Uko Kayigi yashinyaguriwe n’Interahamwe mu Rwanda no muri Zaire (Ubuhamya)
Kayigi ni umusore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ubwo yari afite imyaka itandatu y’amavuko yahungishijwe na ba nyirarume, avanwa i Ntongwe muri Ruhango bahungira i Mayunzwe kwa Nyirakuru muri Komini Tambwe y’icyo gihe, ubu naho ni muri Ruhango. Aha ngaha yahahuriye n’akaga gakomeye kuko umuryango we wahatikiriye areba muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
- Ibyabaye kuri Kayigi n’ubu iyo abitekereje byongera kumubabaza
Yaje kugenda arorongotana agera i Kabgayi aho yahuye n’ubuzima bukomeye burimo uburwayi, inzara no kubaho atazi ko buri bucye kubera ubwicanyi bwakorwaga n’Interahamwe.
Kayigi ageze i Kabgayi yahavuye akurikiye impunzi z’Abanyarwanda zahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitwaga Zaire muri icyo gihe. Inzira yose yagiye ahura n’Interahamwe zigashaka kumwica akazirokoka ku buryo bw’igitangaza.
Mu rugendo rwe, yaje kugirirwa impuhwe n’umwe mu miryango yiteguraga guhunga uza kumuhererekanya n’izindi mpunzi ziramwambukana muri Congo i Goma, aho muri Congo (yahoze yitwa Zaire) ntiyabaye mu nkambi ahubwo yajyanwe mu muryango w’umukire witwa Gakwavu wamuhaye nyina ngo ajye amumara irungu.
Uyu mukecuru ariko yari afite urwango rukomeye rw’Abatutsi maze n’ubwo Kayigi yari yaramuhishe ko ari Umututsi, aramutoteza bikomeye akamukoresha imirimo ivunanye kandi yari yarashyizeho abazajya bamukubita gatatu ku munsi. Hari n’ubwo yigeze kumuzirika ku cyobo cy’umusarani wuzuye.
Ibi Kayigi yabibayemo igihe kinini.
- Amafoto agaragaza Kayigi mu bihe bitandukanye
Uburyo Kayigi yaje kuva muri ako kaga akaza gutahuka mu Rwanda n’uburyo akomeje kwiyubaka, ni byo bikubiye muri iki kiganiro:
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
- Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko kutirara ngo rwibagirwe aho Igihugu cyavuye
- Abanyarwanda batuye muri UAE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gisagara: Abakozi b’Ibitaro bya Kibilizi bibutse Jenoside, bafasha uwayirokotse kwigira
- Nyagatare: Bibutse Abatutsi bishwe bari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba
- Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
- Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
- Iposita yabaye umuyoboro wo gukora Jenoside, ubu irasabwa kuyirwanya
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Mwaramutse,inkuru yuyu muntu irababaje! Ariko ijya guhura niyanjye,mwamfasha mukampa contact ze ? Nitwa Maurice tel.zanjye 073665058
Murakoze