Uko Kayigi yashinyaguriwe n’Interahamwe mu Rwanda no muri Zaire (Ubuhamya)
Kayigi ni umusore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo yari afite imyaka itandatu y’amavuko yahungishijwe na ba nyirarume, avanwa i Ntongwe muri Ruhango bahungira i Mayunzwe kwa Nyirakuru muri Komini Tambwe y’icyo gihe, ubu naho ni muri Ruhango. Aha ngaha yahahuriye n’akaga gakomeye kuko umuryango we wahatikiriye areba muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yaje kugenda arorongotana agera i Kabgayi aho yahuye n’ubuzima bukomeye burimo uburwayi, inzara no kubaho atazi ko buri bucye kubera ubwicanyi bwakorwaga n’Interahamwe.
Kayigi ageze i Kabgayi yahavuye akurikiye impunzi z’Abanyarwanda zahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwaga Zaire muri icyo gihe. Inzira yose yagiye ahura n’Interahamwe zigashaka kumwica akazirokoka ku buryo bw’igitangaza.

Mu rugendo rwe, yaje kugirirwa impuhwe n’umwe mu miryango yiteguraga guhunga uza kumuhererekanya n’izindi mpunzi ziramwambukana muri Congo i Goma, aho muri Congo (yahoze yitwa Zaire) ntiyabaye mu nkambi ahubwo yajyanwe mu muryango w’umukire witwa Gakwavu wamuhaye nyina ngo ajye amumara irungu.
Uyu mukecuru ariko yari afite urwango rukomeye rw’Abatutsi maze n’ubwo Kayigi yari yaramuhishe ko ari Umututsi, aramutoteza bikomeye akamukoresha imirimo ivunanye kandi yari yarashyizeho abazajya bamukubita gatatu ku munsi. Hari n’ubwo yigeze kumuzirika ku cyobo cy’umusarani wuzuye.
Ibi Kayigi yabibayemo igihe kinini.

Uburyo Kayigi yaje kuva muri ako kaga akaza gutahuka mu Rwanda n’uburyo akomeje kwiyubaka, ni byo bikubiye muri iki kiganiro:
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Mwaramutse,inkuru yuyu muntu irababaje! Ariko ijya guhura niyanjye,mwamfasha mukampa contact ze ? Nitwa Maurice tel.zanjye 073665058
Murakoze