REG na WASAC bibutse abari abakozi ba ELECTROGAZ bishwe muri Jenoside
Kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) bibutse abari abakozi b’icyahoze ari ELECTROGAZ bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni igikorwa cyabereye ku rwibutso ruri ku cyicaro cya REG kiri mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.
Ni igikorwa cyabimburiwe no gushyira indabo kuri urwo rwibutso rw’abari abakozi ba Electrogaz bazize Jenoside, aho abayobozi ba REG na WASAC bafashe umwanya wo kubunamira.
Umuyobozi wa WASAC Eng. Alfred Dusenge Byigero, yavuze inzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo mu gihe cya Jenoside.
Yanibukije abitabiriye uyu muhango ko Abanyarwanda bazakomeza kwibuka no kunamira inzirakarengane zasize ubuzima muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Eng. Byigero yanavuze ko buri mwaka WASAC izakomeza kugenera inkunga abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ati “Uyu mwaka by’umwihariko Umudugudu w’abacitse ku icumu mu Karere ka Ruhango wahawe amazi meza kandi tuzakomeza gufasha imiryango y’abacitse ku icumu buri mwaka mu rwego rwo kubaha agaciro bambuwe n’abicanyi.”
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi muri REG, Dr. Didacienne Mukanyiligira, yatangaje ko ibyabaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi atabona amagambo abivugamo kuko biteye agahinda ariko na none akizera ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Yihanganishije imiryango y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse anashimira ubuyobozi bwa REG kubera uruhare bugaragaza mu kwimakaza umuco wo kunga ubumwe by’umwihariko mu bakozi.
Dr. Mukanyiligira yasabye buri wese ariko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ahubwo bakimakaza indangagaciro z’ubumwe n’ubwiyunge.
Agira ati “Ndasaba buri wese guhora arwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, ahubwo muharanire kugira indangagaciro y’ubumwe n’ubwiyunge. Twiteguye gutanga inkunga yacu mu gutera inkunga abacitse ku icumu mu rwego rwo kubafasha gukira ibikomere basigiwe na Jenoside.”
Mu kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, REG yagejeje amashanyarazi ku buntu ku batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Muhanga watujwemo abacitse ku icumu, mu gihe WASAC yo yatanze amazi meza ku ngo 45 mu mudugudu wubakiwe abacitse ku icumu mu Karere ka Ruhango.
Ibi bigo byombi kandi bikaba byashyikirije umuryango IBUKA amafaranga y’u Rwanda Miliyoni enye (Frw 4,000,000) azafasha mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu minsi 100.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Iterambere rya Adrien Niyonshuti mu magare: Hari uwo yashakaga kumara agahinda yatewe na Jenoside (Ubuhamya)
- Sogokuru yahimbye ‘Nzataha Yeruzalemu Nshya’ yiyumvamo gutaha - Umwuzukuru wa Rugamba Sipiriyani
- Abantu 18 bafunzwe bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside
- Prof. Duclert avuga ko nta ruhande yabogamiyeho mu gukora Raporo yashyikirije Perezida Kagame
- Amategeko avuga iki ku butumwa bupfobya Jenoside kuri Twitter, WhatsApp na Facebook?
- Prof. Gambari uherutse gushimwa na Perezida Kagame ni muntu ki?
- Ubuhamya: Ku ishuri yikorejwe imitumba kenshi ngo bagiye ‘guhamba’ Rwigema
- Abanyarwanda baba muri Senegal n’inshuti zabo bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Abayobozi bo hirya no hino ku Isi bifatanyije n’u Rwanda mu #Kwibuka 27
- Nta kindi gihe u Rwanda rwaranzwe n’ubumwe nk’ubu - Perezida Kagame
- Perezida Kagame na Madamu bacanye urumuri rw’icyizere rutangiza #Kwibuka27
- Ubuhamya kuri Jenoside ni kimwe mu bisigasira amateka yayo - CNLG
- Imibiri ishyinguye mu rwibutso rwa Kivumu muri Rutsiro igiye kwimurirwa mu rwa Nyundo
- #Kwibuka27: Reba uko byari bimeze muri Kigali Arena ahari hateraniye abayobozi bakuru (Amafoto + Video)
- Hari icyo u Rwanda ruzavuga kuri Raporo igaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside - Perezida Kagame
- Amakipe n’amashyirahamwe y’imikino yageneye Abanyarwanda ubutumwa bujyanye no #Kwibuka27
- Abapolisi bari muri Sudani y’Epfo bibutse Abatutsi bazize Jenoside mu 1994
- Kwibuka ni ngombwa kuko bidufasha kwiyubaka - Dr Bizimana J. Damascène
- Senegal ifite umwihariko kuri Jenoside: Umusirikare wayo yishwe atabara Abatutsi – Amb. Karabaranga
- Perezida Kagame avuga ko nta Munyarwanda uzongera kwemera ko umutekano uhungabana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|