U Rwanda turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera - Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame yanenze abakomeje gufata u Rwanda nk’Igihugu kitarimo Demokarasi haba mu buyobozi, mu butabera no kudatanga urubuga rwo gutanga ibitekerezo, asaba Abanyarwanda kwirinda abo babayobya babangisha ubuyobozi, banabavana mu ngamba nziza bafashe ziganisha ku bumwe n’ubwiyunge.

Yabigarutseho mu ijambo yavugiye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi kuri uyu wa Kane tariki 07 Mata 2022, ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri uwo muhango, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye inzirakarengane zisaga ibihumbi 250 zishyinguye muri urwo rwibutso, ahashyizwe indabo ku mva baruhukiyemo, hanacanwa urumuri rw’icyizere.
Perezida Kagame yagarutse ku buhamya bwatanzwe na Jean Nepo Sibomana umwe mu barokokeye Jenoside mu Karere ka Gatsibo, wagaragaje inzira y’inzitane yanyuzemo ahigwa ndetse akaza no kuhaburira ababyeyi be bishwe n’abakoraga Jenoside, we arokorwa n’Inkotanyi.

Agarutse kuri ubwo buhamya, Perezida Kagame, yavuze ko ibyo byagakwiye kubera isomo abantu birirwa bavuga ibyo batazi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, igatwara inzirakarengane zisaga Miliyoni, nyamara ntihabeho kwihorera kandi bari babifitiye ubushobozi.
Ati “Mutekereze ku buhamya tumaze kumva bw’uriya musore, abantu babayeho bahigwa amanywa n’ijoro bazira uko bavutse, tekereza iyo bamwe muri twe bari bafite intwaro, iyo twemera ko bihorera byari kugenda bite?”
Arongera ati “Icya mbere, twari kuba dufite ukuri iyo twihorera, ariko ntitwemeye ko bikorwa, ubu bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside baracyariho bari mu ngo zabo mu byaro, abandi bari mu nzego z’ubuyobozi muri Guverinoma, abandi mu bucuruzi, bose bafite inyungu n’uburenganzira ku gihugu cyabo”.

Perezida Kagame yavuze ko n’ubwo u Rwanda ari Igihugu gito, ariko ko ari Igihugu kinini mu gutanga ubutabera, aho yanenze abakomeje kuyobya abantu babumvisha ko Igihugu cy’u Rwanda kidatanga ubutabera, n’umwanya wo gutanga ibitekerezo.
Ati “U Rwanda turi Igihugu gito ariko kinini mu butabera, abakomeza kuvuga ko u Rwanda rudatanga ubutabera n’umwanya wo gutanga ibitekerezo, barirengagiza ukuri bazi”.
Agaruka na none ku buhamya bwa Jean Nepo Sibomana, yavuze ko kuba Ingabo zari iza FPR-Inkotanyi nyuma yo gufata Igihugu zitarishe abakoze Jenoside, zikabareka, ari icyemezo cyafashwe hatagendewe ku gitutu cy’abanyepolitiki bafite ubutegetsi yise ‘Hypocrisy’ (uburyarya).

Yavuze ko nyuma ya Jenoside mu Rwanda hakuweho igihano cy’urupfu, anenga abo birirwa bashinja u Rwanda kutagira Demokarasi isesuye, ko bo mu itegeko nshinga ryabo bagifitemo igihano cy’urupfu aho bacyica abantu, avuga ko Abanyarwanda bazi guhitamo ikibakwiriye n’ikibabereye.
Mu gusoza ijambo, yagize ubutumwa agenera abarwanya u Rwanda, ati “Ushobora gukora ibyo ushaka aho uri hose ariko hano kuri ubu butaka bw’u Rwanda ntabwo ushobora kuzana ibitandukanya Abanyarwanda ngo bakwemerere, abana b’u Rwanda bari maso biteguye kurengera Igihugu cyabo”.





Kureba amafoto menshi, kanda HANO
Amafoto: Niyonzima Moise/Kigali Today
Kurikira ibindi muri iyi Video:
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|