Umuyobozi wa CAF azifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF), Issa Hayatou, azagera mu Rwanda ku cyumweru tariki 6/4/2014, eje kwifatanye n’Abanyarwanda muri gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Issa Hayatou ukunze kuza mu Rwanda iyo habaye amarushanwa nyafurika mu mupira w’amaguru, azagera mu Rwanda ku cyumweru, maze bucyeye bwaho yifatanye n’abandi Banyarwanda muri gahunda yo kwibuka izatangira ku wa mbere tariki 7/4/2014.

Nk’uko bitangazwa n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), muri urwo ruzinduko, Issa Hayatou umaze imyaka 26 ayobora CAF, azanaboneraho kuganira n’abayobozi ba FERWAFA na Minisiteri y’imikino kuri gahunda y’imyiteguro y’igikombe cya Afurika (CHAN), u Rwanda ruzakira muri Mutarama 2016.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Issa Hayatou bashyikiriza Burkina Faso U17 igikombe cya Afurika yari imaze kwegukana muri 2011.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe na Issa Hayatou bashyikiriza Burkina Faso U17 igikombe cya Afurika yari imaze kwegukana muri 2011.

Hayatou uheruka mu Rwanda muri 2011 ubwo u Rwanda rwakiraga igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17, akaba ari nabwo u Rwanda rwemerewe kuzakira igikombe cya CHAN muri 2016, azaza aherekejwe na Almamy Kabele Camara Umuyobozi wa CAF wungirije akaba anayobora akanama gashinzwe gutegura CHAN.

Abo bayobozi bakuru b’umupira w’amaguru muri Afurika bazagera ku kibuga cy’indege cya Kigali saa kumi n’iminota 40 z’igicamunsi, bazanazana kandi na Hicham El Amrani Umunyamabanga Mukuru wa CAF.

Mu gihe hetegerejwe abayobozi b’imikino batandukanye baturutse hirya no hino ku isi bazaza kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka, kugeza ubu mu Rwanda hamaze kugera umunya Israel Avram Grant wigeze gutoza ikipe ya Chelsea hagati ya 2007 na 2008, akaba amaze iminsi asura impfubyi za Jenoside, amashuri, inzibutso za Jenoside ndetse n’ibindi bikorwa.

Avram Grant avuga ko kubura ababyeyi be bazije Jenoside yakorewe Abayahudi byamubabaje cyane.
Avram Grant avuga ko kubura ababyeyi be bazije Jenoside yakorewe Abayahudi byamubabaje cyane.

Grant w’imyaka 58 , yaje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka, kuko nawe yagezweho cyane n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abayahudi kuko ariyo ababyeyi be bombi bazize, ndetse ngo akaba ari nawe ubwe wabishyinguriye nk’uko binagaragazwa n’amateka ye.

Theoneste Nisingizwe

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka