ ziturutse muri Timor-Leste mu ruzinduko rw’icyumweru rugamije gusangizanya ubumenyi no kongerera imbaraga ubufatanye mu miyoborere, kubaka amahoro, iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza, ndetse no gukomeza inzego z’ibihugu.
Ambasaderi Christoophe Mfizi yabwiye abari bateraniye mu biganiro ku mateka y’u Rwanda byateguwe na Unity Club, ko abantu bakwiye kumenyera ko icyaha ari gatozi.
Mu myaka ye isaga 70, Higiro Francois Abdallah bahimba Mapengu wo mu Karere ka Gatsibo ndetse n’umugore we Mukandanga Philomene, bibaniraga neza, bakajya mu baturanyi bagaca inshuro ibatunga
Perezida Paul Kagame yavuze ko ishoramari rikomeje kwiyongera u Rwanda rushyira mu mikino ari ingamba zateguwe neza zigamije guhanga imirimo, gukurura abashoramari no kugira igihugu igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro mu karere.
Raporo y’ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda - ARJ yagaragaje ikibazo mu mibereho y’abanyamwuga, aho abasaga cumi na barindwi ku ijana bahembwa umushahara uri munsi y’Amafaranga ibihumbi ijana y’u Rwanda ku kwezi.
Mu myaka myinshi, ibihugu bya Afurika byoherezaga ibikoresho fatizo (nk’amabuye y’agaciro) mu mahanga, inyungu nyinshi zikajya mu bindi bihugu binyuze mu gutunganya ibyo bicuruzwa no kubibyaza umusaruro w’inyongera. U Rwanda rurifuza guhindura iyo mikorere, rukemeza ko ingufu za nucléaire zishobora kuba igisubizo cy’ingenzi.
U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ingufu za Nikeleyeri zigamije amahoro (NCMOU).
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwarasoje neza icyiciro cya mbere cy’isuzuma ry’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Nikere (IAEA) rikaba ryarerekanye ko u Rwanda rwiteguye gutangira uruganda rutanga izi ngufu mu myaka ine iri imbere.
Ubumenyi n’ikoranabuhanga bya nikleyeri ntibigarukira gusa ku gutanga amashanyarazi. Muri iki gihe, bifasha cyane mu buvuzi bugezweho harimo gusuzuma no kuvura kanseri, guteza imbere ubuhinzi, kunoza igenzura ry’ubuziranenge mu nganda, gufasha mu micungire y’amazi no guteza imbere ubushakashatsi bwa siyansi. Iri (…)
The Pinnacle Kigali yabaye hoteli ya mbere mu Rwanda yinjiye mu ihuriro rya Small Luxury Hotels of the World (SLH), ihuriro rihuza hoteli zirenga 700 zigenga kandi z’akataraboneka ku Isi.