Mu buzima bwa muntu habamo kurwara, bikaba ngombwa ko afata imiti imukiza indwara runaka. Hari igihe imiti ufashe ikiza indwara ariko ikagusigira ingaruka runaka (effets secondaires du medicaments).
Mu rwego rwo gususurutsa abatuye umujyi wa Kigali, hatangijwe igitaramo kizajya kiba buri wa gatanu wa nyuma w’ukwezi, aho abahanzi mu njyana zitandukanye bazajya batumirwa bagasusurutsa abacyitabiriye.
Mbere y’umwaduko w’abazungu umuganura ni kimwe mu byatumye u Rwanda ruba igihugu gikomeye kitavogerwa kuko watumaga Abanyarwanda bunga ubumwe.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Mu rwego rwo kwitegura ingendo z’abanyeshuri baza mu biruhuko mu gihugu hose, abatwara abantu mu modoka rusange barasabwa kugabanya umuvuduko, byaba byiza bakajya no munsi y’umuvuduko ntarengwa uteganywa na ‘Speed Governor’ kugira ngo hirindwe impanuka za hato na hato.
‘Mu isarura ry’ibihingwa byo mu gihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2019 ntabwo umusaruro wabonetse neza kubera imvura yaguye nabi igatuma imyaka irumba.’
Kubasha kubona inguzanyo yisumbuye ku yo bari basanzwe babona, ni kimwe mu byiza abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye ya Leta ndetse n’afashwa na Leta bishimira, nyuma yo kongezwa amafaranga agera ku 10% ku mushahara wabo.
Clementine Yumvuyisaba avuga ko gukorera abandi no guhora asaba umufasha we amafaranga yo gukoresha mu rugo buri munsi, ari byo byamufashije kugira igitekerezo cyo kwishyira hamwe na bagenzi be ngo bikorere.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (CPI) kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Nyakanga 2019 rwahamije ibyaha Bosco Ntaganda wamamaye mu ntambara zo mu mashyamba ya Congo.
Nyuma yo kubona ko impanuka zo mu muhanda zihitana ubuzima bw’abantu buri munsi, Polisi y’ u Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ubuzima bw’abakoresha umuhanda ibinyujije mu bukangurambaga bwa ‘Gerayo amahoro’ uku kwezi kwa Nyakanga yaguhariye ibikorwa byo kubungabunga ibikorwaremezo byo mu muhanda.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 25 umunsi wo Kwibohora, bamwe mu bahanzi bamenyekanye muri muzika nyarwanda bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25 baributsa Abanyarwanda ko ari inshingano za buri wese gusigasira ibyagezweho.
Jenoside yakorewe Abatutsi yibasiye bamwe mu bari ibirangirire kubera imyuga yabo. Hari bamwe mu bana babo biyemeje kugera ikirenge mu cy’ababyeyi babo.
Ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwa Spina Bifida, bamwe bita indwara yo kumera umurizo, barasaba ubufasha bw’uko abana babo babasha kujya babavuriza ku bwisungane mu kwivuza bwa mituweli (mutuelle de santé).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rugikusanya amakuru ajyanye n’ingano y’amafaranga Umunyakenya Dr. Charles CK yambuye Abanyarwanda ababeshya ko azabaha amahugurwa yo kwiyungura ubumenyi mu by’ubucuruzi.
Abayobozi b’ikigo Wealth Fitness International batwawe n’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yo gutegura amahugurwa ku bijyanye no kwiyungura ubumenyi mu bucuruzi, ariko ibyari amahugurwa bikavukamo ibibazo.
Umuryango ’Ndera nkure mubyeyi’ urasaba ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo kandi bakabakurikirana umunsi ku munsi, kugira ngo babarinde kugwingira ku mubiri, no mu bwonko.
Abaturage batuye mu kagali ka Kabeza mu murenge wa Muhima akarere ka Nyarugenge, hafi ya ruhurura iva mu mujyi igera I Nyabugogo, baratangaza ko bahangayikishijwe n’umunuko uturuka muri iyo ruhurura, ndetse n’impanuka za hato na hato z’abantu bagwamo.
Umuryango wa Muhawenimana Ezechiel na Dusabimana Esperance bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bafatanyije na Hakorimana Musoni Venant, kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Kamena 2019 batanze ikirego mu rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(EACJ) basaba ko leta ya Uganda ibaha indishyi z’akababaro.
Iyo ugiye kugura imodoka nshya, hari amakuru ujya witaho, ariko hari ayandi ushobora kuba utaramenye, akaba yatuma ugera iwawe, wamaze kwishyura ukagira uti “sinamenye.”
Diogène Bideri wanditse igitabo cyitwa “Rwanda 1994, La Couleur d’un Génocide” (Ibara rya Jenoside), avuga ko yashakaga guha umwanya ndetse n’uruvugiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko batabonye uburyo babara inkuru y’uko byabagendekeye.
Umunyarwanda witwa Ishimwe Moses avuga ko yatashye mu Rwanda nyuma yo gukubitwa, gukorerwa iyicarubozo n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri.
Muri gahunda y’ubukangurambaga y’ibyumweru 52 yo kurwanya impanuka zo mu muhanda, Polisi n’abafatanyabikorwa bayo, kuri uyu wa gatanu tariki ya 07 Kamena 2019 bakanguriye abatwara abantu kuri moto kwirinda ibisindisha igihe bari mu kazi.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga no Guhanga Udushya igaragaza ko hakiri imbogamizi ijyanye n’imyumvire ya bamwe mu banyarwanda ku ishyirwa mu bikorwa ry’ubukungu budahererekanya amafaranga mu ntoki (Cashless Economy).
Sosiyete yo mu Bushinwa yakoze inyigo yitezweho kuba igisubizo ku ngendo z’abantu mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko abakoresha ibinyabiziga.
Aba - Islam mu Rwanda ndetse n’abo ku isi yose kuri uyu wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 bizihije umunsi mukuru wa Eid al-Fitir usoza iminsi baba bamaze mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan, bakora ibikorwa byo kwiyegereza Imana.
Vitiligo ni indwara ikunze kwibasira igice runaka cyo ku mubiri w’umuntu ikarangwa n’amabara aza ku ruhu, ari ho yakuye izina “ibibara”.
Ubuyobozi bw’u Rwanda burasaba ubwa Uganda kujya bubagezaho Abanyarwanda bazima bafungiwe muri Uganda, aho kuzana imirambo y’Abanyarwanda.
Bamwe mu banyeshuri bigishwa gufotora na Kigali Today ku bufatanye na minisiteri y’uburezi binyuze mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP) barahamya ko kuva ku ntebe y’ishuri bakajya hanze gufata amafoto bituma barushaho kwiyungura ubwenge ku byo baba barize.
Abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Gatsibo barasaba ko gukusanya amakuru yo kwifashisha mu kuvugurura ibyiciro by’ubudehe byakorwa binyuze ku rwego rw’isibo kuko ari ho basanga hatangirwa amakuru nyayo.
Abaturage b’Akagari k’Akabahizi mu Murenge wa Gitega mu Karere Ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali barashimirwa uruhare rwabo mu kwishakamo ibisubizo by’ibibazo.