Ubuhamya kuri Jenoside ni kimwe mu bisigasira amateka yayo - CNLG
Ubuhamya ni kimwe mu byifashishwa mu kubika no gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, nk’uko bisobanurwa na Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG). Ubuhamya bushobora gukorwa mu nyandiko, amajwi cyangwa amashusho.

CNLG ivuga ko yatangiye gahunda yo gukusanya ubutumwa bunyuranye, bwaba ubw’abarokotse cyangwa abagize uruhare mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside, kuko bwose buba bubitse amateka n’ibimenyetso bikomeye.
Donatien Nikuze, Umushakashatsi muri CNLG, mu kiganiro na Kt Radio yavuze ko ubuhamya bushobora gutangwa n’abarokotse cyangwa n’abagise uruhare muri Jenoside.
Yagize ati “Ubuhamya kuri Jenoside bushobora gutangwa n’impande zombi. Abarokotse bavuga uko byagenze, aho bihishe, ababo babuze n’ibindi, ariko kandi n’abagize uruhare, batinyutse gutanga ubuhamya ku buryo bitwaye mu gihe cya genoside, ni ikimenyetso n’amateka bikomeye, byafasha n’abahakana ko Jenoside yabayeho, kujya babyisomera mu buhamya bw’abayikoze”.
Kuri ubu hamaze gukorwa ibitabo byinshi birimo bumwe mu buhamya bagiye bakusanya, ndetse buri mwaka CNLG ikaba isohora igitabo cy’ubuhamya.
Nikuze avuga ko buri muturage wese ufite ubuhamya yumva ashaka gutanga kuri Jenoside, yabikora.
Ati “Aha ntawe uhejwe mu gutanga ubuhamya. Umuntu yabikora ku buryo bumworoheye, inyandiko, amajwi, amashusho, akabigeza ku bakozi ba CNLG bakorera hirya no hino mu turere, nabo bakabukusanya, bukabikwa neza”.
Yakomeje avuga ko uko imyaka ihita, ari ko abantu babonye Jenoside bagenda basaza, bityo hakaba hakenewe ubuhamya bwabo kuko bizafasha n’abazavuka nyuma kumenya neza uko Jenoside yagenze, babyumva ababibonye babyivugira.
Ibitabo birimo inyandiko n’ubuhamya bwa bamwe kuri Genoside, bishobora gusomwa na buri wese ndetse abakeneye gukora ubushakashatsi kuri Genocide bakaba babyifashisha. Ibi bitabo, biboneka mu isomero rusange rya CNLG, kandi kubisoma nta kiguzi bisaba.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|