Ruhango: Abarokotse batewe inkunga y’ibiribwa, imyambaro n’amafaranga

Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 babiri bo mu Kagari ka Mahembe, Umurenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, batewe inkunga n’abakozi b’Umurenge wa Byimana, mu rwego rwo kubakomeza muri ibi bihe byo kwibuka ababo bazize Jenoside.

Muhimpundu Janvière na Twagirayezu Richard batewe inkunga igizwe n’ibiribwa, imyambaro n’amafaranga ingana n’ibihumbi 140 by’amafaranga y’u Rwanda, yakusanyijwe n’abakozi bakora mu Murenge wa Byimana.

Abagenewe iyi nkunga bishimiye kuba baratekerejweho.
Abagenewe iyi nkunga bishimiye kuba baratekerejweho.

Ubwo bashyikirizwaga iyi nkunga ku wa 10 Mata 2015, abayihawe bavuze ko bashimiye cyane abakozi b’uyu murenge, cyane cyane umutima w’urukundo bagaragarijwe.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Byimana buvuga ko impamvu bwahisemo gufasha aba babiri ari uko batishoboye.

Abakozi b'Umurenge bafashe akanya baganiriza abarokotse babihanganisha.
Abakozi b’Umurenge bafashe akanya baganiriza abarokotse babihanganisha.

Nahayo Jean Marie, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Byimana wari uyoboye abakozi b’uyu murenge, yabwiye abagenewe iyi nkunga gukomeza kwihangana muri ibi bihe, abizeza ko bazakomeza kubaba hafi haba mu bikorwa by’amikoro ndetse n’ibitekerezo.

Asaba abaturage baturanye nabo kuba hafi y’abarokotse Jenoside kugira ngo ibihe nk’ibi bajye babafasha. Asaba kandi abarokotse Jenoside ko bakomeza guharanira uko batera imbere ntibaheranwe n’agahinda.

Abakozi b'Umurenge wa Byimana basabye abaturage kuba hafi y'abarokotse.
Abakozi b’Umurenge wa Byimana basabye abaturage kuba hafi y’abarokotse.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka