Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
Abarokokeye Jenoside mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango, baravuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari interahamwe z’abakobwa zabaga kuri bariyeri zishinzwe kwica abakobwa n’abagore b’Abatutsikazi, zitwaje ko ngo babatwaraga abagabo kubera ubwiza bwabo.
- Bashyize indabo ku rwibutso
Ibyo kandi ngo byanashyigikirwaga n’ubuyobozi bwariho bwa Komini Masango, kuko hari abapolisi bari bashyigikiye ubwicanyi bakanabukora, kandi interahamwe zikabohoza abakobwa b’Abatutsikazi ubuyobozi ntibugire icyo bukora.
Itariki ya 14 Gicurasi 2023, ni itariki mbi Abatutsi bo mu yahoze ari Komini Masango, ubu ni mu Murenge wa Kabagari, bibuka kuko ari bwo biciwe ahahoze ari inkambi yari hafi ya Komini, ahari hahungiye Abatutsi benshi, ubu ku rwibutso rwa Jenoside hakaba haruhukiye imibiri isaga 6000, mu gihe abandi benshi bishwe bajugunywe mu migezi irimo Mwogo, Kiryango na Nyabarongo.
Niyiduha Josephine warokokeye mu Kabagari, avuga ko uwari Burugumesitiri Mpamo Isdras wayoboraga iyo Komini, akaba ari umwe mu bagize uruhare mu kwica Abatutsi bari bahahungiye, kandi agashumuriza Abatutsikazi interahamwe ngo zibakorere ibya mfura mbi.
- Hon. Mukabagwiza ashyira indabo ku rwibutso
Niyiduha avuga ko kuri bariyeri hari interahamwe z’abakobwa zicaga nabi abagore b’Abatutsikazi, kuko zabazizaga ko ari beza.
Agira ati "Hari interahamwekazi zatwicaga nabi cyane, zivuga ngo twazitwaye abagabo ngo twarabenzwe mwebwe murarongorwa none reka tubiyicire mwaraduhemukiye, zikatwica urupfu rubi zipfura abagore imisatsi, no kubashwiragiza bihimura kuri iryo shyari ry’uko Abatutsikazi ari beza".
Niyiduha avuga ko yari afite imyaka 14 muri Jenoside, ku buryo yabashaga kugenda yihishahisha, akaza guhungana n’uwari umucuruzi mu Ruhango bakagera muri Karongi, ahari harinzwe n’ingabo z’Abafaransa, ariko naho ubwicanyi bwakomezaga gukorwa ntibagire icyo bakora.
Niyiduha yarokotse igitero cy’Abatwa cyari kigiye kumuhitana, ubu arubatse kandi yarize aranaminuza akaba ashimira Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yahagaritse Jenoside akabasha kurokoka akaba amaze kwiyubaka, akaba ashishikariza buri wese warokotse gukomera no kubabarira ababiciye, kugira ngo bakomeze kwiyubaka badafite intimba.
- Hon. Mukabagwiza avuga ko abakirisitu bakwiye kubaha bagenzi babo aho kubica
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko hazakomeza kwita ku nzibutso no kubungabunga ibimenyetso by’amateka ya Jenoside, kongera ibice by’inzibutso aho bikenewe, kwimakaza ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge mu nzira ya ’Ndi Umunyarwanda’, no kwita ku mibereho myiza y’abarokotse Jenoside uko bishoboka.
Iyahoze ari Komini Masango, yiganjemo abayoboke benshi b’idini ry’Abadivantisiti ku buryo hari interahamwe zicaga abatutsi bahurira mu matsinda y’itorero, nk’uko byagendekeye Niyiduha wahigwaga n’urubyiruko rw’abadivantisiti (Abajiya), ari naho Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, Edda Mukabagwiza, anenga abiyitaga abakirisitu kuba barijanditse muri Jenoside bakica abo basenganaga, dore ko n’abihayimana bakoze Jenoside.
Agira ati "Ubundi amadini yakabaye agira uruhare mu guhuza abantu, kandi abayoboke bayo bagakundana kuko byagaragaye mu buhamya, ko aho gukora ibyo ahubwo bishe bagenzi babo".
- Niyiduha avuga ko interahamwe z’abakobwa zabaga kuri bariyeri zikica abagore b’Abatutsikazi
Avuga ko Kwibuka ari umwanya wo kwemera ko imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro, ikwiye kuba itangwaho amakuru kugira ngo igaragare, na yo ishyingurwe mu cyubahiro.
Avuga ko Kwibuka ari n’umwanya wo gusubiza amaso inyuma kugira ngo abarokotse Jenoside bazirikane aho bageze, bivuye mu bwitange bw’izahoze ari ingabo za RPA Inkotanyi, no kwishimira ko ejo hazaza hagaragazwa n’imiyoborere myiza no kuzirikana ubutwari bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bwo kwihangana, kwakira no kubabarira.
Asaba kwamaganira kure abakomeje guhembera amacakubiri, abasebya u Rwanda, no kurushaho kugaragaza ukuri kugira ngo Abanyarwanda bakomeze kunga ubumwe.
- Hanashyinguwe imwe mu mibiri yavanywe mu matongo y’abarokotse Jenoside
- Meya Habarurema avuga ko bazakomeza kwita ku mibereho y’abarokotse Jenoside
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Habonetse ubuhamya bushya bwerekana ubugome bwa Padiri Munyeshyaka
- Minisitiri Dr. Bizimana yasabye urubyiruko kutirara ngo rwibagirwe aho Igihugu cyavuye
- Abanyarwanda batuye muri UAE bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gisagara: Abakozi b’Ibitaro bya Kibilizi bibutse Jenoside, bafasha uwayirokotse kwigira
- Nyagatare: Bibutse Abatutsi bishwe bari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba
- Abarokotse Jenoside batishoboye bifuza ko amafaranga y’ingoboka bagenerwa yongerwa
- Abazize Jenoside batubereye ibitambo, tubafitiye umwenda wo kubaho neza - Uwarokotse
- Iposita yabaye umuyoboro wo gukora Jenoside, ubu irasabwa kuyirwanya
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Abo banyagwa bábicanyo baragatsindwa n’Imana roho zabo zirakayogeera!!