Yamaze imyaka 25 adakandagira iwabo kubera ibikomere bya Jenoside
Goreth Mukantagara uvuka mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ubu utuye mu Mujyi wa Kigali, atangaza ko yari amaze imyaka 25 atarasubira ku ivuko kwibuka abe kubera ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mukantagara avuga ko nyuma yo kurokoka Jenoside yumvaga asubiye iwabo yakwicwa n’ubundi akajya ajya kwibuka akagarukira ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza, ariko ntahinguke iwabo kubera kumva ko ashobora kwicwa.
Mukantagara Goreth ni umukirisitukazi usengera mu Itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima mu Rwanda, Evangelical Restauration Church (ERC).
Mukantagara avuga ko icyamuteraga kumva atajya iwabo ari ukumva yihebye, no kumva nta cyo yaba agiye kumarayo usibye kuba ahubwo yakwicwa aramutse asubiyeyo.
Agira ati “Niba hari ikintu numvaga kimbangamiye ku mutima wanjye ni ukujya ku itongo ry’iwacu, numvaga nsa n’uwihebye numva ubuzima nta kintu bumariye kandi ko iwacu nta kintu naba ngiye kuhakora”.
Nyamara ngo yumvaga buri gihe yifuza icyatuma agera iwabo ngo wenda arebe uko itongo ryasigaye rimeze, ariko akabura imbaraga kubera ibikomere by’ibyo yabonye iwabo ubwo umuturanyi we bamwiciraga munsi y’igiti cya voka Mukantagara yari yihishemo byose bikaba abireba.
Agira ati “Nagiye kwihisha mu giti cya avoka haruguru y’iwacu ndurira maze umwe mu bagabo twari duturanye bamwicira munsi yacyo ndeba, noneho umwana we warokotse aje no gusubira ku itongo iwacu i Nyanza agarutse i Kigali arapfa, nkumva bavuga ko abaturage b’iwacu bigamba ko bamuhaye ibintu agapfa”.
Mukantagara amaze umwaka umwe asubiye ku itongo ry’ababyeyi be
Mu mwaka ushize wa 2019 ni bwo Mukantagara yabohotse ku mutima maze ajya kwibuka iwabo i Nyanza kandi anasura itongo ry’iwabo, maze yumva ubuzima bwe buhindutse bushya, kuko ngo ni bwo yumvise yongeye kuba umuntu”.
Avuga ko ageze iwabo yayobewe imbago z’itongo ryabo akajya kwifashisha abo bahoze baturanye uwamufashije akaba ri umwe mu nterahamwe zahigaga Abatutsi iwabo ariko umugore we akaba ari umwe mu bafashije Mukantagara guhunga.
Agira ati “Ntabwo nari narabuze amafaranga y’urugendo numvaga gusa ntabishaka kujyayo, ku rusengero nibwo batangiye kunganiriza bananyumvisha ko bagomba kumperekeza nkajya ku itongo ryacu”.
Ati “Abantu buzuye Coaster baramperekeza njyayo mpageze ndishima numva ndaruhutse ku mutima mbese numva ni bwo nongeye kuba umuntu. Urumva nawe nyuma y’imyaka 25 utagera iwanyu kuko nagarukiraga ku Rwibutso i Nyanza”.
Avuga ko urugendo rw’isanamitima yakoreye mu itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima (ERC) ari rwo rwatumye atura umutwaro yari yikoreye wo kwiheba no kwanga iwabo.
Umushumba w’itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima mu Rwanda, Masasu Joshua, avuga ko ibikorwa by’isanamitima byakorewe abasaga 300 barokotse Jenoside babarizwa muri Paruwasi ya Masoro mu Mujyi wa Kigali.
Avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bitari byoroshye kubwiriza abakirisitu bananiwe bihebye, kandi icyo gihe ari nabwo bari bakeneye kwegerwa by’umwihariko ku bacitse ku icumu rya Jenoside bari bafite ibikomere byinshi.
Imfubyi, abapfakazi n’abatishoboye barokotse Jenoside bakomeje gusindagizwa mu rugendo rw’isanamitima ngo bongere kugaruka mu buzima, ubu mu itorero ngo bikaba bigenda neza ku buryo abari bafite ibikomere babikize bagatangira no kubabarira ababahemukiye muri Jenoside.
Agira ati “Twebwe turabigisha kandi bakumva ko urukundo rw’Imana rubabarira ariko runababwiriza kubabarira abandi kugira ngo bagire amahoro babashe kubaka ubuvandimwe, kandi turabona bitanga umusaruro”.
Akomeza agira ati “Ibyiza ni uko tubigisha bo ubwabo bakumva ko bagomba gukomeza ubuzima, kubabarira nta zindi mbaraga zikoreshejwe, ni na byo byubaka ubumwe kurusha kubasunika”.
Kugira ngo abarokotse Jnoside bo muri Paruwasi ya Masoro babashe komorwa ibikomere bya Jenoside bashyiriweho gahunda yo guha imfubyi abandi babyeyi kugira ngo zikome kwitabwaho mu muryango, gufasha abarokotse gutanga ubuhamya bwo kubohoka, gusangira no kubatera inkunga yo gukora imishinga iciriritse.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ohereza igitekerezo
|