Umunya-Tanzania arifurizwa gushyirwa mu barinzi b’Igihango b’u Rwanda
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barifuza ko umuturage witwa Bosco w’umunya-Tanzania yashyirwa mu barinzi b’Igihango, kuko yemeye ko mu butaka bwe hubakwamo urwibutso rw’Abatutsi bishwe muri Jenoside, ndetse akanakomeza ibikorwa byo kurukorera isuku.

Uru rwibutso rwubatse muri Kilometero ebyiri uvuye ku mupaka uhuza u Rwanda na Tanzania mu Ntara y’Akagera.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kirehe, Nduwimana Bonaventure, avuga ko muri Jenoside, hari abagiraneza bo mu itorero ry’Abaruteri (Luther), bakoreraga muri ako gace bafasha impunzi, bagiye barohora imibiri y’abishwe bakajugunywa mu mugezi w’Akagera, uwo muturage witwa Bosco, yemera ko bashyingurwa mu cyubahiro mu butaka bwe.
Uru rwibutso rushyinguwemo imibiri 917 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, guhera mu mwaka wa 2010, abacitse ku icumu rya Jenoside bakaba bajya kuhakora isuku, mu gihe batagiyeyo Bosco akaba ariwe uhakorera isuku.
Ati “Bosco navuga ko ari umuntu ufite ubumuntu, yanze ko abantu bakomeza kureremba ku mazi yifatanya n’Abaruteri barohora iyo mibiri ishyingurwa mu butaka bwe, ndetse akomeza no kujya ahakorera isuku.”

Ku wa Kane tariki ya 06 Mata 2023, abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Kirehe, bagiyeyo kuhakorera isuku ndetse na we aza kwifatanya nabo.
Ibikorwa by’uyu mugabo ngo byabakoze ku mutima, ku buryo bifuza ko bishoboka yashyirwa mu barinzi b’Igihango.
Ati “Twamugereranya n’abarinzi b’Igihango, hari abantu bemeye guhisha no kurokora Abatutsi mu gihe abandi barimo babica. Twamugereranya n’abemeye kubahisha n’ubwo we yarohoraga imibiri y’abamaze gupfa. Na we bishoboka twamushyira mu barinzi b’Igihango b’Abanyarwanda, cyangwa abanyamahanga bagiye bagaragaza ibyo byiza.”
Nduwimana ariko avuga ko nanone nk’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, batishimira amagambo yanditse kuri urwo rwibutso kuko atagaragaza ko ari Abatutsi bishwe muri Jenoside, icyakora akishimira ko Ibihugu byombi byatangiye ibiganiro kuri iki kibazo.
Agira ati “Turimo gushaka ko amagambo yanditseho ahindurwa kuko avuga ko ari Abanyarwanda basubiranyemo, mu by’ukuri amagambo yanditseho ntavuga ko bazize Jenoside, gusa turishimira ko ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi byatangiye, kandi batubwira ko vuba aha bagiye kuhubaka neza ndetse n’ayo magambo agahindurwa.”

Ikindi ariko, yifuza ko mu minsi 100 yo kwibuka, uru rwibutso narwo bakwemererwa bakajya bajya kurwibukiraho, nk’uko bikorwa ku nzibutso ziri mu gihugu cya Uganda.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|