Abakozi ba BDF basuye urwibutso rwa Kibeho banagabira inka abarokotse Jenoside

Mu rwego rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, abakozi b’Ikigega cya Leta gifasha imishinga mito n’iciriritse (BDF), basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho, banaremera abarokotse Jenoside bo muri aka Karere, igikorwa cyabaye ku wa 19 Kamena 2023.

Bashyise indabo mu gice cyahariwe urwibutso muri Kiliziya ya Kibeho
Bashyise indabo mu gice cyahariwe urwibutso muri Kiliziya ya Kibeho

Umuyobozi wa BDF, Vincent Munyeshyaka, yavuze ko buri mwaka mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakozi ba BDF bahinduranya inzibutso basura, kugira ngo barusheho kuzirikana ububi bwa Jenoside no kugira ngo bigire ku mateka.

Yagize ati "Twahisemo Kibeho uyu munsi kuko twari tutarahagera. Twashakaga kumenya amateka ya hano. Biradufasha kwigira ku mateka yacu, tukumva ko ubumwe, ubuvandimwe, kubana mu mahoro, gushyira imbere Ubunyarwanda kurusha ikindi cyose no mu kazi dukora ari byo byadufasha kugera ku ntego. Bikomeza no kuzana urukundo mu bantu, bikaba byatuma no mu kazi kacu ka buri munsi dushyira imbere inyungu z’umuturage, kurusha uko twakwirebaho."

Bunamiye Abatutsi biciwe i Kibeho
Bunamiye Abatutsi biciwe i Kibeho

Abakozi ba BDF, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho, bavuga ko buri karere gafite umwihariko wako ku buryo Jenoside yakorewe Abatutsi yahagenze, ariko ko kuba Kibeho hazwi nko kwa Nyina wa Jambo hatari hakwiriye kuba hari Kiliziya yiciwemo Abatutsi benshi babatwikiyemo bakanabatera gerenade, mu babikoze hakaba harimo n’abakirisitu.

Eric Iradukunda ati “Batubwiye ko umwe mu batwitse kiliziya ya Kibeho yari umwe mu bayoboraga korari yaho. Atwika bamwe mu baririmbyi baririmbanaga, atwika abakirisitu basenganaga. Ni amahano! Twebwe twagize amahirwe yo gukurira muri Leta y’Ubumwe, Jenoside ntizongere kubaho ukundi.”

Abakozi ba BDF banagabiye inka bamwe mu barokotse Jenoside b’i Kibeho.

Umusaza Faustin Gasazamigeri w’imyaka 79 wivugira ko ari ubwa mbere abashije kongera kugira igicaniro iwe, nyuma y’uko izo yari afite zatwawe n’abicanyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ni umwe mu bahawe inka. Ibyishimo yari afite yabigaragaje mu guhita ayiha izina.

Basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho
Basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho

Yagize ati “Nyise Inkeramihigo y’Abaganwa, Rutirabura zihinduye! Barakizamuye igicaniro! Barasubiriye barakinzamuriye nk’uko data yari yakinzamuriye akampa Rwangabwoba.”

Rwangabwoba ni izina ry’inka se yari yaramuhaye. N’ikiniga ati “Iyo nyibutse (Rwangabwoba) agahinda karaza, ariko akenshi nkagaterwa n’abana banjye bagiye!”

Abakozi ba BDF kandi, basigiye Umurenge wa Kibeho amafaranga ibihumbi 500 yo kubafasha mu mirimo yo gusukura urwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho.

Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibeho
Bagabiye inka abarokotse Jenoside
Bagabiye inka abarokotse Jenoside
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka