Abageni benshi bashyingiwe n’idini, bakunze kurangwa no kwambara agatimba kaba gatwikiriye umutwe kagahisha isura n’inyuma mu bitugu. Iyo myemerere benshi bagaragaza ko batazi icyo isobanuye ndetse n’aho byaturutse. Gusa abayobozi b’amadini bo bahamya ko agatimba gasobanura ubusugi.
Indagagaciro na kirazira ni imigirire n’imvugo z’umuco nyarwanda, zibuza abantu imigire,ingeso cyangwa se imyitwrire runaka, kuko nk’uko zibivuga uzirenzeho bishobora guteza umuntu, umuryango cyangwa igihugu ibyago by’uburyo butandukanye.
Konsa umwana inshuro nyinshi ni ingenzi ku buzima bw’umwana ndetse na nyina, kuko bituma amashereka yiyongera, umwana akagira ubudahangarwa mu mubiri, ndetse n’umubyeyi ubikoze neza bikaba byamufasha kudakurikiza umwana we vuba, ibyo bita gusamira ku kiriri.
Nzaramba Emmanuel utunzwe n’akazi ko gucukura imva mu irimbi ryo mu Murenge wa Mayange, Akarere ka Bugesera aho bakunze kwita muri Rwona, avuga ko kamutunze kandi ko anenga abirirwa barira ngo babuze akazi kuko ari akazi kadasaba amashuri kandi katajya gapfa kubura abakiriya.
Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi kwatangiye ku wa 15 Nyakanga 2019 gutangirira mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge,mu Murenge wa Mageragere.
Amazi y’isoko aturuka hagati mu musozi, abaturage benshi bayanywa bizeye ubuziranenge bwayo,ndetse n’abatabasha kuyivomera bakayagura ku giciro cyo hejuru ugerenyije n’ayandi. Nyamara ikigo kigenzura ubuziranenge cyo kivuga ko ayo mazi atari meza yo kunyobwa adatetse ngo anayungururwe.
Abatega imodoka zitwara abagenzi mu Rwanda baranenga serivisi bahabwa na bamwe mu bashoferi bazitwara, kuko batubahiriza uburenganzira bwabo mu gihe bahagurutsa imodoka bataricara cyangwa batarayisohokamo neza, isuku nke igaragara mu modoka, n’ibindi.
Imigani y’imigenurano ni ingeri y’ubuvanganzo nyarwanda,ivuga ku muco, ku mateka no ku mitekerereze y’Abanyarwanda. Ibyo rero bigenda uko ibihe bisimburana, bishatse kuvuga ko n’agaciro k’imigani kagenda gahinduka.
Mu muco nyarwanda no mu gitabo cy’amategeko mbonezamubano y’u Rwanda, inkwano zifatwa nk’ishimwe rihabwa ababyeyi b’umukobwa kuko bareze neza.
Mu imurikagurisha ry’ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi ryabereye ku Murindi mu Mujyi wa Kigali mu kwezi gushize kwa Kamena 2019, hagaragayemo imbabura ya ‘cana rimwe’, ishobora gukoreshwa mu kubungabunga ibidukikije, kugabanya amakara akoreshwa, ndetse no kugabanya imyuka yangiza ikirere.
Minisiteri y’Uburezi MINEDUC, iratangaza ko guha amahirwe abafite ubumenyi mu gufasha abafite ubumuga, no gukemura ibibazo abanyeshuri bafite ubumuga bahura na byo bigiye gushyirwa mu bikorwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere uburezi REB kiratangaza ko kigiye gushyiraho isomer muri buri cyumba cy’ishuri, mu rwego rwo gushishishikariza abana gusoma.
Mukeshabatware Dismas, uzwi cyane mu makinamico atandukanye, aho azwi ku mazina nka Rutaganira muri Musekeweya, Shuni, Nyangezi, Mbirikanyi, n’andi mazina menshi akina yitwa mu itorero indamutsa, avuka mu karere ka Nyaruguru.
Ibitutsi ni amagambo ubwira umuntu umwifuriza ibibi, umushakira ikerekezo gitandukanye n’icyo umuntu yifuza kubamo, bikakirwa bitewe n’uburyo ugututse yitwaye cyangwa aho agutukiye, kuko ashobora kugutuka arakaye cyangwa atebya. Gusa hari abavuga ko bigaragaza umuntu ufite ikinyabupfura gike.
Muri iki gihe, benshi bavuga ko gutandukana kw’abashakanye biterwa n’uko abasore n’inkumi batagifata umwanya wo kumenyana bihagije mbere yo gushyingiranwa.
Mu buzima bw’abagore n’abakobwa, kugaragara neza ku mubiri biri mu bintu bifata umwanya wa mbere, aho baba baharanira guhorana umucyo, ubwiza ndetse n’ igikundiro.
Ibipimo by’amazi, ubutaka, umuriro n’ibindi abantu benshi bakunda kubyifashisha harebwa ingano y’ikintu runaka, ariko ugasanga hari ikigero fatizo kivugwa na benshi ariko batagisobanukiwe, ari ukubyumva gusa ariko batazi ingano nyayo yabyo.
Bamwe mu bakobwa n’abagore biga umwuga w’itangazamakuru muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda baravuga ko nyuma yo kugira amahirwe yo guhugurwa n’umuryango ushyigikiye abagore bari mu itangazamakuru, Women in News (WIN program ), bungutse byinshi harimo no kwigirira icyizere.
Mu Karere ka Nyarugenge, mu Kagari ka Nyabugogo mu Mudugudu wa Gakoni, ahitwa ku Gasharu, havumbuwe ubujura bwo gutanga umuriro mu buryo butemewe ,bukorwa n’abiyita abakozi b’Urwego rw’Ingufu mu Rwanda (REG), uwabikoraga aratoroka, hafatwa uwamufashaga.
Nyirasafari Yozefa umukecuru w’imyaka 73, avuga ko ubwo yakobwaga mu myaka myinshi ishize, yakowe inka y’amafaranga Magana atunu (500frw), ariko atangazwa no kubona kuri ubu hari abakobwa bakobwa arenze miliyoni (1,000,000frw), hakaba n’ubwo ubukwe bupfa bitewe n’uko umusore yabuze ingano y’amafaranga asabwa.
Mu gihe ibirori by’ubukwe mu Rwanda byagiye byaguka, bamwe mu ngaragu bemeza ko ibyiciro bisaga 10 ubukwe bw’ubu busabwa kunyuramo ari kimwe mu bituma batinda gushaka cyakora abatari bake bavuga ko byatumye babasha kurwanya ubushomeri.
Ku wa 23 Gicurasi 2019 ,mu Mujyi wa Kigali abapolisi bakoze ubukangurambaga kuri gahunda ya Gerayo Amahoro , babwira abanyamaguru uko bakoresha umuhanda neza kugira ngo bagere iyo bagiye amahoro.
Amazi ni ingenzi ku buzima bwa muntu, nubwo bivugwa ko nta ntungamubiri agira, ariko ni ngombwa kuyanywa kenshi kuko umubiri w’umuntu ugizwe hagati ya 60 % na 70 % n’amazi.
Minisitiri ufite ibidukikije mu nshingano ze, Vincent Biruta, ndetse na Eng. Coletha Ruhamya, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo REMA gishinzwe kubungabunga Ibidukikije, kuri uyu wa 22 Gicurasi 2019, bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku iyangirika ry’umwuka mu Rwanda, abo bayobozi basobanura ko riterwa na bimwe mu bikoresho (...)